Category: Uncategorized

  • Amarangamutima ya Asake nyuma y’urupfu rw’umufana we muri Kenya #rwanda #RwOT

    Asake yagaragaje agahinda gakomeye yatewe n’inkuru y’urupfu rw’umufana we witabye Imana azize umuvundo wari wiganje mu gitaramo yakoreye mu gihugu cya Kenya mu mpera z’icyumweru gishize.

    Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki ya 20 Ukuboza 2025, igitaramo cy’umuhanzi w’icyamamare Asake cyabereye i Nairobi cyaranzwe n’agahinda gakomeye nyuma y’urupfu rw’umufana witwa Karen Lojore.

    Uyu mukobwa yitabye Imana mu gihe habaga imvururu zatewe no kwiyongera kw’abantu mu miryango yo kwinjiramo, zatumye habaho akavuyo kahitanye ubuzima bwe.

    Mu butumwa bw’umuhanzi Asake yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yagaragaje agahinda gakomeye yatewe n’iyi nkuru y’incamugongo.

    Yavuze ko umutima we uri kumwe n’umuryango wa Karen, abari bakimukeneye ndetse n’inshuti ze, ndetse anavuga ko yifuza gukora ibishoboka byose ngo amenye impamvu yateye uru rupfu.

    Asake yanditse ati 'Umutima wanjye uri kumwe n’umuryango, inshuti za Karen. Niyemeje gukora ibishoboka byose kugira ngo menye neza ibyo byabaye. Abateje ibi bibazo bagomba kubibazwa.'

    Yongeyeho ko umuziki we, awukoresha mu gukwirakwiza urukundo n’ibyishimo, bigatuma iki gikorwa kimubabaza cyane.

    Sosiyete ya Tukutane yateguye iki gitaramo, yatangaje ko bibabaje cyane kubona ibi bibaye biganisha ku rupfu kandi ko bashyigikiye umuryango wa Karen ndetse bongeraho ko gukurikirana umutekano w’abitabiriye ibirori bizahora ari intambwe yo kubahiriza.

    Mu gihe iperereza ku byabaye rigikomeje, Tukutane batangaje ko bafatanyije n’inzego z’ubuzima ndetse n’abashinzwe umutekano mu gushaka kumenya neza icyateye uwo muvundo w’abitabiriye igitaramo.

    Abari aho babwiye ikinyamakuru Mpasho dukesha iyi nkuru ko uyu muvundo mwinshi watewe no kutubahiriza uburyo bwo gucunga abantu neza mu gihe cyo kwiinjira mu kibuga.

    Asake yababajwe bikomeye n’urupfu rukomeye ry’umukobwa w’umufana we

    Source : http://isimbi.rw/amarangamutima-ya-asake-nyuma-y-urupfu-rw-umufana-we-muri-kenya.html

  • Davido yahuye na Perezida Julius Maada Bio, nyuma y'igitaramo yakoreye mu gihugu cya Sierra Leone #rwanda #RwOT

    Nyuma yo gutaramira imbaga y'abakunzi b'umuziki mu gihugu cya Sierra Leone mu ijoro ryakeye, umuhanzi w'icyamamare ukomoka muri Nigeria, Davido, yakomeje urugendo rwe rwo kwamamaza album ye nshya yise '5ive' yahuye n'abayobozi bakuru b'iki gihugu. Muri urwo rugendo, Davido yishimiye kwakirwa na Perezida wa Sierra Leone, Julius Maada Bio, bagirana ibiganiro byagarutse ku muco, umuziki n'uruhare rw'urubyiruko mu iterambere rya Afurika.

    Igitaramo Davido yakoreye i Freetown cyitabiriwe n'abantu benshi, aho yataramiye abakunzi be mu ndirimbo ze zakunzwe cyane, harimo iziri kuri album nshya 5ive. Abitabiriye iki gitaramo bagaragaje ibyishimo bikomeye, bashima uburyo Davido akomeje gushyira umuziki wa Afurika ku rwego mpuzamahanga. Abasesenguzi b'umuziki bagaragaje ko uru rugendo ruri gutuma album ye irushaho kumenyekana no gukundwa mu bihugu bitandukanye bya Afurika.

    Nyuma y'iki gitaramo, Davido yahuye na Perezida Julius Maada Bio mu biganiro byabereye mu biro by'Umukuru w'Igihugu. Baganiriye ku buryo umuziki n'indi myidagaduro bishobora gukoreshwa nk'igikoresho cyo guteza imbere igihugu, guteza imbere impano z'urubyiruko no gushishikariza ishoramari mu byerekeye umuco. Perezida Maada Bio yashimiye Davido ku ruhare agira mu kumenyekanisha Afurika binyuze mu muziki, amwizeza ubufatanye mu gushyigikira abahanzi n'impano z'abakiri bato.

    Ku ruhande rwe, Davido yagaragaje ko yishimiye kwakirwa neza muri Sierra Leone, avuga ko igihugu gifite impano nyinshi n'abaturage bakunda umuziki. Yavuze ko azakomeza gukorana n'abahanzi bo muri Afurika y'iburengerazuba n'ahandi, mu rwego rwo kuzamura umuziki wa Afurika ku rwego mpuzamahanga no guteza imbere ubumwe binyuze mu muco.

    Davido yahuye na Perezida Julius Maada Bio, nyuma y'igitaramo yakoreye mu gihugu cya Sierra Leone

    Source : https://kasukumedia.com/davido-yahuye-na-perezida-julius-maada-bio-nyuma-yigitaramo-yakoreye-mu-gihugu-cya-sierra-leone/

  • Colonel Cobra akomeje kubaka amateka atazibagirana mu misozi y'i Mulenge #rwanda #RwOT

    Mu misozi y'i Mulenge yo mu Ntara ya Kivu y'Amajyepfo, izina rya Colonel Paul uzwi nka 'Cobra' rikomeje kuvugwa cyane mu nkuru z'umutekano, bitewe n'uruhare rwe mu mpinduka zagaragaye mu mibereho y'abaturage, by'umwihariko mu bice bya Ndondo n'ahandi hatuwe n'Abanyamulenge.

    Mu minsi ishize, umujyi wa Uvira n'imisozi iwukikije byongeye kubona ituze nyuma y'umunsi wari waranzwe n'urusaku rw'amasasu n'imirwano. Ibi byaje bikurikira andi makuru y'umutekano arimo iyimurwa rya Brigadier General John Tshibangu muri gereza ya Ndolo, nyuma y'iperereza rikomeye ryakozwe n'inzego z'umutekano za RDC.

    Mu mateka mashya y'akarere, Colonel Cobra agaragara nk'umwe mu basirikare bagize uruhare rugaragara mu kwirukana ingabo z'u Burundi, iza FARDC, ndetse n'imitwe yitwaje intwaro irimo Mai-Mai Wazalendo na FDLR, mu duce twa Ndondo na Rurambo. Izi ntambwe zafashwe nk'ingenzi mu kugarura ituze mu bice byari bimaze imyaka myinshi mu bwoba n'imirwano idashira.

    Uyu musirikare abarirwa mu batangije umutwe wa Twirwaneho mu mwaka wa 2017, mu gihe wari ufite intego yo kwitabara no kurinda abaturage b'Abanyamulenge, cyane cyane nyuma y'ibitero byari bigamije gusahura inka no guhungabanya umutekano w'abaturage. Kubera ubwitange n'ubuhanga yagaragaje ku rugamba, yaje kugirirwa icyizere n'ubuyobozi bw'uwo mutwe, azamurwa mu ntera ahabwa ipeti rya Lieutenant Colonel, ari ryo ryamushimangiye nk'umwe mu bayobozi b'ingenzi.

    Colonel Cobra yanasize izina mu Rurambo, aho yagize uruhare mu kunga no guhuza abasirikare batandukanye bari baratandukanye na Leta, bakinjizwa mu murongo umwe wa Twirwaneho. Ku Ndondo n'ahandi nka Gahuna, Mitamba na Mugeti, ibikorwa bye byafashwe nk'inkingi yo kugarura ituze, bituma abaturage bongera kwisanzura, ubucuruzi burasubukurwa, n'imibereho itangira gusubira ku murongo.

    Mu mwaka wa 2021, yagaragaye kandi mu mirwano ikaze yabereye i Minembwe, aho yari mu bari bahanganye n'ibitero byari byariganje bya Mai-Mai mu bice birimo Rumba, Gahwela na Masha, byari byarabaye indiri y'ubwoba n'ihungabana ku baturage.

    Colonel Cobra yavukiye mu misozi ya Ndondo, mu mudugudu wa Gongwa, muri groupement ya Bijombo, teritwari ya Uvira. Akomoka mu muryango w'Abasinga, umwe mu miryango igize Abanyamulenge. Uretse kumenyekana nk'umusirikare w'intyoza mu kurwana no gutegura ibikorwa bya gisirikare, azwi kandi nk'umuntu ufite impano mu kuririmba no guhimba indirimbo zo kuramya Imana, ibintu byatumye bamwe bamubona nk'umuntu uhuza urugamba n'imyemerere.

    Ku baturage benshi bo mu misozi y'i Mulenge, Colonel 'Cobra' afatwa nk'ikimenyetso cy'umusirikare wakuze abona imibabaro y'iwabo, akayigira imbarutso yo kurengera abaturage. Amateka ye akomeje kwandikwa mu nyandiko z'umutekano w'Akarere, aho uruhare rw'abagize icyo bageraho mu kugarura ituze.

    Colonel Cobra akomeje kubaka amateka atazibagirana mu misozi y'i Mulenge

    Source : https://kasukumedia.com/colonel-cobra-akomeje-kubaka-amateka-atazibagirana-mu-misozi-yi-mulenge/

  • Asake yihanganishije umuryango w'umwana wapfiriye mu gitaramo cye yakoreye muri Kenya #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w'icyamamare mu gihugu cya Nigeria, Asake, yagaragaje akababaro ke nyuma y'urupfu rw'umwana witwa Karen Lojore, wapfiriye mu gitaramo aherutse gukorera muri Kenya.

    Iki gitaramo cyabaye ku itariki ya 20 Ukuboza 2025 muri Stade Nyayo i Nairobi. Amakuru avuga ko uyu mwana yari yitabiriye igitaramo, ariko aza kuhasiga ubuzima bitewe n'umubyigano w'abantu wari wabaye mu gihe cy'ibirori.

    Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Asake yihanganishije byimazeyo umuryango wa Karen Lojore, inshuti ze n'abakunzi be, agaragaza ko ibyabaye byamukoze ku mutima cyane. Yavuze ko yumva ababaye nk'abandi bose, kandi ko yababajwe no kuba ibyishimo by'igitaramo byararangiye bihindutse akababaro.

    Uyu muhanzi yongeyeho ko yiteguye gutanga ubufasha bushoboka bwose, anizeza ko azafatanya n'inzego bireba kugira ngo hamenyekane neza icyateye iyo mpanuka, ndetse hakorwe ibikenewe ngo ibyabaye bitazongera kubaho.

    Asake yasoreje ku butumwa bwe avuga ko akomeje gusengera Karen Lojore, asaba Imana ngo aruhukire mu mahoro, anihanganisha umuryango we muri ibi bihe bikomeye barimo kunyuramo.

    Asake yihanganishije umuryango w'umwana wapfiriye mu gitaramo cye yakoreye muri Kenya

    Source : https://kasukumedia.com/asake-yihanganishije-umuryango-wumwana-wapfiriye-mu-gitaramo-cye-yakoreye-muri-kenya/

  • Rayon Sports iteganya kongeramo abakinnyi 5, yasezereye umwe #rwanda #RwOT

    Umukinnyi w’umugande wari umaze iminsi mu igeragezwa muri Rayon Sports, Kagawa Ssenoga Muhammed yamaze gusezererwa n’iyi kipe.

    Rayon Sports ikaba irimo gukora ibishonoka byose ngo yongeremo amaraso mashya ubwo isoko rito ry’igura n’igurisha rizaba rifunguye tariki ya 3 Mutarama 2025, ni mu rwego rwo kureba uburyo yakomeza kwitwara neza mu mwaka w’imikino wa 2025-26.

    Ni muri urwo rwego yari yazanye Umugande Ssenoga Muhammed Kagawa gukora igeragezwa, uyu mukinnyi wari umaze icyumweru muri Gikundiro ageragezwa yamaze kubwirwa ko bitagikunze yakwisubirira iwabo.

    Ejo hashize ku wa Mbere, Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yavuze ko bateganya kongeramo abakinnyi batanu bashya kugira ngo bazitware neza mu gice cya kabiri cy’umwaka w’imikino wa 2025-26.

    Mu bakinnyi bashobora kwinjira muri iyi kipe harimo Umunye-Congo, Kitoko Likau Faustin, wamaze gusinya, hari umunyezamu bivugwa ko ashobora kuba Kwizera Olivier, hari kandi rutahizamu ukomoka muri Cameroun ushobora kugera mu Rwanda ejo, Kooh Bioumha Armand, hari umukinnyi ukomoka mu Burundi na we barimo kuganira na we.

    Rayon Sports ntabwo ifite abakinnyi barimo Bigirimana Abedi wavunitse, Tambwe Gloire uri gukira imvune yagize mu ntangiriro za Ugushyingo na rutahizamu Fall Ngagne utarasubira mu kibuga kuva avunikiye i Huye muri Gashyantare.

    Ssenoga yasezerewe na Rayon Sports

    Source : http://isimbi.rw/rayon-sports-iteganya-kongeramo-abakinnyi-5-yasezereye-umwe.html

  • YouTube yasibye channel ya Rocky Kimomo yari imaze kugera kuri miliyoni imwe y'abiyandikishije #rwanda #RwOT

    Umusobanuzi wa filime uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga, Rocky Kimomo, ari mu gahinda kenshi, nyuma y'uko umuyoboro we wa YouTube wari uherutse kuzuza abiyandikisha barenga miliyoni imwe wasibwe burundu. Ibi byabaye nyuma y'uko YouTube ivuze ko uwo muyoboro utari ukurikiza neza amabwiriza n'amategeko agenga ikoreshwa ry'uru rubuga mpuzamahanga.

    Rocky Kimomo yari amaze imyaka myinshi yubaka izina rye binyuze mu gusobanura no gusangiza abakunzi ba filime inkuru zitandukanye, bikamugira umwe mu basobanuzi ba filime bakunzwe cyane mu karere. Channel ye yari isoko y'akazi n'icyizere, kuko yari imaze kuba inzira imutunze ndetse ikanamuha ijambo rikomeye ku mbuga nkoranyambaga.

    Amakuru avuga ko gusibwa kwa channel ye byabaye mu gihe yari ari mu byishimo byo kugera ku ntego ikomeye ya miliyoni imwe y'abamukurikira, ibintu bifatwa nk'intambwe ikomeye cyane ku muntu wese ukorera kuri YouTube. Ibi byatumye benshi mu bamukurikira bagaragaza akababaro n'impuhwe, bamwe bagaragaza ko ari igihombo gikomeye ku ruganda rw'abahanzi n'abatanga ibisobanuro bya filime.

    Nubwo YouTube itatangaje mu buryo burambuye amakosa yose yashingiweho mu gusiba uwo muyoboro, byibutsa abakoresha imbuga nkoranyambaga akamaro ko gukurikiza amabwiriza n'amategeko agenga izi mbuga. Rocky Kimomo we aracyashakisha uburyo yakwisobanura no kureba niba hari icyizere cyo kongera gusubirana channel ye, mu gihe abakunzi be bakomeje kumuba hafi no kumushyigikira muri ibi bihe bigoye.

    YouTube yasibye channel ya Rocky Kimomo yari imaze kugera kuri miliyoni imwe y'abiyandikishije

    Source : https://kasukumedia.com/youtube-yasibye-channel-ya-rocky-kimomo-yari-imaze-kugera-kuri-miliyoni-imwe-yabiyandikishije/

  • Tiamo Lounge, nyuma ya serivisi inoze itanga ikomeje kuba ipfundo ry'ibyiza ku bayigana #rwanda #RwOT

    Tiamo Lounge ikomeje kwigarurira imitima ya benshi nk'ahantu hihariye hahuriza hamwe serivisi zinoze, imyidagaduro igezweho n'ikirere cyiza gishimisha abayigana. Iyi lounge iherereye mu Karere ka Gasabo i Remera, hafi ya ORYX Station, ikomeje kumenyekana nk'ahantu h'icyitegererezo ku bashaka kuruhuka, gusabana no kwishimira umwanya wabo mu buryo bw'umwihariko.

    Kimwe mu bituma Tiamo Lounge igaragara cyane ni serivisi nziza itanga ku rwego rwo hejuru, cyane cyane mu bijyanye n'ibiribwa n'ibinyobwa. Abakiriya bahabwa amafunguro ateguwe neza, aryoshye kandi atandukanye, akubiyemo amafunguro yo mu Rwanda n'ayo mu mahanga, bigatuma buri wese abona icyo ahitamo bitewe n'icyo akunda. Ibinyobwa nabyo biba byatoranyijwe neza, haba ku bakunda ibinyobwa bidasembuye cyangwa ibisembuye by'ingeri zose.

    Si ibyo gusa, kuko Tiamo Lounge yanamenyekanye cyane kubera abavanga umuziki bayo (DJ's) bafite ubuhanga budasanzwe. Bavanga umuziki bituma habaho umwimerere wihariye, aho indirimbo zigezweho, iza kera n'izikunzwe zicurangwa mu buryo bushimisha abakiriya. Ibi bituma Tiamo Lounge iba ahantu heza ho guhurira n'inshuti, kwizihiza ibihe byihariye.

    Ikindi kigaragaza umwihariko wa Tiamo Lounge ni uko yita ku isuku, umutekano n'imyitwarire myiza ku bakiriya, bigatuma uwahageze ahasubira nta gushidikanya. Tiamo Lounge si ahantu ho kunywa no kurya gusa, ahubwo ni ipfundo ry'ibyiza, umunezero n'imyidagaduro, Tiamo lounge ikomeje gutuma Remera iba igicumbi cyo kwidagadura mu Mujyi wa Kigali.

    Tiamo Lounge, nyuma ya serivisi inoze itanga ikomeje kuba ipfundo ry'ibyiza ku bayigana

    Source : https://kasukumedia.com/tiamo-lounge-nyuma-ya-serivisi-inoze-itanga-ikomeje-kuba-ipfundo-ryibyiza-ku-bayigana/

  • P Fla yagaragaje ko atishimiye kuba nta foto ye iri muri Arena hakabamo iya Diamond Platnumz #rwanda #RwOT

    Umuraperi P- Fla yagaragaje ko bitumvikana ukuntu muri Arena habamo ifoto ya Diamond mu gihe we umaze imyaka 20 ntayirimo.

    Yabigarutsiho ubwo yari mu kiganiro n’itangazamakuru gitegura igitaramo 'Icyumba cya Rap’ kigiye kuba ku nshuro yacyo ya kabiri, P-Fla yerekanye ukuntu atajya yiyumvisha kubona umuhanzi wo hanze y’u Rwanda atumirwa mu gitaramo runaka agahita ahabwa icyubahiro kurusha abahanzi b’imbere mu gihugu.

    Ati 'Nagiye muri BK Arena nsanga hamanitsemo ifoto ya Diamond Platnumz mu gihe njyewe w’umunyarwanda umaze imyaka isaga 20 mu gakino nta foto yange irimo.'

    Nk’uko yabihurijeho na mugenzi we, Bullldog, P-Fla nawe yasobanuye ko ikarita rukumbi isigaye gucangwa kugira ngo uruganda rw’umuziki nyarwanda rutere imbere ari ukwimakaza umuco wo gukunda umuziki w’imbere mu gihugu by’umwihariko abakora injyana ya Hip Hop.

    Ati 'Nubwo erega baba bamanitse iyo foto hano ndetse abategura ibitaramo bakamuha icyubahiro kidasanzwe, uramutse ugiye iwabo muri Tanzania wasanga nta foto y’umuhanzi w’umunyarwanda iriyo kubera ko bamenye kera ko gukunda ibyawe ariyo nzira y’iterambere.'

    P-Fla yanahishuye ko ari mu myiteguro yo gushyira hanze album ye igomba gusohoka umwaka utaha ndetse anizeza abakunzi be kongera kumubona ku itara mu buryo bwa kinyamuziki kurusha uko byagenze uyu mwaka.

    Mu mwaka ushize, Ubwo haburaga amasaha make ngo igitaramo icyumba cya Rap kibe, abenshi bari mu nzira bakitabiriye babwiwe inkuru y’uko cyasubitswe bitewe n’imvura nyinshi yaguye ikangiza bimwe mu byari byateguwe kuri Canal Olympia aho cyagomba kubera.

    Icyo gihe kimuriwe ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 27 Ukuboza 2024.

    Kuri iyi nshuro, iki gitaramo giteganyijwe kubera muri Zaria Court ku wa 26 Ukuboza 2025 cyatumiwemo abaraperi barimo Bull Dogg, Riderman,Danny Nanone, Fireman, P Fla,Green P, Logan Joe, Bruce The 1st,Zeo Trap,Kenny K-Shot,Jay C, Young Grace na Fifi Raya.

    P Fla ntabwo yumva ukuntu muri Arena harimo ifoto ta Diamond ntaye irimo

    Diamond Platnumz ni umwe mu bahanzi bakomeye muri Afurika

    Source : http://isimbi.rw/p-fla-yagaragaje-ko-atishimiye-kuba-nta-foto-ye-iri-muri-arena-hakabamo-iya.html

  • Igisamagwe ntigishiturwa na buri jwi mu byatsi – The Ben yavuze amagambo akomeye #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Nyarwanda Mugisha Benjamin wamamaye nka The Ben, yavuze ko hari impamvu yatumye amara igihe acecetse adashyira hanze indirimbo, gusa ngo igihe kirageze ngo ibintu bisubire mu buryo.

    Ni amagambo uyu muhanzi yatangaje mbere yo gushyira hanze indirimbo ye nshya itegerejwe na benshi yise ‘Indabo Zanjye’.

    The Ben ni umwe mu bahanzi bakunzwe kandi banafite igikundiro bitewe n’ijwi rye rinyura benshi n’ubutumwa buba buri mu ndirimbo ze bunyura cyane abari mu rukundo.

    Mu gihe yitegura gushyira hanze indirimbo ye nshya, The Ben yavuze ko hari impamvu yari amaze igihe yaracecetse kandi ko Igisamagwe (Tiger) nk’uko akunda kwiyita kidakurikira buri jwi ryose.

    Ati “Ni cyo gihe ngo Isi imenye itandukanyuro riri hagati y’ikirango (brand) n’igicucu (shadow). Hari impamvu nagumye ncecetse… Ntabwo Igisamagwe gishiturwa na buri jwi mu byatsi. Ariko kuba mwarakoze kugira ngo mbyiteho, birakwiye ko buri kimwe nkisubiza mu mwanya wacyo.”

    Atangaje ibi mu gihe yitegura gushyira hanze indirimbo ‘Indabo Zanjye’ yasohoka isa n’isaha guhera aka kanya cyane ko ku wa Mbere w’iki cyumweru yavuze ko azayisohora bitarenze iminsi 5.

    The Ben akaba ari mu myiteguro y’igitaramo NU-Year Groove azakora tariki ya 1 Mutarama 2026 azahuriramo na Bruce Melodie wasohoye indirimbo ‘Munyakazi’ ku munsi wo ku wa Gatatu ikaba imaze kurebwa n’abarenga ibihumbi 450.

    The Ben aritegura gushyira hanze indirimbo ‘Indabo Zanjye’

    The Ben yavuze ko igihe kigeze ngo asubize buri kimwe mu mwanya wacyo

    Source : http://isimbi.rw/igisamagwe-ntigishiturwa-na-buri-jwi-mu-byatsi-the-ben-yavuze-amagambo-akomeye.html

  • Muyoboke Alex arashima ukwizera umuhanzi we The Ben agira #rwanda #RwOT

    Mu kiganiro Sunday Choice Live, umuyobozi wa East African Promoters, Muyoboke Alex, yashimangiye ko umuhanzi The Ben ari umwe mu bahanzi bagaragaza ukwiyegurira Imana mu buzima bwabo bwa buri munsi, aho yavuze ko afite umuco wo guhagarika ibyo arimo cyangwa akabyuka agasenga buri saa cyenda.

    Muyoboke Alex yasobanuye ko The Ben yakuriye mu rusengero, bikaba byaragize uruhare runini mu myumvire n'imyitwarire ye kugeza n'uyu munsi. Yagize ati: 'Iyo ageze saa cyenda, The Ben ashobora guhagarika byose ari gukora, yaba ari mu kazi cyangwa ahandi, agafata umwanya wo gusenga. Ni ikintu yitaho cyane kandi kimufasha mu buzima bwe bwa buri munsi.'

    Yakomeje agaragaza ko The Ben atajya abifata nk'umuco wo kwiyerekana, ahubwo abikora mu bwiyoroshye, agaragaza ko gukora iby'ubushake bw'Imana ari byo bimugiramo amahoro n'umunezero, kurusha icyubahiro cyangwa ibyamamare byo ku Isi.

    Ibi byatangajwe mu gihe The Ben akomeje kwigaragaza mu bikorwa by'ivugabutumwa binyuze mu muziki. Mu ijoro ryakeye, yifatanyije na Gisubizo Ministries mu gufata amashusho y'indirimbo nshya bakoranye bise 'Dore Yaraye Ibicumuro', indirimbo ishingiye ku butumwa bwo kwihana, imbabazi n'icyizere gishya mu Mana.

    Iki gikorwa cyongeye kugaragaza ko The Ben atagarukira gusa ku ndirimbo z'urukundo, ahubwo anafite umutima wo gukoresha impano ye mu gukorera Imana no gutanga ubutumwa bwubaka imitima ya benshi, by'umwihariko urubyiruko rumufata nk'icyitegererezo.

    Muyoboke Alex arashima ukwizera umuhanzi we The Ben agira

    Source : https://kasukumedia.com/muyoboke-alex-arashima-ukwizera-umuhanzi-we-the-ben-agira/