Category: Uncategorized

  • Zuchu yasabye Diamond Platnumz kumubagisha amabere #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi w’icyamamare muri Tanzania, Zuchu, yongeye kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uko agaragaye ari gusaba umugabo we Diamond Platnumz kumufasha gukora operasiyo yo kongeresha ingano y’amabere nawe akabimwemerera.

    Iyi nkuru yatangiye kuvugwa nyuma y’uko amashusho y’aba bombi bari kuganira mu bwisanzure bari mu cyumba cyabo akwirakwiye kuri interineti

    Muri ayo mashusho, Zuchu agaragara abwira Diamond ko ashaka kwiyongeresha ingano y’amabere, amubaza niba yamwishyurira ikiguzi cy’iyo operasiyo, Diamond amusubiza ko abimwemereye nta kuzuyaza.

    Zuchu yagize ati 'Ndashaka gukora operasiyo yo kongera amabere. Mbese ninyikora uzayishyura?”

    Diamond amusubiza ati “Yego.”

    Icyakomeje gutungura benshi ni uko Zuchu, mu mvugo y’urwenya, yanabwiye Diamond ko mu gihe yaba ategereje gukira nyuma yo kubagwa, yazashaka undi mugore w’igihe gito wo kumwitaho.

    Muri 2024, Diamond Platnumz yigeze kubwira Zuchu ko adakwiye gutekereza kuzibagisha ababere ayongeresha.

    Diamond yahise abyanga, agaragaza ko atabishyigikiye, ibintu byafashwe n’abenshi nk’ikimenyetso cy’urukundo n’ubwizerane. Zuchu na Diamond bamaze umwaka umwe bashyingiranywe, nyuma y’imyaka ine bari mu rukundo.

    Aba bombi bashyingiranywe mu ntangiriro za 2025 mu ibanga, ibintu Diamond yanemeye ko atigeze abibwira nyina Mama Dangote.

    Mu mwaka wa 2025 kandi, Diamond yigeze kwibasirwa n’ibihuha by’uko yagiranaga umubano n’umugore witwa Rita, waje gushyira hanze amafoto n’amashusho amushinja kumuca inyuma.

    Diamond yemeye ko bagiranye umubano uganisha ku rukundo ariko avuga ko byarangiye mu 2023, anemeza ko Rita yashakaga kumusaba amafaranga binyuze mu kumutera ubwoba.

    Zuchu yasabye Diamond kuyongeresha amabere

    Source : http://isimbi.rw/zuchu-yasabye-diamond-platnumz-kumubagisha-amabere.html

  • Mu Rwanda haje iduka ry'akataraboneka rigiye gucuruza ibikoresho bya electronic (Honore Shop) #rwanda #RwOT

    Honore Shop ni iduka riyoboye mu gutanga ibikoresho bya electronic byujuje ubuziranenge kandi byizewe ku isoko ry'uyu munsi. Ni ahantu wizeye ko ibyo ugura bifite ireme, bikagufasha kugendana n'ikoranabuhanga rigezweho, utiriwe ugira impungenge zo kwibeshya ku bwiza bwabyo.

    Muri Honore Shop, uhasanga telefoni z'amoko atandukanye, guhera ku zigezweho nka smartphones kugera ku zifite ubushobozi buhagije bwo guhamagara no kohereza ubutumwa. Aha ni ho usanga kandi mudasobwa (laptops) zifasha abanyeshuri, abakozi, n'abacuruzi mu kazi kabo ka buri munsi. Televiziyo zifite amashusho asobanutse neza n'amajwi meza nazo zirahari, zigatuma imiryango yishimira imyidagaduro yo mu rugo.

    Si ibyo gusa, Honore Shop igufitiye gadgets n'ibikoresho byunganira ibindi byuma bya electronic, birimo chargers, earphones, power banks n'ibindi bikoresho byifashishwa mu buzima bwa buri munsi. Ibyo byose ubisanga ku giciro cyo hasi, kigenewe buri wese, kuko Honore Shop ishyira imbere serivisi yo gutuma umukiliya anyurwa.

    Ikindi cyiza kiranga Honore Shop ni ukwita ku mukiliya. Abahakorera bakwakira neza, bakakugira inama ijyanye n'icyo ukeneye, bakagufasha guhitamo igikoresho kigukwiriye. Ushobora gusura iduka imbonankubone cyangwa ugatumiza unyuze kuri DM, ugahabwa serivisi yihuse kandi inoze.

    Mu gihe ushaka electronic zizewe, zifite ireme kandi zidahenze, iduka Honore Shop riherereye i Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali ni ho ugomba kwerekeza kugira witabweho kuri serivisi yose waba wifuza ku bijyanye n'ibikoresho bya electronic.

    Mu iduka Honore Shop niho usanga ibikoresho bya electronic byizewe kandi ku giciro cyo hasi

     

     

    Source : https://kasukumedia.com/mu-rwanda-haje-iduka-ryakataraboneka-rigiye-gucuruza-ibikoresho-bya-electronic-honore-shop/

  • Amarangamutima ya Hakim Sahano nyuma yo gusinyira ikipe nshya #rwanda #RwOT

    Nyuma yo gusinyira AEK Athens yo mu Bugereki, Hakim Saham yavuze ko intego nta yindi uretse gutwara ibikombe n’iyi kipe.

    Ku munsi w’ejo hashize ni bwo AEK Athens yatangaje uyu mukinnyi wumunyarwanda ukina mu kibuga hagati afasha abashaka ibitego, yemeza ko yamaze kumusinyisha.

    Hakim Sahabo akaba yavuze ko yishimiye kwerekeza muri iyi kipe ndetse ajyanyemo intego yo kuyifasha kwegukana ibikombe.

    Ati “Kuza hano ni agatangaza, birashimishije. Ndishimye cyane. Intego zanjye ni ugutwara buri kimwe, gutsinda buri mukino nkatwara ibikombe.”

    Sahabo yerekeje muri iyi kipe imuguze muri Standard de Liege yo mu Bubiligi, bivugwa ko yamutanzeho miliyoni 1,5 y’Amayero.

    Sahabo akaba asanze iyi kipe iri ku mwanya wa mbere n’amanota 45.

    Uyu mukinnyi umaze guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda inshuro icyenda, yakinnye muri Standard de Liège imikino 34, gusa ntabwo yagiye abona umwanya uhoraho wo gukina.

    Hakim Sahabo yamaze kwerekeza muri AEK Athens

    Source : http://isimbi.rw/amarangamutima-ya-hakim-sahano-nyuma-yo-gusinyira-ikipe-nshya.html

  • Twese twababaye – William Togui Mel wa APR FC #rwanda #RwOT

    Rutahizamu wa APR FC ukomoka muri Côte d’Ivoire, William Togui Mel yavuze ko bababajwe bikomeye no gutsindwa na Police FC ikabatwara igikombe cy’Intwari.

    Ni amagambo yatangaje nyuma yo gutsindwa na Police FC kuri penali 7-6 nyuma y’uko amakipe yombi yari yanganyije 1-1 mu mukino wa nyuma y’Igikombe cy’Intwari wabaye tariki ya 1 Gashyantare 2026.

    Mu butumwa yanjujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Kumbala nk’uko yiyita cyangwa se William Togui Mel, yavuze ko bose bababajwe no kuba baratsinzwe ariko byose bikaba ari ibigize umukino.

    Ati “Umupira w’amaguru ni umukino w’ikipe kandi ni umukino wo guhangana. Twese twababaye nyuma y’iyi ntsinzwi, ni ibigize akazi. Ndashimira abakinnyi bagenzi banjye, abatoza, abafana n’ubuyobozi, twese twatanze ibyo twari dufite kandi hamwe. Ariko ni ibigize umupira w’amaguru. Reka twibande ku hazaza, hari ibindi bidutegereje tugomba guhangana nabyo muri shampiyona.”

    APR FC ubu ihanze amaso igikombe cya shampiyona iri ku mwanya wa 3 n’amanota 33 mu kinin 16 aho ifite ikirarane kimwe, Al Hilal ya mbere banafitanye ikirarane ifite 35, Police FC 2 ikagira 34. Izagaruka mu kibuga ejo ku wa Gatatu ikina na Gasogi United.

    William Togui yababajwe no gutsindwa na Police FC

    Source : http://isimbi.rw/twese-twababaye-william-togui-mel-wa-apr-fc.html

  • Benshi igitima kiradiha! Nibatangira gupima abakoresha ibiyobyabwenge muri ruhago nyarwanda hazakina bangahe? #rwanda #RwOT

    Mu minsi ya vuba hagiye kujyaho ikigo Nyarwanda gishinzwe gupima ibiyobyabwenge mu bakinnyi, bikazafasha mu kugenzura no guhana abakinnyi babikoresha.

    Ni Ikigo kizubakwa ku bufatanye bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibimenyetso bishingiye ku Bumenyi n’Ubuhanga bikoreshwa mu Butabera (RFI) na Minisiteri ya Siporo.

    Ni ikigo cyihariye gishinzwe gupima no kugenzura ibiyobyabwenge muri siporo kandi kikazaba cyemewe ku ruhando Mpuzamahanga.

    Gusa Amakuru ISIMBI yamenye ni uko hari ibintu bitaratungana neza ari nabyo bituma kidatangira gukora cyane ko ibisabwa byose yaba RFI na MINISPORTS Bihari.

    Igitegerejwe cyane ni uko Ikigo gishinzwe gupima ibiyobyabwenge byongera imbaraga mu bakinnyi ku rwego rw’Isi kizwi nka WADA (World Anti-Doping Agency) kiza kugenzura kikaba ari cyo gitanga uburengazira bwo kugira ngo iki Kigo Nyarwanda cyo gupima ibiyobyabwenge mu bakinnyi cyizwi nka NADO (National Anti-Doping Organization) gitangire gukora.

    Biteganyijwe ko NADO ariko izajya gusaba uburenganzira muri WADA ikaza kugenzura igatanga uburenganzira bwo kugira ngo iki Kigo gitangire gikore.

    Amakuru kandi ISIMBI yamenye ni uko hari inararibonye muri iki cyiciro zakoze ibizami ku buryo byazakorwa n’abantu babizi ndetse ibi bizami bakaba barabitsinze hategerejwe ko WADA ari yo itanga uburenganzira ngo iki kigo gitangire gikore.

    Hazakina bangahe?

    Nta bushakashatsi bwigeze bukorwa ariko hari impungenge ko iki kigo nigitangira gukora kandi kigakurikiza amategeko hari abakinnyi benshi bishobora kutazorohera.

    Hari n’abashobora kutezemera ko bapimwa kubera gutinya ko mu gihe babibasangamo bashobora no kubakurikirana mu mategeko kuko hari ibiyobyabwenge bitemewe mu Rwanda.

    Ikindi giteye impungenge ni uburyo Ikigo Mpuzamahanga cyo gupima ibiyobyabwenge mu bakinnyi cya WADA gikoramo, kuko gishobora kugupima kigasanga warakoresheje ibiyobyabwenge kandi utarabikoresheje kubera ko ukunda kuba uri kumwe n’ababikoresha.

    Hagiye gutangira kujya hapimwa abakinnyi bakoresha ibiyobyabwenge mu Rwanda

    Source : http://isimbi.rw/benshi-igitima-kiradiha-nibatangira-gupima-abakoresha-ibiyobyabwenge-muri.html

  • Burera: Abaturage babangamiwe no kubura amarimbi rusange #rwanda #RwOT

    Abatuye mu bice bitandukanye byo mu Karere ka Burera baravuga ko babangamiwe bikomeye no kuba imirenge ibiri gusa mu mirenge 17 igize aka Karere ariyo ifite amarimbi rusange yo gushyinguramo, ibintu bavuga ko bibatera ingorane zikomeye mu bihe by'akababaro.

    Bamwe mu baturage bavuga ko iyo hagize uwitaba Imana, imiryango igira ikibazo gikomeye cyo gushaka aho ishyingura ababo, bigasaba gukora ingendo ndende bajya mu y'indi mirenge ifite amarimbi rusange. Ibi bituma batakaza umwanya, amafaranga ndetse bikiyongera ku gahinda baba bafite.

    Hari abavuga ko kubera kubura amarimbi rusange hafi yabo, bamwe bagahitamo gushyingura mu mirima yabo cyangwa ahantu hatemewe n'amategeko, ibintu bavuga ko bishobora guteza amakimbirane mu miryango no mu baturage muri rusange, ndetse bikagira n'ingaruka ku isuku n'iterambere ry'imidugudu.

    Abaturage basaba ubuyobozi bw'Akarere ka Burera kwihutisha umushinga wo gushyiraho amarimbi rusange mu mirenge yose cyangwa nibura mu bice byinshi by'akarere, kugira ngo buri muturage abone aho ashyingura ababo mu cyubahiro no mu buryo bwemewe n'amategeko.

    Ku ruhande rw'ubuyobozi, haravugwa ko iki kibazo kimaze kumenyekana kandi ko hari gahunda zo kugishakira umuti urambye, hakorwa inyigo ku butaka bwabonekamo amarimbi rusange mu mirenge itaritabwaho. Abaturage bifuza ko iyo migambi yashyirwa mu bikorwa vuba, kuko iki kibazo gikomeje kubabangamira mu buzima bwa buri munsi.

    Burera: Abaturage babangamiwe no kubura amarimbi rusange
    Abaturage basaba ubuyobozi bw'Akarere ka Burera kwihutisha umushinga wo gushyiraho amarimbi rusange mu mirenge yose

    Source : https://kasukumedia.com/burera-abaturage-babangamiwe-no-kubura-amarimbi-rusange/

  • Israel Mbonyi yatumiwe gutaramira mu Bubiligi #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, agiye kongera gutaramira mu Bubiligi nk’uko byamaze kwemezwa n’ubuyobozi bwa Team Production yamutumiye.

    Iki gitaramo giteganyijwe kuba ku wa 6 Kamena 2026, kikaba kije gikurikiye igitaramo gikomeye yahakoreye mu 2024 cyasize amateka adasanzwe.

    Mu gitaramo cyo mu 2024, Israel Mbonyi yari yakiriwe ku rubyiniro n’Umuyobozi w’Umujyi wa Bruxelles, Philippe Close, anashimirwa by’umwihariko n’abari bagize Team Production bamugaragaza nk’umuhanzi wo mu Burasirazuba bwa Afurika ukunzwe cyane n’abatuye i Burayi.

    Icyo gitaramo cyabereye mu nyubako izwi nka Docks, izwi kandi nka Dome Events Hall, yakira abantu barenga ibihumbi bine, icyo gihe ikaba yari yuzuye ku kigero cyo hejuru.

    Igitaramo giteganyijwe mu 2026 kizaba kibaye icya gatatu Israel Mbonyi akoreye mu Bubiligi mu gihe cy’imyaka itatu ikurikirana. Mbere y’icyo, yari yarataramiye i Bruxelles no mu 2023, aho yakoreye igitaramo cyabereye muri Birmingham Palace.

    Team Production yatangaje iki gitaramo mu gihe ikomeje imyiteguro y’ikindi gitaramo gikomeye cya Alex Dusabe giteganyijwe kubera i Bruxelles ku wa 4 Mata 2026.

    Iki gitaramo cya Alex Dusabe kizitabirwa n’abandi bahanzi bakomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana barimo Rene Patrick na Tracy, Ben na Chance ndetse n’abandi bazaba bagiye gushyigikira uru rugendo rwo kugeza indirimbo z’ivugabutumwa ku rwego mpuzamahanga.

    Israel Mbonyi agiye gutaramira i Burayi nyuma y’igitaramo cye gikomeye 'Icyambu4' cyabereye muri BK Arena ku wa 25 Ukuboza 2025, cyitabiriwe n’abantu benshi.

    Amakuru agera kuri Isimbi anemeza ko uyu muhanzi ateganya no gukora ibitaramo bizenguruka Intara zitandukanye z’u Rwanda, mu rwego rwo kwegera abakunzi be no gukomeza gutanga ubutumwa bwo kwizera n’ihumure.

    Israel Mbonyi agiye gutaramira mu Bubiligi

    Source : http://isimbi.rw/israel-mbonyi-yatumiwe-gutaramira-mu-bubiligi.html

  • Sheilah Gashumba yagiriye urubyiruko inama ikomeye #rwanda #RwOT

    Umunyamideri n’umushyushyarugamba uzwi muri Uganda, Sheilah Gashumba, yasabye urubyiruko kwirinda gukoresha ibiyobyabwenge n’ibindi bisindisha nk’uburyo bwo guhunga ibibazo by’ubuzima.

    Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa Snapchat, Gashumba yasabye cyane cyane urubyiruko rwo muri Uganda kureka kwiremereza no guhagarara kigabo bagahangana n’ukuri k’ubuzima.

    Sheilah yagaragaje ko ubuzima butoroshye, kandi ko buri wese agomba kugira imbaraga zo kwikorera imitwaro ye aho guhora ategereje ko abandi bamufasha.

    Yibukije urubyiruko ko abantu badahora biteguye gufasha buri gihe, bityo ko kwiyubaka no kugira umutima ukomeye ari ingenzi mu rugendo rw’ubuzima.

    Uyu munyamideri yanasabye abakiri bato gutoza imitima yabo gukomera, bakareka kumva ko ubuzima bugomba guhora buboroheye.

    Yashimangiye ko atari buri gihe umunsi uba mwiza, agaragaza ko hari igihe ubuzima bugorana cyane, ariko ko ibyo bidakwiye gutuma umuntu yiheba cyangwa agahitamo inzira mbi.

    Sheilah Gashumba yanenze bikomeye imyitwarire yo kwitwaza ibibazo by’ubuzima ugahitamo kwisindisha cyangwa gukoresha ibiyobyabwenge umubiri utabasha kwihanganira.

    Yavuze ko ibyo atari umuti w’ibibazo, ahubwo ko byangiza ubuzima kurushaho. Yasabye urubyiruko kumenya kwiyegurira ejo hazaza, rukareba kure, rukagira intego zo kubaho neza ejo, mu mwaka utaha no mu myaka iri imbere.

    Yagize ati 'Iyo uguye, ugomba kwiga guhaguruka ku bwawe. Ntabwo buri munsi uba Noheli, hari n’igihe ubuzima buba bugoye cyane, ariko ntukigere wiheba.'

    Yongeyeho ko gukomera mu bitekerezo ari ingenzi, kandi ko abantu bagomba kwigishwa
    cyane ibijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe, cyane cyane
    mu rubyiruko.

    Ubu butumwa bwa Sheilah buje mu gihe hashize iminsi micye humvikanye inkuru y’inshuti ye ya hafi nayo yakoraga ibizwi nka 'Hosting’ yitwa, Gloria Njuba, uvugwa ko yirukanwe muri kamwe mu tubari two mu Mujyi wa Kampala kubera ko yari yanyweye ibisindisha birenze urugero.

    Sheilah Gashumba yagiriye inama urubyiruko

    Source : http://isimbi.rw/sheilah-gashumba-yagiriye-urubyiruko-inama-ikomeye.html

  • Abacuruzi bo muri Duhahirane Gisozi baratakamba kubera amategeko abagonga yashyizweho batabanje kugishwa inama #rwanda #RwOT

    Bamwe mu bacuruzi bakorera mu isoko riherereye mu Murenge wa Gisozi, mu Karere ka Gasabo, by'umwihariko abacururiza mu kibuga kiri muri koperative ya Duhahirane Gisozi, baratangaza ko babangamiwe n'amategeko mashya bavuga ko yashyizweho batabanje kugishwa inama. Aba bacuruzi bavuga ko bategekwa kwanura ibicuruzwa byabo saa sita z'amanywa, igihe bavuga ko kiba kitarabaha umusaruro uhagije wo kugurisha.

    Nk'uko babitangaza, saa sita z'amanywa ni bwo abakiliya benshi baba bagitangira kuza mu isoko, cyane cyane abakozi basohoka mu kazi n'abava mu bice bitandukanye by'umujyi. Guhagarika ibikorwa by'ubucuruzi kuri iyo saha, bavuga ko bibateza igihombo gikomeye, kuko hari ibicuruzwa biba bitaracuruzwa kandi bikaba byangirika, cyane cyane ibiribwa byihuta.

    Ikindi kibabangamiye ni iyongerwa ry'amafaranga y'ubukode bavuga ko ryaje mu gihe batari mu bihe byiza by'ubucuruzi. Bavuga ko kongera ubukode mu gihe amasaha yo gukora agabanywa, byabaye umutwaro uremereye, bigatuma bamwe batekereza gufunga ibikorwa byabo burundu.

    Abacuruzi bagaragaza ko bifuza ko ubuyobozi bwa koperative n'inzego z'ibanze zabumva, hakabaho ibiganiro bigamije gushaka igisubizo kirambye. Basaba ko amasaha yo gucuruza yasubirwamo cyangwa agashyirwa mu buryo buhuje n'inyungu z'abacuruzi n'isuku y'isoko, kandi hakabaho n'isubirwamo ry'ibijyanye n'ubukode.

    Bavuga ko umutekano n'isuku by'isoko ari ingenzi, ariko ko bitakorwa mu nyungu z'uruhande rumwe, hagomba kubaho ubwumvikane hagati y'abayobozi n'abacuruzi kugira ngo bose bateze imbere ubucuruzi n'iterambere ry'umujyi.

    Abacuruzi bo muri Duhahirane Gisozi baratakamba kubera amategeko abagonga yashyizweho batabanje kugishwa inama
    Bakomeje guhangayikishwa n'iyongerwa ry'amafaranga y'ubukode bavuga ko ryaje mu gihe batari mu bihe byiza by'ubucuruzi.

    Source : https://kasukumedia.com/abacuruzi-bo-muri-duhahirane-gisozi-baratakamba-kubera-amategeko-abagonga-yashyizweho-batabanje-kugishwa-inama/

  • Abakinnyi ba APR FC bagiye gutera penaliti baseta ibirenge abandi baranga #rwanda #RwOT

    Benshi batunguwe no kuba bamwe mu bakinnyi ba APR FC banze kujya gutera penaliti ni mu gihe abagiye batabishaka bazihushije.

    Hari ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Intwari cya 2026 baraye batsinzwemo na Police FC kuri penaliti 7-6, ni nyuma y’uko bari banganyije 1-1.

    Ubwo bari bagiye gutera penaliti bamwe mu bakinnyi bari bazwiho kuzitera nka Cheikh Djibril Ouatara na William Togui bazanze.

    Aba bakinnyi bari batoranyijwe gutera penaliti muri 5 ba mbere ariko amakuru ISIMBI yamenye ni uko babyanze bavuga ko batiteguye.

    APR FC abakinnyi batanu baziteye ni Ruboneka Bosco, Niyigena Clement, Byiringiro Gilbert, Mamadou Sy na Seidu Yussif Dauda wayihushije.

    Na Police FC yari yahushije imwe, byabaye ngombwa ko bakomeza batera imwe imwe, aha ni ho rero habaye ikibazo ku ruhande rwa APR FC kuko bamwe mu bakinnyi batangiye kuza baseta ibirenge ubona ko batabishaka, abaje batabishaka bose baje no kuzihusha.

    Hahise hajyaho William Togui Mel waje bamwinginga, yayihushije na Police ihita iyihusha, Niyomugabo Claude na Yunusu bazitsinze, APR FC yinginze Djibril Ouatara usanzwe utera aranga neza ababera ibamba neza, binginga Ssekiganda Ronald na we utashakaga kuyitera, yaje arayitera arayihusha. Police FC yaje kwegukana igikombe itsinze kuri penaliti 7-6.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko nta kindi kibazo bari bafite uretse ubwoba gusa no kumva nta cyizere bari bifitiye ko bazitsinda.

    William Togui (wa kabiri uhereye iburyo) yagiye kuyitera abyanga arayihusha, Ouatara (wa mbere iburyo) we yabyanze burundu

    Ssekiganda Ronald yagiye kuyitera aseta ibirenge birangira ayihushije na we

    Source : http://isimbi.rw/abakinnyi-ba-apr-fc-bagiye-gutera-penaliti-baseta-ibirenge-abandi-baranga.html