Author: webrwanda

  • Abanyarwanda bahinze muri RDC babuze uko bajya gusarura imyaka #Rwanda #RwOT

    By Editor
    Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Kayumba Euphrem yabwiye Kigali Today ko hari abahinzi bari basanzwe bahinga mu gihugu cy’abaturanyi cya RDC ariko ubu batagishobora kujyayo kubera ko imipaka ifunze.
    Kuva mu kwezi kwa Werurwe 2020 ingendo hagati y’u Rwanda na RDC zarahagaze ndetse imipaka irafungwa uretse ku binyabiziga bitwaye ibicuruzwa.
    Ibi ntibyakundiye abaturage bari basanzwe bafite ibikorwa mu gihugu cya RDC ko basubira kubisura, uretse abaturage ba RDC bashatse gusubira mu gihugu cyabo bemerewe gutaha.
    Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi avuga ko batatereranye abaturage ahubwo hari gukorwa ibiganiro ngo harebwe icyakorwa.
    Ati “Turabizi ko bari bafite imyaka kandi yeze bakabura uko bayisarura, ubu turakora ibiganiro kuko igihugu kimwe nticyafungura umupaka ngo abandi bafunge hanyuma abantu begende. Ibyiza ni uko haba ibiganiro bituma imipaka ifungurwa nyuma y’uko tubanje kurwanya icyorezo cya COVID-19.”
    Mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Bugeshi, baturage na bo bafite ubutaka muri RDC ntibashoboye kujya gusarura, icyakora ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buvuga ko icyo kibazo butakizi.
    Bamwe mu bayobozi b’inzego zibanze bavuganye na Kigali Today mu murenge wa Bugeshi bavuga ko hari abaturage bari basanzwe bafite imirima ahitwa Ruhunda na Kibumba muri RDC, ariko badashobora kubona uko bajya kuyisarura bakaba barasabye abaturage baho kuyibacungira.
    Ibikorwa byo gufunga imipaka ntibyahombeje abahinzi bari bafite imyaka muri RDC gusa kuko hari n’Abanyarwanda bari bafiteyo ubucuruzi ubu bafungiweho imipaka mu Rwanda, icyakora bamwe bakoresha inzira zitemewe bagasubira mu bikorwa byabo nkuko bamwe bamaze kugurisha bakagaruka mu Rwanda kubera gutinya umutekano muke i Goma.
    Uturere twa Rusizi na Rubavu ntidutangaza imibare y’abaturage bakorera ubucuruzi mu Mijyi ya Goma na Bukavu bashobora kuba barahagaritse ibikorwa.
    Source : kigalitoday


  • Rulindo: Umugabo yishe umugore we akoresheje ishoka #RwOT

    Rulindo District - Wikipedia

    Umugabo witwa Bizimana Innocent w’imyaka 30 utuye mu mudugudu wa Musave, akagari ka Mbuye,umurenge wa Rukozo, akarere ka Rulindo yishe umugore we witwa Twiringiyimana Chantal w’imyaka 32 akoresheje Inshoka.
    Nyakwigendera Twiringiyimana yasanzwe yapfuye kuri uyu wa Gatanu tariki 5 Kamena 2020 mu masaha ya saa yine za mu gitondo.
    Amakuru agera kuri IGIRE avuga ko abana bavuye gusenya hanyuma bageze mu rugo basanga urugi rurakinze bagerageje kurusunika biranga maze umwana umwe w’umuturanyi abarusha ubwenge arurira asimbukira mu nzu ubwo asanga uwo mubyeyi yamaze kwitaba Imana.Uwo mwana yahise yiruka atabaza abaturanyi bose baraza baratabara.
    Umunyabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rukozo Niyonambaza Louis yabwiye IGIRE ko ayo makuru ariyo ndetse ko Bizimana yamaze gufatwa akaba afunze.
    Ati”Yasanzwe yapfuye bigaragaragara y’uko yatemwe hanyuma umugabo abantu bamubona agenda ariko biza kugaragaragara ko bakeka ko yaba yamwishe hanyuma arafatwa aza gushyikirizwa sitasiyo ya RIB Kinihira”.
    Yakomeje avuga ko uyu muryango n’ubusanzwe wabanaga mu makimbirane ariko atari ku rwego rw’uko umuntu yakora igikorwa nk’icyo cy’ubunyamaswa.
    Ubwo twavuganaga na Gitifu Niyonambaza,yatubwiye ko ubuyobozi n’inzego z’umutekano DASSO ndetse na RIB bari bakiri aho icyaha cyabereye ndetse ko bari kwitegura kujyana umurambo wa nyakwigendera gukorerwa isuzuma ku bitaro bya Kinihira cyangwa ibya Kacyiru mu mujyi wa Kigali.
  • Umwarimukazi yanigishije umusego umwana muto yigisha ahita yitaba Imana #RwoT

    Teacher in Ukraine arrested for murder after tying a ...
    Umwarimukazi wigisha mu ishuri ry’inshuke ryo mu gihugu cya Ukraine witwa Irina Sukhanova w’imyaka 51,yatawe muri yombi nyuma yo gufatwa amashusho atabizi ari kunigisha umusego umwana muto yigishaga.
    Uyu mwarimukazi yabwiye polisi ko yanigishije umusego w’intebe uyu mwana muto ubwo yageragezaga kumucecekesha ubwo yarimo kurira.
    Uyu mugore yafashwe amashusho ari gupfukisha uyu mwana umusego,birangira aheze umwuka bimuvuramo gupfa.
    Irina Sukhanova yatawe muri yombi na polisi yo mu gace kitwa Zaporizhia,nyuma y’aho uyu mwana yagaragaye ari kunigisha umusego,yaje kuruka muri uwo musego ananirwa no guhumeka bimuviramo urupfu.
    Uyu mwarimukazi yishe uyu mwana w’umukobwa witwa Alesya,ku munsi we wa mbere atangiye kwiga mu ishuri ry’inshuke ubwo yariraga akanga guceceka bikababaza uyu mwarimu we.
    Amashusho ya CCTV yafashwe uyu mwarimukazi yagaragaje ari kuzirikira uyu musego mu maso y’uyu mwana ngo asinzire birangira abuze umwuka.
    Polisi yavuze ko ibintu uyu mwana yarutse aribyo byabaye intandaro yo kumuheza umwuka cyane ko ngo isura ye yose yari ipfutse.
    Aho guhamagara ubufasha bw’imbangukiragutabara igitaraganya,uyu mwarimukazi yarwanye no gusiba amashusho ya CCTV gusa ntibyamuhiriye kuko yagiye hanze amubyarira akaga.
    Polisi yakoze ibishoboka byose igarura aya mashusho agomba kuba igihamya mu rukiko kizatuma madamu Irina Sukhanova akanirwa urumukwiriye.
    Uyu mugore akimara kuniga uyu mwana yabwiye ababyeyi b’uyu mwana bamusanze kuri kasho yari afungiwemo ati “Sinjye wishe umwana wanyu.Nageragezaga gufasha umwana wanyu wari waguye kugira ngo atavunika ijosi.Kwari ukumufasha nta kindi nakoze.”
    Irina Sukhanova arashinjwa kwica umwana muto ndetse no gushing ishuri ry’inshuke adakurikije amabwiriza abigenga.

  • Rubavu:Umusore yafatabnwe udupfunyika 1000 tw’urumogi biturutse ku mayeri y’umupolisi n’uwo yarugurishaga #RwoT

    Nyanza: Batandatu bafatanwe urumogi - Kigali Today
    Kuri iki cyumweru tariki ya 07 Kamena Polisi yafashe Munderere Olivier w’imyaka 20, umucuruzi w’urumogi. Yafatiwe mu karere ka Rubavu mu murenge wa Rubavu mu kagari ka Rukoko, afatanwa  udupfunyika 1000 tw’urumogi.
    Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba, Chief Insector of Police (CIP) Bonaventure Karekezi  avuga ko gufatwa kwa Munderere kwaturutse ku makuru yatanzwe n’umuturage, abapolisi bamufatira mu cyuho.
    Ati   “Twamenye ko Munderere arimo gushaka umukiriya ugura  urumogi dushaka  umuntu turabahuza baravugana basezerana aho bahurira akarumuha.  Mu kujya kurufata wa muntu yajyanye n’umupolisi wacu mu buryo bw’ibanga, uwo mupolisi niwe wahise  abagwa gitumo barimo kurubara.”
    Munderere amaze gufatwa yanze kuvuga aho yakuye urumogi rungana kuriya, gusa avuga ko hari uwarumutumye, uyu nawe arimo gushakishwa n’inzego z’umutekano.
    Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba avuga ko n’ubwo Munderere yanze kuvuga aho akura urumogi ariko harazwi  ko ari mu gihugu cy’abaturanyi cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.
    CIP Karekezi yakomeje avuga ko amayeri yose  abacuruzi b’urumogi barimo gukoresha yamaze gutahurwa.
    Asaba urubyiruko rukomeje kwijandika muri ibi byaha  kubivamo bagashaka indi mirimo ibyara inyungu bakora.
    Ati  “Muri iyi minsi turimo kubafata cyane biturutse ku bufatanye n’abaturage. Amayeri yose bakoresha yaramenyekanye, bafite ukuntu bahamagarana n’abo muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo. Bakoresha urubyiruko bakarushukisha amafaranga rukajya kuzana urwo rumogi, bakorana amayeri ahambaye ku buryo  nta muntu uhura n’undi n’ugiye kurufata bamwishyura kuri telefoni.”
    Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 06 Kamena Polisi ikorera mu karere ka Rubavu nanone yari yafashe umusore afite udupfunyika ibihumbi bitatu by’urumogi.  Uwarufatanwe yavuze ko yari yahawe amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 150 kugira ngo arukure mu karere ka Rubavu arujyane mu karere ka Kamonyi. Uyu kandi anavuga ko yari asanzwe ajya mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kurukura yo.
    Munderere yashyikirijwe urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) ikorera muri sitasiyo ya Polisi ya Gisenyi kugira ngo akorerwe idosiye.
    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.  Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.
    Source : igire.com
  • Un glissement de terrain a affecté cinq familles de 24 personnes à Nyabihu #RwOT

    At least 18 killed as floods and landslides hit Rwanda
    Kigali: Un glissement de terrain a surpris cinq familles de 24 personnes dans le district de Nyabihu, secteur de Mulinga.
    Le secrétaire exécutif du secteur de Mulinga, Byukusenge Emmanuel, a déclaré aux medias publics que l’incident a eu lieu vendredi vers 12h 30’ lorsque la catastrophe est survenue  dans la cellule de Gisizi, village de Kabyuma.
    Les habitants ont été choqués par les conséquences de ce glissement de terrain qui s’est produit pendant la journée et au soleil alors qu’ils étaient habitués aux glissements de terrain pendant la pluie.
    La forêt environnante a été la première à descendre, suivie d’une montagne, attaquant du coup cinq familles de 24 personnes vivant à proximité et forçant les gens à fuir leurs maisons.
    Le secrétaire exécutif du secteur de Mulinga, Byukusenge Emmanuel, a déclaré que la catastrophe a emporté six moutons et une chèvre de Ntibashoboka Jean d’Amour qui se trouvaient dans la forêt.
    Ce glissement de terrain a également détruit environ 50 hectares de terres agricoles et environ 500 mètres carrés de forêt. Les sinistrés ont été relogés par leurs voisins en attendant l’assistance publique promise par les autorités administratives de base. 
    C’est la première fois que la zone est affectée. Elle s’est soudainement effondrée alors qu’il  n’y avait aucun signe de tremblement de terre. Cependant, cela peut être dû aux fortes pluies de ces derniers jours qui ont fait que le niveau de l’eau ait fortement augmenté. (Fin)
  • Rwanda and EU sign Frw 55 billion grant agreement to support social protection in response to COVID-19 crisis #RwOT

    By Editor
    EU Delegation Rwanda (@EUinRW) | Twitter
    Kigali: Today, the Government of Rwanda and the European Union signed an addendum to a financing agreement for €52.87 million (about Frw 55.5 billion) to support the social protection coverage in response to the COVID-19 crisis. This grant is part of the EU’s €460 million package of support to Rwanda signed in September, 2014 with European Commission.
    The objective of the funding is to support Rwandan Government to expand social protection and promote agriculture supply chains in the context of the Government`s COVID 19 Economic Recovery Plan through increased cash transfers and food assistance to citizens in Rwanda, and to support livelihoods for food security in response to the lockdown containment measures of the country during the COVID 19. In total, the programme will help protecting food security and livelihoods of at least 630 000 households most in need.
     “The impact of COVID-19 on our economy and livelihoods in particular has called for enhanced social protection measures by ensuring that we maintain sustainable food security, reduce poverty and promote inclusive growth,” said Dr. Uzziel Ndagijimana, the Minister of Finance and Economic Planning. “The sustained development cooperation as well as the immediate European Union’s support to the Government’s response to the COVID 19, illustrates, once again, the mutual trust and excellent relations shared by the European Union and the Government of Rwanda,” Minister Ndagijimana added.
    EU Ambassador Nicola Bellomo added “Our support comes as part of the broader #TeamEurope response. #TeamEurope is the tangible expression of European solidarity. It reflects a commitment of the EU and the EU MS to act as one, and in close cooperation with the multilateral system, in our efforts to help our partner countries deal with the COVID crisis.”
    The disbursements will be provided in two fixed tranches of €36 million and €15.5 million respectively during the Fiscal Year 2019/20 and 2020/21 based on satisfactory progress on the implementation of the economic recovery plan, in particular the social protection and agriculture part.
    The programme will come along with a support by the World Food Programme (WFP) in monitoring and logistics to ensure that food supply chains are working effectively, so that people can have access to affordable and nutritious food in the whole country.
    The social transfers will be complemented by a support to the government on the effective functioning of the supply chains so that people can have a continued access to affordable, nutritious and diversified food.
    In addition to the €52 million budget support grant to the Government, the EU is also providing five additional grants to the tune of €1.8 million to civil society organisations. These organisations work in close coordination with Local Government Authorities on the COVID social protection response at grass-roots level, and cater support to some of the most vulnerable communities across the country. (End)
    Source : rnanews.com
  • Abandi bantu 12 basanganywe Coronavirus mu Karere ka Rusizi #RwOT

    Abantu 12 basanganywe ubwandu bwa Coronavirus mu bipimo 1928 byafashwe uyu munsi bituma abayanduye mu Rwanda bagera kuri 451, mu gihe abandi barindwi bakize, umubare w’abamaze gusezererwa mu bitaro uba 297.

    Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima ryo kuri uyu wa 8 Kamena 2020 rigaragaza ko abantu basanganywe ubwandu bakuwe mu Karere ka Rusizi.
    Rikomeza rivuga ko abo barwayi bose “Bashyizwe mu kato n’abo bahuye bahise bakurikiranwa.’’
    • Abanduye ni 451 (Barimo 12 bashya)
    • Abakize ni 297 (Barimo barindwi bashya)
    • Abakirwaye ni 152
    • Abantu babiri bamaze kwitaba Imana
    • Ibipimo bimaze gufatwa ni 78 259 (Ibipimo bishya 1928)
    Kuva ku wa 31 Gicurasi 2020, Akarere ka Rusizi kabaye izingiro rya Coronavirus mu Rwanda, nyuma y’uko abantu batanu ba mbere bagaragaweho iki cyorezo barimo abacuruzi, abashoferi batwara ibintu babivanye cyangwa babijyanye i Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’umumotari umwe watwaraga ibintu byari byemewe.
    Byatumye ku wa 4 Kamena Imirenge ya Kamembe, Nyakarenzo, Mururu n’igice cya Gihundwe igize Umujyi wa Kamembe mu Karere ka Rusizi ishyirwa muri gahunda ya Guma mu Rugo mu gihe cy’ibyumweru bibiri mu kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus.
    Mu minsi umunani, mu Karere ka Rusizi gusa hamaze kuboneka abarwayi 63 basanganywe Coronavirus.
    Kuva umurwayi wa mbere wa Coronavirus agaragaye mu Rwanda ku wa 13 Werurwe 2020, hamaze kuboneka 451 banduye mu bipimo 78 259 bimaze gufatwa, 297 barayikize mu gihe 152 bakitabwaho n’abahanga; abantu babiri bo bitabye Imana.
    Ibimenyetso bya Coronavirus birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n’umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y’ubuhumekero.
    Abaturarwanda muri rusange basabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n’amazi n’isabune, kwambara udupfukamunwa n’amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n’abantu benshi.

    08.06.2020 – Covid-19 Coronavirus
    Amakuru Mashya | Update | Mise à Jour

    *Abarwayi bashya bagaragaye muri Rusizi. Bashyizwe mu kato n’abo bahuye bahise bakurikiranwa

    *The new cases relate to the Rusizi cluster, they have been isolated and contacts traced

    View image on Twitter

    309 people are talking about this

    Abantu 12 basanganywe Coronavirus mu Karere ka Rusizi


  • Abanyarwanda 79 bari bafungiwe muri Uganda barekuwe, abandi 51 barategerejwe #RwoT






    Abanyarwanda 79 bari bamaze igihe bafungiwe muri gereza zitandukanye muri Uganda, barekuwe boherezwa mu Rwanda; mu gihe abandi 51 buzuza 130 Uganda yemeye kurekura bazagera mu gihugu ku wa Kabiri.

    Saa Kumi n’Imwe n’iminota 10 z’Igicamunsi kuri uyu wa Mbere nibwo itsinda rya mbere ry’Abanyarwanda 28 bari bafungiwe muri Uganda ryageze ku Mupaka wa Kagitumba.
    Iri tsinda ryakurikiwe n’iry’abandi 38 ryageze mu Rwanda saa 17h50 mu gihe irya gatatu ry’abantu 13 ryahageze saa Mbili zuzuye. Aba Banyarwanda uko ari 79 barimo abagore babiri.
    Umubare wose hamwe w’Abanyarwanda barekuwe na Uganda kuri uyu wa Mbere ni 79. Abandi 51 buzuza 130 Uganda yemeye kurekura, biteganyijwe ko bazanyuzwa ku Mupaka wa Cyanika ku wa Kabiri, tariki ya 9 Kamena 2020.
    Abarekuwe bagejejwe ku Mupaka wa Kagitumba batwawe n’imodoka za coaster. Hasohokaga umwe ku wundi, buri wese yambaye agapfukamunwa mu kwirinda icyorezo cya Coronavirus.
    Mbere yo kwinjira mu Biro by’Abinjira n’Abasohoka bya Uganda buri wese yakarabaga intoki n’amazi meza n’isabune, akanapimwa umuriro nka kimwe mu bimenyetso bya Coronavirus.
    Mu kwirinda Coronavirus kandi buri wese yambaye agapfukamunwa ndetse bahagaze mu buryo butuma bahana intera ya metero hagati yabo.
    Mu buhamya bwabo, abenshi bavuze ko bafatiwe muri Uganda bagafungwa bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda.
    Twizerimana Gilbert uvuka mu Karere ka Burera, wagiye muri Uganda mu 2018 agiye gusura nyirakuru uba muri iki gihugu yabwiye IGIHE ko akigerayo yahise atabwa muri yombi.
    Yagize ati “Nabanje gufungirwa Kisoro mpamaze ibyumweru bibiri njyanwa Kibulala ubu nari mazeyo imyaka ibiri n’amezi atanu nshinjwa kuba intasi. Badukubitaga cyane batuziza ko turi Abanyarwanda, muri iyo gereza hafungiwemo abandi Banyarwanda benshi cyane ubwo hasohokaga urutonde rw’abasohoka muri gereza benshi bisanze batariho bituma bagumayo.’’
    Yavuze ko ashima Imana kuba yongeye kugarurwa mu gihugu cye nyuma y’igihe kinini atotezwa na Uganda.
    Mbarushimana Jean Bosco ufite imyaka 26 uvuka mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Cyuve we yafatiwe Kisoro avuye gusura abantu.
    Ati “Banzizaga ko agapapuro kanyemerera gutambuka bari bampaye ku munsi umwe ngo kari karangiye, banyaka ruswa y’amashiringi miliyoni imwe n’ibihumbi 200 ndayabura, bahita bankatira amezi 23 njyanwa muri Gereza ya Ibuga iherereye Kasese. Baduhingishaga kuva saa Kumi n’Ebyiri za mu gitondo kugeza saa Kumi n’Ebyiri z’ijoro, twavayo bakadukubita cyane batuziza ko turi Abanyarwanda.’’
    Yashimiye Umukuru w’Igihugu ku kuba babarwanyeho bagasohoka muri iki gihugu gusa ngo asizeyo abandi Banyarwanda benshi cyane muri gereza.
    Uretse aba Banyarwanda bafunguwe, hari abandi 310 bakurikiranyweho ibyaha bikomeye bo batafunguwe ndetse amakuru ajyanye nabo azashyikirizwa Guverinoma y’u Rwanda.
    Aba Banyarwanda barekuwe nyuma y’ibiganiro byahuje u Rwanda na Uganda ku wa 4 Kamena 2020 harebwa ku buryo bwo kuzahura umubano hagati y’impande zombi. Byasojwe Uganda yemeye kurekura Abanyarwanda 130. Biteganyijwe ko bazarekurwa mu byiciro bitandukanye.
    Icyo gihe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yabwiye itangazamakuru ko nyuma y’inama iheruka yabereye i Gatuna ku wa 21 Gashyantare 2020, hari intambwe yatewe na Uganda, ariko hari na byinshi bikeneye gukorwa.
    Yakomeje agira ati “Harimo irekurwa rya bamwe mu banyarwanda bari bafungiwe muri Uganda, ndetse twumvise ko habayeho kwambura ibyangombwa umuryango The Self-worth Initiative wafashaga mu bikorwa by’abarwanya u Rwanda bakorera muri Uganda.”
    “Gusa nubwo hari intambwe yatewe mu gushyira mu bikorwa imwe mu myanzuro, haracyari imitwe y’iterabwoba ikorera muri Uganda, ifite intego y’ibanze yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.”
    Abanyarwanda barekuwe bose bahise boherezwa mu kato k’iminsi 14 muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Rukara, ahateguriwe abashyirwa mu kato mu Karere ka Kayonza kugira ngo harebwe ko nta bwandu bwa Coronavirus bafite.

    Abanyarwanda barekuwe na Uganda ubwo bageraga ku Mupaka hubahirizwaga amabwiriza yo kwirinda Coronavirus harimo kwambara udupfukamunwa no gukaraba intoki n’amazi meza n’isabune. Hari umuganga wanapimaga buri wese umuriro

    Benshi mu barekuwe na Uganda bavuga ko bafunzwe bashinjwa kwitwa intasi z’u Rwanda muri icyo gihugu
    Source : igihe.com
    Itsinda rya nyuma ry’Abanyarwanda bagera kuri 13 ryageze ku Mupaka wa Kagitumba ahagana saa Mbili zuzuye
  • Musanze: Wa mukobwa wakubiswe na ba gitifu yiyahuye ntiyapfa

    By Nsanzimana Ernest

    Byabereye iwabo mu mudugudu wa Karunyura, Akagari ka Kabera, mu murenge wa Cyuve akarere ka Musanze tariki 7 Kamena 2020.
    Abavandimwe ba Nyirangaruye w’imyaka 22 bavuga ku mugoroba wo ku Cyumweru bagiye kubona bakabona uyu mukobwa asohokanye mu nzu amacupa ya kiyoda, arababwira ati ‘mwakire muzampambe’, arongera asubira kuryama.
    Abavandimwe ba Nyirangaruye barimo na musaza we Manishimwe Jean Baptiste bavuga ko bakeka ko icyateye Nyirangaruye kwiyahura aria bantu bamaze iminsi bamusura bakamubwira ko ashobora kutazabyara, ngo kuko bakurikije uko yakubiswe nyababyeyi ye yaba yarangiritse.
    Gusa umuganga wakurikiraniye hafi uburwayi bwe akimara gukubitwa we yemeza ko ububabare yagize nta ngaruka bwagize imbere mu mubiri ati “Mu mpapuro twamuhaye ntahagaragara ko umura we wagize ikibazo ku buryo byamubuza kubyara, nubwo yababaye ku kigereranyo cya 80% ariko byari iby’ako kanya. Twamusezereye nta kibazo kinini afite, birashoboka ko ari ikindi kibazo yagize nyuma mu mitekerereze.”
    Indi mpamvu bakeka ngo ni uko mu bamusura hari abamubwira ko aba bayobozi nibafungurwa bazamumerera nabi.
    Mu mpamvu zishobora gutera uyu mukobwa gushaka kwiyahura harimo ipfunwe aterwa no kubona amashusho y’ukuntu abayobozi bamukubitiye mu ruhame yicaye hasi mu isantere yo hafi y’iwabo mu bantu bamuzi.

    Inkoni yakubiswe n’abayobozi zaramunegekaje asigara agendera ku kibando
    Uyu mukobwa wari umaze igihe gito avuye mu bitaro kubera inkoni yakubiswe n’aba bayobozi akimara kunywa uyu muti wica yahise yongera asubira kuryama. Abavandimwe be bavuga ko bahise batabaza abaturanyi, haza abagabo bane baramuterura bamugeza ku muhanda bamujyana kwa muganga yanegekaye.
    Nikuze Pelagie, nyinawabo wa Nyirangaruye yabwiye Bwiza ko uyu mukobwa yatangiye koroherwa bamaze kumutera serumu 5.
    Icyatumye bakubitwa
    Manishimwe wakubitanywe na mushikiwe avuga ko ba DASSO bamusanze ku isantere yo ku Ngagi, bamusaba kujya mu rugo ababwira ko ategereje umuntu yakoreye ngo amwishyure, bahita bavuga ko abasuzuguye. Bagiye kumukubita yahise ataha ajya iwabo, bamukurikirayo. Mushiki we Nyirangaruye yasohotse aje gukiza musaza we aba bayobozi bari bari gukubita iwabo nawe baramwataka babakubitana bombi.
    Tariki 15 Gicurasi 2020, nibwo Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyuve Sebashotsi Gasasira Jean Paul, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Kabeza Tuyisabimana Jean Leonard, n’aba Dasso babiri ari bo Nsabimana Anaclet na Abiyingoma Sylvain, bakekwaho gukubita Nyirangaruye Uwineza Clarisse na musaza we Manishimwe Jean Baptiste.

    Nyirangaruye yagerageje kwiyahura akoresheje umuti wica bikekwa ko yawuguze mu isoko mu minsi mike ishize
    Tariki 28 Gicurasi 2020, Urukiko rw’Ibanze rwa Muhoza mu Karere ka Musanze, rwategetse ko Gitifu w’Umurenge wa Cyuve n’abakozi batatu bo muri uwo Murenge baregwa icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake bafungwa iminsi 30.
    Source : ukwezi.rw
  • Ibimenyetso biranga umukobwa wagize ubushake bukabije bwo gukora imibonano mpuzabitsina

    1.Guhumekera hejuru

    Umukobwa ushatse gukora imibonano mpuzabitsina iki ni ikimenyetso umusore bari kumwe ashobora guhita atahura. Iki kimenyetso nta mukobwa ushobora kugihisha kuko bikorekera imbere mu mubiri we. Uko bigenda umubiri we uba uri gukora ububobere bwinshi bigatuma ukenera oxygen nyinshi, bigatuma umutima we utera cyane akabahumekera hejuru.

    2.Gutukura amaso

    Umukobwa ufite ubushake burenze bwo gutera akabariro akenshi amaso ye aratukura kandi akazamo amarira wamureba ukabona yirebesha icyoroshye. (amaso yayateretse)

    3.Gucika intege

    Iyo umukobwa yafashwe aba yacitse intege kuburyo akenshi icyo umukoresha cyose agikora ni ukuvugango aho umujyanye ni ho ajya kabone n’ubwo yakabaye ari kubyanga ushobora kumva avuga ati oya ariko ukabona ari kubikora. Umukobwa acika intege iyo guhumekera hejuru bihagaze. Umubiri we urangije gukora ububobere.

    4.Gutosa ikariso

    Iyo yagize ubushake bwinshi usanga mu gitsina cye ububobere bwiyongereye ku rwego rwo hejuru kuburyo bigera no ku myenda y’imbere bikaba byagera aho bihinguka n’inyuma. Iyo umubiri umaze gukora ububobere ubwohereza mu gitsina kugira ngo busukure aho igitsina cy’umusore kiza kunyura niyo mpamvu ikariso ye ihita itoha.

    5.Kugundira umusore

    Umukobwa iyo mwaganiraga akagira ubushake bwo gukora imibanano mpuzabitsina aragusatira gahohora gahoro yagufata akagufata akagukomeza ku buryo ubona adashaka kukurekura.

    6. Kukuryamaho

    Iyo umukobwa afashe icyemezo cyo kukuryamaho utari usanzwe ubimuziho, wamusuzuma ukabona afite bimwe mu bimenyetso byavuzwe muri iyi nkuru nacyo kiba ari ikimenyetso cy’uko ashaka ko mukora imibonano mpuzabitsina.

    Ikitonderwa: Umukobwa n’umusore bakoze imibonano mpuzabitsina baba banyuranyije n’amahame agenga umuryango mugari (society), abemerewe gukora imibonano mpuzabitsina ni umugabo n’umugore bashakanye. Umukobwa n’umusore iyo babikoze biba ari ubusambanyi hashingiwe kuri bibiliya, naho mu mategeko iyo umugore cyangwa umugabo bashatse bakoranye imibonano mpuzabitsina n’undi muntu nibwo byitwa ubusambanyi.
    The mirror

    source http://www.ukwezi.rw/urukundo/article/Ibimenyetso-biranga-umukobwa-wagize-ubushake-bukabije-bwo-gukora-imibonano-mpuzabitsina