Author: webrwanda

  • Miss josiane akomeje gutungura benshi mu mafoto iyi minsi #rwanda #RwOT

    Miss Mwiseneza Josiane ni umwe mu banyarwandakazi bamenywe na benshi biciye mu marushanwa ya Miss Rwanda 2019 uyu mukobwa yitabiriye ndetse akaba yaranegukanye ikamba rya Miss Popularity 2019 ariwe Nyampinga wakunzwe n’abantu benshi mu mwaka wa 2019. Kuva ubwo uyu mukobwa yamenyekanye cyane ndetse izina Mwiseneza Josiane risakara hirya no hino ku isi.

    Miss Mwiseneza Josiane

    Mu minsi ishize, Mwiseneza Josiane yashyize hanze amafoto agaragaza imiterere y’umubiri we nyuma aza gushyira hanze andi amugaragaza arimo kurya isi ku mazi. Mu masaha ashize uyu mukobwa yongeye kugaragara mu yandi mafoto agaragaza ikibuno cye bigaragara ko uyu mukobwa yabyibushye cyane.

    source https://www.hillywood.rw/?p=74729

  • Karongi: Polisi yataye muri yombi Abantu 13 bacukura Amabuye y’Agaciro. #rwanda #RwOT

    Ku wa mbere tariki ya 06 Nyakanga, mu Kagali ka Birambo mu murenge wa Gashari mu Karere ka Karongi, Polisi y’U Rwanda yataye muri yombi Abaturage 13 nyuma yo gusangwa mu Mugezi wa Mashyiga bari kuyungurura Amabuye y’Agaciro bacukuye mu buryo butemewe n’Amategeko.

    Nkuko byatangajwe n’umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba CIP Bonaventure Karekezi, ngo aba baturage bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage basanzwe bababona baje muri ubwo bucukuzi.

    Yagize ati” twari dufite amakuru ko Umugezi wa Mashyiga wangiritse, kandi ukangizwa n’itaka rituruka mu bucukuzi butemewe bw’amabuye y’agaciro. Ku bufatanye n’uzindi nzego rero n’Abaturage, twagiye aho ibyo bikorwa bibera dufatira 13 mu cyuho bari kuyungurura Ayo bari bamaze gucukura.”

    Yavuze kandi ko Aba bacukura aya mabuye babikora mu buryo butemewe n’amategeko, ndetse bakanayagurisha ku bacuruzi batemewe n’amategeko. Yibukije abaturage ko ubucukuzi bw’Amabuye y’agaciro bugira inzira bukorwamo zemewe n’Amategeko, ko bityo ushaka kubukora yakwegera inzego zibishinzwe zikamufasha.

    Yasabye Abaturage kwirinda ibikorwa bitemewe n’Amategeko, kuko uzajya abifatirwamo azajya abihanirwa n’amategeko. Yabasabye kandi gukomeza kurwanya abantu nk’abo baza kwangiza ibidukikije. Yavuze ko Leta itazicara ngo irebere abo bantu.

    Itegeko N° 58/2018 ryo ku wa 13/08/2018 ingingo ya 54 ivuga ko Umuntu wese ushakashaka, ucukura, utunganya, ucuruza amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri nta ruhushya, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi abiri (2) ariko kitarenze amezi atandatu (6) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.Abatawe muri yombi na polisi bacukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe.

    The post Karongi: Polisi yataye muri yombi Abantu 13 bacukura Amabuye y’Agaciro. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/karongi-polisi-yataye-muri-yombi-abantu-13-bacukura-amabuye-yagaciro/

  • Umuraperi Neg G The General yatangaje amagambo akomeye ateguriza kugaruka kwe muri muzika Nyarwanda. #rwanda #RwOT

    Ngenzi Serge ukoresha amazina ya Neg G The General, mu muziki byumwihariko injyana ya hip hop abarizwamo kuva na cyera, yahishuye ko agiye kugarukana mu muziki imbaraga zidasanzwe.

    Ni nyuma yuko uyu musore amaze igihe gito cyane avuye ku cyirwa cya Iwawa gisanzwe kigorerwamo urubyiruko rukoresha ibiyobyabwenge we na bagenzi be barimo Young Tone ndetse na Fireman wavuyeyo mbere yabo, Abinyujije ku rukuta rwe rwa Facebook Neg G The general yatangaje amagambo agaragaza imigabo n’imigambi agiye kugarukana muri muzika
    Umuraperi Neg G The General uteganya kongera gukora umuziki.

    Neg G yagize ati “Kuvuka gushya kwa Neg G, Kuvuka gushya kwa Hip hop nyarwanda” Uyu musore atangaje aya magambo nyuma yuko hari hashize amasaha macye mugenzi we bakoranye igihe kinini mu itsinda UTP Soldiers, Riderman ashyize hanze indirimbo nshya yise “Padre” nayo ikubiyemo amagambo yo guhamya ibigwi n’imyato bye muri Hip Hop nyarwanda nkaho agira ati “Abaraperi bo mu Rwanda bakwiye kumenya ko ari njye nkingi ya mwamba muri Hip hop nyarwanda”

    Bamwe mu bari bagize itsinda rya UTP Soldiersryakunzwe cyane mu myaka ya za 2005

    Neg G The General uri mu baraperi batangije injyana ya Hip hop Crack & Raggaton” yamenyekanye cyane mu ndirimbo zitandukanye zirimo “Parler, Internat, Umurabyo, Karara, Abashomeri” ndetse n’izindi nyinshi, Yajyanywe Iwawa nyuma yo gufatwa akoresha ikiyobyabwenge cyo mu bwoko bwa Heroine kizwi nka “Mugo”
    Neg G kandi yaherukaga kumvikana mu ndirimbo “Nshingukaho” yafatanyijemo na Amag The Black

    The post Umuraperi Neg G The General yatangaje amagambo akomeye ateguriza kugaruka kwe muri muzika Nyarwanda. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/umuraperi-neg-g-the-general-yatangaje-amagambo-akomeye-ateguriza-kugaruka-kwe-muri-muzika-nyarwanda/

  • Sunny yahawe inkwenene nyuma y’ifoto igaragaza imfundiko ziri ku maguru ye yashyize hanze. #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi Sunny ni umwe mu banyarwandakazi bamaze igihe bavugwa cyane muri iyi minsi. Kuvugwa cyane kwa Sunny kwiyongereye cyane muri iyi minsi kubera amashusho aherutse gushyira hanze yambaye ubusa bikaba byaratumye abantu benshi bamumenya.

    Sunny

    Sunny rero ku munsi w’ejo, abinyujije kurukuta rwe ra Instagram yashyize hanze ifoto agaragaza imfundiko ziri ku maguru ye maze ahabwa inkwenene na benshi mu bafana be bamukurikirana ku rubuga rwa instagram.

    Iyi niyo foto Sunny yashyize kuri instagram ye

    Sunny akimara gushyira hanze iyi foto, benshi mu bafana be ndetse n’abamukurikirana ntibaripfanye bivuye inyuma bavuga ku miterere ye ndetse banabisanisha nibyo amazemo iminsi akora benshi bakunze kuvuga ko bidahwitse. Si ibyo gusa ahubwo banavuze no ku maguru ye agaragaraho imfundiko.

    The post Sunny yahawe inkwenene nyuma y’ifoto igaragaza imfundiko ziri ku maguru ye yashyize hanze. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/sunny-yahawe-inkwenene-nyuma-yifoto-igaragaza-imfundiko-ziri-ku-maguru-ye-yashyize-hanze/

  • Ubwongereza bwafatiye ibihano abacyekwaho kwica umunyamakuru wo muri Arabia saoudite #rwanda #RwOT

    Ubwongereza bwafatiye ibihano abantu 47 n’imiryango ibiri bushinja kuba ba “ruharwa” mu kubangamirara uburenganzira bwa muntu baranze imyaka ya vuba ishize.

    Abantu bashinjwa kugira uruhare mu rupfu rw’umunyamategeko w’Umurusiya Sergei Magnitsky rwabaye mu mwaka wa 2009, imitungo yabo iri mu Bwongereza yafatiriwe kandi ntibemerewe kwinjira muri icyo gihugu.

    Ndetse n’abategetsi bo muri Arabie Saoudite bashinjwa kugira uruhare mu rupfu rw’umunyamakuru Jamal Khashoggi rwabaye mu mwaka wa 2018 na bo bari kuri urwo rutonde rw’abafatiwe ibihano.

    Dominic Raab, umunyamabanga ushinzwe ububanyi n’amahanga w’Ubwongereza, yavuze ko ibyo bihano byatanze “ubutumwa bwumvikana neza”.

    Avugira mu nteko ishingamategeko umutwe w’abadepite, Bwana Raab yavuze ko Ubwongereza bwafatiye ibyemezo “abanyagitugu”.
    Yongeyeho ko bwanafatiye ibyemezo abagerageza gukora ubucuruzi butemewe n’amategeko “bwungukira mu mafaranga yabonywe binyuze mu kumena amaraso”.

    Uburusiya bwakangishije kwihimura ku Bwongereza bufata ingamba nk’izo ndetse buvuga ko ibyo bihano “nta cyo bivuze”.
    Mu itangazo ibiro by’uhagarariye Uburusiya mu Bwongereza byasohoye, byagize biti:
    “Uburusiya bufite uburenganzira bwo gusubiza ku cyemezo cy’uyu munsi [ejo ku wa mbere] kitari cyiza cyafashwe n’Ubwongereza, [bugasubiza] hashingiwe ku ihame ryo kugerera mu kebo kamwe”.

    Iryo tangazo ryongeyeho ko ibyo bihano byafashwe n’Ubwongereza “bitazavugurura umubano hagati y’Uburusiya n’Ubwongereza”

    The post Ubwongereza bwafatiye ibihano abacyekwaho kwica umunyamakuru wo muri Arabia saoudite appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/ubwongereza-bwafatiye-ibihano-abacyekwaho-kwica-umunyamakuru-wo-muri-arabia-saoudite/

  • Mary akeneye umusore bakundana bakabana akamufasha kurera abana. #rwanda #RwOT

    Nitwa Furaha Mary mfite imyaka 38 umugabo wanjye yitabye Imana mu myaka 4 ishize. Umugabo wanjye twakundanye urukundo rw’ukuri tubana neza imyaka 10 tubyarana abana 4 abahungu 3 n’umukobwa umwe, nyuma aza gufatwa n’indwara iramuhitana nsigara ndera abana ndi umwe. Ibi mu bihe bya mbere ntibyangoye ariko nyuma y’uko umugabo wanjye apfuye nahise ntangira ubucuruzi ngira amahirwe burampira buraguka cyane ntangira kujya mbura umwanya wo kwita ku bana. Kurera abana b’abahungu uri umugore biragoye niyo mpamvu nshaka umusore wakwemera ko tubana akamfasha kurera abana akababera se akajya abashyiraho igitsure kugira ngo babashe kugendera mu murongo muzima. Uwumva twakundana anyandikire inbox.

    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.

    The post Mary akeneye umusore bakundana bakabana akamufasha kurera abana. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/mary-akeneye-umusore-bakundana-bakabana-akamufasha-kurera-abana/

  • Imbwa yiyahuye nyuma yo kumenya ko shebuja apfuye #rwanda #RwOT

    Iyi mbwa yasimbutse muri etage ahantu harehare. Iyi mbwa yari itunzwe n’ umuryango w’abadogiteri babiri.

    Dr. Anita Raj, umugore wa Dr. Rajkumar Sachaan, yitabye Imana ku wa Gatatu w’icyumweru gishize azize indwara y’ impyiko yari amaranye igihe.

    Ubwo umurambo wa nyakwigendera wari usanywe mu rugo, iyi mbwa yagize agahinda kenshi itangira kumoka mu buryo budasanzwe. Umuhungu wa shebuja ayishumika muri sitoke.

    Ubwo bari bagiye gushyingura iyi mbwa yasohotse muri sitoke ijya kuri etage ya kane irasimbuka igwa hasi ihita ipfa.

    Dr. Rajkumar yatangarije ibinyamakuru byo mu Buhinde ko iyi mbwa umugore we yayitoraguye mu myaka 13 ishize.

    Dr Anita yatoraguye iyi mbwa imeze nabi arayivura kuva ubwo itangira kuba mu muryango we.

    source http://www.ukwezi.rw/Udushya/article/Imbwa-yiyahuye-nyuma-yo-kumenya-ko-shebuja-apfuye

  • Gatabazi uherutse gusaba imbabazi Perezida Kagame yasubijwe ku mirimo naho Kayitesi Alice ahabwa kuyobora Intara y’Amajyepfo. #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame yasubije Gatabazi Jean Marie Vianney ku mirimo ya Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru mu gihe Kayitesi Alice yahawe kuyobora Intara y’Amajyepfo.

    Itangazo rishyira abayobozi bombi ku mirimo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard, kuri uyu wa 7 Nyakanga 2020.

    Rigira riti “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yasubije Bwana Jean Marie Vianney Gatabazi ku mirimo ya Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru. Yagize kandi Madamu Alice Kayitesi Guverineri w’Intara y’Amajyepfo.’’

    Gatabazi yagaruwe ku mirimo ye nyuma yuko ku wa 25 Gicurasi 2020 yari yahagaritswe. Icyo gihe Gatabazi hamwe n’uwari uw’Intara y’Amajyepfo, Gasana Emmanuel, bahagaritswe ku mirimo yabo na Perezida Kagame “kubera ibyo bagomba kubazwa bakurikiranweho”.

    Itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, rivuga ko Perezida Kagame “abaye ahagaritse” abo bayobozi bombi “kubera ibyo bagomba kubazwa bakurikiranweho”.

    Ntihatangajwe ibyo aba bayobozi bakurikiranyweho gusa kuba Gatabazi yongeye guhabwa inshingano ze ni igihamya ko iperereza ryasanze yera.

    Mu mpinduka zindi zatangajwe mu miyoborere y’intara ni aho Kayitesi Alice wahoze ayobora Akarere ka Kamonyi yagizwe Guverineri w’Intara y’Amajyepfo.

    Yasimbuye kuri uyu mwanya Gasana Emmanuel wayoboye Amajyepfo mu 2018 nyuma y’imyaka icyenda yari amaze ari Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’Igihugu.

    Gatabazi yagizwe Guverineri w’Amajyaruguru mu mpinduka zakozwe n’Umukuru w’Igihugu muri Kanama 2017, nyuma y’imyaka 14 ari Umudepite. Yasimbuye Musabyimana Jean Claude wamaze igihe kigera ku mezi icyenda kuri uyu mwanya, nawe wari usimbuye Bosenibamwe Aimé [uherutse kwitaba Imana] we wamaze imyaka itandatu ayobora iyi ntara.

    The post Gatabazi uherutse gusaba imbabazi Perezida Kagame yasubijwe ku mirimo naho Kayitesi Alice ahabwa kuyobora Intara y’Amajyepfo. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/gatabazi-uherutse-gusaba-imbabazi-perezida-kagame-yasubijwe-ku-mirimo-naho-kayitesi-alice-ahabwa-kuyobora-intara-yamajyepfo/

  • Ndamutse napfuye, Chameleone azaba yaranyishe, – Diggy Baur abwira Guverinoma. #rwanda #RwOT

    Umucuranzi Jose Chameleone yongeye kugira ibibazo nyuma yo gukekwaho guta Producer Diggy Baur mu ijoro ryo ku wa mbere i Kiwafu, Makindye. Avuga ko uyu muhanzikazi yamukubise inshyi nk’uko yahanaga umuhungu we. 

    Producer avuga ko abaho afite ubwoba kandi aramutse apfuye, guverinoma ntigomba gutinda gufata umuganga w’umuziki kuko ari we nyirabayazana w’urupfu rwe.

    Baur ati: “Ndashaka kubisobanura neza, ndamutse napfuye, Chameleone azaba yaranyishe. Ndashaka ko leta ibimenya.”

    Twabibutsa ko Uganda yatakaje abaririmbyi beza ba Producer benshi beza kubera imirwano no guterana amagambo. Harimo; Late Mowzey Radio, AK47, na Producer Danz Kumapeesa nabandi.

    Mu gihe cy’ukwezi kumwe, umuryango wa Mayanja wagiye mu mirwano ibiri n’abaproducer batandukanye. Bavuga ko murumuna wa Chameleone Weasel yakubise Makindye ukorera Producer Genious Goddy kubera kunanirwa gukora umuziki we.

    source https://www.hillywood.rw/?p=74716

  • Kuki ibi bice byongerera unukobwa ubushake bukabije? #rwanda #RwOT

    Hari abantu benshi ku isi usanga bagira ubukirigitwa cyane mu gihe bakozwe ku bice byabo bimwe na bimwe by’umubiri wabo ariko byagera ku muntu w’igitsina gore bikaba ibindi ari nayo mpamvu bifatwa cyane kandi bigakurura intandaro zo gushaka gukora imibonano mpuzabitsina mu buryo bwihuse ndetse ukanasanga ibi binakurura amaraso y’igitsina gabo iyo babikozeho bityo bagahita bumva bakeneye gutera akabariro.

    Ibyo bice ni ibi bikurikira:

    1. Amabere

    Amabere y’umukobwa ni igice cy’umubiri umugabo akoraho maze umukobwa agahita yumva ubushagarira umubiri we wose bigatuma yumva ashatse gukora imibonano mpuzabitsina ako kanya.

    E8A8DX Teenage couple in love sitting on a jetty at lake
    1. Ibibero

    Iyo umukobwa yemereye umuhungu ko amukora ku bibero aba yikozeho kuko akenshi haba hariho amaribori ari nayo afasha umubiri wose kumva neza igikorwa kiri kuba. Gusa ntibivuze ko utagira amaribori we ntacyo yumva, kuko uwo ariwe wese w’igitsinagore aterwa ubushake cyane no kumukora kuri iki gice.

    1. Mu ntege

    Mu ntege naho ni hamwe mu bice by’umubiri w’umugore bigira ubukirigitwa cyane ku buryo iyo hari uhakoze umubiri wose ugira ubwitabire, bityo umubiri ukaba wahita ucika intege ukagira ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina cyane.

    1. Mu musatsi

    Gukora mu misatsi y’umukobwa cyangwa umugore bifasha cyane umugabo kumwumvisha icyo akeneye, imisatsi kandi ku bagore ibamo ubushagarira butuma batwarwa igihe cyose umugabo arimo kuyikoramo kuburyo bashobora no gushiduka ibitekerezo byabo byagiye kure bagahita bifuza gushaka gukora imibonano mpuzabitsina.

    1. Mu biganza
      Abantu b’ibitsina bitandukanye iyo bafatanye mu biganza umwanya munini bishobora gutuma umugore yumva ashatse gukora imibonano mpuzabitsina ariko bikaba akarusho iyo umugabo asa nk’ushimashima cyangwa akorakora mu biganza by’umugore, ubushagarira buhita bwihuta cyane kuburyo bica intege umugore mu bijyanye n’ubushake bw’imibonano mpuzabitsina.
    2. Ku matwi
      Iyo umugabo akoze ku matwi y’umukobwa bimwongerera ubushake cyane bwo gutera akabariro, amatwi atuma umugore/umukobwa amera nk’utaye ubwenge akumva umugabo yakomeza kuhakorakora. Abakobwa benshi baganiriye na iwaculive arinayo dukesha iyinkuru barabyemeje.
    3. Ku mukondo
      Iki ni igice nacyo umuhungu/umugabo ashobora gukoraho bigatuma umugore/umukobwa akora icyo atatekereje kubera bituma atekereza cyane ku gikorwa cy’imibonano mpuzabitsina.
    4. Ku gitsina
      Iyo umugabo arinze akora ku gitsina cy’umugore aba amufite neza kuburyo bitaba byoroshye kumwirinda ngo batandukane ntacyo bakoze. Igitsina iyo cyakozweho biba byarangiye biragoye kugira ngo umugore ahikure.
      Mu gihe umukobwa cyangwa umugore yumva adakeneye gukora imibonano mpuzabitsina, nta bundi buryo yakoresha uretse kwirinda ko umugabo yamukoraho kuri biriya bice byavuzwe haruguru, gusa nanone nko ku bashakanye mu gihe umugabo yifuza gutegura umugore we agomba kwifashisha cyane biriya bice kuko byamufasha kwinjiza umugore we mu gikorwa nyirizina.
      Niba hari ikindi gice tutashyizemo ubona gikurura abakobwa cyane bakifuza gukora imibonano mpuzabitsina nawe ushobora kukitubwira ariko twebwe ni ibi twabashije kubakoreraho ubushakashatsi.

    source https://www.hillywood.rw/?p=74720