Author: webrwanda

  • OMS yamaze kwemera urukingo rwa Koronavirusi rwakoze n’Uburusiya ndetse rutangira no gukwirakwizwa mu bindi bihugu. #rwanda #RwOT

    Ishyirahamwe mpuzamahanga ryita ku buzima (OMS),kuri uyu wagatatu ryavuze ko batangiye gukorana n’Uburusiya mu gukurikirana ibikorwa by’ikoreshwa ry’urukingo rurinda Koronavirusi Uburusiya buvuga ko bwakoze. OMS yatangaje ko bigaragara ko uru rukingo rwaba igisubizo cy’iki cyorezo.

    Kuri uyu wa kabiri w’iki cyumweru,Perezida Vladmir Putin yemeje ko igihugu cye cy’Uburusiya kibaye icya mbere cyemeje ko cyarangije gukora urukingo n’ubwo igice cya nyuma cy’igerageza ryarwo ku bantu 2000 cyo cyatangiye kuri uyu wa gatatu.

    Gusa Perezida Putin yamaze kwemeza ko bamwe  mu barusiya barimo n’umukobwa we bamaze guhabwa urwo rukingo kandi ko igikorwa cyo gukingira kirimbanije haherwa ku baganga n’abarimu.

    Nk’uko Rwandannews ikomeza ibivuga,ibihugu bimwe na bimwe by’amahanga kandi nabyo byatangiye gutumiza uru rukingo mu Burusiya ngo bakingire abaturage babo,dore ko abahanga bemeza ko inzira nyonyine yo  kurandura iyi ndwara ya Covid-19 ari urukingo.

    Muri iyi minsi hakomeje ubushakashatsi kuri iyi ndwara ya Koronavirusi,OMS ikaba ivuga ko hari inkingo 28 mu zirenga 150 ziri mu igeragezwa ku bantu,muri zo esheshatu zigeze ku rugero rwa gatatu mu kugeragerezwa ku bantu benshi.

    Urukingo rw’Uburusiya rwakozwe n’ikigo cy’ubushakashatsi cyitwa Gamaleya gifatanije na Minisiteri y’ingabo y’Uburusiya.

    The post OMS yamaze kwemera urukingo rwa Koronavirusi rwakoze n’Uburusiya ndetse rutangira no gukwirakwizwa mu bindi bihugu. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/oms-yamaze-kwemera-urukingo-rwa-koronavirusi-rwakoze-nuburusiya-ndetse-rutangira-no-gukwirakwizwa-mu-bindi-bihugu/

  • Eighth person killed by COVID-19 in Rwanda #rwanda #RwOT

    A ministerial statement issued on Wednesday, August 12, 2020, states that the deceased was a patient undergoing treatment in Kigali.

    “Condolences to the family of the 37-year-old man who passed away in Kigali,” he said.
    The number of Covid-19 patients continues to rise.

    Statistics from the Ministry of Health show that in the last 24 hours, Rwanda reported 18 new cases out of 4886 sample tests taken and 46 recoveries discharged from the hospital.

    New patients include 15 from the Kigali City of Kigali among contacts of positive cases and tests conducted in a high risk group, 2 from Ngoma District, and 1 from Rubavu.

    Currently, of the 2,189 people infected with Coronavirus, 1524 have already recovered, and 657 still undergoes treatments.

    Elina Jonas Ruzindaza

    source https://en.igihe.com/news/article/eighth-person-killed-by-covid-19-in-rwanda

  • Umubano Hotel for sale #rwanda #RwOT

    A statement issued by RDB states that the Government of Rwanda prioritizes support for the private sector and thus RDB is looking for investors who can buy the property in a fair and transparent competitive bidding process.

    “The purpose of this tender notice is to identify potential companies and/or consortiums with the requisite technical and financial capacity to purchase and operate the hotel,” it said.

    One of the key factors for an investor who will take over the Kacyiru-based hotel facility is to turn it into a five-star hotel within the shortest time possible.

    RDB said it will work with the new investor to turn the hotel into a flagship that will meet various local and international environmental sustainable standards to attract local and international clients.

    Umubano is one of the oldest hotels in Rwanda and had been acquired by Madhvani Group at a tune of $13 million in April 2017 after years under liquidation.

    The hotel has been in the hands of several other investors, including the Libyan government-affiliated LAP Investments which operated it under Laico Hotels brand; it has also previously been managed by global hotel brands including Novotel, Meridian and Accord.

    The Government has set September 11 as the closing date for submission of applications from potential bidders.

    Umubano is one of the oldest hotels in Rwanda and had been acquired by Madhvani Group at a tune of $13 million in April 2017 after years under liquidation.

    Nicole Kamanzi M.

    source https://en.igihe.com/news/article/umubano-hotel-for-sale

  • Burundi blocking returning citizens-Dr Biruta #rwanda #RwOT

    Dr. Biruta said this on Wednesday while addressing the media in Kigali on the current affairs on local, regional, and global issues.

    Asked about the recent comments made by the Burundi’s President Maj. Gen Evariste Ndayishimiye that Rwanda is holding hostage Burundian refugees, Biruta said that the claims are false because Rwanda has expressed the desire to facilitate the repatriation process.

    “The numbers we have indicate that Rwanda hosts 71,973 Burundian refugees at the moment, the third-highest number of Burundian refugees hosted by any country. One can only claim that the ones in Rwanda have been held hostage after the refugees in other countries have returned home, which is not true,”

    “Before the COVID-19, which led to the closure of borders, it should be noted that at least 200 Burundian refugees would return home. Nobody stopped them. The fact that they are not going home now is because of the border closures but Rwanda has no interest in keeping the refugees,” Minister Biruta said.

    Dr Biruta added that Rwanda has an international obligation to welcome refugees escaping trouble but has no interest in keeping them. He said that whatever was done was in line with the protocol to protect refugees in peril.

    “As we speak, tomorrow there is a technical meeting involving all parties, to discuss the modalities of how these refugees can be facilitated to return home even at this time of COVID-19,” he added, pointing out that the process is facilitated by the United Nations High Commission for Refugees (UNHCR).

    “We have about 136 Burundian citizens who had come to Rwanda for different reasons at the time the borders were closed, including those who had come to seek treatment. They requested to return home and they were denied the right to do so. They have been stranded here. The Burundian Embassy in Rwanda approached us and requested us to facilitate their repatriation and we did our part but Burundi refused to welcome them back. Some were known and had been cleared to travel hear for treatment but after that they could not be allowed to return home,” Dr Biruta said.

    Dr Biruta said that it is surprising that Bujumbura would accuse Kigali of holding Burundian refugees’ hostage yet they cannot allow back their own citizens.

    Dr Biruta also spoke about the recent comments by the Burundian leader that his government is not interested in pursuing friendly ties with a ‘cunning and dishonest neighbour’, pointing out that Rwanda would not force Burundi to work on bettering relations.

    “What I can say is that for us we remain ready to work with our neighbours to improve relations. For two countries to co-exist well there must be the will on both sides. What we learned is that Burundi is not interested in improving relations,” Dr Biruta said.

    He said that Rwanda would not go into responding to some of the allegations or attacks apart from clearing the air on outstanding issues without exchanging words with the Burundian leadership.

    Dr Biruta said that it is surprising that Bujumbura would accuse Kigali of holding Burundian refugees’ hostage yet they cannot allow back their own citizens.

    Nicole Kamanzi M.

    source https://en.igihe.com/news/article/burundi-blocking-returning-citizens-dr-biruta

  • Ingabo za Mozambike zirimo kugerageza kwisubiza icyambu kigaruriwe n’inyeshyamba #rwanda #RwOT

    Ingabo za Mozambique zivuga ko zatangiye imirwano yo kugerageza kwisubiza icyambu cy’ingenzi cya Mocimboa da Praia, nyuma yuko ejo ku wa gatatu tariki 12 Kanama 2020 kigaruriwe n’intagondwa zigendera ku mahame akaze ya kisilamu.

    Igisirikare cya Mozambique cyavuze ko hari ibikorwa biri kuba bigamije mu magambo yacyo guca intege abakora iterabwoba bari gukoresha abaturage nk’ingabo yo kwikingira.

    Hashize iminsi haba imirwano muri aka karere k’amajyaruguru gakungahaye ku mwuka (gas/gaz) ucanwa, gakora ku nyanja y’Abahinde.

    Izo ntagondwa zikorana n’umutwe nawo ugendera ku mahame akaze y’idini ya kisilamu wiyita leta ya kisilamu (IS).

    Intagondwa zigendera ku mahame akaze ya kisilamu zigaruriye icyambu cya Mocimboa da Praia ku itariki ya 12 y’uku kwezi kwa munani 2020.

    Mu mezi ya vuba ashize, nkuko BBC ibitangaza, izo ntagondwa zamaze igihe gito zarigaruriye imijyi mu majyaruguru ya Mozambique, ndetse zituma abaturage babarirwa mu bihumbi za mirongo bata ingo zabo.

    Tanzania nayo yavuze ko igiye kugaba ibitero kuri izo ntagondwa mu mashyamba ahana imbibi na Mozambique.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/ingabo-za-mozambike-zirimo-kugerageza-kwisubiza-icyambu-kigaruriwe-ninyeshyamba/

  • Perezida Trump yiswe umutegetsi wo “Gusakuza, udashoboye kandi wahinduye Amerika ubushwangi” #rwanda #RwOT

    Joe Biden, umukandida-perezida w’ishyaka ry’abademokarate, na Kamala Harris baziyamamazanya akaba yamubera visi perezida aramutse atowe, bibasiye Perezida Donald Trump bavuga ko ari umutegetsi wo “gusakuza” gusa kandi udashoboye wahinduye Amerika “ubushwangi”.

    Aba bomi, Biden na Hariss bakoze igikorwa cyabo cya mbere bahuriyeho cyo kwiyamamaza, hashize umunsi umwe Bwana Biden atangaje Madamu Harris nk’uwo baziyamamazanya.

    Perezida Trump utajya aripfana yahise abagerera muri ako kebo, avuga ko Madamu Harris “yahubutse nk’ibuye” ubwo yarekaga gahunda ye ya mbere yo gushaka guhagararira ishyaka ry’abademokarate nk’umukandida-perezida ariko ntibimuhire.

    Bwana Biden azahatana na Perezida Trump mu matora ya perezida ateganyijwe kuba ku itariki ya gatatu y’ukwezi kwa cumi na kumwe uyu mwaka wa 2020.

    Biden yavuze iki?

    Icyo gikorwa cyabo cy’ejo ku wa gatatu tariki 12 Kanama 2020 cyabereye mu mujyi wa Wilmington muri leta ya Delaware ntabwo cyari gitumiwemo rubanda, Bwana Biden w’imyaka 77 avuga ko ari mu rwego rwo kwirinda coronavirus.

    Aba bakandida bombi bagaragaye bambaye udupfukamunwa, bageza ijambo ku itsinda ry’abanyamakuru bari bahanye intera kandi bambaye udupfukamunwa.

    Abantu bagera hafi kuri 75 bari bateraniye hanze mu mvura y’utujojoba mbere yuko abo bakandida batangira gahunda yabo y’umunsi, nkuko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru Reuters, nubwo bamwe muri bo bari abanenga Bwana Biden.

    Bwana Biden yavuze ko Madamu Harris, senateri wa leta ya California, ari umugore wa mbere muri Amerika utari umuzungu wiyamamazanyije n’umukandida-perezida w’ishyaka rimwe mu mashyaka akomeye muri iki gihugu.

    Ati: “Uko tuzahitamo muri uku kwezi kwa cumi na kumwe [kuri imbere] bizagena uko Amerika izamera mu gihe kirekire cyane kiri imbere”.

    Yakomeje avuga ko Donald Trump yamaze gutangira kwibasira Madamu Harris amwita umuntu “mubi” kandi wo “gusakuza” gusa.
    Ati: “Ibyo ntibitangaje kuko gusakuza ni byo Donald Trump ashoboye cyane, kurusha undi perezida uwo ari we wese wabaye mu mateka y’Amerika. Hari utangajwe no kubona Donald Trump atewe ikibazo n’umugore ushoboye…?”.

    Bwana Biden yananenze Bwana Trump uko ari kwitwara mu guhangana n’icyorezo cya coronavirus, imihindagurikire y’ikirere, ubushomeri na “politike ye y’amagambo y’ivanguramoko ahembera gucamo abantu ibice”.

    Harris yavuze iki?

    Ubwo yari afashe ijambo, Madamu Harris yavuze ko yiteguye gukora akazi. Uyu mugore w’imyaka 55 y’amavuko wahoze ari umushinjacyaha, yabwiye abanyamakuru ko iki ari igihe kizagira ingaruka kuri Amerika. Ati “kuri buri kintu cyose dushyize imbere, ubukungu bwacu, ubuzima bwacu, abana bacu,…byose ubu biri mu manegeka”.

    Madamu Harris yongeyeho ati: “Amerika iri kuririra kubona ubuyobozi, ariko dufite perezida witaye kuri we ubwe cyane kurusha abantu bamutoye. Yabonye [Bwana Trump] umurage w’ubukungu buteye imbere cyane mu mateka [y’iki gihugu] awukuye kuri Barack Obama na Joe Biden. Nuko, cyo kimwe na buri kintu cyose yabonyeho umurage, abukubita hasi”.

    Yongeyeho ati: “Uku ni ko bigenda iyo dutoye umuntu udashoboye akazi – igihugu cyacu birangira gicikaguritse, ndetse n’izina ryacu mu mahanga bikarigendera gutyo”.

    Trump yasubije gute?

    Mu kiganiro n’abanyamakuru ku biro bye bya White House ejo ku wa gatatu, Perezida Trump yanenze uburyo Madamu Harris yananiwe guhagararira ishyaka ry’abademokarate nk’umukandida-perezida ubwo yabigeragezaga. Icyo gihe Madamu Harris yanenze bikomeye Bwana Biden ku bijyanye n’irondabwoko.

    Perezida Trump yagize ati: “Narebaga ukuntu imibare y’ikusanyabitekerezo kuri we ihubagurika yitura hasi kugeza igeze hafi ku busa, abivamo arakaye, yasaze”.

    Ati: “Nta muntu n’umwe wamutukaga [Bwana Biden] kumurusha [Madamu Harris]. Yamuvuzeho ibintu bibi cyane, harimo n’ibirego yashinjwe n’umugore aho ntekereza ko yizeye ibyo uwo mugore yavuze. None ubu mu kanya nk’ako guhumbya ari kwiyamamariza kuba visi perezida avuga ukuntu [Bwana Biden] ari umuntu w’igitanagaza”.

    Mbere, Bwana Biden yashinjwe n’abagore batandukanye kubakoraho batabishaka, harimo no kubakorakora no kubasoma.

    Mu kwezi kwa kane mu 2019, avuga ku birego by’abo bagore, Madamu Harris yabwiye abanyamakuru ati: “Ndabizera [ku byo bavuga]”. Icyo gihe Bwana Biden yemeye ko agomba kujya yubaha ubuzima bwite bw’abantu.

    Perezida Trump na we ubwe yashinjwe n’abagore batandukanye kubakorera ihohotera rishingiye ku gitsina – ibirego byose yahakanye.

    Ni iki gikurikiyeho?

    Mu nama nkuru y’ishyaka ry’abademokarate yo mu cyumweru gitaha, Bwana Biden azemera ku mugaragaro ko ari we mukandida waryo mu matora ya perezida.
    Ahanini iyo nama izakorwa mu buryo bw’ikoranabuhanga bw’iyakure, mu kwirinda icyorezo cya coronavirus.

    Mu cyumweru kizakurikiraho, mu nama nkuru y’ishyaka ry’abarepubulikani, Perezida Trump azagenwa ku mugaragaro nk’umukandida-perezida waryo, ahatanira gutegeka Amerika muri manda ya kabiri y’imyaka ine – ari na yo ya nyuma yemewe n’itegekonshinga.

    Nyuma, hazakurikiraho igihe cy’ibyumweru 10 cyo kwiyamamaza, mbere yuko Abanyamerika batora mu matora rusange yo ku itariki ya 3 y’ukwa 11 uyu mwaka wa 2020.

    Biteganyijwe ko Perezida Trump na Bwana Biden bazahurira mu biganiro mpaka bitatu.
    Ikizabera mu mujyi wa Cleveland muri leta ya Ohio ku itariki ya 29 y’ukwa cyenda, ikizabera i Miami muri leta ya Florida ku itariki ya 15 y’ukwa 10 n’ikizabera mu mujyi wa Nashville muri leta ya Tennessee ku itariki ya 22 y’ukwa 10 byose uyu mwaka wa 2020.

    Ku itariki ya 7 y’ukwezi kwa cumi, nkuko BBC ibitangaza, mu mujyi wa Salt Lake City muri leta ya Utah, Madamu Harris azagirana ikiganiro mpaka na Visi Perezida w’Amerika Mike Pence, uziyamamazanya na Perezida Trump nk’uwakomeza kumubera visi perezida aramutse yongeye gutorwa.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/perezida-trump-yiswe-umutegetsi-wo-gusakuza-udashoboye-kandi-wahinduye-amerika-ubushwangi/

  • NCC yikomye abatangaza inkuru birengagije burenganzira bw’umwana kuri YouTube #rwanda #RwOT

    Byagarutsweho kuri uyu wa Kane tariki 13 Kanama 2020, mu nama nyunguranabitekerezo yateguwe n’Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda [ARJ].

    Hari ku bufatanye n’inzego zirimo Minisiteri y’Ubuzima, Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Abana ndetse n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana [UNICEF].

    Ni inama yari igamije kandi guhugura abanyamakuru ndetse n’uko itangazamakuru ryakomeza gukora inkuru z’uburyo bwo kwirinda kwandura COVID-19 ariko hibandwa ku bana.

    Kuva mu mpera z’Ukuboza 2019, ubwo iki cyorezo cyatangira kugaragara mu Mujyi wa Wuhan, Guverinoma y’u Rwanda yahise ishyiraho itsinda rigamije gufatanya mu guhangana n’uko iki cyorezo cyagera mu gihugu.

    Nyuma y’aho umuntu wa mbere agaragaweho iki cyorezo imbaraga nyinshi zashyizwe mu kureba uburyo abanyarwanda bajya bamenya amakuru umunsi ku munsi ari nabwo Minisiteri y’Ubuzima yashyizeho uburyo bwo kujya hifashishwa ibitangazamakuru ndetse n’imbuga nkoranyambaga mu gutangaza umunsi ku munsi uko icyorezo gihagaze.

    Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubuzima, Kayumba Malick, yashimye ubufatanye bwakomeje kuranga inzego zitandukanye n’itangazamakuru ahamya ko byatanze umusaruro ugendeye ku bukana icyorezo cya COVID19 gifite hano mu Rwanda.

    Umuyobozi ushinzwe itumanaho muri UNICEF, Rajat Madhok yavuze ko itangazamakuru ryo mu Rwanda rikora akazi neza cyane cyane mu gutanga ubutumwa bwo kwirinda ibyorezo, agatanga urugero rw’uko byagenze mu gihe cya Ebola.

    Yakomeje avuga ko byagize umusaruro kuko hari inkuru nyinshi zakozwe zifasha abantu kumenya uko bakwirinda Ebola, akizera ko no kuri COVID-19 bizaba uko ndetse bikarushaho kuko COVID-19 iri mu Rwanda.

    Mukamana Marie Josiane, Umukozi ushinzwe kurinda no guteza imbere uburenganzira bw’umwana muri Komisiyo y’u Rwanda ishinzwe abana yavuze ko iyo hatangajwe inkuru ku mwana haba hagomba kwigengesera no kubahiriza amahame agenga umwuga ariko hitabwa no ku kurengera uburenganzira bw’umwana.

    Yakomeje avuga ko “Iyo wanditse ku mwana uba ugomba gutekereza ko icyo umuvuzeho azakura agisanga bityo abanyamakuru bagomba kwitwararika.”

    Mukamana yavuze kandi ko by’umwihariko muri ibi bihe bya COVID19, inkuru zivuga ku bana zagiye zigaragara kuri YouTube bajya bakora inkuru zerekana abana mu nkuru runaka ariko zibashyira ku karubanda bakazabikurana.

    Mu bibazo byagarutswe ni uburyo mu bihe by’iki cyorezo hari inkuru zakomeje kujya zitangazwa zivugwa ko hari abana benshi batewe inda kubera ko bari mu ngo zabo ndetse n’ibindi bibazo bitandukanye bishingiye ku ihohoterwa rikorerwa abana.

    Ibi byose abanyamakuru basabwe kurangwa n’ubunyamwuga haba mu gutangaza izi nkuru zivuga ku bana ndetse no gufata iya mbere mu bukangurambaga bugamije kwamagana imigirire nk’iyi ishobora gutuma uburenganzira bw’umwana butubahirizwa.

    Umukozi ushinzwe itumanaho mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima[ OMS/WHO] mu Rwanda , Jean Bosco Gasherebuke yavuze ko abantu bose bakwiye gufata icyorezo cya COVID19 nk’ikintu gikomeye.

    Yavuze ko kwirinda COVID-19 bigomba kuba ihame cyane cyane abantu bakamenyera gukaraba intoki kenshi kugira ngo ive mu ntoki z’abantu, bakambara agapfukamunwa n’amazuru neza kandi bakibuka no guhana intera hagati y’umuntu n’undi.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/NCC-yikomye-abatangaza-inkuru-birengagije-burenganzira-bw-umwana-kuri-YouTube

  • Umupolisi winyenyeri2 n’umuyobozi wikigo cy’amashuri bafunzwe bazira kwiba fer à béton. #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w’Urwunge rw’Amashuri rwa Mukarange ruherereye mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza ndetse n’mwarimu waho, batawe muri yombi n’Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, nyuma yo gufatwa bibye fer à béton zari zigenewe kubakishwa amashuri mashya.

    Amakuru dukesha IGIHE avuga ko uyu muyobozi yafatanyije n’umwarimu wari ushinzwe ububiko bw’ibikoresho kuri iki kigo, bapakiraga fer à béton mu modoka babeshya umuzamu ko bazijyanye ku yindi site iri kubakwaho amashuri, ngo bahise bazerekeza i Rwamagana ku mucuruzi bari bumvikanye ko azigura nyuma zigarurwa gucururizwa i Kayonza.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukarange, Murekezi Claude, yabwiye IGIHE ko koko aribyo uyu muyobozi w’ikigo n’umwarimu batawe muri yombi nyuma yo gufatwa bibye ibikoresho biri kubakishwa amashuri.

    Ati “Hafashwe umuyobozi w’ikigo n’undi mwarimu wari ushinzwe ububiko bw’ibikoresho biri kubakishwa amashuri, barafatanyije bapakira fer à béton babeshya ko bazitwaye ku yindi site nshya iri kubakwaho amashuri, hanyuma bazitwara ku manywa ku munsi w’ikiruhuko babeshya gutyo umuzamu bazikomezanya i Rwamagana.”
    Yakomeje avuga ko mu makuru babonye ari uko zagejejweyo zigapakururwa nyuma zikagarurwa i Kayonza gucuruzwa mu iduka ry’umucuruzi ari naho bazifatiye.

    Uyu muyobozi yakomeje aburira abayobozi b’ibigo by’amashuri bashaka kunyereza ibikoresho ko leta iri maso kandi uzajya abifatirwamo azajya abiryozwa.

    Umuvugizi w’umusigire w’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira Thierry, yavuze ko abafunzwe ari batatu aho hiyongereyeho n’umupolisi w’inyenyeri ebyiri bashinjwa kwiba fer à béton 128 zari zigenewe kubakishwa amashuri.

    Ati ” Ku itariki 10 Kamena RIB yataye muri yombi abagabo batatu barimo umuyobozi w’ishuri rya GS Mukarange Gaturika, bakekwaho kunyereza ibikoresho birimo fer à béton zigera ku 128 zari zigenewe kubaka amashuri, abandi bafashwe ni umwarimu hamwe n’umupolisi w’inyenyeri ebyiri, dosiye zabo ziri gukorwa ngo zishyikirizwe ubushinjacyaha mu gihe kigenwa n’amategeko.”
    Dr Murangira yasabye abayobozi batandukanye n’abashinzwe gucunga umutungo wa leta kwirinda kuwukoresha mu nyungu zabo bwite ngo kuko RIB yahagurukiye kurwanya abawukoresha nabi.

    Kuri ubu uyu muyobozi w’ishuri ndetse n’umwarimu bafatanyije mu kunyereza fer à béton bafungiye kuri sitasiyo ya Mukarange.

    The post Umupolisi winyenyeri2 n’umuyobozi wikigo cy’amashuri bafunzwe bazira kwiba fer à béton. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/umupolisi-winyenyeri2-numuyobozi-wikigo-cyamashuri-bafunzwe-bazira-kwiba-fer-a-beton/

  • Umuyobozi wungirije wa APR FC yakiriye ibikoresho byo gufasha Nyakinama Academy ishobora gukina icyiciro cya kabiri #rwanda #RwOT

    Umuyobozi wungirije w’ikipe ya APR FC, Maj. Gen. Mubaraka Muganga yakiriye ibikoresho byo gufasha irerero rya Nyakinama risanzwe rifite imikoranire ya hafi n’irerero rya APR FC, ni ibikoresho bashyikirijwe na perezida wa Musanze FC, Tuyishimire Placide.

    Ni ibikoresho bakiriye ku munsi w’ejo hashize ku wa Gatatu tariki ya 12 Kanama 2020.

    Tuyishimire Placide yatangaje ko impamvu yahisemo gufasha iri rerero ari uko akunda ruhago ikindi kandi bakaba baramugejejehoe imbogamizi bahura nazo.

    Yagize ati“ Impamvu nyamukuru ni uko nkunda siporo nkayishyira no mu ngiro, mu minsi ishize twakinnye imikino ya gicuti yari yahuje abacuruzi bakorera mu mujyi wa Musanze n’abasirikare ba Nyakinama, nyuma hakurikiraho umukino w’abana bato bo mu irerero rya Nyakinama Football Academy.”

    “Nyuma y’imikino yombi n’ubwo twabonaga ari abana bazi gukina ndetse bafashwe neza, naganiriye n’abatoza bangaragariza imbogamizi zimwe na zimwe bafite twumva ko ari uruhare rwacu kugira ngo abana na bo bumve ko tubari inyuma, mpitamo kubashyigikira mbatera inkunga y’ibikoresho, akaba ari cyo cyangenzaga kugira ngo mbishyikirize ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC kuko iryo rerero rikorana n’ishuri ry’umupira w’amaguru ry’ikipe y’ingabo z’igihugu.”

    Mu bikoresho babashyikirije birimo imyenda, inkweto, corners ndetse n’imipira byo gukina.

    Irerero rya Nyakinama riherereye mu karere ka Musanze mu ntara y’amajyaruguru, amakuru avuga ko nta gihindutse umwaka utaha w’imikino izakina mu cyiciro cya kabiri.

    Placide yashyikirije ubuyobozi bwa APR FC ibikoresho yageneye irerero rya Nyakinama

    Placide yavuze ko impamvu yafashisje iri rerero ari uko akunda ruhago

    source http://isimbi.rw/siporo/article/umuyobozi-wungirije-wa-apr-fc-yakiriye-ibikoresho-byo-gufasha-nyakinama-academy-ishobora-gukina-icyiciro-cya-kabiri

  • Rwandan Media To Mobilise Public Against Spread Of Covid-19 Among Children #rwanda #RwOT

    There seems to be a high level of laxity in the protection of children against contracting the deadly Covid-19 disease that is currently ravaging the globe.

    Rwanda has pooled Journalists to deliberate on possible and effective ways of reporting on Covid-19 and its impact on children in the country.

    Jean Bosco Gasherebuka the WHO Rwanda Health Information Officer commends local media for closely working with the relevant institutions in communicating about Covid-19.

    “Rwanda has implemented all measures against Covid-19 and the media has been instrumental in sensitising the public,” Gasherebuka said on Thursday during a virtual conference.

    Children in Rwanda are no exception as they are mostly social and interact closely but this contact among children could trigger spread of the virus.

    Experts worry that the more people children interact with, and the longer that interaction, the higher the risk of Covid-19 spread.

    Rwandan media may have to actively sensitise, disseminate information that can educate children as the country approaches school re-opening for the first term.

    While children may be spending time with other people as they return to school settings, experts say it is important to remember that exposure to additional children and adults outside of daycare or school should be managed to decrease risk.

    Experts are recommending that children embrace virtual interaction more as opposed to physical contact.

    Children at lower risk of contracting covid-19 are those that connect virtually (via phone calls and video chats).

    Those at Medium risk include; Children maintain a distance of 6 feet from each other during the playdates. Playdates should be held outdoors, if possible. Indoor spaces are more risky than outdoor space where it might be harder to keep children apart and there is less ventilation.

    Children at Highest risk of contracting Covid-19 include those engaged with frequent indoor playdates with multiple friends or families who are not practicing everyday preventive measures. Also Children that do not maintain a distance of 6 feet from each other are at highest risk of contamination.

    source https://taarifa.rw/rwandan-media-to-mobilise-public-against-spread-of-covid-19-among-children/