Author: webrwanda

  • RIB yagize icyo ivuga ku batawe muri yombi byasakuje ko bongereraga abagore amabere n’amabuno #rwanda #RwOT

    Ibyakwirakwijwe byavugaga ko tariki 12 Kanama 2020 guhera saa sita kugeza saa cyenda z’igicamunsi, mu kagari ka Niboye mu mudugudu wa Rwezamenyo, ku bufatanye na RIB hafashwe abagore n’abakobwa 15 barimo 12 bari baje kongeresha no kugabanyisha ibibuno, inda, amabere n’amaboko.

    Ubu butumwa bwarimo n’amazina y’abantu 15 bafatiwe muri iki gikorwa ndetse bikavugwa ko bari mu maboko y’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB. Gusa ku ruhande rwa RIB, n’ubwo badahakana ibyabaye, bavuga ko amwe muri aya makuru ntacyo bayavugaho kubera ko byabangamira iperereza, gusa umubare w’abatawe muri yombi wo ngo si uwo.

    Umuvugizi w’umugisigire wa RIB, Dr. Murangira Thierry, yabwiye ikinyamakuru Ukwezi ko abafashwe ari abagore babiri, ndetse ko inyito y’icyaha bakurikiranyweho ari ukwihesha ikintu cy’undi ukoresheje uburiganya, icyaha gihanwa n’ingingo y’174 mu itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange. Avuga ko nta yandi makuru menshi yatangazwa kuri ibyo kuko byabangamira iperereza.

    Dr. Murangira Thierry kandi yabwiye ikinyamakuru Ukwezi ko RIB nta ruhare yagize mu gukwirakwiza ubwo butumwa bwarimo n’amazina y’abantu 15, agashimangira ko mu bunyamwuba bwayo ibyo badashobora kubikora. Yizeza abantu ko amakuru arenzeho kuri icyo kibazo azatangazwa mu gihe iperereza rizaba ryamaze gukorwa ku kigero gikwiye.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/RIB-yagize-icyo-ivuga-ku-batawe-muri-yombi-byasakuje-ko-bongereraga-abagore-amabere-n-amabuno

  • Gicumbi : Gitifu arashinjwa gukubita umugore amuziza kudatwara umurambo w’umugabo we warashwe #rwanda #RwOT

    Abaturage baganiriye n’ikinyamakuru Ukwezi bavuga ko kuri uyu wa Kane tariki 13 Kanama 2020, uyu Mwanafunzi yakubise umugore witwa Nyirabagabo amusanze mu mudugudu wa Kabuga mu kagari ka Mubuga mu murenge wa Miyove ho mu karere ka Gicumbi, nyuma yo kumuhatira kujya gufata umurambo w’umugabo we wari mu bitaro bya Burera.

    Nyirabagabo ubwe yabwiye ikinyamakuru Ukwezi ko umugabo we bahoze babana ariko batarasezeranye, batari bakibana kuko yari yarashatse undi mugore. Kuwa Kabiri w’icyumweru gishize nibwo yumvise ko uwo mugabo bahoze babana yarashwe azira uburembetsi (kwinjiza kanyanga mu buryo butemewe) umurambo we ujyanwa mu bitaro bya Butaro.

    Uyu mugore avuga ko ubuyobozi bwamuhatiye kujya gufata uwo murambo akavuga ko nta bushobozi yabona cyane ko ari mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe, kuri uyu wa Kane bakamubwira ko bamuha amafaranga 10.000 ariko ngo yabara agasanga ari macye atamufasha kuzana uwo murambo, nyuma Gitifu Mwanafunzi akamukubita akamusiga yataye ubwenge akaza kuzanzamuka nyuma. Gitifu ngo yahise ashaka abandi bajya gufata uwo murambo barimo umugore wari usigaye abana na nyakwigendera.

    Mwanafunzi yemereye ikinyamakuru Ukwezi ko uwo mugore bamubwiye kenshi kujya gufata uwo murambo akabisiganira na mukeba we, kuri uyu wa Kane nyuma yo kubona abyanze akaba ari bwo yashatse abandi bajya gufata uwo murambo, gusa ahakana iby’uko yamukubise n’ubwo abaturage benshi ayobora banze ko twatangaza amazina yabo bashimangira ko yamukubise akamugira intere.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Gicumbi-Gitifu-arashinjwa-gukubita-umugore-amuziza-kudatwara-umurambo-w-umugabo-we-warashwe

  • Impinduka zirimo n’izisharira twakwitega mu gihe amashuri azaba afunguye #rwanda #RwOT

    Hashize iminsi hari impaka ku gihe amashuri ashobora kuzasubukurira amasomo nyuma y’amezi asaga atandatu ahagaritswe kubera ingamba zo kwirinda icyorezo cya coronavirus.
  • Algeria: Umunyamakuru yakatiwe gufungwa imyaka itatu azira gukora inkuru ku myigaragambyo #rwanda #RwOT

    Urukiko rwo muri Algeria rwakatiye umunyamakuru Khaled Drareni imyaka itatu y’igifungo azira gutangaza inkuru ku myigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi.
  • Simba SC yabwiye Michael Sarpong kwishakira indi kipe #rwanda #RwOT

    Simba SC yo muri Tanzania yavuye mu byo kugura rutahizamu w’Umunya-Ghana, Michael Sarpong, bari bamaze iminsi barumvikanye.
  • Gatsibo: Polisi yafashe uwakwirakwizaga urumogi mu baturage #rwanda #RwOT

    Tariki ya 12 Kanama nibwo Polisi ikorera mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kiramuruzi yafashe umugabo wari ufite udupfunyika 300 tw’urumogi yacuruzaga mu baturage. Yafatiwe mu Murenge wa Kiramuruzi mu kagali ka Ndatemwe mu mudugudu wa Bidudu.
  • Ishusho y’urwego rw’imari mu Rwanda muri ibi bihe bya Coronavirus #rwanda #RwOT

    Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), yagaragaje ko ubukungu bw’u Rwanda bwihagazeho mu bihe bitoroshye bya Coronavirus, bitewe n’ingamba zafashwe na leta.
  • EAC electronic passports to replace ordinary ones by next year #rwanda #RwOT

    The announcement comes after reports surfaced on social media that Rwandan passports would expire by the end of this year.

    The East African Community Electronic Passport has a variety of categories including the Ordinary Passport light blue, which has three categories, which is used for regular travel and is available to all Rwandans who want it.

    Includes a 34-page children’s passport, valid for two years, at a cost of Rwf25,000. An adult passport with 50 pages at a cost of Rwf75,000 lasts for five years. Another passport in this category is for adults but has a page of 66 for 10 years. This 10-year passport is issued for Rwf100,000.

    The other category is a green work passport with 50-pages issued to employees who have gone for the government mission at Rwf15,000 that lasts for five years.

    There is also the passport of diplomats and other dignitaries provided for by the Ministerial Order of May 2019 on Immigration and Emigration, which has a 50-page page for 5 years, issued at a cost of Rwf50,000.

    Passports are issued not later than four days after application.

    These passports will expire by next year June

    These are the EAC electronic passports to replace ordinary ones

    Elina Jonas Ruzindaza

    source https://en.igihe.com/news/article/eac-electronic-passports-to-replace-ordinary-ones-by-next-year

  • Umukecuru wimyaka 53 n’umwana wimyaka 15 mubafashwe bongeresha imyanya y’ibanga y’abagore. #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kane ku mbuga nkoranyambaga hiriwe hakwirakwira amafoto y’abagore baryamye bubitse inda, hari ibintu bisa n’amashashi ashyirwamo serumu babashyize ahagana ku kibuno ku buryo bigikanda cyane.

    Ku rundi ruhande, hari n’andi mafoto agaragaza amabere yambitswe ikintu gisa n’ikiyanyunyuza ku buryo uyarebye ubona yabaye maremare kurushaho.

    Aya mafoto yari aherekejwe n’urutonde rw’abantu 15 bivugwa ko batawe muri yombi bafatiwe mu Karere ka Kicukiro mu Mudugudu wa Rwezamenyo mu Kagari ka Niboye bari mu bikorwa byo kongeresha cyangwa kugabanyisha ikibuno n’amabere.

    Muri ayo mazina aherekejwe n’imyaka buri wese yavukiyemo, bigaragara ko umukuru yavutse mu 1967 mu gihe umuto ari uwo mu 2005.

    Havugwa kandi ko hafashwe imashini zongera ikibuno n’izigabanya inda hamwe n’iyongera imyanya y’ibanga y’abagore.

    Amakuru yizewe agera kuri IGIHE hari abagore batawe muri yombi bafitanye isano n’ubu butumwa bwiriwe bukwirakwira.

    Umuvugizi w’Umusigire wa RIB, Dr. Murangira Thierry, yabwiye IGIHE ko ntacyo yavuga kuri ubwo butumwa kuko ntaho buhuriye na RIB.

    Ati “Ntacyo nabivugaho kuko ririya tangazo si irya RIB, numva nta kintu nabivugaho.”

    Gusa Dr Murangira yavuze ko hari abagore babiri RIB yataye muri yombi iri gukoraho iperereza nubwo yirinze gusobanura niba ibyo bakurikiranyweho hari aho bihuriye n’urutonde rwiriwe rucaracara.

    Ati “RIB abagore yafashe ni babiri kandi abo bakurikiranyweho icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.”

    Ntiyasobanuye uko ikibazo cyabo bo giteye kuko ngo kiri gukorwaho iperereza bityo nirirangira Abanyarwanda bazamenyeshwa ibyavuyemo.

    IGIHE yavugishije abayobozi b’inzego z’ibanze z’utugari two mu Karere ka Kicukiro, buri wese akagaragaza ko atazi iby’ayo makuru ndetse ko yabyumvise mu kandi kagari, ariko wareba ugasanga kadahuye n’utuvugwa muri ubwo butumwa bwiriwe bucicikana.

    Hari umwe mu bayobozi wabwiye IGIHE ko hari inama yitabiriye ivugirwamo ko hari abagore batawe muri yombi “bari kongeresha ikibuno” kandi ko ubwo byavugwaga hari n’abo mu murenge byabereyemo.

    Ati “Umuntu wari uyoboye inama yatubwiye ngo byabereye Niboye.”

    The post Umukecuru wimyaka 53 n’umwana wimyaka 15 mubafashwe bongeresha imyanya y’ibanga y’abagore. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/umukecuru-wimyaka-53-numwana-wimyaka-15-mubafashwe-bongeresha-imyanya-yibanga-yabagore/

  • Amagambo matoya cyane ariko agera kumutima w`uwo ukunda. #rwanda #RwOT

    Murukundo, hari igihe uryoherwa nokuganiriza umukunzi wawe udakoresheje amagambo menshi, imivugo, ibisigo cyangwa interuro, ahubwo ukoresheke utugambo dutoya Ushobora kumwandikira muri sms, kugapapiro n’ibindi.

    Reba ingero z’amagambo magufi y’urukundo utasanga ahandi wakoresha ugatungura uwo wihebeye.

    1. Ndagukunda byo gusara.

    2. Indoro yawe, inseko yawe, akajwi Kawe, agatwenge kawe, kunkorakora kwawe, nokunsoma kwawe ndabikumbuye cyane.

    3. Wuzuye ibitekerezo byanjye.

    4.Ndumva nagusoma mu ijosi, kumatwi, kutunwa, n’ahandi hose nkumbuye!

    5.Kubera wowe namenye igisobanuro cyo  gukunda. Biranyoroheye kukubwirako ngukunda.

    6.Nkumbuye inseko yawe, utuma ndyoherwa nokubaho!

    7. Mpora ngutekereza. Iminota impindukira amasaha, amasaha ambera nk’iminsi iyo tutari kumwe.

    8. Ndagukumbuye byo gupfa. Uziko bidwaza! Giravuba uze undebe.

    9. Iyo tutari kumwe ntacyo mba mfite. Iyo undi kure mba meze nkutazi icyo nshaka.

    10. Nkumbuye ko undyama mugituza. Ndashaka kugukoraho nokugusoma aho nshaka.

    11. Nkumbuye impumuro yawe.

    12. Kuva nakumenya, mporana ibitekerezo nk’ibyingimbi. Niwowe mpora ntekereza ngwino unsange vuba.

    13.Iyo turi kumwe, ubuzima bwanjye buba butamirije utubara. Iyo ugiye, mbandi mumwijima, garuka vuba wongere utake amabara mubuzima bwanjye.

    14. Buri joro ndakurota. Niwowe ugize inzozi zanjye.

    15. Waransajije burundu. Narakwihebeye kuko kugukunda gahoro, cyane ndetse byogusara nabyo mba mbona bidahagije.

    16. Ndakwifuza byo gupfa.

    17. Mugore/Mukobwa mwiza wowe ntunkumbuye?Bimbwire.

    18. Nishimiye utunwa twawe. Uteye ubusambo.

    19.  Kutaba hamwe nawe uyumugoroba ntibyihanganirwa. Gira vuba ungarukire.

    20. Nkunda ukuntu utunwa twawe tworohereye. Nzajya mpora ntusoma.

    21.  Impumuro nziza, amabara meza ndetse n’uburyohe bwose simbyumva iyo udahari ngo tubisangire.

    22. Nakurwariye indege. Ngwino umvure.

    23. Iyo tutari kumwe ntakindyohera ntanikimbera cyiza. Ngwino unsange wowe mpamvu yanjye yokubaho.

    23. Uwampa nkagusomagura umubiri wose.

    24.Mbona iminsi itagenda ngo nkubone buzima bwanjye.Ndagukumbuye cyane.

    The post Amagambo matoya cyane ariko agera kumutima w`uwo ukunda. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/amagambo-matoya-cyane-ariko-agera-kumutima-wuwo-ukunda/