Mu gihugu cya Slovenia, umugore w'imyaka 22 witwa Julija Adlesic, yagiye inama n'umukunzi we kugira ngo bahabwe ubwishingizi bari barizigamiye niko gufata urukezo yica ikiganza azi ko biri bumuhire.
Julija Adlesic w'imyaka 22 wari warasinyanye amasezerano y'ubwishingizi mu bigo 5 mu mwaka ushize, yatawe muri yombi ashinjwa ubutekamutwe akica ikiganza akoresheje urukezo guhera mu bujana, mu rwego rwo kugirango ahabwe ibihumbi 700 by'amapawundi, ni ukuvuga miliyoni zisaga 700 FRW.
Uyu mugambi wa Julija Adlesic waramupfubanye kuko mu rukiko we n'abamukomokaho bakatiwe imyaka myinshi nyuma yo guhamwa n'icyaha cy'ubutekamutwe.
Adlesic yakatiwe igifungo cy'imyaka 2, umukunzi we bafatanyije gucura uyu mugambi w'ubutekamutwe akatirwa imyaka 3, mu gihe se umubyara yakatiwe umwaka umwe.
Adlesic akimara kwica ikiganza yahise ajya kwa muganga avuga ko yikase ukuboko n'urukero ubwo yari ari gukata amashami y'ibiti.
Abayobozi bavuze ko aba bantu uko ari 3 bahise bata iki kiganza kugira ngo bemeze ko ubu bumuga bw'uyu mukobwa buzaba karande, gusa bikimara kumenyekana cyarashatswe baramudoda bakimusubizaho.
Abashinjacyaha bavuze ko mbere yuko uyu mugore yica ikiganza, yiriwe ku mbuga zitanga amakuru azibaza uko ikiganza cy'igikorano gikora. Mu rukiko, Adlesic yavuze ko ari umwami .
Kunywa inzoga cyangwa se agasembuye muri rusange bizwiho kugira ingaruka mbi ku mubiri w'umuntu n'imikorere y'ubwonko, ubushakashatsi butandukanye bugaragaza ko iyo umuntu afata 'alcohol' iri ku gipimo cyo hasi bifasha mu gikorwa cyo gusukura ubwonko ndetse no kuba bwarushaho gukora neza.
Nibura abantu 50 nibo bashobora kuba baguye mu kirombe gicukurwamo amabuye y'agaciro ya zahabu cyaridutse ahitwa Kamituga mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu.
Gukaraba intoki n'amazi meza kandi ukoresheje isabune, ni imwe mu ngamba isabwa abagenzi bategera muri gare mu kwirinda Coronavirus. Muri Gare ya Bishenyi iherereye mu Murenge wa Runda, Akarere ka Kamonyi, iyi ngamba iragoye kuko uretse no kuba hari ubwo usanga amazi ntayo, hari n'abagenzi bavuga ko kuyakaraba birutwa no kujya mu modoka batayikojeje bitewe n'umwanda wayo.
Mu gushaka ku menya uko izi ngamba zo kwirinda iki cyorezo zishyirwa mu bikorwa muri iyi Gare ya Bishenyi, umunyamakuru wa intyoza.com yahageze kuri uyu wa 12 Nzeri 2020, ahamara igihe kitari munsi y'isaha yitegereza ibikorwa, ariko mu modoka zigera muri esheshatu zahahagurutse ahari, nta mugenzi watwawe yabanje gukaraba.
Bamwe mu bagenzi babwiye umunyamakuru ko benshi batakirirwa bakaraba aya mazi ngo kuko aba yanduye, bahitamo kujya mu modoka uko baje cyangwa se uwaba afite umuti wabugenewe usukura intoki ( hand sanitizer) akaba ariyo akoresha.
Bavuga ko ubuziranenge bw'amazi bakarabya abagenzi ubwabwo batabwizera kuko aba ari ku gasozi, mu kidomoro gitumukiramo imyanda bitewe n'ivumbi ryinshi riba rihari, hakaba no kuba rimwe na rimwe amazi ashyirwa muri iki kidomoro avomwa mu kabande k'igishanga cya Bishenyi, bityo bamwe bigatuma icyizere kiyoyoka mu kuyakaraba.
Ubuyobozi bw'Umurenge wa Runda kimwe n'ubuyobozi bw'Akarere ka Kamonyi, bavuga ko iki kibazo batari bakizi kuko ngo ubundi ibijyanye n'amazi abagenzi bakaraba ategurwa n'abafite isoko rya Bishenyi, ari nabo banyiri iyi Gare kuko banakira imisoro ihaturuka. Icyo ubuyobozi bukora ngo ni ugutanga urubyiruko rw'abakorerabushake bafasha kwibutsa abagenzi iyubahirizwa ry'amabwiriza yo kwirinda Coronavirus.
Mu kidomoro cy'ubururu, harimo amazi atanakwirwa mu kajerekani gatoya kandi nayo yanduye cyane.
Gare ya Bishenyi, ihagararamo imodoka ziba kuri Linye( ligne) ya Nyabugogo, Ruyenzi Bishenyi. Abagenzi batega imodoka kuva Nyabugogo usanga gukaraba ari nk'itegeko kuko utakwinjira muri Gare yaho udakarabye cyangwa se ngo ukoreshe umuti wabugenewe usukura intoki( hand sanitizer). Nyamara uretse na Bishenyi usanga bigoranye ku gukaraba intoki, biba bibi cyane ugeze ku cyapa cya Ruyenzi kuko ho gukaraba ntabwo bihaba, kimwe na Kamuhanda, aho izi modoka zikora kuri iyi linye zifata abagenzi. Usanga abagenzi banagendana umuti usukura intoki ari mbarwa.
Aho bashyirira amafaranga ku makarita y'abagenzi naho si shyashya mu iyubahirizwa ry'amabwiriza.
Mu gihe Leta isaba ko ingamba zo kwirinda ikwirakwizwa rya Coronavirus zikazwa kandi zikubahirizwa na buri wese, bamwe mu bagenzi n'abandi bareba ibibera kuri iyi Linye ya Nyabugogo, Ruyenzi Bishenyi, bavuga ko hakenewe izindi mbaraga aha hantu cyangwa se bikamenyekana ko ho izi ngamba zitahareba.
Polisi yo muri leta ya Florida, yatangaje ko yamaze guta muri yombi umugabo witwa Timothy Williams w'imyaka 56, ukurikiranyweho icyaha cyo gufata ku ngufu no kwica Wendy Jerome wari ufite imyaka 14 ubwo yicirwaga mu mujyi wa New York.
Abaturage bo mu Murenge wa Uwinkingi mu Karere ka Nyamagabe bagizweho ingaruka n'ibitero by'inyeshyamba za FLN byagabwe muri Mata 2019, bahawe inka n'amatungo magufi mu rwego rwo kubashumbusha no kubashimira uruhare bagira mu kwicungira umutekano.
Repubulika y'u Burundi binyuze muri Minisiteri y'Ububanyi n'amahanga, yamenyesheje Repubulika ya Demokarasi ya Congo ko itazitabira inama y'abakuru b'ibihugu byo mu karere yateguwe ku butumire bwa Perezida Felix Tshisekedi, izabera i Goma kuri iki Cyumweru tariki 13 Nzeri 2020.