Author: webrwanda

  • Amafoto: Dukurikire live ku rubanza rwa Paul Rusesabagina ku ifunga n'ifungura ry'agateganyo mu Rukiko rw'Ibanze rwa Kagarama #rwanda #RwOT

    Paul Rusesabagina uyu munsi wagejejwe imbere y'Urukiko, abamwunganira babwiye Urukiko ko inkiko zo mu Rwanda zidafite ububasha bwo kuburanisha umukiliya we kuko atari Umunyarwanda.

    Abanyamakuru n'abandi bemerewe kurwinjiramo babanje gusuzumwa Covid-19 muri iki gitondo cyo ku wa mbere bahita bahabwa ibisubizo — igikorwa kidasanzwe mu zindi manza ziri kuburanishwa muri iki gihe.

    Abanyamakuru batoranyijwe bakanapimwa Covid-19 muri iki gitondo, nibo bemerewe gukurikirana uru rubanza, abandi bahejejwe hanze ndetse basabwa kuva hafi y'urukiko.

    Uregwa yabwiwe ko ashinjwa ibyaha bigera kuri 13;

    Kurema umutwe w'ingabo utemewe

    Gutera inkunga iterabwoba

    Iterabwoba ku nyungu za politiki

    Gukora no kugira uruhare mu bikorwa by'iterabwoba

    Gutanga amabwiriza mu gikorwa cy'iterabwoba

    Kuba mu mutwe w'iterabwoba

    Kugambana no gushishikariza abandi gukora iterabwoba

    Ubufatanyacyaha cy'ubwicanyi buturutse ku bushake

    Ubufatanyacyaha ku gufata umuntu ho ingwate

    Ubufatanyacyaha ku kwiba hakoreshejwe intwaro

    Ubufatanyacyaha ku gutwikira undi inyubako

    Ubufatanyacyaha ku gukubita cyangwa gukomeretsa

    Ubufatanyacyaha ku gushyira abana mu mirwano cyangwa gukora ibya gisirikare

    Yavuze ko urukiko rw'aho umuntu yari atuye arirwo rufite mu nshingano kuburanisha imanza z'ifungwa n'ifungurwa ry'agateganyo.

    Me Rugaza yavuze ko kuva mu 1996 kugera mu 1999, Rusesabagina nta bwenegihugu yari afite, ndetse icyo gihe ibyangombwa yakoreshaga byari ibyo yari yarahawe na Loni.

    Umushinjacyaha yavuze ko ku ngingo y'uko urukiko rudafite ububasha, nta shingiro ifite kuko itegeko ryerekeye ububasha bw'inkiko, inkiko z'ibanze arizo zifite ububasha ku kuburanisha ifunga n'ifungurwa ry'agateganyo.

    Bivuze ngo ibikorwa bigize ibyaha Rusesabagina akekwaho, inkiko zo mu Rwanda zifite ububasha bwo kubimukurikiranaho.

    Ku cyo Me Rugaza yavuze ko Rusesabagina ari mu rukiko nk'Umubiligi, Umushinjacyaha yavuze ko mu ibazwa rye yemeye ko afite ubwenegihugu bw'u Bubiligi ndetse ko umuntu wese ukoze icyaha mu ifasi y'u Rwanda agomba kugikurikiranwaho hatitawe ku bwenegihugu bwe.

    Me Rugaza uri mu bunganira Rusesabagina,yavuze ko nta na rimwe Rusesabagina yigeze akandagira ku butaka bw'u Rwanda ku buryo yakekwaho uruhare mu byaha byabaye mu 2018.

    Yavuze ko mu itegeko rihana ibyaha mu Rwanda ryo mu 2012 rigaragaza ko nta cyaha na kimwe Rusesabagina akwiriye kuba akurikiranwaho kuko ibyo yakoze ari ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo.

    Ubushinjacyaha bwavuze ko kuba Rusesabagina yemera ko hari amafaranga yatanze atera inkunga FLN, ayo mafaranga agamije kwica abanyarwanda, bidakwiriye kwitwa uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo cyangwa se gutera inkunga abantu bashaka kwica abanyarwanda.

    Me Rugaza yavuze ko amadolari 900 Rusesabagina yatanze atari amafaranga yatera igihugu, ati 'keretse niba ari ukurwanisha ibikenyeri' kandi nabwo ngo ntabwo yumva ko buri wese yabona icyo arwanisha.

    Umucamanza yavuze ko Paul Rusesabagina ari mwene Rupfure Thomas na Nyirampara Keiza, wavutse tariki ya 15 Kamena 1954, muri Selire Nyakabungo, Segiteri Nkomero, Komine Murama, Perefegitura ya Gitarama; ubu ni mu Karere ka Ruhango, Intara y'Amajyepfo.

    Yavuze ko atuye mu Bubiligi mu gace ka Kraainem-Banlieu mu Mujyi wa Bruxelles aho afite ubwenegihugu bw'u Rwanda n'ubw'u Bubiligi. Yashakanye na Mukangamije Tatiana, ndetse ko ari Umunyamahoteli.

    Turakomeze dukurikirane iburanisha…..

    Source : https://impanuro.rw/2020/09/14/amafoto-dukurikire-live-ku-rubanza-rwa-paul-rusesabagina-ku-ifunga-nifungura-ryagateganyo-mu-rukiko-rwibanze-rwa-kagarama/

  • Abana 10 muri Tanzania bapfiriye mu nkongi y' umuriro ku ishuri ribanza #rwanda #RwOT

    Abana 10 bapfiriye mu muriro watwitse inzu bararamo mu gicuku cy'uyu munsi ku wa mbere mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Tanzania nk'uko abategetsi babivuga.

    Uyu muriro wafashe iyo nzu y'ishuri ribanza ryitwa Byamungu English Medium riri mu karere ka Kyerwa, mu ntara ya Kagera, ahagana saa kumi n'igice z'igitondo.

    Iyi nzu bararamo yari irimo abana b'abahungu bafite imyaka hagati y'itandatu n'icumi.

    Icumi muri bo byemejwe ko bahiye bagapfa, naho barindwi bagashya bikabije bagatabarwa bagihumeka.

    Impamvu yateye iyi nkongi ntiramenyekana, polisi ivuga ko yatangije iperereza.

    Rashid Mwaimu ukuriye polisi mu karere ka Kyerwa yabwiye BBC ko imibiri y'aba bana yahiye ku buryo kugira ngo babamenye hazifashishwa ibipimo bya DNA.

    Inkongi z'imiriro mu mashuri zikunze kuba muri ako gace aho abategetsi basabwa gukaza ingamba zo kwirinda.

    Mu kwezi kwa karindwi uyu mwaka, abanyeshuri batatu bishwe n'umuriro wafashe inzu bararamo ku ishuri ryisumbuye Ilala rya kisilamu riri i Dar es Salaam.

    Source : https://impanuro.rw/2020/09/14/abana-10-muri-tanzania-bapfiriye-mu-nkongi-y-umuriro-ku-ishuri-ribanza/

  • Aho Paul Rusesabagina yafatiwe, ubwenegihugu bwe n’aho atuye byakuruye impaka mu rukiko #rwanda #RwOT

    Rusesabagina arakekwa kurema no kuyobora umutwe n’ihuriro ry’imitwe y’iterabwoba yitwara gisirikare, irimo MRCD na PDR-Ihumure, ikorera mu bice bitandukanye mu karere no mu mahanga.

    Abunganira Rusesabagina bagaragaje imbogamizi 3 zigaragaza ko uru rukiko rudafite ububasha bwo kumuburanisha ndetse n’uburyo amategeko y’u Rwanda nta bubasha bwo kumuburanisha afite.

    Muri izo mbogamizi harimo kuba Rusesabagina atabarizwa muri Kicukiro ahubwo muri Gasabo kuko ahafite inzu, ubundi bakagaragaza ko ibimenyetso ubushinjacyaha bwashingiyeho ari inama yakoresheje mu bihugu by’u Bubiligi na USA byo bisanga ari uburenganzira bwo kugaragaza ibitekerezo.

    Inzitizi ya 3 ni ibyaha ubushinjacyaha bumukurikiranyeho, umwunganira Me Rugaza David yavuze ko bitandatu bigaragaza ko ari ubufatanyacyaha, aho ngo atigeze akorera icyaha ku butaka bw’u Rwanda.

    Ku ruhande rw’ubushinjacyaha, bwagaragaje ko Rusesabagina yafatiwe mu ifasi y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kagarama, bikaruha ububasha bwo kumuburanisha.

    Kuba yarubatse i Nyarutarama mu 2004, ubushinjacyaha bwagaragaje ko kuhubaka no kuhagira ikibanza bitavuze ko ari ho yari atuye ubwo yafatwaga ndetse ko atariho yafatiwe. Ikindi Rusesabagina mu nyandiko mvugo yatangaje ko atuye mu Bubiligi.

    Ku nzitizi y’amategeko y’uko hakagombye gukurikizwa ayo mu 2012 bitewe n’igihe ibyaha akekwaho yaba yarabikoreye, ubushinjacyaha buvuga ko byasuzumwa.

    Ku bijyanye n’ubwenegihugu, ubushinjacyaha bwavuze ko uregwa atigeze atakaza ubwenegihugu bw’u Rwanda, ubwunganizi bwo bwavugaga ko mu 1996 kugeza 1999 nta bwenegihugu yagiraga. Ubushinjacyaha kandi bwagaragaje ko ibyaha burega Rusesabagina yabitangiye mu 2008.

    Ubushinjacyaha bwagiye bugaragaza ingingo zivuguruza inzitizi zatanzwe n’ubwunganizi bwa Rusesabagina, kugeza ubwo inteko y’abacamanza yiherereye ngo isuzume impande zombi.

    Nyuma y’umwanya urukiko rwiherereye rusesengura inzitizi z’uruhande rw’abunganira Paul Rusesabagina, mu masaha ya saa saba rwavuze ko rwasanze kuba Rusesabagina yarafatiwe i Nyarugunga kandi atuye mu Bubiligi, urukiko rw’aho yafatiwe rufite ububasha bwo kumuburanisha ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, bityo rwanzura ko iburanisha rikomeza.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Aho-Paul-Rusesabagina-yafatiwe-ubwenegihugu-bwe-n-aho-atuye-byakuruye-impaka-mu-rukiko

  • Au Burundi, on voit très peu ou pas de changements avec le général Ndayishimiye #rwanda #RwOT

    Après l’écrasante victoire du parti CNL/ Conseil National de la Libération lors des élections générales du 20 Mai 2020, le coup d’Etat militaire et la disparition de l’ex – président qui s’en est suivi, le peuple burundais est stupéfait de l’annonce de la nomination du fameux Maréchal Alain Guillaume Bunyoni au poste de Premier Ministre.

    Cette nomination a néanmoins le mérite de couper court aux spéculations des uns et des autres, qui ont fait la publicité du chef des putschistes, l’ogre Ndayishimiye Evariste comme étant un personnage “modéré “.

    Pourtant tout ce monde sait qu’il vient de passer 4 ans aux commandes de la triste milice imbonerakure en tant que S.G du parti-état cndd-fdd. De surcroît, pouvons-nous fermer les yeux sur son rôle d’artisan dans la purification systématique des militants FNL/Forces Nationales de Libération (Parti d”Agathon Rwasa avant qu’il ne change de nom) lorsqu’il était ministre de l’intérieur et de la sécurité publique de 2005 à 2007, puis chef de cabinet militaire et chef de cabinet civil en pleine période du plan “Safisha” ? En aucun cas et nulle part, nous l’avons entendu se désolidariser de cette milice ou de ce cercle de généraux qui font le bon et le mauvais temps mais plutôt, il a toujours fait éloge à cette machine à tuer.

    Nous vous l’annoncions déjà au début que ce gang de généraux prédateurs était prêt à tout. Ils ont complètement perdu la raison car, nous ramener à l’epoque de gouvernance militaire dont nous avons mis beaucoup de temps, et pour certains toute une vie à combattre, ne leur portera que désaveu, dédain et tout un cortège de malheurs. Ils ne comprennent rien de la politique du 21ème siècle et se comportent tels les dirigeants du moyen-âge. Ils veulent prendre tout un peuple en otage et installer des maquisards dans toutes les institutions de la République afin de bien mâter le peuple qui les a pourtant publiquement désavoués lors du dernier triple scrutin de Mai 2020.

    Il y a plus d’une décennie qu’en Guinée, même Daddis Camara avait cru qu’il réussirait à maîtriser la situation en mettant en place un appareil militaire aux commandes de l’Etat, mais son régime est tombé telle une feuille pourrie.

    Comment pourrait-on imaginer autrement un pays où le président est un général putschiste, son 1er ministre un maréchal réputé cruel, son ministre de l’intérieur un général, tous les gouverneurs des provinces des gradés colonels, les chefs de zones des miliciens imbonerakure,…, bref une dictature militaire de la pire espèce ? Mais comme toute dictature, c’est un pouvoir qui ne saurait tenir pour longtemps à l’ époque actuelle. Ce pouvoir mourra comme il est né car le peuple burundais n’acceptera jamais de descendre encore si bas. L’avenir nous réserve des surprises !

    Aimé Magera

    Source : https://fr.igihe.com/Au-Burundi-on-voit-tres-peu-ou-pas-de-changements-avec-le-general-Ndayishimiye.html

  • Bwambere 'Paul Rusesabagina' yagejejwe mu rukiko aregwa ibyaha 6/ Umutekano wahakajijwe cyane. #rwanda #RwOT

    Ku rukiko rw'ibanze rwa Kagarama aho urubanza rugiye kubera umutekano urakajijwe mu buryo budasanzwe Abanyamakuru n'abandi bemerewe kurwinjiramo babanje gusuzumwa Covid-19 muri iki gitondo cyo ku wa mbere bahita bahabwa ibisubizo — igikorwa kidasanzwe mu zindi manza ziri kuburanishwa muri iki gihe.

    Abanyamakuru batoranyijwe bakanapimwa Covid-19 muri iki gitondo, nibo bemerewe gukurikirana uru rubanza, abandi bahejejwe hanze ndetse basabwa kuva hafi y'urukiko.

    Gahunda zose zari kubera kuri uru rukiko mu gitondo cy'uyu munsi ku wa mbere zasubitswe kugeza saa munani z'amanywa.

    Nibwo bwa mbere Paul Rusesabagina agiye kugezwa imbere y'urukiko. Yaje yambaye ipantaro ya kaki, n'ikoti ry'ikigina yambaye amapingu kandi akikijwe n'abapolisi benshi.

    Ni nyuma y'ibyumweru bibiri yeretswe abanyamakuru i Kigali ko yafashwe, mu buryo butavugwaho rumwe hagati ya leta n'uruhande rw'abo mu muryango we.

    Bwana Rusesabagina, yamenyekanye cyane kubera inkuru ye yakinwemo film 'Hotel Rwanda' izwi cyane ku isi ivuga ku bemeje ko yabarokoye muri Hôtel des Mille Collines muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

    Mu rukiko uyu munsi nibwo ari bubwirwe ku buryo burambuye ibyaha byose aregwa. Ni ibyaha by'iterabwoba bishingiye ku bitero by'umutwe wa FLN ku Rwanda mu 2018 na 2019 byaguyemo abantu mu turere twa Nyaruguru na Nyamagabe, ahegereye ishyamba rya Nyungwe.

    Umutwe wa FLN ni ishami rya gisirikare ry'impuzamashyaka MRCD-Ubumwe, Bwana Rusesabagina abereye umukuru wungirije.

    Umunyamakuru wa BBC dukesha iyi nkuru ntiyemerewe kwinjira mu rukiko, gusa avuga ko bamwe mu banyamakuru barurimo bavuga ko Bwana Rusesabagina atigeze agira icyo avuga mu rubanza, ko havuze abari kumwunganira.

    Rusesabagina ari kumwe n'abamwunganira mu mategeko.

    Uregwa yabwiwe ko ashinjwa ibyaha bitandatu birimo iterabwoba, ubufatanyacyaha mu bwicanyi, ubufatanyacyaha mu cyaha cyo kwiba, n'ibindi.

    Abari kumwunganira bavuze ko uru rukiko rw'ibanze rwa Kagarama rudafite ububasha bwo kumuburanisha kubera impamvu zitandukanye.

    Muri zo bavugaze ko bashingira ku hantu ibyaha aregwa byakorewe, aho ubu byitwako atuye (Remera), no ku bwenegihugu bwe — Ububiligi na Amerika yeremewe guturamo — aho adakurikiranweho icyaha icyo aricyo cyose.

    Ubushinjacyaha bwo bwavuze ko nta ngingo y'amategeko yatuma uregwa ataburanishwa n'uru rukiko.

    Buvuga ko Bwana Rusesabagina ari umunyarwanda w'umubiligi, kandi ko ibyaha byose byakorewe ku butaka bw'u Rwanda bishobora kubazwa uw'ariwe wese ubishinjwa hatitawe ku bwenegihugu.

    Urukiko rwagiye kwiherera ngo rusuzume iburabubasha ry'uru rukiko rwa Kagarama rivugwa n'abunganira uregwa, ku kuburanisha ifungwa n'ifungurwa ry'agateganyo rye.

    'Hitezwe iki mu rukiko?'

    Byitezwe ko uregwa abanza gusomerwa umwirondoro we, avuge niba ari we koko cyangwa atari we. Araba ari kumwe n'abamwunganira bavuga ko yabahisemo.

    Araburana ku gufungwa cyangwa gufungurwa by'agateganyo. Ashobora kandi gusubiza ku byaha aregwa nabisomerwa.

    Uyu munsi ntibajya mu mizi y'urubanza n'ibirego, gusa uregwa ashobora guhabwa umwanya wo kuvuga ku bamwunganiye mu rukiko.

    Uruhande rwa leta ruvuga ko Bwana Rusesabagina ubwe yihitiyemo abunganizi babiri; David Rugaza na Emeline Nyembo, bo mu rugaga rw'abunganizi mu nkiko mu Rwanda.

    Umuryango we wo uvuga ko washyizeho itsinda ry'abanyamategeko barindwi, barimo umwe wo mu Rwanda, bifuza ko bamwunganira ariko batarabyemererwa.

    Bwana Rusesabagina ubwe ni we ushobora kugira icyo avuga kuri abo bunganizi b'impande zombi.

    Mu kiganiro na BBC mu cyumweru gishize, Bwana Rugaza yavuze ko Rusesabagina afite uburenganzira bwo guhitamo bamwe, cyangwa no kunganirwa n'abo bunganizi bose hamwe bafatanyije.

    Umutekano ni wose kurukiko rw'ibanze rwa Kgarama aho Rusesabagina yagiye kuburanira.
    Share on:

    WhatsApp

    The post Bwambere ‘Paul Rusesabagina’ yagejejwe mu rukiko aregwa ibyaha 6/ Umutekano wahakajijwe cyane. first appeared on INGINGO.COM / Rwanda News & Story.

    Source : https://ingingo.com/bwambere-paul-rusesabagina-yagejejwe-mu-rukiko-aregwa-ibyaha-6-umutekano-wahakajijwe-cyane/amakuru-ya-politiki/3224/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=bwambere-paul-rusesabagina-yagejejwe-mu-rukiko-aregwa-ibyaha-6-umutekano-wahakajijwe-cyane

  • Ku rukiko rw'ibanze rwa Kagarama aho urubanza rwa Paul Rusesabagina ruri kubera umutekano urakajijwe mu buryo budasanzwe #rwanda #RwOT

    Paul Rusesabagina uyu munsi wagejejwe imbere y'Urukiko, abamwunganira babwiye Urukiko ko inkiko zo mu Rwanda zidafite ububasha bwo kuburanisha umukiliya we kuko atari Umunyarwanda.

    Abanyamakuru n'abandi bemerewe kurwinjiramo babanje gusuzumwa Covid-19 muri iki gitondo cyo ku wa mbere bahita bahabwa ibisubizo — igikorwa kidasanzwe mu zindi manza ziri kuburanishwa muri iki gihe.

    Abanyamakuru batoranyijwe bakanapimwa Covid-19 muri iki gitondo, nibo bemerewe gukurikirana uru rubanza, abandi bahejejwe hanze ndetse basabwa kuva hafi y'urukiko.

    Uregwa yabwiwe ko ashinjwa ibyaha bigera kuri 13;

    Kurema umutwe w'ingabo utemewe

    Gutera inkunga iterabwoba

    Iterabwoba ku nyungu za politiki

    Gukora no kugira uruhare mu bikorwa by'iterabwoba

    Gutanga amabwiriza mu gikorwa cy'iterabwoba

    Kuba mu mutwe w'iterabwoba

    Kugambana no gushishikariza abandi gukora iterabwoba

    Ubufatanyacyaha cy'ubwicanyi buturutse ku bushake

    Ubufatanyacyaha ku gufata umuntu ho ingwate

    Ubufatanyacyaha ku kwiba hakoreshejwe intwaro

    Ubufatanyacyaha ku gutwikira undi inyubako

    Ubufatanyacyaha ku gukubita cyangwa gukomeretsa

    Ubufatanyacyaha ku gushyira abana mu mirwano cyangwa gukora ibya gisirikare

    Turakomeze dukurikirane iburanisha…..

    Source : https://impanuro.rw/2020/09/14/ku-rukiko-rwibanze-rwa-kagarama-aho-urubanza-rwa-paul-rusesabagina-ruri-kubera-umutekano-urakajijwe-mu-buryo-budasanzwe/

  • Sugira Ernest ashobora kudasinyira Rayon Sports #rwanda #RwOT

    Nyuma y’uko ikipe ya APR FC yemereye rutahizamu wa yo Sugira Ernest kwishakira ikipe bakamurekura, uyu musore wavugwaga cyane muri iyi kipe ashobora gusinyira Mukura VS.

    Muri Nyakanga 2020 ni bwo APR FC yemereye uyu musore kwishakira indi kipe, Rayon Sports yari asaznwe akinira nk’intizanyo ya APR FC, ni yo yagaragaje ko imukeneye mu ba mbere.

    Iyi kipe yagerageje kuvugana n’uyu musore ngo abe yayisinyira ariko ntiyabakundira bitewe n’uko hari ibirarane bari bamufitiye harimo imishahara ndetse n’amafaranga bamwemereye ya Installation ubwo yayerekezagamo.

    Iyi kipe ntayacitse intege kuko mu rwego rwo kumureshya, mu ntangiriro z’uku kwezi ubwo bishyuraga ibirarane by’abakinnyi bayo, uyu rutahizamu na we hari amafaranga yishyuwe mu rwego rwo gukomeza kumwereka ko bamukeneye.

    Amakuru agera ku kinyamakuru ISIMBI, ahamya ko ikipe ya Mukura VS yatangiye kuvugisha uyu musore ngo abe yakwerekeza mu karere ka Huye kubafasha mu gice cy’ubusatirizi.

    ISIMBI yageragezaga kuvugana n’uyu mukinnyi ariko ntibyakunda kuko atabonekaga, gusa umwe mu nshuti za hafi z’uyu musore yahamirije iki kinyamakuru ko ari byo, gusa ngo nta biganiro bihamabaye biraba ariko iyi kipe yamweretse ko imukeneye.

    Sugira Ernest wari usigaranye umwaka umwe wa APR FC, arasabwa ko mu gihe cyose azaba yamaze kumvikana n’ikipe imwifuza azabimenyesha APR FC ubundi ikabona kumuha urupapuro rumurekura 'Release Letter’.

    Sugira ashobora kwerekeza muri Mukura VS

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/sugira-ernest-ashobora-kudasinyira-rayon-sports

  • Rusesabagina, mu Rukiko Ntuzakururane, Uzemere ko uri Rudahusha Impuha n'Impamba y'Impunzi #rwanda #RwOT

    Rusesabagina yamamaye mu maso y'abadasobanukiwe iby'I Rwanda, inda ye si ukuyishweka ngo barashima uwarokoye abantu.Nyamara abamuzi umuzi n'umuhamuro bazi ko 'hotel Rwanda' ari filimi nyine, nk'uko tubona filimi za ba Rambo mu bitangaza bidashobokera kamere —muntu.

    Nyamara uyu Nyiramatama yarariraga amata, abana bariririra mu matara y'inkambi we yita hoteli. None gashyira iramushyiguye, aje gusaba abo yibye n'abo yimye!Yishinze abamuhaye ikarita ndangamunzi,yiyambura indangamunyarwanda, si ukurikora muri Nyungwe no mu nkengero, none Gahini amaraso ya bene se amukozeho. Birumvikana ko aho afungiye arara yibaza uko yageze mu Gihugu yandagaje kubera inda mbi.

    Ubu noneho induru ni iy'abamuhaye amaronko n'amaramuko, bamwizeza n'amaboko, ntakamenye ko bakoshya ko uri intwari, rwamara kurema bakagutererana!!
    Tugarutse ku mpunzi Rusisibaranya yambuye impamba, nta muntu wahungiye muri 1000 Collines ahungiye kuri Rusesabagina.

    Buri wese yahageze uko yahisanze, ku bwa Nyagasani iminsi mibi iramusiga.Uko bahageze kandi si ku buryo bumwe, mu nzira y'inzitane byarangiye buri wese ahageze, Rwisesamugihe atabigizemo uruhare. Ariko se ,nubwo daweya Rusesabagina yari inkoramutima y'inkoramaraso nka Bagosora, ninde muntu muri biriya bihe wari ufite imbaraga zo kurinda no kurokora abantu basaga 1000? N'uwagerageje guheka uruhinjaa rwahigwaga bararumucuje baruca umutwe, none Rusesabagina we ati nganya imbaraga n'Imana , nahishe imbaga y'abantu.Ese ni ngombwa ko nkwibutsa ko utarakuguriye wamutanze?Uribuka abasore 2 babuze ayo kwigura, ukabanyuza inzira yo kuri piscine, ubahereza Interahamwe?Si ubwo duheruka abo bajyambere wavukije ubuzima? Nkwibutse se ko n'uwo wahaga telephone ngo abwire abakiriho ko nawe agihumeka, wamuhagararaga hejuru, ukahava akwishyuye, ibyo yavuze byose ukabishyira Bagosora?
    Ese wamenye uko abaturage ba Nyamagabe na Nyabimata bishimiye kuzakubona imbonankubone, wayatomotswe, ubabwira icyo wabahoye?Nako ngo wishingikirije imidari da!Hanyuma abo wasahuye bagasigara ari imidari uzababwira iki? Ngo Human Rights Watch harya?U bwo burenganzira baririmba se ninde wababwiye ko bugarukira kwa Rusesabagina na Tatiana, nawe nabonye washoye mu bushotoranyi?Iminsi 40 iyo yageze,ibisahu n'ibisabano ntacyo biraguseka. Nta yandi mahitamo rero uretse kureka ibisazi, ugasaba imbabazi.

    The post Rusesabagina, mu Rukiko Ntuzakururane, Uzemere ko uri Rudahusha Impuha n'Impamba y'Impunzi appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/rusesabagina-mu-rukiko-ntuzakururane-uzemere-ko-uri-rudahusha-impuha-nimpamba-yimpunzi/

  • U Bufaransa: Bwa mbere habaye irushanwa ryo gusiganwa ku magare abantu bambaye ubusa #rwanda #RwOT

    Bwa mbere mu mujyi wa Rennes uherereye mu Majyaruguru y’Uburengerazuba bw’u Bufaransa, kuri iki cyumweru habereye irushanwa ryo gusiganwa ku magare bambaye ubusa.

    source https://igihe.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/u-bufaransa-bwa-mbere-habaye-irushanwa-ryo-gusiganwa-ku-magare-abantu-bambaye

  • Gicumbi: ADEPR yujuje Hoteli y’icyitegererezo ifite agaciro kayingayinga Miliyari Frw -AMAFOTO #rwanda #RwOT

    Itorero ADEPR rifite umwihariko wo kugira insengero nyinshi zigezweho zijyanye n’icyerekezo, rirakataje mu bikorwa by’iterambere kandi by’icyitegererezo mu gihugu. Nyuma ya hoteli y’agatangaza (Dove Hotel) iri torero ryubatse i Kigali ku Gisozi, kuri ubu Ururembo rw’Amajyaruguru rwujuje indi hoteli nziza cyane iri mu Karere ka Gicumbi.

    Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney ni umwe mu bashimishijwe cyane n’iyi hoteli yubatswe mu Ntara abereye umuyobozi, akaba yavuze ko ari ‘hoteli nziza cyane’. Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa Twitter yagize ati “Congratulations to ADEPR Byumba. Turashimira Itorero ADEPR ku gikorwa cyiza bujuje cya Hotel nziza cyane. Abasura Gicumbi, Mulindi w’Intwari, Gatuna, Muhazi tubahaye ikaze. Iyi Hotel yitegeye Mulindi ndetse na Mukarange ukomeza Shangasha”.

    Guverineri Gatabazi yashimiye cyane Itorero rya ADEPR

    Kugeza ubu izina ry’iyi hoteli ntabwo riratangazwa, ndetse n’igihe izatangira gukorera ntikiramenyekana, gusa amakuru INYARWANDA yamenye ni uko ibi byose bizamanyekana vuba. Mu kiganiro na INYARWANDA, Rev Pastor Murindahabi Canisius Umuyobozi wa ADEPR Ururemo rw’Amajyaruguru, yatangaje ko iyi hoteli yubatswe mu mbaraga z’abakristo ba ADEPR bo mu Ururembo rw’Amajyaruguru, ikaba ifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda arenga Miliyoni 900 (900,000,000 Frw), ari hafi kugera kuri Miliyari y’amanyarwanda (1,000,000,000 Frw).

    Yavuze ko amakuru menshi kuri iyi hoteli azatangazwa mu gihe kiri imbere kuko muri iyi minsi hari ibyangombwa bakiri gushaka no kuyishyiramo ibikoresho byose, gusa bifuza ko bigenze neza uyu mwaka wa 2020 warangira iyi hoteli yaratashywe ku mugaragaro ndetse yaratangiye no gukora. Ati “Twumvaga twifuza ko umwaka washira twayitashye.” Ku bijyanye n’izina ry’iyi hoteli, kugeza ubu abayifite mu biganza, bafite amazina atatu, bakaba bategereje inama bazemerezamo izina bazayiha.

    ADEPR Byumba irakataje mu bikorwa by’iterambere

    Asobanura uko iyi hoteli yubatswe, Rev Murindahabi Canisius yavuze ko hari inama ibishinzwe yashatse amafaranga muri Banki, hanyuma akazishyurwa n’abakristo ba ADEPR Ururemb rw’Amajyaruguru, ibisobanuye ko nta wundi muterankunga wundi bafite. Yagize ati “Uko yubatswe, ni amanama abishinzwe, bakaguza amafaranga muri banki, hanyuma akaba ari imbaraga z’abakristo zizagenda ziyishyura, ni ubwo buryo bikorwa. nta muterankunga dufite. Ni abaristo bo mu Amajyaruguru bazayishyura”. Iyi hoteli ije isanga Dove Hoteli yo ku Gisozi muri Kigali yubatswe nayo n’abakristo, ikaba ifite agaciro k’asaga Miliyari eshanu z’amafaranga y’u Rwanda.

    REBA ANDI MAFOTO Y’IYI HOTELI YA ADEPR Byumba

    Source: Inyarwanda.com

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Gicumbi-ADEPR-yujuje-Hoteli-y-icyitegererezo-ifite-agaciro-kayingayinga.html