Author: webrwanda
-
Minisitiri Shyaka yasabye igisubizo cyihuse ku bambuka umupaka bagiye kwahira hakurya y'Akanyaru #rwanda #RwOT
Minisitiri w'Ubutegetsi bw'igihugu Prof Shyaka Anastase yasabye ubuyobozi bw'Akarere ka Gisagara gushyira imbaraga mu gutera ubwatsi kugira ngo hirindwe ikibazo cy'abantu bagenda bagiye kwahira ubwatsi bw'amatungo bakarenga imbibi z'u Rwanda. -
Ngoma: Mu Murenge wa Rukumberi hamaze kuboneka imibiri 791 y'abishwe muri Jenoside #rwanda #RwOT
Mu Murenge wa Rukumberi uherereye mu Karere ka Ngoma hamaze kuboneka imibiri 791 y’abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 harimo irenga 540 yabonetse mu byumweru bibiri bishize. -
Urukingo rwa COVID-19 rushobora gutangira gukoreshwa mu Ugushyingo #rwanda #RwOT
Ikigo cy'u Bushinwa gishinzwe kurwanya no gukumira ibyorezo,CDC cyatangaje ko rumwe mu nkingo za Covid-19 ziri gukorwa n'iki gihugu ko rushobora kujya hanze ndetse rugatangira guhabwa abantu bose mu Ugushyingo. -
NAEB yanenzwe gutanga ingemwe zahombeje leta n’abaturage, harimo umurama waguzwe miliyoni 136 Frw #rwanda #RwOT
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), cyanenzwe imikorere yatumye kigura imbuto zahawe abahinzi ariko ntizibashe gukora, harimo izaguzwe miliyoni 136 Frw ariko zose ntizifate. -
Ngoma: Mu Murenge wa Rukumberi hamaze kuboneka imibiri 791 y’abishwe muri Jenoside #rwanda #RwOT
Mu Murenge wa Rukumberi uherereye mu Karere ka Ngoma hamaze kuboneka imibiri 791 y’abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 harimo irenga 540 yabonetse mu byumweru bibiri bishize. -
Urukingo rwa COVID-19 rushobora gutangira gukoreshwa mu Ugushyingo #rwanda #RwOT
Ikigo cy’u Bushinwa gishinzwe kurwanya no gukumira ibyorezo,CDC cyatangaje ko rumwe mu nkingo za Covid-19 ziri gukorwa n’iki gihugu ko rushobora kujya hanze ndetse rugatangira guhabwa abantu bose mu Ugushyingo. -
Ferwafa yashyizeho amabwiriza asaba amikoro ku makipe mbere y’isubukurwa ry’imikino #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
Nyuma y’iminsi mike yari ishize FERWAFA isubitse gahunda yo gusubukura shampiyona ndetse n’andi marushanwa, kuri uyu wa mbere haje gutangwa amabwriza amakipe yose agomba kuzubahiriza mbere y’uko hasubukurwa amarushanwa yose.
-
- Shampiyona izatangira nta mufana wemerewe kwinjira muri stade
Kuri aya mabwriza yatanzwe, bamwe mu bakunzi b’umupira w’amaguru batangiye kugaragaza impungenge zishimgiye ku mikoro, aho amakipe azajya aba asabwa amafaranga Atari munsi ya Miliyoni kuri buri mukino, mu gihe kandi abafana batazaba bemerewe kwinjira ku kibuga.
Amwe muri ayo mabwiriza
Buri kipe igomba gupimisha abakinnyi n’abandi bagize Staff barimo abatoza, abaganga n’abandi, bigakorwa iminsi itatu mbere y’uko imyitozo itangira, ndetse bakongera gupimwa iminsi itatu mbere y’uko amarushanwa asubukurwa.
Amakipe yose yamenyeshejwe igihe imyitozo izaba isubukuwe, abakinnyi n’abatoza bagomba kuzajya baba ahantu hamwe, hagira umukinnyi uhava, akazapimwa bundi bushya igihe cyose azagarukira, ikipe kandi izahitamo kuba ihagaritse kuba hamwe, ubwo izaba igarutse abakinnyi ndetse n’abatoza bazongere bapimwe bundi bushya.
Ikipe yakiriye umukino, igomba gupimisha abakinnyi, abatoza, abashinzwe umutekano wo ku bibuga, abatoragura imipira, ndetse n’abandi bantu bose bakenerwa ku kibuga kugira ngo umukino ube.
Abasifuzi nabo barasabwa kwipimisha iminsi itatu mbere y’umukino, hagira usanganwa Coronavirus agahita asimbuzwa undi hakiri kare.
Kugeza ubu igipimo ku muntu umwe wipimisha Coronavirus ku giti cye, yishyura amadolari 50 angana n’ibihumbi hafi 50 Frws, aho byibura buri kipe isabwa gupimisha abakinnyi inshuro ebyiri mbere yo gusubukura imikino

-
-
NISR igiye kumurika ubushakashatsi bwa 6 ku buzima n’imibereho y’abaturage #rwanda #RwOT
NISR igiye kumurika ubushakashatsi bwa 6 ku buzima n’imibereho y’abaturage.source https://rba.co.rw/post/NISR-igiye-kumurika-ubushakashatsi-bwa-6-ku-buzima-nimibereho-yabaturage
-
Aline Gahongayire yitanze udupfukamunwa 1000 tuzashyikirizwa abatishoboye #rwanda #RwOT
Umuhanzikazi w’indirimbo zihimbaza Imana, Aline Gahongayire, yatanze udupfukamunwa 1000 dufite agaciro k’ibihumbi 350 Frw tukaba tuzashyikirizwa bamwe mu batishoboye bo mu Karere ka Kamonyi no mu Murenge wa Kimironko.
Utu dupfukamunwa Gahongayire yadutanze binyuze mu bukangurambaga bwa Mask For All bugamije kunganira abatishoboye bakaduhabwa ku buntu kugira ngo nabo babashe kwirinda icyorezo cya COVID-19.
Bubinyujije kuri Twitter ubuyobozi bw’iyi gahunda bwashimiye Aline Gahongayire watanze umusanzu we mu gufasha abaturage kwirinda COVID-19.
Bwagize buti 'Umukozi w’imana Aline Gahongayire yinjiye mu rugendo rwo kurwanya COVID-19 atanga udupfukamunwa 1000 dufite agaciro k’ibihumbi 350 Frw.'
Aline Gahongayire yitanze udupfukamunwa 1000 tuzashyikirizwa abatishoboye

Nk’uko bigenda muri ubu bukangurambaga aho utanze nawe ahita asaba abandi kwiyemeza kugira icyo batanga, Gahongayire yahise asaba Butera Knowless na Apôtre Dr Paul Gitwaza uyobora Itorero Zion Temple ku Isi kugira nabo umubare runaka w’udupfukamunwa batanga.
Ubukangurambaga bwa Mask for all bwatangijwe ku wa 3 Nzeri 2020 n’Ihuriro ry’Inganda Nyarwanda zikora udupfukamunwa. Muri ubu bukangurambaga biteganyijwe ko mu gihe cy’ibyumweru bibiri hazaba hamaze gukusanywa udupfukamunwa miliyoni enye tuzahabwa abatishoboye badafite ubushobozi bwo kutugura hirya no hino mu gihugu.
Abateguye ubu bukangurambaga bavuga ko igitekerezo cyabwo ari ukuziba icyuho kiri mu kurwanya ikwirakwira rya Coronavirus binyuze mu kwambara udupfukamunwa, aho usanga hari abatabasha kukambara cyangwa bakambara akatabarinda bitewe n’ubushobozi buke bwo kukagura.
Mu bantu n’ibigo bimaze kwinjira muri iyi gahunda harimo MTN Rwanda yatanze udupfukamunwa 10 000, Banki ya Kigali yatanze 30 000, Ambasade y’u Budage mu Rwanda yatanze 34 000 n’Umuyobozi Mukuru wa I&M Bank Rwanda Plc, Robin Bairstow, witanze udupfukamunwa 500.
Udupfukamunwa tuzatangwa buri minsi ibiri tuzajya dushyikirizwa abayobozi mu turere hanyuma abajyanama b’ubuzima batugeze ku baturage. Ubu bukangurambaga burareba buri wese aho yaba ari hose yaba mu gihugu no hanze yacyo.
Source: Igihe
Source : https://agakiza.org/Aline-Gahongayire-yitanze-udupfukamunwa-1000-tuzashyikirizwa-abatishoboye.html

