Author: webrwanda

  • Maniraguha George Lewis utekerezwaho mu Amavubi, akomeje kwigaragaza muri Arsenal #rwanda #RwOT

    Umunyarwanda Maniraguha George Lewis ufite ubwenegihugu bwa Norvège, yaraye atanze umupira wavuyemo igitego mu mukino wa Premier League 2 ubwo ikipe ya Arsenal y’abatarengeje imyaka 23 yanganyaga na Brighton & Hove Albion ibitego 2-2 ku wa Gatanu.

    source https://igihe.com/imikino/football/article/maniraguha-george-lewis-utekerezwaho-mu-amavubi-akomeje-kwigaragaza-muri

  • Ubwimvikane buke hagati y’abadepite ba EAC n’ubunyamabanga bwayo bikomeje kudindiza imikorere #rwanda #RwOT

    Abadepite bagize Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’u Burasirazuba (EALA) ndetse n’ubunyamabanga bukuru bw’uyu muryango bukuriwe na Libérat Mfumukeko, bakomeje kutumvikana ahanini bitewe n’ibirarane by’imishahara y’aba badepite ndetse no guhora bizezwa ibitangaza bidashyika.

    source https://igihe.com/amakuru/muri-afurika/article/ubwimvikane-bucye-bukomeje-kudindiza-imikorere-ya-eac

  • Abandi Bagande 75 bari baraheze mu Rwanda kubera Covid-19 batashye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Batwawe n
    Batwawe n’imodoka za sosiyete ya Volcano

    Aba baje bakurikira abandi 100 batashye mu cyiciro cya mbere, ku wa Kabiri tariki 15 Nzeri 2020, hakaba hasigaye ikindi kiciro kimwe.

    Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Twitter rwa Ambasade ya Uganda mu Rwanda, hariho amafoto ndetse namashusho y’abo baturage b’Abagande ndetse n’abakozi ba Ambasade, baganirizwa ndetse banabasezeraho.

    Ubwo hatahaga icyiciro cya mbere, Ambasade yari yavuze ko mu Rwanda hari haraheze Abagande barenga 350, kubera ingamba zo gufungwa kw’imipaka mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.

    Mbere yo guhaguruka babanje kuganirizwa
    Mbere yo guhaguruka babanje kuganirizwa

    Nk’uko byagenze ku cyiciro cya mbere kandi, abatashye none na bo batwawe n’imodoka za kompanyi ya Volcano, zikaza kubageza i Kampala, zinyuze ku mupaka wa Gatuna/Katuna.

    Biteganyijwe ko bakigera mu gihugu cyabo, babanza gushyirwa mu kato nk’uko amabwiriza ya Minisiteri y’Ubuzima muri icyo gihugu abitaganya.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/abandi-bagande-75-bari-baraheze-mu-rwanda-kubera-covid-19-batashye

  • Ikibazo cy’irimbi ni rusange kiraza gushakirwa igisubizo – Guverineri Mufulukye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abatujwe mu mudugudu wa Gishuro bafite ikibazo cy
    Abatujwe mu mudugudu wa Gishuro bafite ikibazo cy’irimbi (ifoto: Internet)

    Abitangaje mu gihe abatuye mu mudugudu w’icyitegererezo wa Gishuro mu Murenge wa Tabagwe mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko kujya gushyingura i Nyabitekeri bigoranye kuko bisaba abafite ubushobozi kandi bo batishoboye.

    Umudugudu w’icyitegererezo wa Gishuro watuwe kuwa 03 Nyakanga 2020. Watujwemo imiryango 64 igizwe n’abagize uruhare mu kubohora igihugu, abasirikare bamugariye ku rugamba n’abandi baturage batishoboye mu mirenge yose igize akarere ka Nyagatare.

    Mu bikorwa remezo biri muri uyu mudugudu harimo amashuri y’incuke, ivuriro ry’ibanze, umuriro w’amashanyarazi n’ibindi bifasha mu mibereho myiza y’abawutuye.

    Nyituyumutima Angelique, umwe mu bahatuye, avuga ko nta kibazo bafite mu mudugudu wabo uretse irimbi gusa. Avuga ko gushyingura i Nyabitekeri ari ikibazo kuko ari kure yabo.

    Agira ati “Uwitabye Imana twamushyinguye Nyabitekeri mu irimbi ariko ni kure byaratugoye, bibaye byiza baduha irimbi ryacu hano”.

    Muzehe Kabarega Dismas, avuga ko baherutse gupfusha umuntu hiyambazwa imbaraga z’ubuyobozi kumugeza ku irimbi. Avuga ko bibaye byiza bahabwa irimbi ribegereye nubwo ryaba ritoya ariko rikaba rihari.

    Ati “N’uwaba arwaye yamenya ko ari ikibazo none se kuva ahangaha ukajya gushyingura Nyabitekeri urumva atari ikibazo mu birometero birindwi, ubwo se ari umukene atari bubone imodoka itwara uwe, mwakwikorera umurambo mukawugezayo”?

    Akomeza agira ati “Jye ndumva bagerageza rikaboneka n’iyo ryaba ritoya ntawe uzi abazapfa ariko rikaba rihari”.

    Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Mufulukye Fred, avuga ko amarimbi ari ikibazo mu turere twose tugize intara kuko buri kagari nta rimbi gafite. By’umwihariko ku mudugudu w’icyitegererezo wa Gishuro, ahanini ngo ni uko ako gace katari gatuwe, ariko ubu uko abaturage bagenda biyongera n’amarimbi akenewe.

    Avuga ko bagiye kubivugana by’umwihariko n’Akarere ka Nyagatare kugira ngo uyu mudugudu ubone irimbi hafi.

    Ikibazo cy
    Ikibazo cy’amarimbi ngo ni rusange mu Burasirazuba

    Ati “Ubundi aka gace ntabwo kari gatuwe mbere ariko ubu udusantere turimo turakura, gusa ni ikibazo rusange mu turere hafi twose nta rimbi muri buri kagari, ariko hano biragoranye abantu gukoresha ibirometero bitandatu cyangwa birindwi bajya gushyingura”.

    Guverineri Mufulukye akomeza agira ati “Uko umubare w’abaturage wiyongera ni nako ibikorwa bibegerezwa bijyanye n’imibereho yabo bigenda bibegera, iby’ibanze nk’amashanyarazi n’amazi birahari, ariko kuba batekereza ko hano haba n’irimbi ibyo turaza kubyigana n’akarere n’icyo kibazo kibonerwe igisubizo”.

    Guverineri Mufulukye kandi avuga ko hari n’amarimbi asanzwe ahari ariko ugasanga acunzwe nabi azengurutswe n’ibihuru.

    Asaba ko kuyafata neza byaba ibya buri wese, ariko by’umwihariko abayobozi mu nzego z’ibanze ndetse n’amakoperative ashinzwe kuyacunga abayaruhukiyemo bagahabwa icyubahiro.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/ikibazo-cy-irimbi-ni-rusange-kiraza-gushakirwa-igisubizo-guverineri-mufulukye

  • Rubavu: Umugabo yigize Umuganga , Maze agurisha ibiti by'abaturage karahava none yafatiwe mu cyuho #rwanda #RwOT

    Polisi ikorera mu karere ka Rubavu ku wa Gatatu tariki ya 16 Nzeri 2020 yafashe Umugabo witwa Ndahayo Cyprien, wiyoberanyijemo Umuganga akajya mu ishyamba ry'abandi akahurishamo ibiti.

    Iyo Abantu bazaga kugura ibi biti mu ishyamba ry'Umuturage riherereye mu murenge wa Kanzenze mu kagali ka Nyirabigogwe, basangaga uyu Ndahayo Cyprien ku kigo nderabuzima cya Gisenyi, yabaga yambaye umwambaro nk'uwabandi baganga, ubundi akagurisha ibiti mu ishyamba ry'undi muturage.

    Nkuko byatangajwe n'Umuvugizi wa Polisi mu ntara y'Iburengerazuba, CIP Karekezi Bonaventure, ngo uyu mugabo yafashwe biturutse k'Umukiriya wari waguze iri shyamba mbere, akaza kumenya ko Ndahayo ari kugenda abigurisha kandi baramaze kurigura.
    Ibi yabikoraga kandi yiyoberanyijemo umuganga ukora ku kigo nderabuzima cya Gisenyi.

    CIP Karekezi yagize ati  'Tariki ya 3 Nzeri uyu Ndahayo yari yagurishije ishyamba umuturage kuri miliyoni 2 z'amafaranga y'u Rwanda.

    Umuturage aza kumenya ko yongeye akarigurisha undi mukiliya kuri miliyoni imwe n'ibihumbi magana atandatu aza kuri Polisi gutanga amakuru.

    Tariki ya 16 nibwo Ndahayo yafatiwe mu cyuho arimo kugurisha ibyo biti ku mukiliya wa kabiri, afatwa yambaye itaburiya y'abaganga.'

    CIP Karekezi akomeza avuga ko abantu yari amaze kugurisha biriya biti  nta n'umwe wari wamwishyuye yose gusa yagendaga abaka umusogongero (Avance) kuko uwa mbere yari yamuhaye amafaranga ibihumbi 100 naho uwa kabiri  yari amaze kumuha amafaranga ibihumbi 120.

    Umuvugizi wa Polisi mu ntara y'Iburengerazuba avuga ko Ndahayo iyo yabaga agiye kugurisha ibiti muri ririya shyamba ry'abandi yabanzaga kugirana amasezerano n'umuguzi agakoresha indangamuntu itari iye. 

    CIP Karekezi yakanguriye abantu ko hadutse abambuzi bashukana, asaba abaturage kwitonda igihe bagiye kugura ibintu ibyo aribyo byose. 

    Ati 'Dukangurira abantu ko mbere yo kwishyura kujya babanza bagashishoza igihe bagiye kugura ibintu cyane cyane imitungo itimukanwa. 

    Babigure hari abayobozi mu nzego z'ibanze ndetse hari n'abaturanyi b'uwo bagiye kugurira umutungo kugira ngo batagwa mu mutego wo kubeshywa.'

    Yakomeje avuga ko ibyo Ndahayo yakoze ari icyaha gihanwa n'amategeko. Yahise ashyikirizwa urwego rw'ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Gisenyi kugira ngo hakorwe iperereza. 

    Itegeko No68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange mu ngingo ya 174 ivuga ko umuntu wese wihesha umutungo w'undi, imari ye yose cyangwa igice cyayo mu buryo bw'uburiganya yiyitiriye izina ritari ryo cyangwa umurimo adafitiye ububasha cyangwa akizeza icyiza cyangwa agatinyisha ko hari ikibi kizaba, aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n'urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y'imyaka ibiri (2)ariko kitarenze imyaka itatu (3)n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000FRW).

    Uyu mugabo yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n'Abaturage, babonye agurisha ibiti ku bantu babiri

    Source : https://impanuro.rw/2020/09/19/rubavu-umugabo-yigize-umuganga-maze-agurisha-ibiti-byabaturage-karahava-none-yafatiwe-mu-cyuho/

  • Rusesabagina yahishuye izina ry'uwari wamutumiye i Burundi n'icyo yari agiye gukora #rwanda #RwOT

    Kuva ku wa 31 Kanama ubwo Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha, RIB, rwerekanaga Paul Rusesabagina, umunyapolitike ushinjwa ibyaha birimo n'iterabwoba, amakuru yakomeje gucicikana hirya no hino ku Isi, benshi bibaza uburyo uyu mugabo wavugaga ko arwanya leta y'u Rwanda ndetse ashaka kuyikuraho, yatinyutse agahirahira yerekeza i Kigali.

    Source : https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rusesabagina-yahishuye-izina-ry-uwari-wamutumiye-i-burundi-n-icyo-yari-agiye

  • Abaganga bahuguriwe uburyo bwo kwakira abafite ubumuga bunyuranye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bavuga ko ayo mahugurwa abunguye byinshi
    Bavuga ko ayo mahugurwa abunguye byinshi

    Ni amahugurwa yaberaga mu Karere ka Musanze, aho abahuguwe bigishijwe uburyo bunoze bwo kwakira abantu bafite ubumuga bwo kutumva, kutabona no kutavuga, hanirindwa ko icyorezo cya COVID-19 cyabageraho mu buryo bworoshye.

    Karangwa Francois Xavier, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Urugaga rw’Imiryango y’abantu bafite ubumuga mu kurwanya SIDA no guteza imbere ubuzima (UPHLS), ari na bo bateguye ayo mahugurwa, yavuze ko mu bushakashatsi bakoze ku mibereho y’abantu bafite ubumuga, basanze hari ibibazo binyuranye bahura na byo.

    Muri ibyo bibazo ngo harimo ukutakirwa neza aho basaba serivise, kutumva uburenganzira bwabo, kudahabwa amakuru ndetse no gufatwa nabi muri serivise zinyuranye cyane cyane izo kwa muganga.

    Ngo bikimara kugaragara ko icyo kibazo kibangamiye abantu bafite ubumuga, hatekerejwe uburyo hategurwa amahugurwa agenewe abaganga mu rwego rwo gutanga ubumenyi kuri serivise zisabwa n’abafite ubumuga, dore ko ngo byagaragaye ko mu ishami ry’ubuvuzi muri Kaminuza y’u Rwanda nta somo ritangwa rijyanye no gufasha abafite ubumuga.

    Agira ati “Ibyo bibazo by’abafite ubumuga muri serivise zo kwa muganga byaduteye gutekereza uburyo twahugura abaganga, dore ko byagaragaye ko abiga ubuganga muri Kaminuza y’u Rwanda nta na hamwe bahurira n’isomo rijyanye no gufasha abafite ubumuga.

    Turavuga tuti rero, niba ibintu bimeze bityo ikosa si iry’abaganga, ni uko twateguye ayo mahugurwa tugira amahirwe tubona abaterankunga batandukanye barimo UNICEF, Grobal Fund, NCPD, RBC”.

    Abanganga bitabiriye ayo mahugurwa biganjemo abakora muri serivise zijyanye n’ibyorezo birimo Ebola na COVID-19 mu bitaro binyuranye.

    Abaganiriye na Kigali Today baremeza ko hari byinshi bungutse bagiye guhugurira bagenzi babo, mu rwego rwo kurushaho gutanga serivise nziza ku bantu bafite ubumuga.

    Aha berekwaga uburyo bafasha umuntu ufite ubumuga bwo kutabona
    Aha berekwaga uburyo bafasha umuntu ufite ubumuga bwo kutabona

    Uwaje ahagarariye Ibitaro bya Rutongo witwa Habumugisha Emmanuel, agira ati “Aya mahugurwa agamije guha ikaze abantu bafite ubumuga cyane cyane muri ibi bihe by’icyorezo cya COVID-19. Twahoraga duhura n’imbogamizi z’uburyo twakwakira neza abafite ubumuga bwo kutumva, kutavuga no kutabona”.

    Arongera ati “Twagiraga imbogamizi tutazi neza uburyo twabafasha, ariko twamaze guhabwa ubumenyi bw’uburyo twafasha abo barwayi. Ukuntu twabasuzuma n’uko twabaha imiti, ubu twabonye ubumenyi mu gukoresha ururimi rw’amarenga n’ubumenyi mu gukoresha inkoni zifashishwa n’abafite ubumuga bwo kutabona, twashize n’amatsiko ku nyandiko ya ‘braille’ y’abafite ubumuga bwo kutabona, bije kutwunganira ku byo twakoraga”.

    Butare Bonaventure, umukozi w’ibitaro bya Byumba ati “Iyo abafite ubumuga baje kwaka servise z’ubuvuzi babafata nk’abantu bafite ibibazo batishoboye, ariko ku rundi ruhande hari uburenganzira bwabo nk’uko bigenwa n’amategeko.

    Bityo uburyo dusanzwe tubafata, nyuma y’amahugurwa hari ibigomba guhinduka. Turabiganira n’abakozi dukorana, tunigishe abaturage uburyo bagomba kubitwaraho bityo uburenganzira bwabo bubashe kubahirizwa”.

    Abo baganga bavuga ko ikindi cy’ingirakamaro bungutse, ari uburyo bwo kubika ibanga ku muntu ufite ubumuga bwo kutabona waje ufite umuherekeje nk’uko Butare akomeza ku bivuga.

    Aha bari mu mikoro ngiro
    Aha bari mu mikoro ngiro

    Ati “Cyari ikibazo gikomeye ku baganga bakiraga abafite ubumuga bwo kutabona no kutumva, byasabaga ko yazanaga n’umuntu umuherekeje, bajya no mu cyumba bikaba ngombwa ko uwo muntu umuherekeje ahaguma rya banga ry’umurwayi na muganga ntiryubahirizwe.

    Ariko ubu amahugurwa adusigiye ubumenyi bwo guca amarenga ku buryo uvugana n’uwo murwayi bitabaye ngombwa ko uwaje amuherekeje amenya amabanga ye yose”.

    Ikindi kibazo cyagarutse kenshi ni uburyo bwo gufasha abantu bafite ubumuga bwo kutabona, mu kumenya uburyo afata imiti adakeneye umufasha, aho abaganga bishimiye uburyo bigishijwe inyandiko igenewe abafite ubumuga bwo kutabona.

    Umuyobozi w’ikigo gisubiza mu buzima busanzwe abantu batabona gikorera i Masaka, Mukeshimana Jean Marie Vianney, umwe mu batanze isomo ku kwita ku bantu bafite ubumuga bwo kutabona, yavuze ko muri kino gihe isi yugarijwe na COVID-19, wari umwanya wo guhugura abaganga gufasha abantu bafite ubumuga bwo kutabona no mu kwirinda impungenge zatuma banduzwa COVID-19 mu buryo bworoshye.

    Ati “Turi mu cyorezo cyugarije isi cya COVID-19, byanze bikunze ntabwo cyakugariza abandi ngo abafite ubumuga kibareke. Uyu munsi naje tuganira ku buzima bw’abantu bafite ubumuga bwo kutabona ko ari umuntu nk’abandi, ariko ngerekaho uko babafasha.

    Bavuga ko bagiye guhindura imikorere
    Bavuga ko bagiye guhindura imikorere

    Nabigishije iburyo babatwara n’uburyo babayobora, mbigisha uko inyandiko y’abatabona iteye, uburyo yandikwa kuko bazagenda bahura na yo mu gufasha abafite ubumuga haba mu kazi cyangwa ahandi”.

    Uwari uhagarariye Inama y’Igihugu y’abantu bafite ubumuga (NCPD) Kamanzi Théoneste, yasabye abaganga bahuguwe kuba abavugizi b’abantu bafite ubumuga mu mavuriro bakoreramo, mu gukemura ibibazo binyuranye bibangamira abafite ubumuga, haba inzira z’abantu bafite ubumuga mu nyubako z’ibitaro, gushyiraho robine zikarabirwaho zibereye abantu bafite ubumuga bunyuranye n’ibindi.

    Muri ayo mahugurwa hahuguwe abaganga 14 baturutse mu bitaro byose byo mu Ntara y’Amajyaruguru, n’ibitaro by’Uturere twa Rusizi, Nyabihu na Rubavu.


    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/ubuvuzi/article/abaganga-bahuguriwe-uburyo-bwo-kwakira-abafite-ubumuga-bunyuranye

  • Kigali: Harateganywa kubakwa ibikorwaremezo bya siporo muri buri mudugudu #rwanda #RwOT

    Minisitiri wa Siporo; Munyangaju Aurore Mimosa, yatangaje ko bari kuganira n’inzego zirimo Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) n’Umujyi wa Kigali higwa uburyo muri buri mudugudu hashyirwa ibikorwaremezo bya siporo.

    source https://igihe.com/imikino/article/minisports-minaloc-n-umujyi-wa-kigali-barateganya-kubaka-ibikorwaremezo-bya

  • Abanyamategeko bo muri Amerika barashaka kuza gukurikirana urubanza rwa Rusesabagina #rwanda #RwOT

    Urugaga rw’abanyamategeko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rurateganya kohereza itsinda ry’abanyamategeko bazakurikiranira hafi urubanza rwa Paul Rusesabagina ufungiye i Kigali akekwaho ibyaha by’iterabwobwa.

    source https://igihe.com/amakuru/article/abanyamategeko-bo-muri-amerika-barashaka-kuza-gukurikirana-urubanza-rwa

  • Rusesabagina yahishuye izina ry’uwari wamutumiye i Burundi n’icyo yari agiye gukora #rwanda #RwOT

    Kuva ku wa 31 Kanama ubwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwerekanaga Paul Rusesabagina, umunyapolitike ushinjwa ibyaha birimo n’iterabwoba, amakuru yakomeje gucicikana hirya no hino ku Isi, benshi bibaza uburyo uyu mugabo wavugaga ko arwanya leta y’u Rwanda ndetse ashaka kuyikuraho, yatinyutse agahirahira yerekeza i Kigali.

    source https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rusesabagina-yahishuye-izina-ry-uwari-wamutumiye-i-burundi-n-icyo-yari-agiye