Author: webrwanda
-
Inama y'abakuru b'ibihugu yagombaga kubera i Goma igiye kuba hifashishijwe ikoranabuhanga #rwanda #RwOT
Abakuru b'ibihugu bya Angola, Burundi, RDC, Rwanda na Uganda bagiye guhurira mu nama yiga ku bibazo by'umutekano mu Karere izaba hifashishijwe ikoranabuhanga nyuma y'aho iyagombaga kubera i Goma isubitswe. -
Fertilizer Tycoon Nkubiri Charged With Forgery Worth Rwf2Billion #rwanda #RwOT
Alfred Nkubiri a leading producer of fertilizers in Rwanda is expected in court to answer charges of forgery, according to an indictment issued by the National Public Prosecution Authority in case number 00090/IPRL GG/2020/JMVN/RM.
In the indictment, Prosecution stated that Nkubiri a resident of Kimihurura in Gasabo district is charged with forgery under article 276 of the Penal code act. He is also charged with tampering with exhibits subject to provisions of article 245 of the penal code act.
According to prosecution the government of Rwanda is said to have lost a colossal sum of money through these forged lists of ghost farmers allegedly drawn by fertilizer suppliers including Nkubiri.
According to Taarifa's investigation it should be noted that since 2005 the government partnered with private companies to import required types of fertilizers and quantities need for the cropping seasons.
Farmers would be given fertilizers and the supplier would later take a list of recipients to the Ministry of Agriculture. The list would include details of the farmers such as an ID number, quantity of fertilizer received and signature.
The supplier would deduct expenses incurred especially in the course of delivering fertlisers to farmers. The balance of cash would be returned to the Ministry of Agriculture.
'It was discovered that Fertilizer suppliers would manipulate lists of farmers indicating that they received and signed for fertilizers yet not,' Prosecution says, adding, 'this forgery cause government a loss worth Rwf9,074,504,045 (9billion).'
Prosecution says, 'Nkubiri who was assigned to deliver fertilisers in Ngoma, Kayonza, Gatsibo, Nyagatare and Rwamagana caused the government to lose a total of Rwf2,036,938,194 (2billion).'
Nkubili Alfred, operates under a company known as ETS Nkubili Alfred [ENAS], dealing in general commerce, agriculture, import, and export.
Kagame's Intervention Needed To Dismantle 'Fertilizer Mafia Network'
Source : https://taarifa.rw/fertilizer-tycoon-nkubiri-charged-with-forgery-worth-rwf2billion/
-
Imiryango itandukanye isanga urubyiruko rukwiye gutozwa indangagaciro z'amahoro #rwanda #RwOT
Imiryango itandukanye isanga urubyiruko rukwiye gutozwa indangagaciro z'amahoro. -
Rusizi: Insengero 4 zafunguye imiryango nyuma y’iminsi 54 #rwanda #RwOT
'Ni umunezero kuko ahera h’Imana hongeye gufungura imiryango tukongera kuyihimbaza. Ni ngombwa ko twese tubera amaso Leta natwe ariko tugafasha ubuzima bwacu kugira ngo ibintu birusheho kuba byiza twirinda iki cyorezo.'
Ni amagambo yuje umunezero ya Ngendahimana Elia umwe mu bakirisito bo mu itorero rya ADEPR, ashimangira ko yishimiye ko bongeye gusenga ariko banubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus.
Insengero eshatu n’umusigiti umwe byo mu Karere ka Rusizi byahawe uburenganzira bwo guteranirwamo nyuma y’iminsi 54 bifunzwe kubera ubwandu bushya bwa COVID-19 bwakagaragayemo mu mpera za Nyakanga 2020.
Kimwe n’ibindi bikorwa bihuza abantu benshi, insengero zafunzwe ku wa 15 Werurwe 2020 nyuma y’umunsi umwe mu Rwanda habonetse umurwayi wa mbere wa Coronavirus.
Ku wa 15 Nyakanga 2020 nibwo Inama y’Abaminisitiri yemeje ko insengero zifungurwa, ariko uburenganzira bugatangwa n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze nyuma yo kugenzura ko hubahirijwe amabwiriza yo kwirinda COVID-19.
Nubwo insengero zose zitafunguwe bitewe nuko hari izatarashyira ku murongo ibyo zasabwe, izabyujuje zo zakomorewe mu gihe izindi zigitegereje.
Aho abantu bagomba kwicara hashyirwaho ibimenyetso bibigaragaza

Ku wa 19 Nyakanga 2020 nibwo bamwe mu bayoboke b’amadini barimo n’ab’i Rusizi bongeye guterana ariko bigakorwa hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19.
Nyuma y’iminsi 10 gusa, Akarere ka Rusizi kahawe umwihariko kubera ubwandu bushya bwahabonekaga, byatumye insengero icyenda zari zafunguwe zongerwa gufungwa, imirenge imwe isubizwa muri gahunda ya guma mu rugo ndetse ingendo zose ziva n’izinjira mu karere zirahagarikwa.
Iminsi 54 yari ishize abatuye Akarere ka Rusizi badaterana ariko insengero enye zakomorewe nyuma y’igenzura ry’inzego z’ubuzima.
Itangazo ryemerera insengero gukora ryashyizweho umukono n’Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Kayumba Euphrem, rigaragaza ko amadini yemerewe gufungura imiryango kubera yubahirije ibisabwa mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus.
Izo nsengero zirimo ebyiri z’Itorero rya ADEPR zirimo urw’i Kamembe n’urwo mu Gashonga, Kiliziya Cathedral ya Cyangugu n’Umusigiti wa Kamembe.
Mu byo insengero zafunguye zasabwe mu kwirinda Coronavirus harimo guhana intera mu nsengero hagasengeramo abantu batarenze 30 ku ijana y’abari bahasanzwe, gukaraba intoki n’amazi meza n’isabune cyangwa umuti wabugenewe no kwambara agapfukamunwa.
Abantu babanza gukaraba intoki neza mbere yo kwinjira mu rusengero

Nyuma y’igihe Akarere ka Rusizi kari mu kato kubera ubwandu bwahagaragaye, Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 10 Nzeri 2020 yafashe ingamba zirimo iyo gukomorera ingendo zo kujya no kuva mu Karere ka Rusizi mu modoka bwite (Private transport).
Source: Igihe
Source : https://agakiza.org/Rusizi-Insengero-4-zafunguye-imiryango-nyuma-y-iminsi-54.html
-
Premier League: Liverpool yatsinze Chelsea y'abakinnyi 10, Arsenal ikomeza kumwenyura (Amafoto) #rwanda #RwOT
Ibitego byombi byatsinzwe na Sadio Mané byafashije Liverpool gutsindira Chelsea iwayo 2-0 mu mukino w'umunsi wa kabiri wa Shampiyona ya Premier League wabaye kuri iki Cyumweru. -
Abantu 51 bakize Coronavirus mu Rwanda, abanduye bo baba 22 #rwanda #RwOT
Minisiteri y'Ubuzima yatangaje ko kuri iki Cyumweru abantu 22 banduye Coronavirus mu gihe abayikize bo ari 51 ndetse ko nta muntu wigeze ahitanwa n'iki cyorezo. -
Gisa cy'Inganzo agiye gukora ubukwe #rwanda #RwOT
Umuhanzi Gisa James [Gisa cy'Inganzo] agiye kurushinga n'inkumi bamaranye umwaka urenga bakundana.Source : https://igihe.com/imyidagaduro/article/gisa-cy-inganzo-agiye-gukora-ubukwe
-
Perezida Donald Trump yohererejwe ibaruwa irimo uburozi #rwanda #RwOT
Ubutumwa burimo uburozi bwa 'ricin' bwari bwohererejwe Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe z'Amerika bwafashwe mbere yuko bugera mu biro bye bya White House, nkuko abategetsi babibwiye ibitangazamakuru.
Abategetsi bavuze ko iyo baruwa yatahuwe mu ntangiriro y'iki cyumweru ubwo yari igeze ahagenzurirwa amabaruwa ajyanwe muri White House. Bavuze ko ubwo burozi bwasanzwe imbere mu ibahasha (enveloppe) bwatahuwe ko ari 'ricin', uburozi karemano busangwa mu ntete z'ikimera cya 'castor' cyo mu bwoko bw'ikibonobono.
Urwego rw'ubutasi imbere muri Amerika (FBI) n'umutwe ushinzwe kurinda abategetsi bakuru barimo gukora iperereza ngo bamenye aho ubwo butumwa bwaturutse ndetse no kumenya niba hari ubundi bwaba bwoherejwe hifashishijwe iposita y'Amerika.
Mu itangazo FBI yahaye televiziyo CNN kuri uyu wa 19 Nzeri 2020, yagize iti: 'Kuri ubu nta nkeke izwi biteye ku mutekano wa rubanda'.
Umutegetsi umwe yabwiye ikinyamakuru The New York Times ko abakora iperereza bemeza ko ubwo butumwa bwaturutse muri Canada. Amakuru avuga ko kuba burimo uburozi bwa 'ricin' byemejwe na FBI.
Ejo ku wa gatandatu, polisi ya Canada yavuze ko irimo gukorana na FBI mu iperereza ku 'ibaruwa icyemangwa yoherejwe muri White House'.
Uburozi bwa 'ricin' buboneka hamaze gutunganywa intete z'ikimera cya 'castor' cyo mu bwoko bw'ikibonobono.
Burica kuburyo iyo ubumize, ugahumeka umwuka wabwo cyangwa ukabuterwa mu mubiri, butera isesemi, kuruka, kuva amaraso imbere mu mubiri ndetse bikarangira ingingo z'umubiri ziretse gukora.
Nta muti uriho uzwi uvura uwahawe ubwo burozi. Iyo umuntu ahawe ubu burozi bwa 'ricin', ashobora gupfa hagati y'amasaha 36 na 72, bitewe n'ingano y'ubwo yahawe, nkuko bivugwa n'ikigo cy'Amerika cyo kurwanya no kwirinda indwara (CDC).
Ikigo CDC cyavuze ko ubwo burozi â” bwagiye bukoreshwa mu bitero by'iterabwoba â” bushobora gukorwamo intwaro ikoze mu ifu, mu mwuka cyangwa mu ntete. Mu bihe byashize nkuko BBC ibitangaza, ibiro bya White House n'izindi nyubako zimwe za leta zagiye zigambirirwa mu bitero byifashishije uburozi bwa 'ricin'.

Intete z'ikimera cya 'castor cyo mu bwoko bw'ikibonobono', zikorwamo ubwo burozi bwa 'ricin'. Mu mwaka wa 2014, umugabo wo muri leta ya Mississippi yakatiwe n'urukiko gufungwa imyaka 25 ahamwe n'icyaha cyo kohereza amabaruwa asize ifu y'uburozi bwa 'ricin' ayoherereza Barack Obama wari Perezida w'Amerika ndetse n'abandi bategetsi.
Imyaka ine nyuma yaho, mu 2018, uwahoze mu ngabo z'Amerika zirwanira mu mazi yarezwe kohereza amabaruwa arimo ubwo burozi ayoherereza ibiro bikuru by'ingabo z'Amerika bya Pentagon n'ibiro bya perezida bya White House.
Munyaneza Theogene / intyoza.com
Source : http://www.intyoza.com/perezida-donald-trump-yohererejwe-ibaruwa-irimo-uburozi/
-
Minisitiri w'Intebe w'u Bwongereza Boris Johnson ahangayikishijwe n'igabanuka ry'amafaranga yinjiza #rwanda #RwOT
Inshuti magara za Boris Johnson na bagenzi be bavuga ko uyu Minisitiri w'Intebe w'u Bwongereza, ahangayikishijwe n'uko amafaranga yinjiza yagabanutse akava hejuru ya 350000 £ ku mwaka akagera kuri 150000 £. -
Goma Virtual Mini-Summit Pushed To Friday #rwanda #RwOT
President Felix Tshisekedi is expected to Jet in to the Eastern region capital Goma earlier in preparation for the much anticipated Summit involving Rwanda, Uganda Burundi and the host DRC.
A source from the Congolese Presidency confirmed to Actualite a local online newspaper saying, 'Tshisekedi will travel to Goma in the province of North Kivu on Tuesday, September 22.'
According to this source, President Tshisekedi will be able to stay in Goma until Friday and will participate by video conference in the mini-summit of heads of state of the Great Lakes region.
Meanwhile, on Sunday the Presidential plane carrying presidency staff suffered a technical glitch few minutes after takeoff. According to initial reports, the plane was able to land on the runway at N'djili airport and all passengers are safe and sound. The impact with the ground has not been fully mastered, but the situation is under control, a source said.
The entourage was traveling to the capital of North Kivu as part of the arrival of Félix Tshisekedi.
The Ministry of Foreign Affairs Marie Ntumba Nzeza in a press release on Thursday announced that this Mini-summit will be held by videoconference.
Meanwhile,this mini-summit aims in particular to ease tensions between Uganda and Rwanda, on the one hand, and between Burundi and Rwanda on the other.
Since last year in March, Rwanda closed its borders with Uganda following arbitrary arrests, torture and detention without trial of Rwandans. Some would later be dumped at the border very sick, bearing wounds and broken limbs.
Uganda claims that most of these Rwandans are involved in espionage, interference and destabilization. During this mini-summit, the issue will be discussed. Both Rwandans and Ugandans are highly anticipating the opening of borders.
According to the Congolese Presidency, this Mini-summit will also explore matters of security, the economy, trade and covid-19 pandemic.
Also this mini-summit could evoke the Addis Ababa framework agreement. Agreement signed on February 24, 2013 with a view to stabilizing in particular the east of the Democratic Republic of Congo.
Source : https://taarifa.rw/goma-virtual-mini-summit-pushed-to-friday/