Author: webrwanda

  • Abarenga ibihumbi 78 bizihirije Asomusiyo i Kibeho (Amafoto na Video) – #rwanda #RwOT

    • Tariki ya 15 Kanama buri mwaka, Abakirisitu Gatolika bo ku Isi yose, bizihiza Umunsi Mukuru bibukaho ijyanwa mu Ijuru rya Bikira Mariya uzwi nka Asomusiyo.

    Ab'i Kibeho ntibasigaye inyuma, dore ko aha hantu hafitanye isano na Bikira Mariya kuko yahabonekeye abakobwa batatu b'Abanyarwanda mu 1981 na 1982, akabagenera ubutumwa bwo kugeza ku batuye Isi.

    Abitabiriye uyu munsi bavuga ko ibihe bahagirira bibafasha kurushaho gusabana n'Imana ndetse na Bikira Mariya, ibyo basanisha no gusura urugo rw'uwo bita 'Umubyeyi' wabo.

    Nyirahorana Chantal yavuze ko kujya i Kibeho ari ukujya mu rugo rw'umubyeyi umukunda.

    Ati 'Iyo naje hano, mba numva naje gusabana n'umubyeyi wanjye, kuko nkunda Umubyeyi Bikira Mariya, sinshobora no gusiba.'

    Nkurikiyumukiza Jean Marie Vianney, umusore w'imyaka 30, amaze imyaka 18 ajya i Kibeho buri mwaka. Avuga ko yatangiye kuhajya afite imyaka 12 kandi buri uko ahagiye atahana urwibutso.

    Yagize ati 'Uko naje aha ntahana akantu k'urwibutso, kuko nk'ubu ntahanye umusaraba naguze 1500 Frw. Ubushize ho nari natahanye ishapule, mbere yaho yari amashusho ya Yezu cyangwa Mariya ndetse n'amazi.'

    Nansasi Rebecca waturutse mu Mujyi wa Masaka muri Uganda, yabwiye IGIHE ko nawe atahara kujya i Kibeho kuko ahafite amateka meza y'ibitangaza.

    Umunsi Mukuru w'Asomusiyo umaze imyaka 75 wizihizwa muri Kiliziya, ukaba warakomotse ku Ihame rya Kane ryerekeye Mariya rivuga ko Bikira Mariya yapfuye nyuma akajyanwa mu Ijuru n'umubiri we wose, ibyemejwe na Papa Piyo XII mu 1950.

    Mu yandi mahame yerekeye Bikira Mariya (Mariology), harimo iry'ubutagatifu bwo kutanduzwa icyaha (Immaculate Conception), ryemejwe mu 1854 na Papa Piyo IX, kuba Nyina w'Imana (Mother of God), ryemejwe n'Inama Nkuru ya Efeso mu 431, ndetse n'Ihame ry'Ubusugi (Virginity).

    Umwepisikopi wa Diyosezi ya Butare, Ntagungira Jean Bosco, nawe yitabiriye iyi misa y’Asomusiyo i Kibeho

    Umwe mu baturage w’i Kibeho ari gukora ikiraka cyo kuvomera amazi y’umugisha umukerarugendo wavuye muri Uganda

    Umwe mu bakirisitu wo mu Rwanda ari mu nzira y’umusaraba nyuma yo gusoza misa

    Umubikira akora inzira y’umusaraba

    Umutekano uba wifashe neza i Kibeho

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyepfo, Nshimiyimana Védaste yitabiriye iyi misa

    Abihaye Imana bari bahari ku bwinshi

    Ubwo baturaga igitambo cy’ukarisitiya

    Ku ishusho ya Bikira Mariya, mu marembo ya Kibeho, abantu bahifotoreza ku bwinshi

    Mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’ihuzanzira na murandasi i Kibeho, Ikigo RISA kiba cyazanye umunara w’inyongera, ibirori byarangira ugakurwaho

    Itsinda ry’abavuye muri Tanzania banejejwe n’umunsi

    Itsinda ry’Abanya-Uganda bari mu nzira y’umusaraba i Kibeho

    Imirongo yari miremire ku iriba ry’isoko ya Bikira Mariya abantu bashaka gutahana amazi y’umugisha

    Imodoka z’Abanya-Uganda ziri mu ziganje i Kibeho

    Ibinyabiziga biba ari byinshi i Kibeho kuri uyu munsi

    Ibikorwa by’ubucuruzi biba byiyongereye

    Hari n’abazana imikeka yo kwicaraho kugira ngo boroherwe no gusenga

    Komiseri muri Komisiyo y'Igihugu ishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abarwanyi, Gatabazi Jean Marie Vianney, yari yitabiriye Misa y’Asomusiyo i Kibeho

    Abagiye gusengera i Kibeho bari mu mwuka wo kwegerana n’Imana cyane

    Abantu bahaha ku bwinshi ibikoresho by’ukwemera

    Abantu batahanye amazi y’umugisha bavuga ko abakiza indwara

    Abanyamahanga batahana amazi y’isoko ya Bikira Mariya ya Kibeho ku bwinshi

    Aha ni ku Mbuga y’Amabonekerwa. Inzu iri inyuma ni Shapele yabereyemo amabonekerwa, ikaba iri mu bisurwa cyane i Kibeho

    Amashusho ya Bikira Mariya ari mu bigurwa cyane i Kibeho

    Amashapule aba ari mu bikenerwa cyane i Kibeho

    Amazi y’Isoko ya Bikira Mariya i Kibeho aba ashakwa cyane

    Bamwe batahanye amashusho ya Bikira Mariya

    Biba ari umunezero

    Amafoto: Kwizera Remy Moses


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abarenga-ibihumbi-78-bizihirije-asomusiyo-i-kibeho-amafoto-na-video

  • Brig Gen Rwivanga yavuze imyato abasirikare ba LONI banze kuva mu Rwanda mu 1994 – #rwanda #RwOT

    Ni ingingo yakomojeho kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Kanama 2025, ubwo aba basirikare, bagiranaga ibiganiro n'urubyiruko ndetse n'Ingabo z'u Rwanda.

    Ibi biganiro byari bifite insanganyamatsiko igiri iti 'Gushishikariza urubyiruko rw'ejo hazaza kugira ubutwari n'ubumuntu'.

    Aba basirikare ni bamwe mu bagumye mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ubwo ingabo nyinshi za LONI zakurwaga mu gihugu.

    Ku itariki ya 7 Mata 1994, u Bubiligi bwafashe icyemezo cyo gukura abasirikare babwo mu Rwanda, bikaba byaraciye intege MINUAR. Kuri iyo tariki, bwatangije ubukangurambaga bukomeye bwo gusaba ko MINUAR iseswa, bugamije ko yose ivanwa mu Rwanda.

    Ku itariki ya 11 Mata, abasirikare b'Ababiligi basize impunzi zirenga 2.000 muri ETO Kicukiro, aho zahise zicwa n'Interahamwe n'igisirikare cya Leta.

    Ku gitutu cy'u Bubiligi, ku itariki ya 21 Mata 1994, Akanama k'Umutekano ka LONI kahisemo gukura MINUAR mu Rwanda, bya nyirarureshwa, hasigara abasirikare 270 gusa batari bafite ubushobozi bwo kurinda abicwaga.

    Nyuma y'abo basirikare, hari abandi banze gutaha baguma i Kigali, n'ubwo ibyo bakoraga byose bitafatwaga n'akazi kuko batari bari ku rutonde rw'abasigaye mu butumwa bwa LONI.

    Muri Jenoside yakorewe Abatutsi, abasirikare ba Ghana babashije kurokora abagera ku bihumbi 30.

    Brig Gen Rwivanga yasabye urubyiruko kwishyira mu mwanya w'aba basirikare babaye intwari no kwibaza icyo baba barakoze iyo bahaba.

    Yagize ati 'Ariko cyane cyane ukibaza uti ese ni iki nakora ubu kugira ngo mpagarare ku kuri n'ubumuntu.'

    Yanakomoje ku butwari bwaranze Capt Mbaye, wari imwe mu ngabo za Loni zoherejwe mu Rwanda mu 1993 kubungabunga amahoro, nk'imwe mu myanzuro yari yafatiwe mu nama ya Arusha yahuzaga Guverinoma y'u Rwanda yari iriho na FPR- Inkotanyi.

    Mbaye yari indorerezi muri izo ngabo, ashinzwe gutanga amakuru mu buyobozi bw'ingabo za LONI zishinzwe kugarura amahoro.

    Azwi cyane ubwo we na bamwe mu Banyarwanda barwanyaga ibyari biri kuba bashakaga guhungishiriza Abatutsi bari muri Milles Collines ku kibuga cy'indege.

    Umunsi umwe bageze mu nzira batangirwa n'Interahamwe zibasaba kuziha Abatutsi bari batwaye, Mbaye ava mu modoka ababwira ko adashobora kubaha abo ashinzwe kurinda ngo bicwe.

    Kubera ubwinshi bw'Interahamwe zari zabatangiriye, byabaye ngombwa ko bakata bakagaruka kuri Milles Collines ariko nta n'umwe wishwe.

    Tariki ya 31 Gicurasi 1994, ubwo Mbaye yari atwaye ubutumwa bwa Romeo Dallaire wari uhagarariye ingabo za LONI mu Rwanda abuvanye k'uwari Umugaba mukuru w'ingabo Augustin Bizimungu, yageze kuri bariyeri imwe agihagararara imodoka ye iraswaho igisasu inyuma, kimukubita mu mutwe ahita agwa aho, apfa ari mu myiteguro yo gusubira iwabo muri Sénégal.

    Brig Gen Rwivanga yavuze ko 'Ubutwari bwa Kapiteni Mbaye, warokoye abantu benshi akoresheje ubwenge n'ubutwari bwe gusa, buracyari bumwe mu bikorwa by'indashyikirwa by'umusirikare ku giti cye mu mateka y'ubutumwa bwa LONI bwo kugarura amahoro, igikorwa cyatumye ahasiga ubuzima.'

    Maj Gen (Rtd) Clayton Boanubah Yaache, umwe mu basikare bo muri Ghana bari mu Rwanda, yavuze ko mu bihe bya Jenoside babonye amahano mu Rwanda.

    Yagarutse ku uko bacitse igikuba ubwo LONI yahagarikaga ubutumwa bwabo, n'ibihe bikomeye bahanganye n'Interahamwe, ndetse n'uko yakiriye urupfu rw'incuti ye bari kumwe mu butumwa bw'amahoro, Capt Mbaye warokoye Abatutsi benshi.

    Ati 'U Rwanda rwatwigishije ko inshingano iruta izindi ku musirikare atari ugukurikiza amategeko gusa, ahubwo ari uguharanira ubuzima ubwabwo.'

    Mu 2022 Perezida wa Repulika Paul Kagame yashimye umutima w'ubutwari waranze abasirikare ba Ghana bari mu Rwanda mu 1994 mu butumwa bwa Loni, aho yambitse impeta y'ishimwe Rtd. Maj. Gen. Henry Kwami Anyidoho wari wungirije Gen. Romeo Dallaire, na Rtd. Maj. Gen. Joseph Adinkra wari uyoboye batayo yarimo abasirikare ba Ghana bari mu Rwanda.

    Brig Gen Rwivanga yavuze imyato abasirikare ba LONI banze kuva mu Rwanda mu 1994

    Maj Gen (Rtd) Clayton Boanubah Yaache, umwe mu basikare bo muri Ghana bari mu Rwanda, yavuze ko mu bihe bya Jenoside babonye amahano mu Rwanda

    Ibi biganiro byari byitabiriwe n’Ingabo z’u Rwanda mu mashami atandukanye

    habaye ibiganiro bitandukanye

    Ibi biganiro byari bifite insanganyamatsiko igiri iti 'Gushishikariza urubyiruko rw'ejo hazaza kugira ubutwari n'ubumuntu'

    Urubyiruko rwahawe umwanya wo kubaza ibibaho


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/brig-gen-rwivanga-yavuze-imyato-abasirikare-ba-loni-banze-kuva-mu-rwanda-mu

  • Imyuzure ikomeye muri Pakistan na Kashmir yahitanye abasaga 300, imvura ikomeje kugwa #rwanda #RwOT

    Imyuzure ikomeye muri Pakistan na Kashmir yahitanye abasaga 300, imvura ikomeje kugwa

    Imyuzure yatewe n'imvura nyinshi imaze iminsi igwa muri Pakistan no muri Kashmir iyoborwa na Pakistan imaze guhitana abantu basaga 300, ndetse inzego z'ubutabazi ziravuga ko umubare ushobora gukomeza kwiyongera mu gihe imvura ikomeje kugwa nta gihagarara.

    Nk'uko byatangajwe n'inzego za gisirikare n'izishinzwe kurwanya ibiza muri Pakistan, kugeza ubu abantu 307 nibo bamaze kwemezwa ko bapfuye, abandi benshi bakaba barakomerekeye mu turere dutandukanye. Abenshi mu bapfuye ni abo mu ntara ya Khyber Pakhtunkhwa iri mu majyaruguru y'uburengerazuba bw'igihugu, aho inzu zigera kuri 74 zasenyutse burundu.

    Mu bikorwa by'ubutabazi byari bigamije kugeza imfashanyo no gutabara abaturage bari bugarijwe n'amazi, indege ya kajugujugu y'ingabo za Pakistan yahanutse, ihitana abasirikare 5 bari bayirimo. Ibi byazanye intimba ikomeye mu gihugu, kuko abo basirikare bari mu bikorwa byo kurengera ubuzima bw'abaturage.

    Uretse abapfuye muri Khyber Pakhtunkhwa, inzego z'ubuyobozi zatangaje ko muri Kashmir iyoborwa na Pakistan hapfiriye abandi bantu 9, naho muri Gilgit-Baltistan abagera kuri 5 bahasiga ubuzima nyuma y'imvura idasanzwe yaguye ikazasenyera abaturage.

    Umwe mu baturage bo mu karere ka Buner yatangarije itangazamakuru ko amazi yaje 'nk'iherezo ry'isi', ubutaka bwose bugasakara nk'aho ari umutingito. Yavuze ko abenshi mu baturage basigaye batagira aho bikinga, imihanda n'ibiraro bikaba byarangiritse bikomeye, bituma ibikorwa by'ubutabazi bigorana.

    Ikigo cy'igihugu gishinzwe iteganyagihe cyatangaje ko imvura idasanzwe izakomeza kugwa kugeza ku wa 21 Kanama 2025, bityo abaturage bakomeje gusabwa kwimuka mu duce twibasirwa cyane n'imyuzure. Abaturage baburiwe ko bakwiye kwirinda kwegera inkengero z'uruzi no gukomeza kwitondera ibishobora guterwa n'isenyuka ry'ubutaka.

    Imyuzure imaze kwangiza ibikorwa remezo byinshi, birimo imihanda, ibiraro, amashuri n'amavuriro, ndetse hegitari nyinshi z'imirima y'abaturage zirengerwa n'amazi. Byitezwe ko ubukungu bw'igihugu buzagerwaho n'ingaruka zikomeye, cyane cyane ku bijyanye n'ibiribwa no gutwara abantu n'ibintu.

    Inzego za gisirikare, izishinzwe ubutabazi n'imiryango itanga imfashanyo bikomeje ibikorwa byo gutabara no kugeza amafunguro, amazi meza n'imiti ku baturage bugarijwe. Ariko kubera ko imihanda myinshi yasenyutse, ibikorwa byo kugeza ubufasha bikomeje kugorana cyane.

    Abasesenguzi bavuga ko imyuzure ikomeje kwibasira Pakistan ikomeje kugaragaza ikibazo gikomeye cy'imihindagurikire y'ibihe, aho buri mwaka iki gihugu gihura n'imvura idasanzwe itera ibiza bihitana abaturage benshi.

     

    Source : https://kasukumedia.com/imyuzure-ikomeye-muri-pakistan-na-kashmir-yahitanye-abasaga-300-imvura-ikomeje-kugwa/

  • Levixone na Desire Luzinda basezeranye imbere y'Imana, Eddy Kenzo abagabira inka ebyiri. #rwanda #RwOT

    Abahanzi b'ibyamamare muri Uganda, Levixone na Desire Luzinda, basezeranye kubana akaramata mu birori bikomeye byabereye kuri Lake Victoria Serena Golf Resort and Spa, Kigo, ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 16 Kanama 2025.

    Ubu bukwe bwabereye mu rwego rwo hejuru bwitabiriwe n'inshuti nke za hafi ndetse n'imiryango yombi, bwari buyobowe na Apostle Grace Lubega, umushumba mukuru wa Phaneroo Ministries International. Byanashimangiwe n'uko aba bombi bari bamaze imyaka isaga itatu bakundana mu ibanga rikomeye, kugeza bahisemo kubishyira ahabona binyuze mu isezerano ry'ubushyingiranwe.

    Levixone, wari wambaye imyambaro igezweho ijyanye n'igihe, yaserutse mu mwambaro w'icyatsi kibisi wijimye, nyuma akambara ikote ry'umweru ryatumye arushaho kugaragara neza nk'umugabo ugiye mu rugendo rushya rw'ubuzima. Umuherekeza we mukuru (Best Man), akaba n'inshuti ye magara, Andrew Kyamagero, yifatanyije nawe, mu gihe abasore bamwunganiraga bari bambaye imyambaro y'umukara, ishusho y'ubwitonzi n'uburemere bw'umunsi.

    Ku ruhande rwa Desire Luzinda, yaserutse mu ikanzu y'ubukwe y'umweru isukuye, yagaragazaga ubwiza n'ubwitonzi bwe busanzwe, ishimangira ko ari umunsi udasanzwe w'imbamutima.

    Mu byatangaje benshi, umuhanzi Eddy Kenzo yatanze impano idasanzwe yo kugabira abageni inka ebyiri, nk'ikimenyetso cy'urukundo no kubifuriza urugo ruhire. Iyi mpano yakiranwe amashyi n'ibyishimo n'abari bitabiriye, yongera kugaragaza uburyo abahanzi b'Uganda bakomeje kubaka umubano udasanzwe hagati yabo.

    Ubu bukwe bwavuzwe cyane mu bitangazamakuru byo muri Uganda no hanze yayo, cyane cyane kuko Desire Luzinda ari umwe mu bahanzikazi bakunzwe cyane mu myaka yashize, naho Levixone akaba umwe mu bahanzi b'indirimbo zihimbaza Imana bazwi cyane muri icyo gihugu.

     

    Source : https://kasukumedia.com/levixone-na-desire-luzinda-basezeranye-imbere-yimana-eddy-kenzo-abagabira-inka-ebyiri/

  • Young Africans yegukanye igikombe ku Munsi w'Igikundiro 20245, ni nyuma yo gutsinda Rayon Sports 3-1 #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Kanama 2025, ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania yatsinze Rayon Sports ibitego 3-1 kuri Stade Amahoro, mu mukino wa gicuti w'ibirori bya Rayon Sports Day 2025, bizwi nka Umunsi w'Igikundiro.

    Uyu munsi waranzwe no kwerekana abakinnyi Rayon Sports izakoresha mu mwaka mushya w'imikino wa 2025-2026, barimo abasanzwe ndetse n'abashya yaguze.

    Ku munota wa mbere w'umukino, habayeho amakosa kuri baya myugariro ba Yanga SC, binyuze kuri Andambwile, n'umunyezamu we Djigui Diara.

    Ibi byabaye ubwo Umupira yawusubizaga inyuma ufite imbaraga nyinshi, Diara awutegera atinze, bityo bibyara igitego cya mbere cya Rayon Sports.

    Rayon Sports yakiniraga imbere y'Abakunzi bayo yakomeje gushaka uburyo bwo gushaka ibindi bitego ariko ikipe ya  Young Africans yihagararaho ari naho nayo yakomeje kureba uburyo bwo gushaka igitego.

    Ku munota wa 26, Umunya-Côte d'Ivoire Pacome Zouzoua yanyuze mu bakinnyi bo hagati ba Rayon Sports, aha umupira mwiza rutahizamu Andy Boyeli wahise atsinda igitego umunyezamu Drissa Kouyate, bityo biba bibaye igitego kimwe kuri kimwe.

    Mu minota ya nyuma y'igice cya mbere, Pacome Zouzoua yongeye kwigaragaza, anyura ku ruhande rw'iburyo maze ku munota wa 45 atsinda igitego cya kabiri cya Young Africans ku ishoti rikomeye riturutse hanze y'urubuga rw'amahina. Igice cya mbere kirangira Yanga iyoboye ku bitego 2-1.

    Rayon Sports yatangiye igice cya kabiri isimbuza, ikuramo Ntarindwa Aimable asimburwa na Tambwe Gloire, na Rushema Chris wasimbuwe na Sindi Jesus Paul.

    Izi mpinduka zatumye ikipe igira imbaraga mu kibuga hagati no ku mpande, ariko ntibyabujije Young Africans gukomeza kuyobora umukino.

    Ku rundi ruhande, Yanga yakoze impinduka nyinshi, harimo gukuramo Pacome Zouzoua ku munota wa 70.

    Rayon Sports kandi yakuyemo abakinnyi barimo Niyonzima Olivier Seif wasimbuwe na Ndayishimiye Richard ndetse na Emery Bayisenge wasimbuwe na Ishimwe Ganijuru Elie.

    Mu minota itanu y'inyongera, Young Africans yabonye koruneri, kapiteni Mwamnyeto Bakary atsinda igitego cya gatatu n'umutwe, bityo Yanha SC yegukana intsinzi ityo.

    Uyu mukino kandi wari wabanjirikwe no kwerana abakinnyi b'amakipe ya Rayon Sports y'Abagabo n'Abagore izakoresha.

    Hari kandi n'abahanzi batandukanye basusurukije abitabiriye uyu mukino, harimo noa Kenny sol na Zeoptrap banakoranye ibitaramo bitandukanye na Rayon Sports ubwo bajyanaga mu ntara.

    Iyi ni inshuro ya kabiri yikurikiranya Rayon Sports itsindirwa ku Munsi w'Igikundiro, kuko no mu 2024 yari yatsinzwe na Azam FC igitego 1-0.

    The post Young Africans yegukanye igikombe ku Munsi w'Igikundiro 20245, ni nyuma yo gutsinda Rayon Sports 3-1 appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/young-africans-yegukanye-igikombe-ku-munsi-wigikundiro-20245-ni-nyuma-yo-gutsinda-rayon-sports-3-1/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=young-africans-yegukanye-igikombe-ku-munsi-wigikundiro-20245-ni-nyuma-yo-gutsinda-rayon-sports-3-1

  • Abarenga 6.000 bunganirwa mu mategeko ku buntu buri mwaka – #rwanda #RwOT

    Uru rugaga rwatangiranye n'abavoka 37 gusa mu 1997, ariko ubu bakaba bamaze kurenga 1.600 mu 2025.

    Mu bavoka 37 bari mu Rwanda mu myaka 28 ishize, 30 bari abagabo mu gihe abagore bari barindwi gusa. Kuri ubu abagore bari muri uru rugaga ni hafi 400.

    Uru rugaga rufite inama y'ubutegetsi igizwe n'abantu 13, muri bo barindwi bakaba agabore.

    Iyi mibare yagarutsweho na Perezida w'Urugaga rw'Abavoka mu Rwanda [Rwanda Bar Association], Me Nkundabarashi Moïse, agaruka ku ntambwe imaze guterwa n'uru rugaga rwashinzwe hashize igihe gito hahagaritswe Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

    Ubwo yatangizaga Inama Mpuzamahanga ya Advocates Africa iri kubera i Kigali, Me Nkundabarashi, yavuze ko mu 1997 mu Rwanda hari hakenewe abunganira abandi mu mategeko benshi ariko umubare wabo wari ukiri hasi.

    Yavuze ko iterambere ryabo ryagiye rijyana n'iry'ikoranabuhanga mu mwuga wabo, aho kuva mu 2016 u Rwanda rwatangiye gukoresha sisitemu y'ikoranabuhanga ifasha kugera kuri serivisi zose z'ubutabera ya IECMS [Integrated Electronic Case Management System].

    Ati 'Muri iki gihe, buri kimwe dukorera mu nkiko gikorerwa kuri internet, dukoresheje ibi bikoresho [telefoni na mudasobwa] twese tugendana. Ibi byazanye impinduka nyinshi mu bijyanye n'imikorere y'ubwunganizi mu by'amategeko, kuko ubu nshobora gukurikirana imanza zanjye ntari mu rukiko, ahubwo niyicariye i Londres. Nkenera gusa internet.'

    Me Nkundabarashi yanavuze ko bakomwe mu nkokora n'impinduka zagiye zikorwa n'ubutegetsi bushya bwa Donald Trump burimo guhagarika imishinga imwe n'imwe bafatanyaga, ikaba ari imwe mu mpamvu nyinshi berekeje amaso no mu zindi nzego kugira ngo barusheho kwigira.

    Ati 'Hari byinshi twakoze mu murongo w'igitekerezo cyo kwigira. Tugamije kugira ngo tube urugaga rw'icyitegererezo ku rwego rw'Isi, rukora cyane mu guhangana n'ibi bibazo, kuko turi mu gihugu gikora ibishoboka byose ngo cyigire kandi cyiyubakire ejo hazaza hacyo.'

    Yavuze ko bashoye imari mu bikorwa by'ubucuruzi hagamijwe kubona inyungu zo kubafasha mu buryo butandukanye.

    RBA ifite Advocates Investment Company Ltd, sosiyete ifite ibikoresho bitandukanye, ndetse ubu bakaba bafite ubwizigame mu Kigega RNIT Iterambere Fund bubafasha gukora ishoramari buri mwaka.

    Muri rusange uru rugaga rumaze kugira ishoramari rirenga miliyari 3 Frw.

    Me Nkundabarashi yagaragaje ko ubu bafite n'ubwishingizi bugenerwa abagize urugaga rwa RBA n'imiryango yabo.

    Ati 'Dufite n'umushinga wo kwita ku bashaka kujya mu kiruhuko cy'izabukuru bageze ku myaka yo gusezera ku kazi, na byo turi kubikorera abavoka bacu.'

    Me Nkundabarashi yagaragaje ko ubu bafite n'ubwishingizi bugenerwa abagize urugaga rwa RBA n'imiryango yabo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abarenga-6-000-bunganirwa-mu-mategeko-ku-buntu-buri-mwaka

  • Urubyiruko 5560 rwanyuze mu itorero Indangamirwa (Video) – #rwanda #RwOT

    Icyiciro cya 15 cy'Itorero Indangamirwa cyari kigizwe n'abasore n'inkumi 443, abakobwa 208 n'abahungu 235 barimo abiga mu mahanga ni 105, abiga mu mashuri mpuzamahanga akorera mu Rwanda ni 103 n'abandi 235 baturutse mu turere twose tw'u Rwanda babaye indashyikirwa ku rugerero.

    Bigishwa kwirinda no kwirwanaho

    Bahawe ubumenyi bw’ibanze ku buryo bakwirwanaho batewe n’umwanzi

    Abarenga 440 bari bagize icyiciro cya 15 cy’Itorero Indangamirwa


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/urubyiruko-5560-rwanyuze-mu-itorero-indangamirwa-video

  • Minisitiri Nduhungirehe ari muri Australia – #rwanda #RwOT

    Minisitiri Nduhungirehe yatangiye uruzinduko rwe ku wa Kane tariki ya 14 Kanama 2025, aho yitabiriye inama izahuriza hamwe abayobozi muri Guverinoma, abacuruzi ndetse n'imiryango itegamiye kuri Leta.

    Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga y'u Rwanda ku wa 15 Kanama 2025 ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, yatangaje ko Minisitiri Nduhungirehe yahuriye n'Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n'amahanga n'Ubucuruzi, Hon. Matt Thistlethwaite, i Adelaide muri Australia.

    Mu biganiro bagiranye, bagarutse ku ngingo zirebana n'inyungu rusange, zirimo ubucuruzi n'ishoramari hagati y'u Rwanda na Australia.

    Australian Leadership Retreat, ni inama yo ku rwego rwo hejuru ihuriza hamwe abayobozi bo mu nzego za Leta, abikorera n'imiryango itari iya Leta yahawe insanganyamatsiko igira iti 'Ishoramari rihuriweho kandi rihamye.'

    Uruzinduko rwa Minisitiri Nduhungirehe rukazarangira ku wa 17 Kanama 2025.

    Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n'Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n'amahanga n'Ubucuruzi muri Australia, Hon. Matt Thistlethwaite

    Minisitiri Nduhungirehe yitabiriye inama ya ‘Australian Leadership Retreat’


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/minisitiri-nduhungirehe-ari-muri-australia

  • Polisi yaburiye abanyonzi bagenda basoma ku nzoga batwaye – #rwanda #RwOT

    Mu biganiro na Polisi, aba banyonzi bibukijwe ko kugira ngo bubahirize neza amategeko y'umuhanda n'uburyo bunoze bwo kuwugendamo, bagomba guhesha agaciro umurimo bakora.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyaruguru, IP Ignace Ngirabakunzi, yibukije aba batwara amagare ko bafite uruhare mu kwimakaza gahunda ya Gerayo Amahoro yashyizweho mu 2019, igamije kuzamura imyumvire y'abakoresha umuhanda kugira ngo birinde amakosa y'abateza impanuka.

    Yabibukije ko iyo umuntu atwaye igare akirengagiza amategeko y'umuhanda, bishobora kumuteza impanuka mbi ishobora kumumugaza cyangwa kumutwara ubuzima.

    Ati 'Imiterere y'igare isaba urigendaho kwitwararika cyane, akubahiriza amategeko y'umuhanda kugira ngo yirinde impanuka bitewe n'uko impanuka y'igare yongera ibyago byo guhitana uririho cyangwa kumumugaza bityo mwirinde amakosa yabateza impanuka.'

    Abatwara amagare bibukijwe ko nyuma ya Saa 18:00 nta gare riba ryemerewe kujya mu muhanda bitewe n'uko buba bwatangiye guhumana kandi batagira amatara.

    Ibindi bibukijwe ni ukwirinda gupakira imizigo irenze ubushobozi bw'igare.

    Bibukijwe kandi ko kujya mu muhanda wanyoye ibisindisha bibujijwe bityo ababifatirwamo bagomba guhanwa. Ni mu gihe bamwe mu batwara amagare mu Karere ka Musanze usanga bayapakiyeho amajerekani y'urwagwa bityo hakaba hari n'abatandukira bakarunywa kandi bari bunyonge igare.

    IP Ignace Ngirabakunzi ati 'Gutwara ku igare inzoga ntabwo bivuze ko ubanza kuzinywa. Niba wanyoye inzoga irinde gutwara igare kuko byongera ibyago by'impanuka zihitana abantu ndetse zikanabamugaza.'

    Polisi yaburiye abanyonzi bagenda basoma ku nzoga batwaye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/musanze-polisi-yaburiye-abatwara-urwagwa-ku-igare-bakagenda-barusomaho

  • Hashyizweho komite igenzura ukwihuza kwa BDF na BRD – #rwanda #RwOT

    Ku wa 31 Nyakanga 2025, ni bwo BDF yahujwe na Banki y'Amajyambere y'u Rwanda (BRD) hagamijwe kwihutisha uburyo bwo kubona inguzanyo no gutanga inguzanyo ziteguye neza, zigafasha umukiliya kugera ku ntego ze.

    Itangazo Minecofin yahaye itangazamakuru ku wa 14 Kanama 2025, rivuga ko komite y'inzibacyuho igenzura ihuzwa ry'ibigo byombi igizwe n'abantu bakora muri Banki Nkuru y'u Rwanda, abakora muri Minisiteri y'Imari n'Igenamigambi, abo muri Minisiteri y'Ubucuruzi n'Inganda, abahagarariye Ikigega Giteza imbere imishinga mito n'iciriritse (BDF) n'abo muri Banki y'Amajyambere y'u Rwanda n'abandi.

    Rigira riti 'Komite iyobowe na BRD iri kugenzura ibisabwa byose mu kwihuza, kandi iri gutegura igenabikorwa mu buryo burambuye.'

    Minecofin ivuga ko nyuma yo guhuza ibigo byombi, inshingano za BDF zo kwegereza serivisi z'imari abaturage zizakomeza gukorwa ariko bigashyirwa mu bikorwa binyuze mu gukorana bya hafi n'Imirenge SACCO n'urwego rw'abikorera.

    BRD ifite imigabane ingana na 45% muri BDF ndetse biteganyijwe ko izatangiza ikigega cyayo cyishingira inguzanyo mu bihe bya vuba.

    Riti 'Ni ngombwa gushimangira ko BRD yari ifite imigabane ingana na 45%. Hiyongeraho inkunga ya Banki y'Iterambere y'u Budage na Banki y'Isi, BRD yatangiye gutegura ishingwa ry'ikigega cyayo cyishingira inguzanyo. BRD kuri ubu ifatiye runini BDF mu byerekeye kwishingira inguzanyo.'

    Minecofin igaragaza ko uburyo bw'imikorere bushya bwa BRD butanga icyizere cyo kuzatanga umusaruro kubera kwegera abakiliya bayo binyuze muri za SACCO n'ibindi bigo by'imari.

    Itangazo risobanura ko amasezerano yasinywe n'inguzanyo zishingiwe bizakomeza kugira agaciro ndetse komite y'inzibacyuho igenzura ukwihuza kw'ibigo byombi ikazakora ibishoboka ntihagire umukiliya cyangwa umufatanyabikorwa uhura n'imbogamizi.

    Magingo aya BDF iracyakora n'abakozi bayo bose baracyari mu kazi.

    Biteganyijwe ko kwihuza bizanoza imikorere, gukoresha neza amafaranga icyo yagenewe, guteza imbere ikoranabuhanga no kuzamura za SACCO n'ibigo by'imari.

    Raporo y'Umugenzuzi Mukuru w'Imari ya Leta y'umwaka warangiye muri Kamena 2023 igaragaza ko BDF yemeje imishinga y'ikodeshagurisha rinini n'ikodeshagurisha riciriritse rya miliyoni 79 Frw, habayeho ubukererwe buri hagati y'iminsi 112 (hafi amezi ane) n'iminsi 1176 (ni ukuvuga imyaka itatu n'amezi abiri).

    Inguzanyo y'imishinga yo mu rwego rw'ubuhinzi n'ubworozi ifite agaciro ka miliyoni 132 Frw yemejwe nyuma y'ubukererwe bw'iminsi iri hagati ya 102 (amezi atatu) n'iminsi 1186 (imyaka itatu n'amezi abiri).

    Iyi raporo iti 'Gutinga kwemeza ubusabe bw'inguzanyo bigira ingaruka zikomeye ku ishyirwa mu bikorwa ry'imishinga y'abagenerwabikorwa.'

    Mu myaka 14, BDF yari imaze gufasha ba rwiyemezamirimo barenga ibihumbi 50 mu gihe imirimo bahanze ibarirwa mu bihumbi 330.

    BRD yari isanzwe ifite imigabane ingana na 45% muri BDF


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/hashyizweho-komite-igenzura-ukwihuza-kwa-bdf-na-brd