Author: webrwanda

  • Spiro yagabanyije ibiciro bya moto zayo nshya – #rwanda #RwOT

    Kumurika izo moto byabereye ku Ishami rya Spiro mu Giporoso, kuri uyu wa 05 Nzeri 2025. Abantu 1000 ba mbere bazagura izi moto muri iki gihe cya poromosiyo, bashyiriweho umwihariko wo kongera kugabanyirizwa ibiciro uguze moto akayihabwa kuri miliyoni 1 n'ibihumbi 150 Frw, bakanahabwa izindi mpano.

    Umuyobozi ushinzwe Ubucuruzi muri Spiro, Shanton Ngabire, yavuze ko iki kigo cyagabanyije ibiciro bya moto zikoresha amashanyarazi kugira ngo abazikenera bazibone ku bwinshi, mu gushyigikira gahunda ya Leta y'u Rwanda yo kugabanya imyuka ihumanya ikirere no kurengera ibukikije, hongerwa ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi hakagabanywa ibikoresha lisansi.

    Ati ''Iyo turebye, iyo uhenze umuntu burya ntabwo ari inyungu zacu, cyane cyane kubera ko turi mu iterambere ryo kugira ngo turebe uko twabungabunga ikirere. Rero mu buryo bwo koroshya kugira ngo turebe ko twabungabunga ibidukikije, dushaka kugira ngo uwo ari we wese abone uburyo bumworoheye yatunga mo moto.''

    Ngabire kandi yahamagariye abaturarwanda muri rusange cyane cyane abamotari, kwitabira iyi gahunda yo kugura moto zikoresha amashanyarazi kugira ngo buri wese akomeze gushyira itafari rye ku mishinga irengera ibidukikije.

    Ati ''Tumaze igihe kinini tubivuga tukavuga tuti 'Umunyarwanda wese ureba ku hazaza cyangwa se unareba icyo leta idusaba, niba adashaka kurengera abandi wenda arengere abavandimwe be, arengere imiryango ye. […] Umunyarwanda uri aha hanze wese n'uyitega, namenye y'uko uyu munsi moto y'ukuri, moto y'u Rwanda, moto nziza ari moto y'amashanyarazi.''

    Umumotari witwa Bizumurenyi Sadi umaze kubaka izina ku mbuga nkoranyambaga kubera kuzikoresha cyane akanavuga Icyongereza, ni umwe mu ba mbere baguze kuri izo moto nshya za Spiro, avuga ko na we yafashe icyemezo cyo kureka moto ikoresha lisansi kugira ngo atange umusanzu we mu kurengera ibidukikije.

    Ati ''Nari nsanzwe nkoresha moto inywa lisansi, gusa nafashe umwanzuro wo kuba nayihindura nkakoresha moto y'amashanyarazi kubera ko nasobanukiwe ibyiza byo gukoresha moto z'amashanyarazi, ko nshobora kuba naba ngize uruhare mu kubungabunga ibidukikije, ikindi nasobanukiwe ko ugereranyije moto isanzwe na moto ikoresha amashanyarazi, ihenze cyane mu bijyanye n'ibikenerwa mu kuyitaho ni moto inywa lisansi.''

    Ku bijyanye no guhenduka kwa moto yaba ku biciro ndetse n'ibindi nkenerwa nyuma byo kuyitaho, ni igitekerezo Bizumurenyi ahuriyeho na Nsanzineza Amidu, wahamije ko kuba igiciro cyo moto za Spiro kidahanitse akaba yabashije kwigurira iye nta kabuza bigiye kumufasha mu iterambere rye.

    Ati ''Irahendutse, iyi moto ni iterambere. Nzayikoresha mu bikorwa byanjye bwite, mu iterambere no mu yindi mirimo yanjye ya buri munsi.''

    Ikigo gicuruza ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi cya Spiro, gitangaza ko izi moto zamuritswe ari nziza yaba mu mikorere no mu miterere yazo, ndetse ko ubu byorohejwe ku bashaka kuzigura kuko iyo umaze kwishyura bisaba nibura iminsi icumi ukaba wabonye moto yawe n'ibyangombwa byayo byose, ibitandukanye n'uko mbere byatwaraga ukwezi cyangwa kukaba kwanarenga.

    Moto za Spiro zaguraga miliyoni 2 Frw, ziri gutangwa kuri poromosiyo kuri miliyoni 1,2 Frw

    Abantu 1000 ba mbere bari kugura moto za Spiro, bari kugabanyirizwa bakazihabwa kuri miliyoni 1 n’ibihimbi 150 Frw, bakanahabwa impano

    Bizumurenyi Sadi waguze moto y’amashanyarazi akareka iya lisansi, avuga ko izamufasha gushyira itafari ku mishinga irengera ibidukikije

    Abatwara moto barashishikarizwa kugura iz’amashanyarazi kuko zifasha mu kurengera ibidukikije hacibwa izikoresha lisansi

    Imiterere ya moto nshya za Spiro


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/spiro-yagabanyije-ibiciro-bya-moto-zayo-nshya

  • Ibiciro by'ibikomoka kuri Peteroli mu Rwanda byazamutse – #rwanda #RwOT

    Ibi RURA yabitangaje ku mugoroba wo kuri uyu wa 5 Nzeri 2025, ivuga ko bizatangira kubahirizwa guhera ku wa 6 Nzeri 2025, Saa kumi n'ebyiri za mu gitondo, bikazagenderwaho mu gihe cy'amezi abiri ari imbere.

    RURA yakomeje ivuga ko “Mu rwego rwo guhangana n'ihindagurika ry'ibiciro by'ibikomoka kuri peteroli ku isoko mpuzamahanga, Guverinoma y'u Rwanda ikomeje gucunga neza ububiko bw'ibikomoka kuri peteroli no gushyira mu bikorwa imicungire myiza y'ubukungu muri rusange hagamijwe kurengera abaguzi no kwirinda izamuka rikabije ry'ibiciro.”

    Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byazamutse


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibiciro-by-ibikomoka-kuri-peteroli-byazamutse

  • Sobanukirwa uko wagura Ibendera ry'u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ibendera ry'u Rwanda ni kimwe mu birango bikomeye byubahwa, ndetse bishyirwa ku nyubako z'ubutegetsi.

    Itegeko rigena imiterere, ibisobanuro, imikoreshereze n'iyubahirizwa by'ibendera ry'igihugu rikorwa mu mwenda wa poliyesiteri ijana ku ijana (100%). Indodo z'uruteranyirizo rw'amabara arigize ntizigaragazwa.

    Ibendera ry'Igihugu rigizwe n'amabara atatu ari yo icyatsi kibisi, umuhondo n'ubururu.

    Icyatsi kibisi gisobanura icyizere cy'uburumbuke hakoreshejwe neza imbaraga z'Abanyarwanda n'ibiri mu Rwanda. Umuhondo sobanura ubukungu. Abanyarwanda bagomba guhagurukira umurimo kugira ngo bagere ku bukungu burambye.

    Ubururu busobanura umunezero n'amahoro. Abanyarwanda bagomba guharanira amahoro azabageza ku bukungu burambye n'umunezero. Izuba n'imirasire by'umuhondo wa zahabu bisobanura urumuri rugenda rwiyongera rumurikira bose. Byerekana ubumwe, gukorera mu mucyo no kurwanya ubujiji.

    Ubutumwa Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu yashyize kuri X ku wa 5 Nzeri 2025, bugaragaza ko umuntu ashobora kugura Ibendera ry'Igihugu anyuze ku rubuga 'Irembo'.

    Ukimara gufungura Irembo.gov.rw uhita umanuka ukagera ahanditse itangazamakuru n'imibereho myiza y'abaturage, hanyuma ukinjira ahanditse gusaba no kwishyura Ibendera ry'lgihugu ukuzuza ibisabwa.

    Sisitemu igusaba kuzuza imyirondoro no guhitamo ingano y'ibendera wifuza kugura. Ibiciro byaryo bigenda bihinduka.

    Nk'urugero ibendera rito rishyirwa ku meza ubona ko rigurwa 15000 Frw, ibendera rikozwe nk'umudali rigura 3000 Frw, Ikirango gisanzwe cya Repubulika y'u Rwanda kigura 25000 Frw.

    Ibendera rinini rigenewe kuzamurwa imbere y'inzu z'ubutegetsi n'ahandi rikenewe. Iri bendera rifite ingero za santimetero ijana na mirongo icyenda n'eshanu (cm 195) z'uburebure na santimetero ijana na mirongo itatu (cm 130) z'ubugari rifite umugozi w'umuhondo rigura ibihumbi 45 Frw mu gihe ibendera nk'iri ridafite umugozi w'umuhondo ari ibihumbi 30 Frw.

    Ingingo ya karindwi y'iri tegeko ivuga ko 'Nta muntu ku giti cye wemerewe gutunga ibendera ry'Igihugu. Icyakora umuntu yemerewe gutunga no gukoresha amabara afatanye, ku buryo bushushanya ibendera ry'Igihugu.'

    Ibendera rinini ry'Igihugu rizamurwa imbere y'inzu z'ubutegetsi, n'ahantu hagenwe gukorerwa imihango y'Igihugu n'inzego zibifitiye ububasha cyangwa ahandi hateganywa n'amategeko. Icyakora iyo imihango irangiye, ibendera ry'Igihugu rirururutswa.

    Ibendera rinini ry'Igihugu rishobora kandi kuzamurwa aho ibigo by'abikorera bikorera n'aho amashyirahamwe yemewe na Leta akorera, babisabiye uburenganzira Minisitiri ufite uburinzi bw'ibendera ry'Igihugu mu nshingano ze.

    Ibendera ry’Igihugu rigura amafaranga atandukanye hagendewe ku ngano yaryo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/sobanukirwa-uko-wagura-ibendera-ry-u-rwanda

  • Ibyo wamenya ku bise abana b'ingagi amazina – #rwanda #RwOT

    Muri iyi nkuru, tugiye kugaruka ku bantu 40 bagize uruhare mu guha amazina abo bana bose b'ingagi baheruka kuvuka uko ari 40.

    1. Javier Pastore

    Javier Patore ni umunya-Argentine wamenyekanye ubwo yakinaga umupira w'amaguru mu bo hagati bakina basatira izamu mu Ikipe ya Paris Saint-Germain mu Bufaransa, by'umwihariko guhera mu 2011 ubwo iki kipe yari imaze kugirana amasezerano y'imikoranire n'abanya-Qatar bayishoyemo akayabo.

    Yakundirwaga cyane ubuhanga bwe mu gucenga nubwo imvune zagiye zimukoma mu nkokora kugeza ubwo yasezeraga kuri ruhago mu 2023 anyuze mu yandi makipe arimo AS Roma mu Butaliyani na Elche yo muri Espagne.

    Javier Pastore: Yise ingagi izina rya 'Ganza'

    2. Yemi Alade

    Izina rya Yemi Alade si rishya na mba ku bakunzi b'umuziki by'umwihariko mu njyana ya Afropop na R&B.

    Alade ntazwi mu kuririmba gusa kuko azwi no mu byo kwandika indirimbo, kurangwa n'imbaraga nyinshi ku rubyiniro no kugira ijwi riremereye ndetse akaba yarashyizwe mu bahatanira ibihembo bya Grammy inshuro zitandukanye.

    Uyu muhanzi ukomoka muri Nigeria uri mu batahiwe mu kwita izina umwe mu bana b'ingagi 40 bagiye guhabwa amazina, yavutse mu 1989, ariko amenyekana byihariye mu 2014 ubwo yasohoraga indirimbo 'Johnny,' yarebwe n'abarenga miliyoni 175 ku rubuga rwa YouTube. Yarushijeho kumenyekanya mu ndirimbo zitandukanye zo ku rwego mpuzamahanga zirimo izo yahuriyemo n'abandi bahanzi b'ibihangange nka Beyoncé, Angélique Kidjo, na Rick Ross.

    Uretse izina rya Yemi Alade, yagiye ahabwa andi n'abakunzi be arimo nk'Umwamikazi w'Injyana ya Afrobeats, Umwami w'Abamikazi ndetse abandi bakamwitirira Umugore w'Icyuma kubera ubuhangange bwe.

    Umuhanzi Yemi Alade yise umwana w’ingagi izina rya 'Kundwa'

    3. Athanasie Mukabizimungu

    Athanasie Mukabizimungu wavutse mu 1968, ni we watangije Koperative Imbereheza akaba anayibereye Umuyobozi w'Icyubahiro.

    Ni koperative ifite umwihariko w'ibikorwa bigamije kurushaho guteza imbere imibereho myiza y'abagore n'urubyiruko by'umwihariko mu gace ka Gahunga mu Karere ka Musanze, aho we n'umuryango we bimukiye bavuye i Kigali mu rwego rwo kurushaho gushyira imbaraga muri ibi bikorwa yiyeguriye.

    Yibanda ku buhinzi bukorwa mu buryo bugezweho n'indi mirimo ibyara inyungu, kwizigamira, kongerera abagore ubushobozi no gufasha ingo zituriye Pariki y'Ibirunga kubaka ibigega byo gufata amazi y'imvura ku buryo kujya kuvoma muri pariki byahindutse amateka binyuze muri uku kwiyemeza kwita ku iterambere ry'icyaro.

    Athanasie Mukabizimungu: Yise ingagi izina rya 'Cyubahiro'

    4. Reed Oppenheimer

    Reed Oppenheimer ni Umuyobozi Mukuru wa Reed Jules Oppenheimer Foundation.

    Uyu muryango wa Reed Jules Oppenheimer uzwi mu bikorwa bijyanye n'imibanire y'abantu, ibigamije iterambere ry'ubukungu burambye kandi budaheza no gutera inkunga imishinga by'umwihariko muri Afurika n'ibindi bice by'Isi bikiri mu inzira y'iterambere.

    Reed yamenyekanye by'umwihariko mu kurwanya ubusumbane, gushyigikira uburezi, ibigamije kwita ku buzima nk'ubuvuzi ndetse no kubungabunga ibidukikije.

    5. Sang-Hyup Kim

    Sang-Hyup Kim ni Umuyobozi Mukuru w'Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe Iterambere rishyigikira Ibidukikije.

    Uyu munya Koreya y'Epfo yakoze imirimo itandukanye mu myanya yo hejuru muri guverinoma y'igihugu cye harimo no kuba Umunyamabanga mu byerekeye Iterambere rishyigikira Ibidukikije wa Perezida Lee Myung-bak ubwo yayoboraga Koreya y'Epfo.

    Yagize uruhare mu gutangiza igenamigambi rya Koreya y'Epfo no gushyira mu bikorwa ingamba zijyanye no kugabanya ibyuka bihumanya ikirere. Ku rwego mpuzamahanga yabaye umujyanama mu Muryango w'Abibumbye n'indi miryango mpuzamahanga by'umwihariko mu bijyanye n'ingufu, ibidukikije n'ubukungu.

    Dr. Sang-Hyup Kim: Yise ingagi izina rya “Impuguke”

    6. Alliance Umwizerwa

    Alliance Umwizerwa ni Umukozi ushinzwe ubushakashatsi ku ngagi muri Dian Fossey Gorilla Fund muri Pariki y'Igihugu y'Ibirunga aho na we ari muri bake bagize amahirwe yo guha izina umwe mu bana b'ingagi bagiye guhabwa amazina mu 2025.

    Akazi ke ka buri munsi karangwa no gukurikirana ingagi, kuzibungabunga n'ibikorwa bigamije ubushakashatsi kuri izi ngagi zo mu misozi zisigaye hake ku Isi.

    Alliance Umwizerwa yahaye izina umwana w’ingagi rya 'Mushumba Mwiza”

    7. Camille Rebelo

    Uyu ni rwiyemezamirimo w'umunya-Kenya, akanaba umwe mu bashinze EcoPlanet Bamboo abereye Umuyobozi Mukuru.

    Amaze kugira uruhare mu micungire y'imigano ku buso bwa hegitari zirenga ibihumbi 35 ku migabane itandukanye, akanafasha mu guhindura ubutaka bwari bwarashaririye muri Amerika y'Amajyepfo na Afurika, bukaba iwabo w'urusobe rw'ibinyabuzima.

    Mbere yo gutangiza EcoPlanet Bamboo, Camille yakoze ku mishinga itandukanye ijyanye n'ibyo kubungabunga amashyamba mu bihugu birenga 20 byo hirya no hino ku Isi, muri Afurika, Aziya na Amerika y'Amajyepfo.

    Camille Rebelo washinze EcoPlanet Bamboo yise umwana w’ingagi Rugano

    8. Susan Chin

    Suzan Chin ni Visi Perezida ushinzwe ibijyanye n'Igenamigambi n'Iterambere, akanaba Ukuriye ibijyanye no gushushanya imbata z'imishinga muri Wildlife Conservation Society, imirimo amazemo imyaka 43 kuko yayitangiye mu 1982.

    Yakoze ku mishinga minini itandukanye irimo uwa Congo Gorilla Forest, Tiger Mountain, Madagascar at the Lion House, binamuhesha ibihembo bitandukanye.

    Chin yagiye anafasha mu gushyiraho ibigo bigamije kurengera urusobe rw'ibinyabuzima by'umwihariko mu nyamaswa ziba ku gasozi haba mu Rwanda, muri Madagascar, Costa Rica na Belize. Intego ye ni uguhuza abanyamujyi n'inyamaswa ndetse no gushyira imbaraga mu kurinda no kubungabunga ibidukikije.

    9. David S. Marriott

    David S. Marriott ni umushoramari w'Umunyamerika aho kuva mu 2022 akora nka Chairman w'Inama y'Ubutegetsi ya Marriott International, hoteli mpuzamahanga yafunguye ishami ryayo mu Rwanda mu 2026.

    Ubuzima bwe yabweguriye ibijyanye n'amahoteli by'umwihariko Marriott International akoramo kuva mu 1999 aho yagiye aba mu nshingano zitandukanye zirimo no kuba uwari ushinzwe ibikorwa na serivisi bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, akanaba umukozi ushinzwe ibikorwa mu Karere k'Uburasirazuba bwa Amerika.

    David S Marriott uyobora Marriott International, yise ingagi izina rya “Rugwiro”

    10 . Dr. Gaspard Nzayisenga

    Dr. Gaspard Nzayisenga ni Umunyarwanda uzobereye ibyo kuvura inyamaswa akanaba Umuganga Mukuru ushinzwe kwita ku nyamaswa muri Gorilla Doctors, umushinga uhuriweho na UC Davis na Mountain Gorilla Veterinary.

    Kuva ubwo yabyinjiragamo nk'uwimenyereza umwuga mu 2014, yabaye umwe muri 12 b'Abanyafurika bagiye batabara ubuzima bw'inyamaswa harimo n'ingagi zo mu misozi yo mu birunga zabaga ziri mu byago muri Pariki y'Igihugu y'Ibirunga mu Rwanda n'ahandi hirya no hino muri Afurika.

    Dr. Nzayisenga akunda gukora ibikorwa byo gutabara inyamaswa mu mashyamba, birimo kuvura iziba zakomerekejwe n'imitego by'umwihariko nk'ingagi agakora uko ashoboye ku buryo ziba ziri kumwe n'imiryango yazo aho mu byo akunda kwibuka harimo akana k'ingagi yatabaye akakageza mu muryango wako mu gihe izindi zari zagasize inyuma zihunga.

    Mu 2023 yahawe igihembo cyihariye bimuhesha kujya gukomeza amasomo ajyanye n'ubuvuzi bwo kwita ku nyamaswa zimeze nk'abantu muri UC Davis.

    11. Michelle Yeoh Todt

    Michelle Yeoh Todt ni umukinnyi wa filimi w'icyamamare ukomoka muri Malaysia. Yakinnye muri filimi zamenyekanye cyane nka Crouching Tiger, Hidden Dragon, Memoirs of a Geisha, Crazy Rich Asians na Everything Everywhere All at Once yamufashije kwegukana igihembo cya Oscar mu 2023.

    Afatwa nk'uwabereye abandi banya-Aziya irembo n'ikiraro mu bijyanye no gukina filimi muri Hollywood ndetse yigeze no gushyirwa mu bavuga rikumvikana ku ruhando mpuzamahanga.

    Uretse ibyo gukina filimi, anakorana n'Umuryango w'Abibumbye mu kubungabunga uyu mubumbe dutuyeho, guharanira uburenganzira bungana ku bagore n'ibyerekeranye n'imihanda itekanye. Michelle kandi ni Madamu wa Jean Todt wayoboye Ishyirahamwe ry'Umukino wo Gusiganwa ku Modoka ku Isi, FIA.

    Michelle Yeoh yahaye umwana w’ingagi izina rya “Rwogere”

    12. Jean Todt

    Todt ni umugabo wa Michelle nk'uko twabigaragaje haruguru, akaba Umufaransa wiyeguriye ibijyanye n'amasiganwa y'imodoka aho yanabaye umuyobozi wa FIA. Ni umuyobozi kandi mu bijyanye n'umutekano ndetse n'ubuziranenge bw'imihanda ndetse akorana n'Umuryango w'Abibumbye muri ibyo by'umutekano n'ubuziranenge bw'imihanda hirya no hino ku Isi.

    By'umihariko azwi nk'uwari umuyobozi w'Ikipe ya Ferrari mu myaka yayo myiza ubwo Michael Schumacher yegukanaga amasiganwa atandukanye ubutitsa. Yanabaye mu itsinda ry'ubuyobozi bwa Formula One n'ubw'ibijyanye na siporo ikorerwa mu binyabiziga mu 2009 kugeza mu 2021.

    Jean Todt ashyigikira cyane ubwikorezi n'ingendo birengera ibidukikije n'imishinga ijyanye no kubungabunga ikirere.

    Jean Todt yise ingagi izina rya 'Ruvugiro'

    13. Princess Ingeborg zu Schleswig-Holstein

    Princess Ingeborg zu Schleswig-Holstein ni Umuhanzi ufite inkomoko mu Budage akanamenyekana byihariye mu bikorwa by'ubugiraneza by'umwihariko mu gushyigikira urubyiruko no gusigasira umuco.

    Ni we uyobora Umuryango Louisenlund Foundation, ari na wo ugenga ishuri rya Louisenlund riri mu yo ku isonga mu Budage.

    Princess Ingeborg Zu Schleswig-Holstein yise umwana w’ingagi izina rya “Burere”

    14. Mathieu Flamini

    Mathieu Flamini wahoze akinira Arsenal ari mu bitabiriye umuhango wo Kwita Izina 2025, aho ari bwite izina umwana w'ingagi. Uyu mugabo w'imyaka 41 ni umwe mu bahoze ari abakinnyi b'umupira w'amaguru batunze agatubutse kurusha benshi ku Isi, kuko umutungo we ubarirwa hejuru ya miliyari 20£, bivuze ko ukubye inshuro zirenga 40 uwa Cristiano Ronaldo.

    Nyuma y'umupira, Flamini yabaye rwiyemezamirimo mu by'ibinyabutabire bigamije kurengera ibidukikije, ashinga GFBiochemicals mu 2008 afatanyije na Pasquale Granata, ikigo cy'agaciro ka miliyari 30£ afitemo imigabane ingana na 60% aho ayobora abakozi barenga 1000.

    Flamini akoresha ubushobozi bwe mu bukangurambaga bwo guhangana n'imihindagurikire y'ibihe no kubungabunga ikirere, aho asaba ko ikoreshwa ry'ingufu zisubira mu bikorwa bya ruhago, kurya ibikomoka ku bihingwa no guhindura ingendo z'abafana mu buryo butangiza ibidukikije.

    Mathieu Flamini (iburyo) Yise umwana w’ingagi izina rya 'Rubuga'

    15. Leonard Nsengiyumva

    Leonard Nsengiyumva ni impuguke mu bijyanye no gukusanya no kubika amakuru aho akorera Dian Fossey Gorilla Fund. Afasha mu kurinda ingagi zo mu birunga aho inshingano ye nyamukuru ari ugukusanya no gusesengura amakuru ku miryango y'ingagi, aho zijya, ubuzima bwazo n'aho ziba.

    Leonard akorana bya hafi n'abakurikirana ingagi, abashakashatsi n'abiyeguriye kubungabunga ibidukikije. Atanga umusanzu we mu gutuma u Rwanda rukomeza kuba ku isonga mu bihugu birengera urusobe rw'ibinyabuzima birimo kurengera ubuzima bw'ingagi zo mu misozi zisigaye hake ku Isi.

    Leonard Nsengiyumva yise umwana w’ingagi “Atete.”

    16. Claver Ntoyinkima

    Claver Ntoyinkima ni umutoza akaba n'umuyobozi wa ba mukerarugendo ubifitemo ubunararibonye muri Pariki y'Igihugu ya Nyungwe, pariki igizwe n'ishyamba rinini rya kimeza ricumbikiye urusobe rw'ibiti n'inyamaswa z'amoko atandukanye. Amaze imyaka myinshi mu bikorwa byo kurinda no kurengera inyamaswa zo mu gasozi no kwigisha abandi kugenza batyo.

    Afasha mu guhugura abakozi bashya ba pariki, agafasha abasura pariki kunogerwa na serivisi no kuhagirira ibihe byiza ari na ko arushaho gushyigikira ubukerarugendo burengera ibidukikije.

    Azi byinshi birebana n'inyamaswa zibarizwa muri Nyungwe nk'inguge, impundu, ibyondi, inkende n'ubwoko bw'inyoni burenga 300 buhabarizwa. Hejuru y'ibyo anigisha abaturage ibijyanye no kurengera ibidukikije.

    17. Dr Yin Ye

    Dr. Yin Ye ni Umuyobozi Mukuru wa BGI Group, ikigo cya siyansi mu Bushinwa kigirwamo ibijyanye n'ingirabuzima fatizo. Mu gihe cy'ubuyobozi bwe, BGI yaragutse mu buryo bufatika ndetse yanatanze umusanzu mu rwego rw'ubuvuzi, ubuhinzi n'ubushakashatsi ku ngirabuzimafatizo hirya no hino ku Isi.

    Uretse kuyobora iki kigo, Dr. Yin Ye akunze gukora amashusho anyuza kuri internet aho aba afasha abantu gusobanukirwa na siyansi. Avuga ku ngirabuzimafatizo, agakomoza ku buzima n'ibijyanye n'ikoranabuhanga ku buryo byorohera umukurikiye gusobanukirwa.

    Yifuza ko siyansi yakoreshwa mu buryo busobanutse bufasha mu gukemura ibibazo biremereye nk'ibura ry'ibiryo, ubuvuzi no kurengera ibidukikije. Azwi nk'umuntu uhuza siyansi n'abantu mu buzima bwa buri munsi.

    Dr. Yin Ye yise umwana w'ingagi izina rya 'Tekana'

    18. Charlie Mayhew

    Charlie Mayhew ari mu bashinze akanaba Umuyobozi Mukuru wa Tusk Trust, umuryango w'ubugiraneza wiyemeje kurengera inyamaswa n'ibidukikije muri Afurika. Watangiye ibikorwa byawo mu 1990 aho ukorana n'abaturage mu guhagarika ubuhigi butemewe, gutabara inyamaswa no gushyigikira uburezi.

    Kugeza ubu Tusk ifasha imishinga itandukanye mu bihugu birenga 20 muri Afurika ibikesha ubuyobozi bwiza bwa Charlie.

    Yagize uruhare mu gutuma urwego rw'inyamaswa zo mu gasozi n'ibidukikije byitabwaho bikanashyigikirwa n'abantu b'ibihangange mu mihango ikomeye nk'utangirwamo ibihembo wa Tusk Conservation Awards, aho hahembwa abafatwa nk'intwari mu kurengera urusobe rw'ibinyabuzima.

    19. Tunku Ali Redhauddin ibni Tuanku Muhriz

    Tunku Ali Redhauddin ni igikomangoma aho akomoka muri Leta ya Negeri Sembilan muri Malaysia. Ni Perezida kandi wa WWF-Malaysia, ikigo gikora ibijyanye no kurengera ibidukikije kikanafasha abaturage kubaho mu buryo buganisha ku iterambere rirambye.

    Uretse inshingazo ze mu by'ibwami, afasha mu byo gutabara inyamaswa no kurengera ibimera. Anakorana n'amashuri mu kurengera uburenganzira bw'abanyeshuri, gushyigikira urubyiruko no kubaka igihugu cyiza.

    Nk'umuyobozi wa WWF-Malaysia, akoresha umwanya afite ibwami akabikomatanya no kurengera urusobe rw'ibinyabuzima muri Malaysia nk'uko yabyiyeguriye. Ijwi rye ryumvikana mu gihugu no mu mahanga ku buryo ahora arangurura ahamagarira Isi kubungabunga ibidukikije.

    HH Tunku AliRedhauddin Ibni Tuanku Muhriz yise ingagi izina rya 'Ntarungu'

    20. Brenda Umutoni

    Brenda Umutoni ni umwe mu bakozi ba Pariki y'Igihugu y'Ibirunga. Atanga umusanzu we mu kurinda ingagi zo mu misozi aho akurikiranira hafi izi nyamaswa, kwita ku bakerarugendo baba baje kuzisura no kurwanya ubuhigi bwazo.

    Ni umwe mu b'igitsina gore bakora uyu mwuga, aho agaragaza imbaraga no kwiyemeza muri aka kazi benshi bafataga nk'ak'ab'igitsina gabo mu myaka yashize.

    Brenda anafasha mu kwigisha abantu uburyo bwo kwita ku bidukikije no gushyigikira ubukerarugendo bubungabunga ibidukikije. Imirimo ye ni indi gihamya y'uko u Rwanda rwimakaza ihame ry'uburinganire mu mfuruka zose z'igihugu.

    “Tsinda” ni ryo zina Brenda Umutoni yahaye umwana w'ingagi

    21. Michael Bay

    Michael Benjamin Bay ni Umunyamerika usanzwe ari umuyobozi akaba n'utunganya za filimi wavukiye muri Los Angeles.

    Azwi cyane ku kuba yarayoboye filimi nyinshi zirimo Bad Boys yo mu 1995, igice cyayo cya kabiri Bad Boys II yo mu 2003, The Rock yo mu 1996, Armageddon mu 1998, Pearl Harbor mu 2001 ndetse ari no mu bayoboye filimi ya mbere mu ruhererekane rwazo rw'izizwi nka Transformers.

    Uyu mugabo kandi ari mu bafite inzu itunganya filimi ya Platinum Dunes izwi nk'itunganya filimi ziiteye ubwoba 'horror films'.

    Michael Bay Yise ingagi izina rya “Umurage”

    22. Professor Senait Fisseha

    Prof. Senait Fisseha ni Visi Perezida ushinzwe gahunda mpuzamahanga mu muryango Susan T Buffett Foundation.

    Ni umwe mu baganga b'abahanga kandi b'inzobere mu bijyanye n'ubuvuzi bw'indwara z'abagore (Obstetrician-Gynecologists), afatwa nk'umwe mu Banyafurika b'inararibonye ndetse akaba n'Umujyanama w'Umuyobozi Mukuru w'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, Tedros Adhanom Ghebreyesus.

    Afite kandi izindi nshingano zirimo kuba umwe mu bagize Inama y'Ubutegetsi y'Umuryango w'Abaganga bo muri Amerika bafite inkomoko muri Ethiopia n'iya Kaminuza itanga amasomo ajyanye n'ubuvuzi, University of Global Health Equity (UGHE) iherereye i Butaro mu Karere ka Burera.

    Professor Senait Fisseha yahaye umwana w’ingagi izina rya “Mwizerwa”

    23. Khadja Nin

    Jeanine Rema ni umuhanzi Mpuzamahanga ukomoka mu Burundi wamenyekanye ku izina rya Khadja Nini no mu ndirimbo nka Sambolera na Wale Watu. Azwiho kandi kuririmba neza, kwandika indirimbo ndetse n'ibikorwa by'ubugiraneza.

    Avuka mu muryango w'abana umunani. Se yari umudipolomate ukomeye ndetse yanabaye Minisitiri w'Umutekano imbere mu Burundi. Yakuze akunda umuziki aranawiga cyane ko abavandimwe be benshi bawukundaga.

    Ku myaka irindwi gusa, kubera ijwi ryiza yabaye umuririmbyi uyobora abandi muri Bujumbura Choir iwabo mu Burundi.

    Khadja Nin wavutse akanakurira i Burundi, yavuze ko yahisemo ko mu Rwanda hahinduka mu rugo by’iteka ryose aho yise ingagi izina rya 'Garuka'

    24. Vivien Ressler

    Ni umunyabugeni ufite inkomoko muri Cuba ariko yakuriye muri Venezuela nubwo kuri ubu akunze kuba mu bice bitandukanye nka San Diego, Miami na New York.

    Ni umunyabugeni w'umuhanga watangiriye ku gukoresha amarangi atandukanye mu gukora ibishushanyo bifite umwihariko.

    Azwi kandi nk'ukunda gufasha abandi, aho akoresha ubuhanzi bwe mu gutera inkunga mu bikorwa by'uburezi n'imibereho.

    Vivien Ressler yise iingagi izina rya 'Higa'

    25. Theogene Bimenyimana

    Bimenyimana ni Umuyobozi Mukuru ushinzwe gukurikirana ingagi mu kigo cya Dian Fossey Gorilla Fund.

    Ni umwe mu bayoboye itsinda ry'abakurikirana ubuzima bwa buri munsi bw'ingagi, kumenya aho ziherereye no kumenya amakuru ajyanye n'umutekano, imibereho yazo n'ubuzima bwazo.

    Théogène Bimenyimana yahaye ingagi izina rya “Amahitamo”

    26. Somi Kakoma

    Amazina ye nyakuri ni Laura Kabasomi Kakoma akaba yaramenyekanye cyane kuri Somi Kakoma.

    Ni umuhanzi ufite ubwenegihugu bw'u Rwanda na Amerika. Akaba umuririmbyi n'umukinnyi wa Filimi.

    Somi yavukiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku babyeyi barimo Umunyarwanda n'Umugande.

    Mu 2021 yabaye Umunyafurika w'umugore wa mbere ushyizwe mu cyiciro cya Jazz mu bihembo bitangwa na Grammy kubera album ye yabiciye bigacika ya Holy Room.

    Laura Kabasomi Kakoma uzwi nka 'Somi' yise ingagi izina rya 'Iwacu'

    27. Dr. Edward Hult

    Dr. Edward Hult ni Umuyobozi Mukuru w'Ikigo cya Education First North America kiri mu biyoboye mu bikorwa by'uburezi birimo ibijjyanye no kwiga indimi no kunoza ingendo z'abajya kwiga mu mahanga.

    Afite impamyabumenyi y'Ikirenga yakuye muri Kaminuza ya Cambridge mu bijyanye n'Imiyoborere y'ibigo akagira Impamyabumenyi y'Icyiciro cya gatatu mu bijyanye na Philosophy in Management Science yakuye muri Cambridge, iyo mu bijyanye na Mechanical Engineering yakuye muri KTH Royal Institute of Technology n'iy'icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu bijyanye no kwigisha Ubugenge n'Ibinyabuzima yakuye muri Kaminuza ya Pepperdine.

    Dr. Edward Hult ni Umuyobozi Mukuru w'Ikigo cya Education First North America yise umwana w’ingagi Rwandanziza

    28. Bacary Sagna

    Bacary Sagna ni Umufaransa wahoze ari myugariro w'Ikipe ya Arsenal mu Bwongereza, wayikiniye hagati ya 2007 na 2014.

    Bacary Sagna: Yise ingagi izina rya 'Amahumbezi'

    29. Khaby Lame

    Khaby Lame ni umunya- Sénégal wavukiye muri iki gihugu ariko akurira mu Butaliyani. Yamamaye mu gukora video z'urwenya kuri TikTok aho anayoboye abandi bose ku Isi mu gukurikirwa n'abandi aho akurikirwa n'abarenga miliyoni 161 bakunda kureba ayo mashusho ye nubwo aba atavuga, akavugisha ibimenyetso by'umubiri wagereranya n'amarenga kandi akabasha kumvwa.

    Mbere yo kwamamara yabanje kuba umukozi mu nganda, aho kuri ubu afatwa nk'urugero rw'ibishoboka n'uko guhanga udushya no gukora cyane bishobora kubera umuntu isoko idudubiza impinduka ku buzima bw'umuntu.

    Khaby Lame wamamaye kuri TikTok Khaby yahaye izina umwana w'ingagi rya 'Ogera'

    30. Gagan Gupta

    Gagan Gupta ni umushoramari w'Umuhinde akaba ari we washinze kandi akaba n'Umuyobozi Mukuru wa ARISE IIP, ARISE IS, na ARISE P&L, ibigo bitatu byibanda ku kubaka, gutunganya no gucunga ibikorwa remezo by'inganda muri Afurika.

    Yashyizeho ARISE Group, imwe mu mishinga ikomeye y'ishoramari mu bikorwa remezo muri Afurika, ikaba imaze gushora amafaranga arenga miliyoni 2$, kandi ifite imishinga 18 ikomeye mu bihugu birimo Gabon, u Rwanda, Nigeria, Côte d'Ivoire, Togo, Benin, Malawi, Cameroun na Sierra Leone.

    Mu myaka irenga 20 y'uburambe, Gagan Gupta yabaye Umuyobozi Mukuru wungirije ndetse aba n'umunyamuryango w'akanama gashinzwe imiyoborere muri Olam International, aho yateje imbere imishinga ikomeye mu buhinzi, inganda, n'ibikorwa remezo muri Afurika.

    Yashyize imbere ibijyanye no kubungabunga ibidukikije mu bikorwa bye, aho mu 2021, Gabon Special Economic Zone (GSEZ) yabaye agace ka mbere muri Afurika gafite inganda zidafite imyuka ihumanya ikirere myinshi.

    Gagan Gupta yise ingagi izina rya 'Mpinganzima'

    31. Dieudonné Gato

    Ni umurinzi w'inyamaswa mu Pariki y'Igihugu y'Ibirunga mu Rwanda.

    Nk'umurinzi, Dieudonné Gato afite uruhare rukomeye mu kurinda no gukurikirana ubuzima bw'ingagi n'izindi nyamaswa zo muri iyi pariki, harimo no kurwanya ibikorwa by'ubushimusi no gutanga amakuru y'ubuzima bwa buri munsi bw'inyamaswa.

    Ibikorwa bye bigamije kurinda ubuzima bw'ingagi, kubungabunga ibidukikije, no guteza imbere ubukerarugendo bwita ku nyamaswa mu Rwanda.

    Rufatiro ni ryo zina Dieudonné Gato yahaye umwana w'ingagi

    32. Ruth Fisher

    Ruth Fisher ni umunyamategeko w'umunyabigwi akaba n'umuyobozi mukuru wa Pereg Holdings, ikigo cy'ishoramari gikora mu rwego rw'ibigo by'ubucuruzi by'ibanze.

    Afite uburambe bw'imyaka irenga 25 mu by'amategeko no gushora imari, aho yibanda ku masoko y'ikoranabuhanga, imbuga nkoranyambaga, no mu buzima bw'ikoranabuhanga mu buvuzi.

    Kugeza ubu amaze gushora imari mu bigo birenga 100 by'ubucuruzi.

    Yize muri Johns Hopkins University na New York University School of Law. Yabaye umunyamuryango w'itsinda ry'ishoramari rizwi nka New York Angels, aho yatanze ubufasha mu gutanga imari ku bigo by'ubucuruzi bitandukanye.

    33. Matthew Harris

    Matthew Harris ni umwe mu bashinze Global Infrastructure Partners (GIP), ikigo gikomeye mu ishoramari mu bikorwa remezo.

    Afite uburambe bw'imyaka irenga 15 mu buyobozi bw'ishoramari, aho yibanda ku ngufu zisubira, inganda z'amashanyarazi, ibicanwa, n'ibikorwa remezo by'ingufu.

    Matthew Harris yise ingagi izina rya 'Mwungeri'

    34. Jean de Dieu Niyonzima

    Ni umunyeshuri wiga mu ishuri ryigisha abafite ubumuga bwo kutabona riherereye mu Karere ka Nyaruguru mu Ntara y'Amajyepfo 'Educational Institute for Blind Children'.

    Mu 2024, Niyonzima ari mu banyeshuri bahize abandi mu bizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange cy'amashuri yisumbuye aho yabaye uwa Gatanu ku rwego rw'Igihugu.

    Umunyeshuri Niyonzima Jean de Dieu yahaye ingagi izina rya 'Terimbere'

    35. Jean Marie Vianney Zirimwabagabo

    Ni umurinzi w'inyamaswa mu Pariki y'Igihugu y'Ibirunga (Volcanoes National Park) mu Rwanda.

    Zirimwabagabo afite uruhare rukomeye mu kurinda no gukurikirana ubuzima bw'ingagi n'izindi nyamaswa zo muri iyi pariki, harimo no kurwanya ibikorwa by'ubushimusi no gutanga amakuru y'ubuzima bwa buri munsi bw'inyamaswa.

    Jean Marie Vianney Zirimwabagabo yahaye izina umwana w'ingagi rya “Umutoni.”

    36. Naume Mukabarisa

    Mukabarisa na we ni umukozi ushinzwe gukurikirana ubuzima bwa buri munsi muri Pariki y'Igihugu y'Ibirunga. Ibikorwa bye bigamije kurinda ubuzima bw'ingagi, kubungabunga ibidukikije no guteza imbere ubukerarugendo bwita ku nyamaswa mu Rwanda.

    Izina Naume Mukabarisa yahaye umwana w'ingagi ni “Kwihangana.”

    37. Lee Ehmke

    Uyu ni umuyobozi w'ibikorwa byo kubungabunga inyamaswa, akaba yarabaye Perezida n'Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Houston Zoo, Pariki y'inyamaswa iri muri Houston, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, imwe muri pariki zikomeye kandi zikurura abantu benshi muri Texas.

    Mu gihe cye, yateje imbere ibikorwa byo kubungabunga inyamaswa, yongera imikorere y'uburezi, kandi yateje imbere ibikorwa remezo bigamije kurengera ubuzima bw'inyamaswa.

    38. Xi Zhinong

    Ni umufotozi w'inyamaswa uzwi cyane mu Bushinwa ndetse akaba abarizwa mu mushinga wa Wild China Film, ikigo cyashinzwe n'umugore we Shi Lihong, kigamije guteza imbere kubungabunga ibidukikije binyuze mu mafoto na filimi.

    Uyu mugabo watangiye gufotora inyamaswa mu 1992, amafoto ye yagaragaye mu bitangazamakuru bikomeye nka Time Magazine, BBC Wildlife, National Geographic, ndetse n'amafilimi ye nka The Mystery Monkeys of Shangri-La yahawe igihembo cya Green Oscar mu Bwongereza, kikaba ari cyo gihembo cya mbere cyahawe umufotozi w'Umushinwa.

    Xi Zhinong yahaye izina umwana w’ingagi rya 'Izere'

    39. Luis Garcia

    Luis García ni umukinnyi w'umupira w'amaguru w'umunya-Espagne wakiniye amakipe atandukanye arimo Atlético Madrid ifitanye n'u Rwanda amasezerano y'imikoranire mu kwamamaza Visit Rwanda.

    Uyu mukinnyi wavutse mu 1978, yanyuze mu makipe anyuranye arimo Liverpool mu Bwongereza na FC Barcelone yo muri Espagne cyane ko yakuriye mu ikipe y'abato ya La Masia Academy muri Espagne. Ni n'umusesenguzi w'amakuru y'umupira w'amaguru kuri ESPN.

    Luis Garcia yise ingagi izina rya 'Iraba'

    40. Suzanne Sinegal

    Suzanne Sinegal McGill ni umwe mu bashinze akaba n'Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Girls Initiative ndetse na Gashora Girls Academy of Science and Technology.

    Rwanda Girls Initiative yayitangije mu 2008 hamwe na Shalisan, igamije gutanga uburezi bufite ireme ku bakobwa bo mu Rwanda no gufasha mu gukuraho inzitizi z'ubukene bahuraga nazo binyuze mu burezi.

    Gashora Girls Academy ni ishuri ry'abakobwa ryigisha mu buryo bwihariye ryibanda kuri siyanse n'ikoranabuhanga, kugira ngo abakobwa bagire ubushobozi bwo kuba abayobozi b'ejo hazaza mu bumenyi, ikoranabuhanga n'ubushabitsi.

    Susan Sinegal yise umwana w’ingagi izina rya 'Muvugizi'


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibyo-wamenya-ku-bise-amazina-abana-b-ingagi

  • Rusizi: Yishe umugore akeka ko yamwibye 5.000 Frw – #rwanda #RwOT

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Bugarama, Ndamyimana Daniel, yabwiye BTN TV ati 'Twakiriye amakuru avuye mu Mudugudu wa Murwa, mu Murenge wa Bugarama avuga ko umugabo witwa Hategekimana yatahanye n'umugore w'imyaka 35 iwe mu rugo, bagiye mu bikorwa by'ubusambanyi'.

    'Amakuru avuga ko bageze mu rugo, aza kureba mu ikote rye abura 5000 Frw, amubajije avuga ko ntayo yafashe, batangira kurwana, amukubita inyundo mu gahanga ndetse n'ibyuma mu maguru, umugore ahita apfa'.

    Yakomeje avuga ko uyu mugabo asanzwe yaratandukanye n'umugore we kuko yigeze kumutera icyuma, aranabifungirwa ariko aza gufungurwa.

    Gitifu Ndamyimana yagiriye inama abaturage, ababuza kwishora mu bikorwa bishobora gutuma bahasiga ubuzima, abashishikariza gukomeza gutangira amakuru ku gihe.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rusizi-yishe-umugore-akeka-ko-yamwibye-5000-frw

  • Amafoto utabonye yaranze ububwe bwa Adonis wa APR na Kathia wo muri Mackenzies #rwanda #RwOT

    Byari ibirori bibereye ijisho hagati ya Adonis Jovon Filer na Uwase Kamali Kathia wo muri Mackenzies nyuma y’igihe bakundana bahisemo kubana akaramata guhera kuri uyu wa Gatanu.

    Ibirori byatangiye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Nzeri 2025 aho habaye umuhango wo gusaba no gukwa, wabereye Jalia Hall&Garden.

    Nyuma yo gusaba no gukwa habaye gusezerana imbere y’Imana ndetse no kwiyakira byose byabereye muri Jalia Hall&Garden.

    Adonis Jovon Filer usanzwe ukinira APR BBC akaba yari agaragiwe na benshi mu bakinnyi bakinana barimo Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques Wilson.

    Kathia na we akaba na we yari yashyigikiwe na benshi mu byamamare birimo Mackenzies, itsinda abarizwamo ry’abavandimwe be barimo na Nyampinga w’u Rwanda 2020, Nishimwe Naomie.

    Bakoze ubukwe nyuma y’uko Adonis Jovon Filer tariki ya 1 Mutarama 2025 yari yasabye Kathia wo mu itsinda rya Mackenzies ko yamubera umugore undi na we arabyemera, amwambika impeta ya fiançailles.

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11784

  • Singida Black Stars yaba ifite amakuru Rayon Sports idafite? #rwanda #RwOT

    Mu gihe Rayon Sports itazi igihe izakinira na Singida n’aho umukino uzabera, iyi kipe yo muri Tanzani yo ivuga ko ibizi umukino uzaba tariki ya 20 Nzeri kuri Kigali Pele Stadium.

    Rayon Sports yatomboye Singida Black Stars yo muri Tanzania mu mikino Nyafurika ya CAF Confederation Cup, umukino ubanza ukaba uzabera mu Rwanda.

    Byari biteganyijwe ko umukino ubanza uzaba hagati ya tariki ya 19 na 21 Nzeri ariko haje kubamo ikibazo cy’ikibuga aho Stade Amahoro itazaboneka guhera tariki ya 15 kugeza tariki ya 28 Nzeri kubera Shampiyona y’Isi y’amagare izaba ibera mu Rwanda.

    Bari bizeye ko bashobora gukinira kuri Kigali Pele Stadium ariko baza kubwirwa na CAF ko iki kibuga kitemewe.

    Amakuru avuga ko Rayon Sports yasabye FERWAFA kuyisabira muri CAF umukino ube wakigizwa inyuma ukazaba nyuma y’isiganwa ry’amagare ariko kugeza ubu nta gisubizo barahabwa.

    Mu kiganiro umuvugizi w’ikipe ya Singida yahaye ISIMBI yavuze ko izo mpinduka zose batazizi icyo bazi ni uko umukino uzaba tariki ya 20 Nzeri kuri Kigali Pele Stadium.

    Ati “Twe tuzi igihe umukino uzabera, batubwiye ko tuzakina tariki ya 20 Nzeri kuri Kigali Pele Stadium, izo mpinduka ntazo tuzi. Kuba ikibuga kitemewe ntabyo tuzi ayo ni amakuru mashya.”

    “Twebwe turi ikipe izakirwa, ubwo niba harabaye impinduka bapfa kuzabitumenyesha hakiri igihe ariko ibyo nakubwiye ni uko tuzakinira kuri Kigali Pele Stadium.”

    Kuba biteguye kuzasezerera Rayon Sports yagize ati “turimo kwitegura na bo barimo kwitegura, duhurire mu kibuga. Buri wese arimo kwitegura ashaka intsinzi.”

    Rayon Sports ntiramenya aho izakinira

    Hassan Massanza umuvugizi wa Singida Black Stars yavuze ko bazi ko bazakinira kuri Kigali Pele Stadium

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11781

  • Kamonyi-Blue Sky School: Abanyeshuri n'Abarimu bashimiwe ku guhesha ikigo ishema #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa 03 Nzeri 2025, Ubuyobozi bw'Ikigo Blue Sky School giherereye mu Kagari ka Kigese, Umurenge wa Rugalika ho mu Karere ka Kamonyi, bwateguye ibirori byo gushimira ku mugaragaro Abanyeshuri bitwaye neza mu bizamini bya Leta bisoza umwaka wa Gatandatu w'Amashuri abanza. Mu bana 21 bakoze ikizamini, hatavuyemo n'umwe bose baratsinze(100%) bahesha Ikigo Blue Sky School Ishema. Mu gushimira kandi, hashimiwe Abarezi(Abarimu) bagendanye uru rugendo n'aba bana babaha Uburezi, Ubumenyi n'Uburere bikwiye, berekana ko bashoboye.

    Mu manota y'Ibizamini bisoza umwaka w'amashuri wa 2024-2025 aherutse gutangazwa, ikigo Blue Sky School cyatsindishije abanyeshuri bose uko ari 21 bakoze ikizamini gisoza umwaka wa gatandatu w'amashuri abanza bigagamo.

    Abato bari baje kumva inama n'impanuro bihabwa bakiru babo ariko kandi no kureba uko bashimirwa.

    Ubuyobozi bwa Blue Sky School bwateguye ibirori byatumiwemo Ababyeyi baharerera, Abana, Abarezi ndetse n'Abaturage bahafi hagamijwe kwishimira iyo ntsinzi baheshejwe n'Abanyeshuri ndetse n'Abarimu babo babanye n'abo mu rugendo rwabateguriraga iyo ntsinzi batahukanye.

    Ubuyobozi bwa Blue Sky School, bwa bwiye abitabiriye ibi birori ko ibanga ryatumye abana batahukana intsinzi ari Ubufatanye bw'Ubuyobozi bw'ikigo ndetse n'Abarezi bitanze umunsi ku wundi mu kwita ku bana, aho babona umwana afite intege nke bakamwitaho kugira ngo ajyane n'abandi, bakora nk'ikipe imwe ntawe usigaye.

    Blue Sky School, yakira abana b'Abanyarwanda ndetse n'Abanyamahanga, aho bose bahabwa Uburere, Ubumenyi n'Uburezi bikwiye kandi bigendanye n'uko Integanyanyigisho ya Minisiteri y'Uburezi iri. Amasomo biga bayahabwa mu ndimi zitandukanye kandi zemewe zirimo; Icyongereza n'Igifaransa.

    Abana bakirwa muri Blue Sky School ni abafite kuva ku myaka itatu kugera kuri 12 bitewe n'uko Ikigo gifite Amashuri y'Incuke ndetse bakagira n'Amashuri abanza kugera mu mwaka wa Gatandatu, aho abana bahahurira baba abaturuka muri Rugalika, Imirenge iyikikije n'indi yo mu Karere ka Kamonyi ndetse n'abandi ba hafi na kure.

    Mu gushimira iki kigo cya Blue Sky School, umwe mu babyeyi baharerera akaba ari nawe ufite umwana wabonye amanota ya mbere, yagize ati' Ndashimira cyane Ubuyobozi bw'Ikigo ndetse n'Abarezi ba Blue Sky School uburyo bitanga mu guha Uburere ndetse n'Uburezi abana bacu. Ndashimira kandi Imana ko umwana wanjye yagize amanota ya mbere, byose kubera ubufatanye n'ubwitange bibaranga'.

    Jean Pierre Mukunduhirwe.

    Jean Pierre Mukunduhirwe, umubyeyi uhagarariye abandi baharerera akaba n'umwe mu batangiranye na Blue Sky School, yabwiye abitabiriye kwizihiza uyu munsi ko inzira baciyemo biyubaka yari igoye. Ahamya ko bitari byoroshye, ariko none akaba ashima Imana yabanye nabo mu rugendo, intambwe ku yindi kugeza none bishimira intsinzi.

    Umuyobozi wa Blue Sky School, Mukandinda Ellin yabwiye intyoza.com ko ari ibyishimo k'Ubuyobozi bw'Ikigo, ku Bana baharerewe bakaba babonye umusaruro buri wese wiga yakwifuza. Ahamya kandi ko nk'uko Ababyeyi baharerera babyerekanye ndetse bakanabyivugira, nabo ubwabo ngo ni umunsi wo kwishima kuko umusaruro bari bategereje ku Kigo ndetse no ku bana bawubonye kandi akaba ari nacyo umubyeyi wese yakwifuza kumva ku mwana we mu gihe yamujyanye mu ishuri.

    Madamu Mukandinda, agira kandi ati' Blue Sky School ni ishuri rigendera ku ndangagaciro zo kubakira ku ireme ry'Uburezi. Dutoza abana kurangwa n'Imico myiza mu byo bakora byose kuko bibafasha kwiga batuje kandi bazi icyo bakora. Ibyo kandi bigaragazwa n'uburyo abarangiza hano baza bose mu cyiciro cya mbere cy'abatsinze neza'.

    Mukandinda Ellin/Blue Sky School.

    Mu ijambo rye kandi, Madamu Mukandinda yabwiye abitabiriye uyu munsi bose ko Blue Sky School ari ikigo kigendera kuri gahunda igezweho kandi ko bibanda ku ikoranabuhanga. Ashimira ababyeyi bafatanya kurera umunsi ku munsi umuhate bagaragaza mu guharanira ko abana babo biga neza bagatsinda uko bikwiriye.

    By'umwihariko, uyu muyobozi wa Blue Sky School ashima Ubwitange, Urukundo mu kazi n'Ubumwe biranga Abarezi n'Abakozi bakorana umunsi ku munsi. Abasaba gukomeza kurangwa n'Umwete n'Umurava byo bizabahesha kugera ku ntego biyemeje yo kurerera u Rwanda abana barangwa n'Ubuhanga n'Indangagaciro zo gukunda amasomo bakazaba ab'umumaro kuri bo, ku miryango yabo n'Igihugu muri rusange.

    Ku bana batsinze bakaba bagiye gukomereza amasomo ahandi, yabashimiye ku guhesha ishema Blue Sky School ariko kandi rikaba n'ishema ryabo, akaba amateka meza banditse azabaherekeza. Yabasabye gukomeza kurangwa n'Umuco wo gukunda Amasomo, gukomeza kuba abahanga no kugira ikinyabupfura ku ishuri nk'uko babitojwe. Yabasabye kandi kuzabera itara rimurikira aho bazakomereza amasomo.

    Hashimiwe Abanyeshuri batangiranye n'Ikigo.

    Mu gushimira abanyeshuri bahesheje ishema Ikigo, Ubuyobozi bwa Blue Sky School bwemereye umwana wabaye uwa mbere kumwishyurira amafaranga y'ishuri y'Igihembwe cya mbere, uwa Kabiri azishyurirwa kimwe cya Kabiri (½) naho uwabaye uwa Gatatu yishyurirwe kimwe cya gatatu (1/3).

    Blue Sky School, ni ishuri rifite abanyeshuri barenga 450 rikaba rigikomeje kwandika abashaka kurigana. Ni ikigo cyashinzwe mu mwaka wa 2017 gitangirana abanyeshuri 11. Ryashinzwe n'Ababyeyi bagamije Uburezi bufite ireme ndetse buhendutse ariko kandi kikaba ikigo cyegereye abaturage bagorwaga no kubona aho bajyana abana babo bitabasabye ingendo ndende n'andi mikoro ahenze.

    Abanyeshuri basoje umwaka wa 6 bari kumwe n'Ababyeyi babo n'Abarimu babareze.
    Si Amasomo asanzwe gusa ahubwo twinjira no mu muco Gakondo abana bakabyina, bakidagadura badatatira Umuco.

    Munyaneza Théogène

    Source : https://www.intyoza.com/2025/09/05/kamonyi-blue-sky-school-abanyeshuri-nabarimu-bashimiwe-ku-guhesha-ikigo-ishema/

  • AMAFOTO: Irebere ibyamamare byitabiriye umuhango wo Kwita Izina #rwanda #RwOT

    Uyu munsi mu Karere ka Musanze mu Kinigi habereye umuhango wo Kwita Izina Abana b’Ingagi 40, witabiriwe n’abayobozi bakuru mu nzego za Leta ndetse n’Ibyamamare.

    Uyu muhango ngaruka mwaka, uyu mwaka wabaga ku nshuro ya 20 kuva watangira, umwaka ushize ni wo wonyine utigeze uba kubera Icyorezo cya Marburg.

    Abana 40 bakomoka mu miryango 15 bahawe amazina. Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva, ni we wari umushyitsi mukuru mu gihe mu bandi bayobozi bitabiriye harimo na Madamu Jeannette Kagame.

    Ni umuhango kandi witabiriwe n’ibyamamare bitandukanye birimo umuhanzikazi Yemi Alade wise Umwana w’Ingagi Kundwa, Umunyarwenya Khaby Lame yahaye izina umwana w’ingagi 'Ogera', Umuhanzikazi ukomoka mu Burundi Khadja Nin yise umwana w’Ingagi Garuka, umuhanzikazi w’Umunyamerika Laura Kabasomi Kakoma uzwi nka Somi yise umwana w’Ingagi Iwacu.

    Umunya-Argentine wakiniye amakipe PSG, Javier Pastore yayise Ganza, Bacary Sagna wakiniye Arsenal ayita Amahumbezi mu gihe Luis Garcia yayise Iraba. Mathieu Flamin yayise Rubuga.

    Uretse ibi byamamare kandi ni umuhango witabiriwe na ba rwiyemezamirimo baturutse hirya ho hino mu bice bitandukanye by’Isi.

    Madame Jeannette Kagame yitabiriye uyu muhango

    Abayobozi mu nzego zitandukanye bari bahari

    Bacary Sagna wakiniye Arsenal

    Umuhanzikazi ukomoka muri Nigeria Yemi Alade

    Umuhanzikazi w’Umurundi Khadja Nin

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11782

  • Rutsiro: Mu mwaka umwe harobwe toni zirenga 3000 z'amafi n'isambaza – #rwanda #RwOT

    Akarere ka Rutsiro kihariye 50% by'amazi y'Ikiyaga cya Kivu. Mu mwaka w'ingengo y'imari dusoje wa 2024/25 karobewemo toni 3,314.5 z'isambaza n'amafi mu burobyi bwakozwe na koperative 11.

    Perezida wa ngenzuzi mu mpuzamakoperative y'abarobyi b'isambaza mu Karere ka Rutsiro, umaze imyaka irenga 25 akora uburobyi, Muvunyi Emmanuel mu kiganiro na IGIHE yagaragaje ko bwabafashije kwiteza imbere.

    Ati 'Uburobyi bw'isambaza bwadufashije kwiteza imbere, tubasha gufasha imiryango yacu, twishyurira abana amashuri abanda turabashyingira tubikesha isambaza.'

    Muvunyi avuga ko ikibafasha kuzamura umusaruro w'uburobyi harimo kuba abarobyi babarirwa mu makoperative bubahiriza amategeko abagenga bagakoresha n'ibikoresho byemewe, birinda ba rushimusi.

    Umuyobozi w'Akarere ka Rutsiro wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu, Uwizeyimana Emmanuel yahamije ko bafashe ingamba zo kuzamura umusaruro w'uburobyi mu myaka itanu iri imbere.

    Ati 'Mu guteza imbere umusaruro w'amafi, mu Karere dufite ibyanya 11 byororeweho amafi muri kareremba 140, hari kandi ba rwiyemezamirimo babiri nabo basabye ibigobe byo kororeramo amafi muri Musasa na Kivumu Kandi hari n'abandi bari gutegura ibisabwa ngo basabe ibigobe byo kororeramo.'

    Visi Meya Uwizeyimana yakomeje avuga ko muri iki gihe uburobyi bwahagaze amezi abiri kugeza mu ntangiriro z'Ukwakira kugira ngo abana b'isambaza babanze bakure, kandi babonye n'inkunga ya Earmarked Fund izafasha mu ikurikiranabikorwa n'ubugenzuzi buhoraho mu kwirinda uburobyi butemewe.

    Ati 'Inkunga twabonye iradufasha kurinda abana b'isambaza bari kororoka, kuko hariho uburinzi buhoraho mu bigobe bimwe na bimwe.'

    Avuga ko uyu mwaka 2025/26 umusaruro w'uburobyi uzaganyuka ukava kuri toni 3,314.5 wari ho 2024/25 ukagera kuri toni 3,000, kubera ingamba bafashe zizatuma uzamuka cyane mu myaka izakurikiraho.

    Mu mwaka uzakurikiraho wa 2026/27 barateganya kuzamura umusaruro w'uburobyi ukagera kuri toni 5,000, muri 2027/28 ukagera kuri toni 8,069 mu gihe mu 2028/29 bazaba barageze kuri toni 13,126.

    Ahamya ko uburobyi bwafashije abaturage benshi kwivana mu bukene, bitera bamwe gutangiza uruganda rukora ifu y'isambaza ifasha mu kugira imirire myiza no kurwanya igwingira mu bana bato.

    Yahamije kandi ko abaturage benshi babonye akazi mu burobyi, (abarobyi, abacuruzi b'ifi n'isambaza) aho abarenga 80% bo ku Kirwa cya Bugarura bo ubwabo batunzwe n'uburobyi.

    Avuga kandi ko uburobyi bwazamuye ubucuruzi hagati ya Rutsiro n'utundi turere (Karongi, Rubavu n'utwo muri Kigali), buzamura segiteri yo gutwara abantu n'ibintu mu Kiyaga no guteza imbere ubukerarugendo, aho amafaranga abukomokamo yinjira mu baturage ndetse bikanjiriza Igihugu umusoro.

    Ikipe iroba isambaza mu kiyaga cya Kivu, ikoresha abarobyi icyenda bahora na nyirayo wa cumi, kuyitunga bigusaba asaga Miliyoni 5,2 Frw kugira ngo ibe ifite ibikoresho byose byuzuye.

    Akarere ka Rutsiro gafite imirenge itandatu ikora ku Kiyaga cya Kivu, amazi yako ahana imbibe ni aya Karongi na Rubavu ndetse na Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo.

    Mu Karere ka Rutsiro harobwe toni zirenga 3000 z'amafi n'isambaza, mu mwaka umwe


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rutsiro-mu-mwaka-umwe-harobwe-toni-zirenga-3000-z-amafi-n-isambaza