Author: webrwanda

  • Ibyihariye kuri 'drones' zizakoreshwa mu kugeza ibicuruzwa ku Baturarwanda – #rwanda #RwOT

    Zipline Rwanda yatangiye gukorera mu Rwanda mu 2016. Ubu igeze ku butumwa burenga 600 ku munsi. Yatangiye yohereza amaraso gusa, ubu yohereza ibintu biri mu moko 10 birimo amoko y'imiti arenga 200.

    Ifite ibibuga i Muhanga mu Murenge wa Shyogwe n'i Kayonza. Hafi 35% by'ibyo itwara ni intanga z'amatungo.

    Mu nama imaze iminsi ibera mu Rwanda ihuje abo mu rwego rw'ubwikorezi, Zipline Rwanda yamuritse drones nshya zizatangira gushyira abantu ibicuruzwa mu mwaka utaha.

    Umusaruro wa Zipline wanagarutsweho na Perezida Paul Kagame ubwo yatangizaga iyi nama inama. Yagize ati 'Iri koranabuhanga ntabwo ryagabanyije igihe byatwaraga gusa ahubwo ryatabaye n'abantu. Ubufatanye bwacu bwatanze umusaruro ndetse turi kugerageza uko twarizana mu mujyi rikazajya rijyanayo ibikoresho mu bijyanye n'ubucuruzi bw'ikoranabuhanga.'

    Drones nshya Zipline yamuritse zizwi nka Platform 2 (P2), zifite ikoranabuhanga rihambaye ugereranyije n'izisanzwe.

    Zizajya zikorera cyane mu mijyi ituwe cyane. Zizahera mu Mujyi wa Kigali hanyuma zagurirwe no mu bindi bice by'igihugu.

    Byitezwe ko zizatangira mu 2026, zigafasha abo mu buzima, za restaurant, ibigo by'ubucuruzi n'ibindi bibukorera ku ikoranabuhanga.

    Umuyobozi Mukuru wa Zipline Rwanda, Kayitana Pierre yabwiye IGIHE ati 'Icyo twishimira ni uko twabashije kumurika indege yacu nshya. Ikora nka ya yindi mwari musanzwe muzi ariko ifite ikoranabuhanga ryisumbuye riyifasha gukorera mu mijyi minini.'

    Izi drones nshya zifite umwihariko w'uko zo zihaguruka mu buryo bumwe na kajuguju, kuko bidasaba kwifashishwa ikizisunika kikaziha imbaraga (launcher).

    Drones za Zipline zizifashishwa mu bucuruzi ni uku zimeze

    Ishobora guhagurukira aho ari ho hose, ikaba yanagwa ahantu hato cyane. Bijyanye n'uko ifite sensors zifite ikoranabunga rigezweho rifasha drones kumanura umuzigo neza.

    Kayitana ati 'Byadufashe imyaka 10 kugira ngo tube dufite iyi drone. Irizewe, ndetse iroroshye gukoresha kurusha iza mbere.'

    Bitandukanye na drones zisanzwe zakoreshaga icyo twakwita nk'umutaka kugira ngo zimanure umuzigo zahawe. Izi zo zagenewemo umwanya munini ushyirwamo ibicuruzwa.

    P2 ikoreshwa umugozi ugenda wizingura umuzigo ukagera ku butaka gahoro gahoro, ibituma umuzigo ugera ku bawutumye neza ndetse igakora mu mijyi igizwe n'inyubako ndende n'ibindi.

    Iyi drone ifite amababa abiri maremare ikagira n'andi ane yayo ayifasha guhaguruka. Igenda ku muvuduko w'ibilometero 100 ku isaha.

    Ibasha kugendera ku butumburuke buri hagati ya metero 100 na 400. Ni drones zishobora no gukomeza umurimo w'izabanje wo gutanga amaraso mu Mujyi wa Kigali.

    Iyi drones yatangiye gukorera mu Mujyi wa Dallas muri Leta ya Texas, aho imaze hafi imyaka 10 igeragerezwa. Ubu Zipline ikorana n'ikigo cya Walmart mu kugeza ibicuruzwa ku baturage.

    Kiri mu binini byo muri Amerika kuko nko mu 2024/2025 iki kigo cyagurishije ibicuruzwa bikoreshwa mu ngo bifite agaciro ka miliyari 276$. Iki kigo cyihariye hafi 21% by'isoko ry'ubuconsho muri Amerika.

    Drone imwe ifite ubushobozi bwo gutwara ibiryo byahaza abantu 12.

    Kayitana yavuze ko bazakomeza guteza imbere izi drones ku buryo zizashobora gutwara ibilo byinshi ari na ko zigenda intera ndende.

    Ati 'Dushaka kuyizana mu Mujyi wa Kigali bikaba ubwa mbere bikorewe muri Afurika. Dushaka kubanza kuyimenyereza neza ikaza nta kibazo cya tekiniki na kimwe ifite. Ni yo mpamvu bizafata igihe. Abantu bihangane gato mu mwaka utaha twifuza ko zizaba yatangiye gutanga serivisi.'

    Umuyobozi Mukuru wa Zipline Rwanda, Kayitana Pierre yatangaje ko drones zizifashishwa mu bucuruzi bw’ikoranabuhanga zakoranywe ikoranabuhanga rihambaye

    Kayitana yavuze ko batangiye no gusaba impushya zo gukoresha izi drones.

    Igerageza nirirangira bazazana ibyemezo by'uko ikoranabuhanga ryazo ryemewe ndetse nta mpungenge z'impanuka ubundi zitangire imirimo.

    Izi drones zifite ikoranabuhanga rizifasha kujya mu byerekezo byinshi, bitandukanye n'izisanzwe. Izisanzwe zoherezwaga ahantu zagerayo zigatanga ubutumwa, zigahita zisubira ku cyicaro cya Zipline.

    Kuri izi nshya zo zizajya zoherezwa nk'i Remera, zitange ubutumwa, zongere zijye gufata ubundi nk'i Kanombe zibujyane mu kindi gice, zitabanje kongera gusubira ku cyicaro.

    Kayitana ati 'Hari 'application' ya Zipline. ijya muri telefone igezweho dufite. Tuzajya dukorana n'ibigo by'ubucuruzi, tugirane amasezerano na byo bigaragare kuri iryo koranabuhanga. Umuntu azajya amanura (download) iyo 'application' ahitemo ibyo ashaka, abigure, indege ihite ipakirwamo ibyaguzwe, ihite ibimugezaho nko mu kanya ko guhumbya.'

    Kugeza ubu hari abahanga mu by'ikoranabuhanga bari gukora kuri uyu mushinga bagera kuri 50 bakorera mu Rwanda, biyongera ku bakozi 150 basanzwe bakoresha izisanzwe.

    Drones zisanzwe imwe ibarirwa agaciro k'arenga miliyoni 20 Frw bijyanye n'ibiyigendaho, icyakora inshya zizaba ziri munsi y'icyo giciro cyane kugira ngo n'igiciro cy'ubwikorezi gicibwa uwatumye kigabanyuke.
    Ati 'Ni ukugira ngo abantu bose bisange muri ubu bucuruzi. Duteganya kuzana drones nyinshi cyane kuko abantu benshi bazazikenera.'

    Zipline yatangiye mu Rwanda imaze kwagura ibikorwa byayo n'imahanga, aho ifite site 30 mu bihugu bitandukanye birimo Nigeria, Ghana, Côte d'Ivoire, Kenya, u Buyapani, u Burayi na Amerika muri leta za Arkansas na Utah.

    Drones zishyira abantu ibicuruzwa zatangiye gukora mu Mujyi wa Dallas muri Leta ya Texas

    Drones za Zipline zagenewe kugeza ibicuruzwa ku bazitumye zizatangira gukorera mu Rwanda mu 2026


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibyihariye-drones-zamuritswe-naa-zipline-zizatangira-kugeza-ibicuruzwa-ku

  • Gisagara: Umuyobozi w'ishuri n'umumotari bafungiye kwiba ibiryo by'abanyeshuri – #rwanda #RwOT

    Bombi bafashwe bikomotse ku bujura bakekwaho bwabaye mu ijoro ryo ku wa 5 Nzeri 2025, ubwo abaturage batangaga amakuru bavuga ko babonye moto yo mu bwoko bwa Lifan, ivuye mu Ishuri Ribanza rya Tamba, riherereye mu Kagari ka Zivu, Umurenge wa Save, ipakiye ibiribwa bigenewe kugaburirwa n'abanyeshuri baryigaho.

    Ibyo biribwa byarimo akawunga ibilo 125, ibishyimbo ibilo 100 n'amavuta yo guteka litiro 40.

    Amakuru avuga ko bagifatwa, uwo muyobozi we yahise acika, ariko nyuma nawe aza gufatwa mu gitondo cyo ku wa 06 Nzeri.

    Umuvugizi wa Polisi mu Nyatara y'Amajyepfo CIP Kamanzi Hassan yabwiye IGIHE ko aba bagabo bombi ari bo shoferi n'umuyobozi w'ishuri bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Save, mu gihe iperereza kuri bo ryatangiye.

    Ati 'Abafashwe bombi bakekwaho kwiba ibiryo by'abanyeshuri bakabipakira moto bikajya kugurishwa. Ubu ibiribwa byari byibwe byasubijwe ku ishuri ngo bigaburirwe abana nk'uko byari byaragenwe.''

    CIP Kamanzi, yaboneyeho gushishikariza abaturage gukomeza umuco mwiza wo gutangira amakuru ku gihe, anavuga ko Polisi igaya bamwe mu bayobozi b'ibigo by'amashuri bumva ko bakwicisha inzara abanyeshuri bagurisha ibiryo byagombaga kubatunga, abibutsa ko Polisi itazabihanganira, ndetse ko uzajya abifatirwamo wese amategeko azajya abimuhanira.

    Hari amakuru IGIHE yamenye ko hari inyandiko ivuga ko mu mwaka w'amashuri ushize, uyu muyobozi yaba yaragujije ibiryo mu rindi shuri ibye byamushiranye, ubu rero ngo akaba yari agiye kubyishyura aho yari yabikuye n'ubwo bigoye kubihuza, kuko hibazwa impamvu byarindiriye gukorwa mu ijoro aho kubikora ku manywa.

    Ibyafashwe byari kuri moto izwi kwi izina rya Lifan


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/gisagara-umuyobozi-w-ishuri-n-umumotari-bafungiye-kwiba-ibiryo-by-abanyeshuri

  • Abagera kuri 15 bakurikiranyweho kwinjiza mu magororero ibinyuranyije n'amategeko – #rwanda #RwOT

    Byatangarijwe ku Igororero rya Rusizi ku wa 6 Nzeli 2025, ubwo Komiseri Mukuru w'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igorora, CG Evariste Murenzi yasuraga iri gororero, aho yanaganiriye n'abafite ababo bari kuhagororerwa abibutsa ko bibujijwe kubazanira amafaranga, telefoni, n'ibiyobyabwenge kuko biteza umutekano muke mu igororero no hanze yaryo.

    Ni nyuma yaho kuva muri Mutarama 2025 hagaragaye ubwiyongere by'abaturage bagerageza kwinjiza mu magororero ibinyuranyije n'amategeko.

    Umuvugizi wa RCS, CSP Sengaho Hellary Emmanuel yavuze ko kuva muri Mutarama 2025 kugera muri Kanama hamaze gufatwa abantu 75 barimo 15 bafatanye ibiyobyabwenge by'umwihariko urumogi ubu bakaba bafungiye mu magorero atandukanye.

    Ati 'Abagororwa kubera ko baba baragonganye n'amategeko bagira amayeri yo gukoresha ababo, bakoresheje amarangamutima y'uko bafitanye isano, bakaba babashuka bakabazanira ibitemewe. Twagiye dufata abantu batandukanye ku magororero atandukanye bazanye ibintu bitemewe'.

    CSP Sengabo yasabye abaturage n'abagororwa kwirinda kwinjiza mu magororero ibintu bitemewe avuga ko ababifatiwemo bamwe bajyanwa mu bigo ngororamuco abafatanywe ibiyobyabwenge bagashyikirizwa Urwego rw'Igihugu rushinzwe Iperereza RIB ikabakurikirana.

    Ati 'Mu byo twabafatanye harimo amatelefoni, ibiyobyabwenge, amafaranga, ama sim card, amasharijeri, ibikamba, amasegereti. Harimo ibiba byemewe hanze ariko hano bitemewe'.

    RCS yibukije abafite ababo bari mu magororero ko ukeneye guha amafaranga umuntu we uri kugororerwa mu igororero anyuza amafaranga ku buyobozi bw'igororero akohereza amafaranga kuri kode ya mobile money y'igororero, akanohereza ubutumwa bugufi burimo amazina y'uwohererejwe amafaranga.

    Abinjiza ibitemewe mu Igororero banenzwe

    Abaturage bafite ababo bafungiye mu Igororero rya Rusizi banenze bagenzi babo binjiza ibitemewe mu igororero bavuga ko biteza umutekano muke mu magororero bikabanangamira imigendekereye myiza yo gusura ababo.

    Bahati Zainabu wari wasuye abantu batatu bafungiye mu Igororero rya Rusizi yabwiye IGIHE ko mu bo yari yaje gusura harimo ufungiye gukoresha ibiyobyabwenge.

    Ati 'Abinjiza ibiyobyabwenge mu igororero turabanenga kuko batuma abana bacu baje hano bongera kubinywa kandi kuba hano byakababereye umwanya wo kwikosora'.

    Murwanashyaka Yesaya wo mu Murenge wa Gitambi Akarere ka Rusizi wari waje gusura umuhungu we ufungiye icyaha cyo gukubita no gukomeretsa yavuze ko atari aziko hari umuntu watinyuka kwinjiza mu igororero ibibujijwe n'amategeko.

    Ati 'Birantunguye kumva ko hari abantu binjiza ibibujijwe mu igororero. Icyo twiyemeje ni uko umuntu azajya aza gusura azanye ibyemewe biriya byo kuzana urumogi, kuzana telefoni ntabwo ari byiza'

    Igororero rya Rusizi rifungiyemo abagera ku 3480. Muri rusange abamaze gufatwa binjiza ibijujijwe mu magororero ni 75 barimo 15 bafashwe binjiza ibiyobyabwenge.

    Komisieri Mukuru wa RCS, CG Evariste Murenzi yasabye abafite ababo bafunze kwirinda kwinjiza ibibujijwe mu magororero

    Mu byo abagororwa batemewe gutunga harimo amafaranga na telefone

    Mu mezi umunani ashize abantu 15 bafashwe bagerageza kwinjiza muri gereza ibitemewe bakurikiranwaho ibyaha


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abagera-kuri-15-bakurikiranyweho-kwinjiza-mu-magororero-ibinyuranyije-n

  • Gisagara: Umuyobozi w'Ikigo cy'Ishuri yatawe muri yombi azira ibiryo by'abana #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa 06 Nzeri 2025, ku bufatanye bwa Polisi y'u Rwanda ikorera mu Karere ka Gisagara, ku makuru yahawe n'abaturage bamaze kumenya agaciro ko kurwanya ibyaha n'ababikora, hatawe muri yombi abagabo babiri barimo Umuyobozi w'ikigo cy'Ishuri ribanza/EP TAMBA riherereye mu Murenge wa Save.

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi yabwiye intyoza.com ko abafashwe uko ari babiri, bakekwaho kwiba ibiryo by'Abanyeshuri bakabipakira Moto bikajya kugurishwa.

    Ibiryo bafatanywe ni; Ibishyimbo bingana n'ibiro ijana(100kg), ifu ya Kawunga ingana n'ibiro 125 hamwe n'Amavuta yo guteka angana na Litiro 40.

    Abafashwe nk'uko CIP Hassan Kamanzi yabibwiye intyoza.com, bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Save mu gihe Ubugenzacyaha/RIB bwatangiye kubakurikirana. Ni mu gihe kandi ibyo bafatanywe byasubijwe ku ishuri kugira ngo bigaburirwe abana nk'uko byari byaragenwe.

    CIP Hassan Kamanzi, avuga ko Polisi isaba abaturage gukomeza umuco mwiza wo gutanga amakuru neza kandi ku gihe hagamijwe gukumira no kurwanya ibyaha n'ababikora.
    CIP Hassan Kamanzi, avuga kandi ko Polisi igaya bamwe mu bayobozi b'Ibigo by'amashuri bumva ko bakwicisha abanyeshuri inzara, aho usanga ibyakabatunze hari bamwe babigurisha.

    Abayobozi bameze batyo n'abandi babitekereza, baributswa ko nta narimwe Polisi izigera yihanganira abantu nk'abo, ko uzafatwa wese azajya ashyikirizwa amategeko akamukanira urumukwiye kuko Polisi ihora iri maso kandi n'abaturage bakaba bamaze gusobanukirwa neza akamaro ko gutanga amakuru neza kandi ku gihe.
    intyoza.com

    Source : https://www.intyoza.com/2025/09/06/gisagara-umuyobozi-wikigo-cyishuri-yatawe-muri-yombi-azira-ibiryo-byabana/

  • Gogo ngo yari yaciye amarenga ko agiye gutaha, umurambo we wageze i Kigali havugwa icyamwishe #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi Musabyimana Gloriose uzwi nka Gogo umurambo we wageze i Kigali bavuga ko yishwe n’ibihaha, gusa ngo yari yaciye amarenga ntibabimenya.

    Gogo yitabye Imana mu ijoro ku wa 3 Nzeri 2025, akaba yaraguye muri Uganda aho yari yaragiye mu ivugabutumwa.

    Bikorimana Emmanuel cyangwa se Bikem Wayesu wari usanzwe ari umwe mu bajyanama ba Gogo, ariko wari ushinzwe itangazamakuru yabwiye abanyamakuru ko Gogo yaciye amarenga ko yenda gutaha ariko ntibabimenya.

    Ati 'Umunsi wa mbere twabonye ibintu bikomeye byerekana ko Gogo ari kudusezeraho ntitwabimenya. Yabyiniye Imana agera aho afata inkoni akajya akubita abantu banze kubyina, ariko nanze ko byerekanwa kuri 'camera’.'

    Bikem yavuze ko ubwo bari bavuye Kakumiro habereye igiterane bageze Kampala, Gogo yatangiye kugaragaza uburwayi kuko yari asanzwe afite ubumuga bw’igicuri, yafatwa bakagira ngo ni bya bindi bisanzwe.

    Ati 'Yari afite n’icyemezo cya Leta kigaragaza ko afite ubu bumuga bw’igicuri, yajyaga afatwa tukagira ngo ni bya bindi. Hari ukuntu igicuri gifata umuntu mu minota ibiri akaba abaye muzima, akabaho muri ubwo buzima kuko hari n’igihe iriya ndwara ijya ivurwa igakira ariko we ntabwo ari mu bayikize.'

    'Gogo yapfuye ku wa Gatatu tariki 3 Nzeri 2025, iki cyumweru. Ibyo byamufataga byakomeje kumufata bimucugusa, tugira ubwoba tumujyana kwa muganga. Twageze ku bitaro ku mugoroba saa moya ntabwo byafashe n’isaha ngo ave mu mubiri. Birumvikana ni inkuru ibabaje kandi iteye agahinda. Twarayakiriye ariko mu matwi yacu twumvise ari nk’injereri ziri kuvugamo.'

    Biteganyijwe ko azashyingurwa ku wa Mbere tariki ya 8 Nzeri 2025 i Rwamagana aho akomoka.

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11793

  • Perezida Kagame yakiriye David S. Marriott na Flamini wakiniye Arsenal – #rwanda #RwOT

    Mathieu Flamini uri mu bi yise abana b'ingagi amazina, iyo yise yayihaye izina rya 'Rubuga'

    Flamini agihagarika umupira w'amaguru yabaye rwiyemezamirimo mu by'ibinyabutabire bigamije kurengera ibidukikije, ashinga GFBiochemicals mu 2008 afatanyije na Pasquale Granata, ikigo cy'agaciro ka miliyari 30£ afitemo imigabane ingana na 60% aho ayobora abakozi barenga 1000.

    Flamini akoresha ubushobozi bwe mu bukangurambaga bwo guhangana n'imihindagurikire y'ibihe no kubungabunga ikirere, aho asaba ko hakoreshwa ry'ingufu zisubira mu bikorwa bya ruhago, kurya ibikomoka ku bihingwa no guhindura ingendo z'abafana mu buryo butangiza ibidukikije.

    Marriot yakiriwe na Perezida Kagame

    Perezida Kagame kandi yakiriye itsinda riturutse muri Marriott, riyobowe na David S. Marriott, Umuyobozi w'Inama y'Ubutegetsi ya Marriott International, hoteli mpuzamahanga ifite ishami mu Rwanda.

    David S. Marriott na we ari mu bise abana b'ingagi amazina aho we yamwise irya “Rugwiro”.

    David S. Marriott ni umushoramari w'Umunyamerika aho kuva mu 2022 ari Chairman w'Inama y'Ubutegetsi ya Marriott International.

    Ubuzima bwe yabweguriye ibijyanye n'amahoteli by'umwihariko Marriott International akoramo kuva mu 1999 aho yagiye aba mu nshingano zitandukanye zirimo no kuba uwari ushinzwe ibikorwa na serivisi bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, akanaba umukozi ushinzwe ibikorwa mu Karere k'u Burasirazuba bwa Amerika.

    Mathieu Flamini wakiniye Arsenal yakiriwe na Perezida Kagame

    Perezida Kagame yakiriye itsinda ryavuye muri Marriot International


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/perezida-kagame-yakiriye-david-s-marriott-na-flamini-wakiniye-arsenal

  • Polisi yasobanuye imirongo y'umuhondo iri mu masangano y'imihanda – #rwanda #RwOT

    Ibi yabivuze ku wa 6 Nzeri 2025, ubwo hashyirwaga imirongo y'umuhondo (yellow box) mu isangano ry'imihanda ryo ku Gishushu.

    Rutikanga yasobanuye ko iyo mirongo itamenyerewe cyane mu gihugu uko ikiri hake gusa avuga ko biri muri gahunda yabo kuyishyira mu masangano y'imihanda yose.

    Yagize ati 'Iyi mirongo isobanura ko aho hagati hatemerewe guhagararwa igihe icyo ari cyo cyose ubwo ndavuga ko nta kinyabiziga cyemerewe kuhahagarara n'umunota n'umwe. Ubusanzwe itegeko rigena imikoreshereze y'umahanda riteganya ko mu masangano y'imihanda nta kinyabiziga kigomba guhagararamo, iyi mirongo rero ni ikimenyetso cyongera kubyibutsa abatwaye ibinyabiziga.'

    Akomeza avuga ko abazakoresha iyi mirongo nabi bazajya bahanwa kuko gucunga ikoreshwa ry'iyi mirongo na byo byongewe mu byo camera zicunga umutekano wo mu muhanda zikora.

    Yagize ati 'Ziriya camera mubona si gufata amashusho y'umuntu wahagazemo (mu mirongo) ahubwo zibika n'ayo mashusho kugira ngo zidufashe kwereka wa wundi utanyurwa n'ibyemezo byafashwe cyangwa utazaba wibuka ko yigeze ahahagarara kuko z'ifitemo ubwo bushobozi.'

    Akomeza avuga ko atari ibyo gusa kuko izi camera zizajya zibika amashusho y'umuntu 'uhanyuze amatara yaka umutuku, uvugira kuri telefone, utambaye umukandara, imodoka idafite ubwishingizi, cyangwa idafite icyemezo cy'ubuziranenge bw'ikinyabiziga (controle technique), ubwo bwose ni ubushobozi bw'iyi camera.'

    Ndayisenga Jean utwara moto mu mujyi wa Kigali yavuze ko iyi mirongo igiye kujya ibibutsa uburyo bwo kubahiriza amategeko yo mu masangano y'umuhanga kuko hari igihe babyibagirwaga.

    Yagize ati 'Hari amategeko wibuka ari uko uhuye na yo mu muhanda, nk'iriya mirongo kubera idahari cyane, hari igihe abenshi twibagirwa icyo ivuze ariko ubu tugiye kubyibuka kandi turusheho kwitwara neza mu muhanda.'

    ACP Rutikanga Boniface kandi yakomeje ku bagera mu mubyigano w'ibinyabiziga bagahagarara mu nzira y'aho abanyamaguru bambukira (zebra crossing) avuga ko ibyo ari amakosa kuko iriya nzira nta kinyabiziga cyemerewe kuyihagararamo.

    Ati 'Nk'uko bitemewe guhagarara mu masangano y'imihanda ni ko no muri zebra crossing bitemewe kuko na byo birahanwa. Tugiye kongera kwigisha abantu tubibutsa ko niba imodoka ziri mu mubyigano ni byiza ko bamenya ko iriya nzira yambukiramo abanyamaguru ntawe ugomba kuyihagararamo.'

    Iyi mirongo y'umuhondo yari isanzwe mu isangano ry'imihanda ahazwi nka Rwandex rihuza imihanda ya Gikondo, mu mujyi rwagati, Kicukiro na Remera.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface, yaburiye abateganya kwirengagiza amategeko y’umuhanda avuga ko bazahanwa

    Mu isangano ry’imihanda yo ku Gishushu, hashyizwe imirongo y’umuhondo yerekana ko nta kinyabiziga cyemerewe guhagarara muri iryo sangano

    Polisi yavuze ko biri muri gahunda yayo gushyira imirongo y’umuhondo mu masangano y’imihanda yose


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/polisi-yasobanuye-imirongo-y-umuhondo-iri-mu-masangano-y-imihanda

  • Bitwaye iki gushyingiranwa n'umukobwa ukurusha amafaranga? – #rwanda #RwOT

    Kimwe mu bikunze kugarukwaho na bamwe mu basore b'Abanyarwanda, ni uko badashobora gukundana n'umukobwa ubarusha amafaranga kuko baba batekereza ko yabasuzugura, bakwitwa inganzwa n'ibindi.

    Nyamara ihame rya Leta y'u Rwanda ryo gushyira umuturage wese ku isonga rirakurikizwa, ku buryo bitakiri inkuru kuba umukobwa yatunga agatubutse kuko ariga, agakora kandi agahembwa neza bitewe n'inshingano afite ndetse n'ubushobozi bwe bwo kuzuzuza.

    IGIHE yaganiriye na bamwe mu baturage bo mu Mujyi wa Kigali bagaruka ku cyo batekereza kuri iyi ngingo y'abanga gushyingiranwa n'abagore babarusha amafaranga.

    Ibisubizo byabo biri muri iyi video. Wowe ubiterezaho iki?


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/bitwaye-iki-gushyingiranwa-n-umukobwa-ukurusha-amafaranga

  • Bugesera: Umusore yiyahuye kubera umukobwa bakundanaga yamwanze – #rwanda #RwOT

    Uyu musore yabanje guhamagara umukobwa bakundanaga amubwira ko namwanga yiyahura, umukobwa amubwira ko ntakindi amwangira usibye ingeso y'ubujura agira ko naramuka ayiretse bazakomezanya.

    Umwe mu baturanyi be yagize ati 'yambwiye ko umuntu utumye yiyahura ari umukobwa bakundanaga witwa Bamurange, ati 'sinzigere nkunda umuntu ngo mwimariremo''.

    Yahise ajya kwa Nyirakuru ababwira ko amaze kunywa imiti yica imbeba, ko yiyahuye kuko atumva impamvu umukobwa bakundanaga yamwanze, nyuma bagerageje kumuha amata, arayagarura, bamwohereza kwa muganga gusa yapfuye mu gitondo cyo ku wa 04 Nzeri.

    Umubyeyi wa nyakwigendera, yavuze ko yamuhamagaye ati 'sinzongera kubababaza wowe na Nyogokuru, nyuma ambaza niba mperuka kuvugana na Bamurange ndamuhakanira, ngo ese wumva azampa imbabazi musubiza ko bazabiganiraho, nyuma baje kumbwira ko yiyahuye anyweye imiti y'imbeba'.

    Bamurange wakundanaga na nyakwigendera yavuze ko bari bamaze imyaka ibiri mu munyenga w'urukundo gusa aza kumubwira ko batandukana natareka ingeso y'ubujura yagiraga. Mbere y'uko uyu musore yiyahura bari babanje kuvugana umukobwa amubwira ko atamwanze ahubwo yanze ingeso ye.

    Umunyamabanga nshingwabikorwa w'Umurenge wa Ririma Sebarundi Ephrem yavuze uyu musore yari asanganywe imyitwarire mibi gusa icyabaye intandaro ku kwiyahura kwe ntikiremezwa.

    Yagize ati ' impamvu bashingiraho ni uko bahise bamuha amata kandi mu byo yagaruye hari harimo ibinuka nk'imiti y'imbeba, gusa icyo dukeka ni ibibazo by'iwabo, amakimbirane yari asanganywe, kandi yari asanzwe afite imyitwarire itari myiza ndetse nta muntu yashoboye kubwira neza icyamuteye kwiyahura'.

    Uyu mukobwa bakundanaga nyuma yo kumva iyi nkuru yahise agwa muri koma, kuri ajya kwitabwaho n'abaganga ku kigo nderabuzima cya Ririma.

    Umusore wo mu Bugesera yiyahuye kubera ko umukobwa yamwanze


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/bugesera-umusore-yiyahuye-kubera-umukobwa-bakundanaga-yamwanze

  • Nyaruguru: Inzu y'ubucuruzi yahiriyemo ibifite agaciro karenga miliyoni 20 Frw – #rwanda #RwOT

    Ni inkongi yabaye mu masaha ashyira saa Kumi n'Ebyiri z'umugoroba wo ku wa 4 Nzeri 2025, mu Karere ka Nyaruguru, Umurenge wa Kibeho, Akagari ka Kibeho, mu Mudugudu wa Sinayi, santere ya Kibeho, ahateganye n'Isoko rya Kijyambere rya Kibeho, yibasira inzu yakorwagamo ubucuruzi butandukanye burimo, imigati, kuranguza ubuconsho, resitora n'ibindi.

    Abacururirazagamo bavuga ko uyu muriro babonye umanuka muri gisenge, nyuma y'uko amashanyarazi yagendaga agaruka hagahita havuka inkongi, yatangiye itwika mu gisenge, ukomereza ku bicuruzwa byarimo, maze basohoka bahunga nta na kimwe barokoye.

    Aba bakeka ko uyu muriro wakomotse ku mashanyarazi, mu nsinga ziba ziteranyirije mu gisenge, n'ubwo batabihagazeho neza.

    Tuyishimire Kwizera Eric, ni umusore, akaba umwe mu bahakoreraga ubucuruzi bw'imigati, yabwiye IGIHE ko iyi nkongi yamuteje igihombo gikomeye, aho abona atazongera kwegura umutwe mu bucuruzi mu bihe bya vuba kuko ibyo yahishije bisaga miliyoni enye kandi ari zo yacungiragaho.

    Ati 'Nk'urubyiruko, nacuruzaga amafaranga y'ibimina, nta kindi umuntu aba yari yatangira gushoramo imari, nta shyamba cyangwa se ikindi cyose cyavaho amafaranga, ubu ni igihombo gikomeye.'

    Tuyishime, akomeza avuga ko nta n'ubwishingizi yari afite, ndetse yirinze no kubaza nyir'inzu niba hari ubwinshizi afite bitewe n'uko na we abona neza ko atorohewe n'ibihe arimo kuko inzu ye yahiye yose.

    Umuvugizi w'Intara y'Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yavuze ko ku bufatanye n'abaturage, Polisi yatabaye ikazimya umuriro, ariko igasanga inzu yangiritse igisenge ndetse n'ibicuzwa by'abaturage.

    Yakomeje avuga ko iyi nkongi yaba yatewe n'insinga z'amashanyarazi zitameze neza agira ati ''Iyi nkongi bigaragara ko yatewe n'amashanyarazi, biturutse ku nsinga zitameze neza.'

    CIP Kamanzi yakomeje asaba abaturage ko igihe cyo gushyira amashanyarazi mu nzu bakwiye gukoresha insinga n'ibindi bikoresho by'amashanyarazi byujuje ubuziranenge bagakorana n'ababihuguriwe, banemejwe n'Urwego rw'Igihugu rugenzura imirimo imwe n'imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA).

    Igihe yasanze bari gukuramo imyanda y’ibyangiritse

    Ibirahure by’amadirishya byose byahuye birameneka

    Polisi yatangaje ko hahiriyemo ibintu bifite agaciro k’asaga miliyoni 20 Frw

    Iyi nzu yari ifite imiryango ine, yose yahiye irakongoka


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyaruguru-inkongi-y-umuriro-yatwitse-inzu-y-ubucuruzi-ihiramo-iby-asaga