Author: webrwanda

  • Minisitiri Uwimana yavuze ku mpamvu zitangwa n'abagabo badakozwa ibyo gusezerana – #rwanda #RwOT

    Yabitangarije mu Murenge wa Ruharambuga, Akarere ka Nyamasheke ku wa 2 Ukwakira 2025, mu birori byo gusoza icyumweru cy'Umuryango mu Ntara y'Iburengerazuba, cyahawe insanganyamatsiko igira iti 'Tugire umuryango ushoboye kandi utekanye'.

    Ni ibirori byaranzwe n'ibikorwa birimo gupima indwara zitandura, guha abana indyo yuzuye, kwakira ibirego by'abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina, no gusezeranya imiryango 22 yo mu Murenge wa Ruharambuga yabanaga itarasezeranye.

    Uwimana yavuze ko iki cyumweru cyatekerejwe mu gushakira igisubizo ibibazo bibangamiye umuryango birimo amakimbirane, ababana batarasezeranye, imirire mibi n'igwingira, ihohotera rishingiye ku gitsina, abana baterwa inda, guta ishuri, ibiyobyabwenge n'ibindi.

    Yavuze ko kimwe mu bibashimisha ari ukubona imiryango ifata icyemezo cyo gusezerana imbere y'amategeko, ashimira cyane imiryango yateye iyo ntambwe.

    Minisitiri Uwimana yavuze ko iyo umugore n'umugabo biyemeje kubana mu buryo bwemewe n'amategeko baba barinze umuryango wabo, ababakomokaho n'igihugu muri rusange kuko gusezerana bibaha uburenganzira mu mategeko, mu irangamimerere na serivisi za Leta bakazihabwa mu buryo bworoshye.

    Ati “Gusezerana ni ikimenyetso cy'urukundo no kwereka uwo mugiye kubana ko ari we wenyine kandi utazamuhemukira”.

    Minisitiri Uwimana yavuze ko hari aho aherutse kujya, abagabo bamubwira zimwe mu mpamvu zituma badasezerana imbere y'amategeko.

    Ati “Iya mbere bambwiye ngo ni ubushobozi buke, bambwiye ko bigoye kubona inkwano, ko nta n'amafaranga yo gukora ibirori. Ikindi bambwiye ngo abagabo baba bakigerageza abagore ngo barebe ko ari isasu nibabona atari isasu babone gusezerana. Ntabwo nzi i Nyamasheke igituma mudasezerana, ariko nkurikije umuco waho numvise, abagabo mushobora kuba mukineka ko abagore babasha kubaterura no kuboza neza. Baracyaboza?”

    Minisitiri Uwimana yavuze ko inkwano idakwiye kuba ikibazo kuko itegeko ry'Umuryango rya 2024 ryemera ko abantu bakundana, bagasezerana n'iyo umugabo ataba yarakoye.

    Abagiye gushinga urugo bakwiye kugira igihe gihagije cyo kumenyana, no gutegura urugo aho gutegura ibirori byiza.

    Ati “Muri iri gerageza mubyaramo abana mwarangiza mukabata bakabura kirera, mbasabe rero kwirinda kubanza kubana ngo mwumve uko bizagenda nyuma”.

    Bamwe mu bayobozi bitabiriye isozwa ry’icyumweru cy’umuryango

    Mu Karere ka Nyamasheke imiryango yasezeranye mu ruhame inakorerwa ibirori

    Imiryango 22 yo mu Karere ka Nyamasheke yasezeranye yakorewe ibirori

    Uyu mwana ari mu cyatsi, bivuze ko nta mirire mibi cyangwa igwingira afite

    Minisitiri Uwimana yavuze ku mpamvu zitangwa n’abagabo batarumva akamaro ko gusezerana imbere y’amategeko


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/minisitiri-uwimana-yavuze-ku-mpamvu-zitangwa-n-abagabo-badakozwa-ibyo

  • Impamvu Faustinho Simbigarukaho yemeza ko Rayon Sports gutwara igikombe bigoye cyane #rwanda #RwOT

    Umunyamakuru w’imikino wa Isibo Radio&TV ukunzwe na benshi, Mugenzi Faustin wamamaye nka Faustinho Simbigarukaho yavuze ko Rayon Sports kwegukana Igikombe uyu mwaka bigoye.

    Ni nyuma y’uko yasezerewe na Singida Black Stars muri CAF Confederation Cup ndetse ikaba yanaraye itsinzwe na Police FC.

    Aganira k’Ikinyamakuru ISIMBI, Faustinho yavuze ko Police FC ari ikipe nziza yagaragaje ko itoje ndetse iri ku rwego rwo hejuru kurusha Rayon Sports.

    Yakomeje avuga ko icyo Rayon Sports yazize ari icyo imaze iminsi izira.

    Ati “Rayon Sports yazize ibyo imaze iminsi izira cyangwa wenda ibyo yateguye mu isoko ry’igura ry’abakinnyi kuko bigaragara ko ititeguye neza kuko abakinnyi ubona ko batari ku rwego rwa Rayon Sports.”

    “Ibaze ikipe kubona imipira y’imiterekano nk’itandatu iri ahantu hamwe ariko igaterwa n’abakinnyi batandukanye, nta mukinnyi wo gutera imipira y’imiterekano ni Abedi wikamata, ni Tambwe Gloire ariko abandi urwego ruri hasi, wajya mu bwugarizi ni Rushema Chris ni Youssou Diagne amakosa ni menshi kuko ntibakinanye igihe, navuga ko Rayon Sports ifite ibibazo birenze kimwe.”

    Abajijwe niba abona izatwara igikombe, Faustinho yagize ati “gutwara igikombe biragoye cyane.”

    Rayon Sports imaze gukina imikino 2 ya shampiyona uwa Kiyovu Sports yatsinze n’uwo yaraye itsinzwemo na Police FC. Izagaruka mu kibuga ku Cyumweru ikina na Gasogi United.

    Faustinho Simbigarukaho yavuze ko Rayon Sports bigoye gutwara igikombe cya shampiyona

    Rayon Sports yaraye itsinzwe na Police FC

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11979

  • Bugesera: Umukozi wo mu ruganda rw'Imana Steel Rwanda Ltd yishwe n'ibyuma bishyushye #rwanda #RwOT

    Kumunsi wejo hashize mu rukerera ku wa kane, taliki ya 2 Ukwakira 2025 nibwo ku ruganda rwa Imana Steel Rwanda Ltd, habaye impanuka ikomeye k'ubuzima bw'umukozi. Abakozi bari mu mirimo yabo isanzwe yo gushongesha ibyuma, igihe umwe muri bo, mu gihe yarari gukora mu gice cyari kirimo ibyuma bishyushye cyane, byamuguyeho bitunguranye. Icyuma gishyushye cyamuguyeho, bituma bagenzi be bahita batabaza abashinzwe umutekano w'akazi ndetse n'abakozi b'inzego z'ibanze kugira ngo hatangwe ubutabazi bwihuse, ariko byabaye iby'ubusa kuko yari yamaze gupfa.

    Binyuze mu iperereza ry'ako kanya, byagaragaye ko impanuka yabaye bitewe n'uko hari ibikoresho byari byabuze umutekano uhagije ku buryo byashoboraga kurindwa abakozi.

    Abayobozi b'uruganda bavuze ko bagiye kongera ingamba z'umutekano, harimo gushyiraho ibikoresho birinda umuriro n'ubushyuhe bwinshi ku bakozi bari mu kazi.

    Abakozi bo muri uru ruganda bashimangiye ko ubu ari ubutumwa bukomeye ku bakozi bose, bugamije kwirinda impanuka nk'izi mu gihe kizaza. Bafashe umwanya wo gutanga ubutumwa ku bakora imirimo iteye ubwoba, bakangurira buri wese kwitwararika, gukoresha ibikoresho by'umutekano, no gukurikiza amabwiriza y'umurimo ku buryo bukwiye.

    Umuryango w'uwo mukozi watangaje ko wahuye n'igihombo gikomeye, usaba ko ingamba zo mu ruganda zakorwa neza kugira ngo hatagira undi muntu ubyitwaramo nabi. Iyi nkuru yibutsa buri wese ko umutekano w'akazi utagomba gufatwa nk'ikintu gisanzwe, cyane cyane mu nganda zifite ibyuma bishyushye cyangwa izindi mashini zishobora guteza impanuka.

    Kumunsi wejo hashize mu rukerera ku wa kane, taliki ya 2 Ukwakira 2025 nibwo ku ruganda rwa Imana Steel Rwanda Ltd, habaye impanuka ikomeye k'ubuzima bw'umukozi

     

    Source : https://kasukumedia.com/bugesera-umukozi-wo-mu-ruganda-rwimana-steel-rwanda-ltd-yishwe-nibyuma-bishyushye-ubwo-bari-barigushongesha-ibyuma/

  • Ngororero: Inzu z'ubucuruzi 40 zasizwe mu manegeka n'ibiza zirimo gusenywa – #rwanda #RwOT

    Iyi santere y'ubucuruzi ya Gasiza iherereye mu Murenge wa Muhanda, Akagari ka Gasiza, ibarurwamo inzu z'ubucuruzi zirenga 100. Inyurwamo n'imigezi ibiri irimo Nyabyufe n'undi witwa Bikore igahurira muri iyi santere, aho ibyara umugezi umwe witwa Gaseke.

    Raporo ya MINEMA yo kuva tariki 03-22 Gicurasi 2023 yagaragaje ko ibiza bidasanzwe byibasiye Intara y'Amajyaruguru niy'Iburengerazuba byasize inzu 694 ahashyira ubuzima bw'abaturage mu kaga, ndetse izindi 197 zirasenyuka burundu.

    Umuyobozi w'Akarere ka Ngororero, Nkusi Christophe mu kiganiro na IGIHE yahamije ko inzu zigera kuri 40 zirimo gusenywa, kuko ziri muri metero eshanu uvuye ku migezi.

    Ati 'Nyuma y'ubusesenguzi twasanze inzu 40 arizo zasenywa ndetse zatangiye kuvanwaho kuko ziri muri metero eshanu z'umugezi, kuva ibiza byazishegesha ntizikorerwamo.'

    Yakomeje avuga ko mu kubungabunga iyi migezi, muri metero eshanu zayo hatangiye guterwa imigano, ndetse hagiye kujya hinurwamo umucanga ku bazabihererwa impushya, kugira ngo amazi yayo abashe kugenda neza atototera inkombe.

    Meya Nkusi kandi avuga ko ku misozi iri mu nkengero z'iyi santere y'ubucuruzi ya Gasiza hatangiye gucibwa amaterasi n'imishinga, kugira ngo harwanywe isuri.

    Isantere y’ubucuruzi ya Gasiza inyurwamo n’imigezi ibiri

    Inzu zangijwe n’iyi migezi yo muri santere y’ubucuruzi ya Gasiza zitarasenywa ntizikorerwamo

    Inzu nyinshi zashegeshwe n’ibiza


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ngororero-inzu-z-ubucuruzi-40-zasizwe-mu-manegeka-n-ibiza-zirimo-gusenywa

  • Kubwimana yamuritse ibitabo bigaruka ku bizaranga Isi mu myaka 5000 – #rwanda #RwOT

    Ni ibitabo yamuritse ku wa 30 Nzeri 2025, abimurikira mu Karere ka Huye ari na ho akorera imirimo ye y'ubwanditsi.

    Byitwa 'Ubucuruzi Mpuzamahanga, Volume I, Ubucuruzi Mpuzamahanga, Volume I, B n'ikindi kitwa 'Humura'.

    Kubwimana, wize ibijyanye no kubungabunga ubumenyi ndangamateka, avuga ko impano ayikomora ku mubyeyi we na we wabaye umwanditsi w'ibitabo dore ko yari anafite Impamyabumenyi y'Ikirenga, PhD.

    Kubwimana yabwiye IGIHE ko yatangiye kwandika mu 2018. Igitabo cya mbere yise 'Humura' yagikomoye ku muryango yashinze witwa Humura Foundation yatangije mu 2012, ibindi bibiri atangira kubyandika mu 2021.

    Mu gitabo cya mbere Kubwimana avuga ko abatuye Isi bazonzwe n'ubwihebe no kwigunga, abandi bafite ibikomere by'amateka bitabaha ubwisanzure bw'umutima ngo bake ku maso, akavuga ko bakwiye ihumure, bakubaka Isi nziza.

    Mu mboni z'uyu mwanditsi Isi yo mu myaka 5000 iri imbere izarangwa n'ubumwe bw'abayituye ndetse Afurika ikaba igihugu kimwe.

    Yifashishije ingero z'amateka yagize ati ''Mu nama y'i Berlin, Abanyaburayi bigabanyije Afurika bayita imwe,ndetse n'ubu ni ko bakibibona nubwo batabyatura. Mujya mwumva inama zihuza ibihugu na Afurika, ibi byose bigaragaza ko ahubwo ubumwe bwacu tubwirengagiza kandi nyamara bwari bukenewe.'

    Agaraza ko Afurika yiyunze byayiha ijambo rikomeye mu bucuruzi mpuzamahanga.

    Kubwimana yerekana ko hari irindi genamigambi ry'ahazaza h'isi rikwiye gutekerezwa ridashingiye gusa ku migambi y'abayobozi b'ibihugu muri za manda zabo z'ubutegetsi, aho agaragaza ko kwishyira ukizana kwa buri muntu utuye isi bituma yiyumvamo inshingano zo gukora, akagira umurage asiga bityo bikazatuma itera imbere, n'abayituyeho bose ntawe usigaye.

    Bamwe mu bavunguriwe ku bumenyi buri muri ibi bitabo barimo Nyamwasa Théogène, ukora muri Sosiyete y'Ubwishingizi ya SONARWA, yashimye umuhate w'umwanditsi, avuga ko ari urugero rwiza ku bakiri bato rwo gutekereza kure no kwandika, kuko ibyanditswe bitibagirana.

    Ati ''Najyaga numva imishinga y'ahazaza harerahare h'isi mu mafilimi gusa, none ubu mbonye n'Umunyarwanda utekereza kure, mu myaka 5000 iri imbere. Ni mu gihe cya cyera cyane. Byantangaje!''

    Ibi bitabo byose biri mu ndimi eshatu, Igifaransa, Icyongereza n'Ikinyarwanda. Bizamurikwa mu gihugu hose mu mashuri makuru na kaminuza ndetse bikanamurikwa mu mahanga nko muri Canada, u Bubiligi n'ahandi.

    Kugeza ubu igitabo kimwe kigura 140$ na ho ugishaka ku buryo bw'ikoranabunga akazajya abanza kwishyura akabona kucyohererezwa.

    Kubwimana yanasohoye igitabo ku bucuruzi mpuzamahanga, agaragaza ko Afurika ikwiye kwirwanaho na yo ikagira ijambo rikomeye muri uru rwego

    Umusaza witwa Rutamu Vincent, yashimye ibitabo bya Kubwimana Nicolas

    Kubwimana Nicolas yamuritse ibitabo bigaruka ku hazaza h’Isi mu myaka 5000

    Kubwimana Nicolas (wa kabiri uhereye iburyo) avuga ko ibitabo bye azabimurika henshi mu gihugu ndetse no mu mahanga

    Kimwe mu bitabo byanditswe na Kubwimana Nicolas


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kubwimana-yamuritse-ibitabo-bigaruka-ku-bizaranga-isi-mu-myaka-5000

  • FIFA yamuritse Trionda, umupira wihariye uzakinishwa mu Gikombe cy'Isi cya 2026 #rwanda #RwOT

    Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru ku rwego rw'Isi FIFA ryamuritse ku mugaragaro umupira mushya uzakoreshwa mu Gikombe cy'Isi cya 2026, ukaba witwa 'Trionda'. Uyu mupira wihariye ugizwe n'amabara ahagarariye ibihugu bitatu bizakira iri rushanwa Canada, Mexico na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Igikomeye kuri Trionda ni uko ukozwe mu ikoranabuhanga rikomeye. Ufite chip ya 500Hz ishobora kugenzura no gutanga amakuru yose ajyanye n'imigendere yawo mu kibuga. Ibi bizafasha abatoza, abasifuzi ndetse n'abashinzwe igenzura ry'imikino kumenya neza uko umupira wagenze, aho wari uri buri gihe ndetse n'uburyo wakoreshejwe n'abakinnyi.

    FIFA yatangaje ko ibi bizongera umutekano n'ubunyamwuga mu mikinire, ndetse bikazafasha gukemura impaka mu mikino aho ikoranabuhanga riri ku isonga.

    Uyu mupira kandi ukozwe mu buryo bujyanye n'igihe, ku buryo uzaba worohereza abakinnyi kuwukina bitewe n'uburemere buke ikoranye.

    Kuva mu myaka yashize, FIFA yakomeje guteza imbere ikoranabuhanga mu mupira w'amaguru, aho VAR (Video Assistant Referee) n'ibikoresho by'ubumenyi bwerekeye imibiri byamaze kwinjizwa mu marushanwa. Trionda rero izaba indi ntambwe ikomeye mu gushimangira ko umupira w'amaguru utarimo gusa gukinwa ahubwo unahuzwa n'iterambere Isi iri kuganamo.

    Ku bakinnyi n'abafana, Trionda izaba igikoresho cy'ingenzi gihuza isura nshya y'umupira w'Isi, mu gihe iri rushanwa rizaba ribaye irya mbere mu mateka ryakira ibihugu bitatu icyarimwe.

    FIFA yamuritse Trionda, umupira wihariye uzakinishwa mu 2026

     

     

    Source : https://kasukumedia.com/fifa-yamuritse-trionda-umupira-wihariye-uzakinishwa-mu-gikombe-cyisi-cya-2026/

  • APR FC yasabwe gusezerera Pyramids FC yerekeje mu Misiri (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Ikipe ya APR FC yamaze guhaguruka mu Rwanda yerekeza mu Misiri aho igiye gukina na Pyramids FC, ikaba yasabwe kuyikuramo.

    Ni mu mukino wo kwishyura w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League aho ubanza wabereye mu Rwanda, Pyramids FC yabatsinze 2-0.

    Umukino wo kwishyura ukaba ugomba kubera mu Misiri tariki ya 5 Ukwakira 2025 ukazabera kuri 30 June Stadium.

    Bahagurutse mu Rwanda mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu kuko bagiye saa cyenda n’igice.

    Mbere yo guhaguruka mu Rwanda bakaba basuwe n’ubuyobozi maze bubabwira ko bagomba gukurikiza inama z’umutoza kuko bitera abo bahanganye ubwoba.

    Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa yagize ati “Iyo mukurikije inama z’umutoza, bituma ikipe duhanganye igira igitutu. Mwarabibonye ko abakinnyi mwabahangayikishije mu kibuga, na hariya birashoboka cyane.”

    Yakomeje ababwira ko nibakuba kabiri imbaraga bakoresheje bishoboka.

    Ati “Icyizere kirahari, ndakibona mu maso yanyu. Mukwiye gukuba kabiri imbaraga mwatanze hano i Kigali kugira ngo mukore ibirushijeho.”

    Kugira ngo ikomeze APR FC irasabwa gutsinda Pyramids FC ibitego bitatu cyangwa bibiri bakajya muri penaliti.

    Niyigena Clement

    Mamadou Sy na Ishimwe Pierre

    Mahamadou Lamine Bah

    Seifu Dauda

    Niyibizi Ramadhan na Ruhamyankiko Yvan

    Memel Raouf Dao umwe mu bakinnyi bitezwe ku mukino wo kwishyura

    Rutahizamu William Togui Mel n’umunyezamu Hakizimana Adolphe

    Mamadou Sy na Niyigena Clement

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11977

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w'ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kane, tariki ya 2 Ukwakira 2025, kuri Kigali Pele Stadium, ikipe ya Police FC yatsinze umukino w'ikirarane wayihuje na  Rayon Sports igitego 1—0, Rayon igwiza imikino 3 yikurikiranya idatsinda.


    Muri uyu mukino watangiye ku isaha ya saa
    kumi n'ebyiri n'igice, amakipe yombi yatangiye asatirana aho buri ruhande rwerekana ishyaka ryo gutsinda.

    Ku munota wa 22, ni bwo Nsabimana Eric Zidane, kapiteni wa Police FC, yatsindiye ikipe ye igitego cyabonetse ku mupira wari uturutse muri koruneri, Iki gitego cyahise gituma Police FC iyobora uyu mukino kugeza mu gice cya mbere cy'umukino.


    Rayon Sports nayo yagerageje kwishyura, aho ku munota wa 30
    Tony Kitoga yateye ishoti rikomeye, ariko umunyezamu Niyongira Patience ababera ibamba.

    Mu gice cya kabiri, Gikundiro yakoze impinduka z'abakinnyi mu rwego rwo gushaka igitego cyo kwishyura, ariko nta musaruro byatanze kugeza ubwo Police FC yegukanye intsinzi mukino minota 90 y'umukino.


    Gutsindwa kwa Rayon Sports kuri uyu wa kane, kwaje kwiyongera ku gusezererwa na
    Singida Black Stars muri CAF Confederation Cup, uyu akaba ari umukino wa Gatatu ukurikiranye iyi kipe idatsinda.


    Ubwo uyu mukino wari urangiye, Kapiteni wa Police FC
    Nsabimana Eric 'Zidane' yahawe igihembo cy'umukinnyi witwaye neza kurusha abandi (Man of the Match).


    Naho
    Shema Fabrice wa Police FC ni we wegukanye igihembo cy'umufana witwaye neza (Fan of the Match) muri uyu mukino wayihuje na Rayon Sports.

    Imikino ya shampiyona y'u Rwanda irakomeza ku munsi wayo wa 3, uko imikino izakinwa:



    Kuwa Gatanu, 3 Ukwakira 2025

    • AS Kigali 🆚 Gorilla FC (15:00)

    Kuwa Gatandatu, 4 Ukwakira 2025

    • Musanze FC 🆚 Bugesera FC (15:00)

    • Mukura VS 🆚 Kiyovu Sports (15:00)

    • Marine FC 🆚 Rutsiro FC (15:00)

    Ku Cyumweru, 5 Ukwakira 2025

    • Amagaju FC 🆚 Gicumbi FC (15:00)

    • Gasogi United 🆚 Rayon Sports (15:00)

    • Police FC 🆚 AS Muhanga (18:30)

    Kuwa Gatatu, 3 Ukuboza 2025

    • APR FC 🆚 Etincelles FC (15:00)

    Source : https://rushyashya.net/police-fc-yatsinze-rayon-sports-mu-mukino-wikirarane-gikundiro-yuzuza-imikino-3-idatsinda/

  • Inzozi Lotto yambuwe uburenganzira bwo gukorera mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    RDB yabitangaje ibinyujije mu itangazo yasohoye kuri uyu wa 2 Nzeri 2025, aho yagize iti 'Guhera ubu, Inzozi Lotto ntiyemerewe gukoresha Tombola y'lgihugu mu Rwanda.”

    RDB kandi yakomeje itangaza ko abatsinze Tombola bafite ibimenyetso bigaragaza ko batarishyurwa, ko Inzozi Lotto (Carousel Ltd) igifite inshingano zo kubishyura. Kwishyurwa bizakurikiranirwa hafi na RDB/NLGC kugira ngo hizerwe ko byakozwe neza.

    Mu itangazo ryayo kandi, RDB yavuze ko iri mu nzira yo gushaka umufatanyabikorwa mushya (cyangwa abafatanyabikorwa bashya) muri Tombola y'igihugu binyuze mu ipiganwa. Yakomeje ivuga ko ari igikorwa kizashingira ku mahame yo gukorera mu mucyo, kubahiriza inshingano no kurengera inyungu rusange.

    Yakomeje iti “RDB iributsa ibigo byose bikora ibijyanye n'imikino y'amahirwe ko bigomba kubahiriza mu buryo bwuzuye amategeko n'amabwiriza abigenga.”

    Inzozi Lotto yambuwe uburenganzira bwo gukorera mu Rwanda


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/inzozi-lotto-yambuwe-uburenganzira-bwo-gukorera-mu-rwanda

  • Ntabwo tuzatera imbere dufite inganda zikora ku kigero 30% – Minisitiri Dr. Nsengiyumva – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho ubwo yagaragarizaga Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, ibizibandwaho ngo Guverinoma iteze imbere ubuhinzi n'ubworozi inazamure umusaruro wabwo ku kigero cya 50%.

    Umusaruro mbumbe w'u Rwanda wiyongereyeho 7,8% mu gihembwe cya mbere cya 2025 ugera kuri miliyari 5.255 Frw avuye kuri miliyari 4.486 Frw yari ariho mu gihembwe cya mbere cya 2024.

    Serivisi nizo zagize uruhare runini mu izamuka ry'umusaruro mbumbe wose aho zihariye 46%, mu gihe ubuhinzi bwagize 24%, inganda zigira 23%, ibindi bisigaye bigira 7%.

    Minisitiri Nsengiyumva yagaragaje ko mu guteza imbere ubuhinzi n'ubworozi no kwiyongera k'uruhare rw'inzego z'inganda na serivisi nk'uko biri mu cyerekezo cy'Igihugu cyo kubaka ubukungu burambye bushingiye ku bumenyi.

    Yagaragaje ko igihugu kidashobora guteza imbere mu gihe gifite inganda zikora ku kigero cya 30% by'ubushobozi zifite nk'uko bimeze ku Rwanda.

    Ati 'Inganda zacu zikora kuva saa mbili, saa kumi n'imwe zigafunga nk'abakozi bo mu biro bisanzwe. Ntabwo waba uri uruganda ngo ufunge ayo masaha utekereze ko uzakora ku kigero cya 100%. Niba imashini ikora amasaha 8 igafungwa 12, ntabwo wagera kuri wa musaruro.'

    Yakomeje ati 'Niba dushaka gutera imbere, ntabwo bizashoboka niba inganda zidakoze ngo zigere ku bushobozi bwazo. Abanyenganda dufite gahunda zo kubafasha kugira ngo bakore bihagije.'

    Yakomeje agaragaza ko impamvu usanga ibikorerwa mu Rwanda bihenda ari uko inganda zitunganya ibicuruzwa bike ugereranyije n'igiciro cy'ibyo zashoye kugira ngo zibone uwo musaruro.

    Ati 'Impamvu bihenze ni uko uruganda, umusaruro warwo ugereranyije n'igiciro rutanga kugira ngo rukore ibicuruzwa ni cyo kinini kubera ko batunganya ibintu bike. Umuntu wafungaga saa kumi n'imwe yongeye amasaha urumva ko yakuba kabiri umusaruro. Igiciro cy'ubukode ntabwo cyiyongera wenda hakongerwa abakozi ariko urumva ko na byo ari byiza kuko tuba turi guhunga umurimo.'

    Yashimangiye ko u Rwanda rufite gahunda yo guteza imbere inganda no kongera umusaruro wazo cyane ko zigira uruhare mu iterambere.

    Ati 'Izi nganda zifite uruhare runini mu gutanga isoko ku musaruro w'ubuhinzi n'ubworozi hagamijwe kuwongerera agaciro ndetse no gutanga imirimo mishya ku Banyarwanda. Imibare y'umurimo yerekana ko abagera ku 84.300 bahawe akazi muri izi nganda mu mwaka wa 2024, bavuye ku 52.700 mu mwaka wa 2017.'

    Guverinoma izakomeza gufatanya n'abikorera mu kunoza imikorere ndetse no kwagura ubushobozi bw'inganda zitunganya umusaruro ukomoka ku buhinzi n'ubworozi kugira ngo zikomeze gutanga umusaruro.

    Inganda zo mu Rwanda zikwiye kongererwa ubushobozi bwo gukora

    Minisitiri w'Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin yagaragaje ko kugira ngo igihugu gitere imbere bisaba ko inganda ziri mu gihugu ziharanira kongera umusaruro


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ntabwo-tuzatera-imbere-dufite-inganda-zikora-ku-kigero-30-minisitiri-dr