Author: webrwanda

  • Umwenda wa Miliyoni 80 Frw uri ku kanyenyeri ka Rayon Sports uzishyurwa nande? #rwanda #RwOT

    Umwenda umaze kugera muri Miliyoni 80 z’amafaranga y’u Rwanda ari ku kanyenyeri ka Rayon Sports, ni mu gihe hibazwa aho kuyishyura azava.

    Ku wa Mbere, tariki ya 25 Kanama 2025, Rayon Sports yamuritse ku mugaragaro umushinga mushya wo kwandika abanyamuryango mu buryo bw’ikoranabuhanga rigezweho uzwi nka Gikundiro *702#.

    Uyu mushinga w’akanyenyeri cyangwa Gikundiro *702# wari ugamije kubarura abakunzi b’iyi kipe ariko kwiyandikisha ukishyura ibihumbi 30 ukaba uguze umugabane wawe.

    Nyuma y’uko umuritswe watangiye guhura na birantega kuko uyu mushinga watangijwe kandi uyobowe n’Inama y’Ubutegetsi ya Rayon Sports, haje kubamo kutumvikana na Twagirayezu Thaddée uyoboye FC ku buryo ishyirwa mu bikorwa ryawo byagoranye bitewe no kutumvikana kw’impande zombi aho gatanya yo yamaze kuba.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko aka kanyenyeri abantu biyandikishije kakaba kamaze kwinjiza ari hagati ya Miliyoni 59 na 60 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Gusa ariko na none gafite umwenda wa miliyoni 80 Frw hibazwa aho zizava ngo zishyurwe.

    Nubwo kinjije hafi miliyoni 60, ni amafaranga, umugabane w’abiyandikishije nta burenganzira abagakoresha bafite bwo kuyakoresha bishyura kuko byazabashyira mu bibazo.

    Muri ayo mafaranga y’umwenda, harimo miliyoni 45 Frw zo kugura aka kanyenyeri, bivugwa ko bakaguze n’uwitwa Christian ariko akaba afite ukuntu akoraba bya hafi n’umwe mu bantu bagize board ya Rayon Sports, binavugwa ko kaba ari ka kompanyi ye yakagurishije Rayon binyuze muri uwo muntu.

    Andi mafaranga miliyoni 35 ni ibirarane by’imishahara y’abakozi cyane ko kuva kangatangira batarashyura umukozi n’umwe, kwishyura ibiro bakoreramo kuri Telecom House aho banafite call center, n’ibindi byagiye kuri uyu mushinga.

    Amakuru avuga ko board yari izi ko izajya icunga Konti za Rayon Sports ikabona uburyo izajya ikuraho amafaranga yo kwishyura ibikorwa bya buri munsi by’uyu mushinga, gusa siko byagenze kuko Konti bari bafiteho uburenganzira yo muri I&M ntabwo ubu ari yo ikipe ikoresha yarayimuye.

    Gusa na none abafitanye amasezerano n’uyu mushinga biragoye ko bazishyurwa na Rayon kuko muri ya gahunda yo kugira ibikorwa by’ubucuruzi, Rayon Sports igahinduka Company, basinyanye na Rayon Sports Company Ltd iyobowe n’abasaza ndetse n’ibirango na kashe (stump) bitandukanye n’ibya Rayon Sports FC.

    Andi makuru ataremezwa neza ni uko na perezida Twagirayezu Thaddée ashaka aka kanyenyeri kukabakura mu biganza nako kakagenzurwa n’Umuryango wa Rayon Sports abereye umuyobozi.

    Ubwo umushinga wamurikwaga benshi bumvaga bikemutse, none urimo umwenda w’amafaranga menshi

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12092

  • Anita Pendo yifuza kubera abahungu be umubyeyi babonamo umugore bazashaka (VIDEO) #rwanda #RwOT

    Umunyamakuru wa Kiss FM, Anita Pendo yavuze ko yifuza kubaka ibigwi ku buryo abahungu be Thiran na Ryan bamubonamo ubutwari bizabafasha mu gihe bazaba bagiye gushaka abagore.

    Ni mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI aho yanagarutse ku buzima bwe bw’ishuri aheruka kurangiza.

    Mu cyumweru gishize nibwo yasoje amasomo ye muri Mount Kigali, akaba yarasoje Icyiciro cya kabiri cya Kaminuza (Bachelors Degree) muri ‘Mass Media and Communication’.

    Yavuze ko ari urugendo rutari rworoshye aho yatangiranye n’abarimo King James, Mani Martin na Danny Nanone.

    Anita Pendo akaba umubyeyi w’abahungu babiri, muri iki kiganiro yavuze uburyo yiganaga n’abana be, utagize icyo asobanukiwe akamubaza.

    Ati “hari igihe nabaga ndimo kwiga nabo bakora umukoro wo mu rugo (homework) wabo ufite icyo adasobanukiwe akambaza.”

    Yakomeje avuga ko hari n’igihe bamurekezaga agiye ku ishuri bakamubwira ko agomba gutsinda.

    Ati “hari igihe ariko nko ku wa Gatandatu bamperekezaga bakangeza ku modoka, bakambwira ngo ugiye kwiga? Ubutsinde, wibagiwe ikaramu yawe? Bakayinzanira cyangwa nkabatira izabo.”

    Anita Pendo akaba yavuze ko yumva ashaka kuzaba icyitegererezo cy’abahungu be babiri, akababera intwari y’ubuzima bwabo.

    Ati “ibintu mfite nk’umubyeyi, nshaka kuzaba icyitegererezo ku bahungu banjye, mu bijyanye n’ubuzima busanzwe bwa buri munsi tubamo.”

    “Buriya baravuga ngo niba uri umubyeyi w’umugore wubake ibigwi ku buryo nabo bazamenya icyo bazashaka mu bo bazashaka. Umukobwa rero ba icyitegererezo, iyo nza kuba mfite uw’umukobwa nagombaga kuzamubera icyitegererezo.”

    Anita Pendo yabajijwe igihe azakorera ubukwe aryumaho yanga kugira icyo abitangazaho, ngo wenda ushobora gusanga bwaranabaye.

    Anita Pendo ni umunyamakuru wa Kiss FM, yamenyekanye mu kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), akaba Umuhanga mu kuvangavanga imiziki (Dj), Umuyobozi w’Ibitaramo (MC).

    Anita Pendo yifuza kuzaba intwari y’abahungu be

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12093

  • Abasifuzi batatu Mpuzamahanga bahagaritswe bazira APR FC na Rayon Sports #rwanda #RwOT

    Abasifuzi batatu Mpuzamahanga, Habumugisha Emmanuel, Mugabo Eric na Ishimwe Claude Cucuri bahagaritswe bazira Rayon Sports na APR FC.

    Komisiyo Ishinzwe Imisifurire mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), yahagaritse aba basifuzi nyuma yo kugenzura imikino basifuye bagasabga barakozemo amakosa.

    Ishimwe Claude Cucuri nanjye Mugabo Eric basifuye umukino w’Umunsi wa Kane wa Shampiyona, wahuje APR FC na Mukura ku Cyumweru.

    Nk’uko bigaragara mu itangazo rya FERWAFA, Cucuri wari umusifuzi mu kibuga hagati, yahagaritswe ibyumweru bibiri kubera kudatanga ikarita ya kabiri y’umuhondo kuri myugariro Niyigena Clement ku ikosa yakoreye Hakizimana Zuberi, bityo yagombaga kubyara iy’umutuku.

    Mugabo Eric wari umusifuzi wa mbere w’igitambaro yahagaritswe ukwezi kubera kwanga igitego cya Mukura cyo ku munota 86, aho yavuze ko habayemo kurarira kandi ataribyo.

    Habumugisha Emmanuel wasifuye umukino w’Umunsi wa Gatatu wa Shampiyona, wahuje Rayon Sports na Gasogi United ku wa 5 Ukwakira 2025, yari umusifuzi wa mbere w’igitambaro, yahagaritswe ukwezi kubera kwanga igitego cya Gasogi cyo ku munota wa 89 avuga ko habayemo kurarira kandi atari byo.

    Cucuri yahagaritswe ibyumweru bibiri

    Habumugisha Emmanuel (ubanza iburyo) yahagaritswe ukwezi

    Mugabo Eric (ubanza iburyo) yahagaritswe ukwezi

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12091

  • Thaddée imishibuka yanze kumushibukana! Arategwa imitego nk’iy’abashwanye kubera urukundo #rwanda #RwOT

    Tura tugabane cyangwa bimeneke, ni yo ntwaro noneho igezweho mu batavuga rumwe n’ubuyobozi bwa Twagirayezu Thaddée muri Rayon Sports, ni nyuma yo kubona ko basumbijwe imbaraga.

    Ubu iturifu igezweho ni ugusohora amashusho n’amajwi by’uyu muperezida wa Rayon Sports byavugiwe ahiherereye cyangwa aganira n’abantu bitari mu ruhamwe.

    Ubundi abantu bakundana iyo bashwanye, umwe kwiyakira bikamunanira atangira kugenda ashyira hanze amabanga yabo, yaba ubwambure bw’undi, amashusho y’ibanga, ibi umuntu yabigereranya n’ibirimo gukorerwa Twagirayezu Thaddée.

    Twagirayezu Thaddée watowe mu Gushyingo 2024, yagiyeho benshi bumva ibintu bigiye kugenda neza, umwuka mubi wavugwaga muri Rayon Sports ugashira.

    Hadaciye kabiri hatangiye kumvikana kutumvikana hagati ye n’abasaza bamuzanye bakaba abagize Inama y’Ubutegetsi iyobowe na Paul Muvunyi.

    Ibi byatangiye ari akantu gato kugeza kuri gatanya yeruye neza, aho Twagirayezu Thaddée yavuze ko icyo bapfuye ari ukwanga kuba igikoresho cyabo.

    Ati “sinzi niba wenda naba igikoresho, niryo jambo, nutekereza ko naba igikoresho byaba ari ikindi kindi, ariko bisa nabyo.”

    “Ariko reka mbahe urugero rumwe rwabaye abantu bose bazi, byanavuzwe mu itangazamakuru, iyo ushobora kubona ukabona board iraguhamagaye ngo ngwino tuguhe CEO, ubwo se uri ahantu uyobora cyangwa uri ahantu uyobora ariko hayoborwa n’abandi? Niyo mpamvu nabyanze.”

    Nyuma yo gutangaza ibi, ni bwo n’uruhande rutavuga rumwe na we rwahise rushyira hanze amashusho y’inama ubwo yangaga Murenzi Abdallah nka CEO bari bamuhaye.

    Iyi nama yarimo abayobozi ba Rayon Sports yaba FC na Board, hari nyuma y’Inteko Rusange yabaye muri Nzeri 2025.

    Yavuze ko hari imyanzuro atemera yafatiwe mu Nteko Rusange ko yanditswe nabi aho umwanzuro wo gushyiraho CEO azaganirwaho n’impande zombi kandi akajyaho hamaze kuvugururwa amategeko shingiro, akaba atumva impamvu barimo kubyihutisha.

    Nk’uko byagaragaye mu mashusho yafashwe na Rutagambwa Marti nk’uko yabyemereye SK FM ariko akavuga ko yayafashe babizi, hagaragaye guterana amagambo cyane maze Twagirayezu Thaddée ahita abasiga muri iyi nama arigendera.

    Amashusho agaragaza ko harimo abarimo Munyakazi Sadate, Dr Rwagacondo, Murenzi Abdallah, Gacinya Chance Denis n’abandi.

    Gusa benshi banenze uwafashe aya mashusho akanayashyira hanze kuko bitari bikwiye kuko ibintu byabereye ahiherereye ku ikipe nka Rayon Sports biba bitagomba kujya hanze.

    Ikindi nubwo yavuze ko yabifashe bamureba babizi, ntabwo ari byo kuko byonyine uko amashusho afashwe bigaragara ko yafashwe n’umuntu arimo kuyiba kandi ku rwego rw’umugabo nka Rutagambwa atari akwiriye kuyafata cyangwa kuyasohora.

    Mu gihe bitarashira, hahise hajya hanze amajwi ya Perezida Twagirayezu Thaddée arimo aganira n’umugore bikekwa ko ari Rugema Mado usanzwe ari umunyamabanga wa Fan Base.

    Ni amajwi yafashwe nyuma y’umukino wa Shampiyona Rayon Sports yatsinzemo Kiyovu Sports.

    Uyu mugore yumvikana arimo abwira Thaddée ko abasaza bari bamutanze ndetse banahaye amafaranga abakinnyi ngo bitsindishe.

    Wumvaga arimo amubaza kuri aba bagabo bose asa n’urimo kumuneka ariko undi amubera ibamba.

    Hari aho yamubwiye ati “nyuma y’umukino se wahise ujya he?”

    Undi ati “Kwa Freddy.” Arongera ati “Wari kumwe nande?” Aramusubiza ati “Na Furaha n’abandi”

    Yongeye kumubaza niba abo bari kumwe harimo na Gacinya, Prosper undi aramuhakanira.

    Yongeye kandi gusa n’umubaza ku mutoza Lotfi amubwira ko yari yemereye Kiyovu Sports kuyiha umukino niramuka imutsinze mu gice cya mbere azayirekera.

    Mu kumusubiza yagize ati “Lotfi mfite byinshi ntamwemeraho ariko si nkeka ko ibyo yabikora rwose, ntabwo yabikora.”

    Ibi yabimubwiye nyuma yo kumubwira ko bamwe mu bayobozi bo muri board bari baje kureba uyu mukino batari baje gufana ikipe ahubwo bari baje kumushungera ngo barebe ko yatsindwa.

    Amakuru avuga ko nyuma y’uko aya majwi agiye hanze, Rugema na we yahise yegura ku mwanya w’umunyamahanga wa Fan Base.

    Twagirayezu Thaddée imijugujugu yabaye myinshi

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12090

  • Kamonyi: Nk'Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi #rwanda #RwOT

    Mu nama mpuzabikorwa yahuje inzego z'Ubuyobozi kuva ku rwego rw'Umudugudu kugera ku rwego rw'Akarere ka Kamonyi kuri uyu wa 22 Ukwakira 2025, Guverineri Alice Kayitesi uyobora Intara y'Amajyefo yakebuye abayobozi begereye Abaturage, abasaba kwisubiramo bakireba, bakabwira abaturage gukora ibyo nabo ubwabo bakora, bakaba ba Nkore neza bandebereho. Ati' Ibintu mvuga ndabikora cyangwa nihaye kuvuga ibyo ndakora'.

    Guverineri Alice Kayitesi, yabwiye intyoza.com ko iyi nama mpuzabikorwa igamije guhuza abayobozi kuva ku rwego rw'Umudugudu kugera ku rwego rw'Akarere kugira ngo bisuzume, barebe ibyakozwe ariko kandi banarebe ingamba bafata bagamije gukosora ibitanoze, kugendera hamwe mu byo bakora mu nyungu z'umuturage.

    Avuga ko nk'Abayobozi, ngo kuko baba bafite byinshi bakeneye gukorera Abaturage, birinda gutinda ku byagenze neza, ahubwo bakita cyane ku hakiri intege nkeya mu rwego rwo gukosora, ariko kandi umuyobozi agasabwa kuba nkore neza bandebereho, ntabwire umuturage ibyo nawe ubwe adakora.

    Ati' Muri iyi nama mpuzabikorwa y'Akarere ka Kamonyi, turifuza ko uyu munsi tuza kongera kwisubiramo, tukareba ibiri kuganirwa cyane ni Isuku, Uburezi, Umutekano, Kwita ku Buhinzi, ariko twebwe nk'Abayobozi twifuza ko noneho twajya dukora bakatureberaho kurusha ko tuvuga ibyo twe tudakora'.

    Yabwiye abitabiriye iyi nama ati' Turamutse ubundi dukoze ibyo tuvuga, twazana impinduka nziza kurusha uko tubivuga tutabikora. Muyobozi uri aha ngaha n'abandi tubana, mwizengurukeho murebe! Iyi suku ugiye kubwira Abaturage, iwawe umuntu ahageze yasanga uri ntamakemwa? Aya makimbirane aturuka mu muryango iwanjye nta kibazo gihari n'Abana banjye ntabwo bashwana? Uburezi mvuga nubwo mu rugo rwanjye baba biga, mu Mudugudu cyangwa ku muturanyi nta mwana wataye ishuri? Ubu buhinzi mvuga, aha hantu nyura, ibi bintu nshinzwe bimeze gute?. Ni turamuka twihereyeho, mpamya ko tuzaba twamaze kugendera mu nzira nziza'.

    Yababwiye kandi ati' Dushobora rero kuba twarabaye Abayobozi bayobya cyangwa se badatanga amakuru y'ukuri kurusha uko tuba Abayobozi bakwiriye kuyobora abandi. Ni twongere dusubiremo ijambo rivuga ngo 'UMUTURAGE KU ISONGA'. Ni ijambo ry'amagambo abiri ariko afite ibintu byinshi avuga. Ntushobora kuba ku Isonga abana bawe baburara, ntushobora kuba ku isonga indwara zikugarije, ntushobora kuba ku isonga urarana n'amatungo uvuga uti buracya bayatwaye n'ibindi'.

    Guverineri Alice Kayitesi, yabwiye aba bayobozi ko nta rwitwazo kuri buri wese mu nshingano afite kuko hari urutonde rw'ibikwiriye kwitabwaho cyane cyane mu isuku n'ibindi, kuva ku rugo rw'Umuturage kugera ahatangirwa Serivise n'ahandi hakorerwa imirimo itandukanye. Yongeye kwibutsa abayobozi batandukanye kwita ku muturage.


    Munyaneza Théogène

    The post Kamonyi: Nk'Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi first appeared on Intyoza.

    The post Kamonyi: Nk'Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi appeared first on Intyoza.

    Source : https://www.intyoza.com/2025/10/22/kamonyi-nkabayobozi-dukore-baturebereho-kuruta-kuvuga-ibyo-tudakora-guverineri-alice-kayitesi/

  • Bucyanayandi Emmanuel ntatindikanya kuvuga ko Imana ariyo yabaga yamutumye #rwanda #RwOT

    Ku munsi wejo hashize, tariki ya 21 Ukwakira 2025, nibwo Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko ku bufatanye na Polisi y'u Rwanda, rwataye muri yombi Bucyanayandi Emmanuel, wiyitaga umuvugabutumwa, akekwaho ibyaha birimo kwigisha inyigisho zitera ubwoba abantu no gukoresha ubuhanuzi nk'uburyo bwo kubakuramo amafaranga.

    Nk'uko RIB yabitangaje mu itangazo ryanyujijwe ku mbuga nkoranyambaga zabo, uyu mugabo yakwirakwizaga ubutumwa bwe ku mbuga zitandukanye zifashisha amajwi n'amashusho, aho yihanangirizaga abantu ababwira ko bafite ibyago by'urupfu, indwara zikomeye cyangwa ibindi byago bikomeye, keretse nibatanga amafaranga nk'amaturo y'ishimwe.

    RIB yagize iti: 'Ku bufatanye na Polisi y'u Rwanda, RIB yafashe Bucyanayandi Emmanuel wiyita umuvugabutumwa wagaragaye ku mbuga nkoranyambaga atera abantu ubwoba yitwaje ubuhanuzi, akabasaba gutanga amafaranga kugira ngo batagira ibyago by'urupfu, indwara cyangwa ngo bakubirwe inshuro eshanu ibyo batanze nk'ituro.'

    Amakuru atangwa n'Urwego rw'Ubugenzacyaha avuga ko Bucyanayandi afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Remera, mu gihe dosiye ye irimo gutunganywa kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

    RIB yongeye kwibutsa abaturage ko nta muntu ukwiriye kwishora mu bikorwa by'ubupfumu, ubuhanuzi cyangwa ubujura bwitwaje iyobokamana, kuko ari icyaha gihanwa n'amategeko y'u Rwanda. Yanasabye abaturage kujya batanga amakuru aho babonye umuntu wese ugerageza gukoresha imyizerere cyangwa ijambo ry'Imana mu nyungu ze bwite.

    Ibi bibaye mu gihe inzego z'umutekano zihanze amaso bamwe mu biyita abavugabutumwa bakoresha imbuga nkoranyambaga mu gushuka abaturage, bakabatera ubwoba cyangwa bakabaka amafaranga babizeza imigisha n'ihirwe. RIB ivuga ko ibi bikorwa bigomba gucika kuko bisenya umuryango nyarwanda, bikangiza icyizere mu byerekeye ukwemera n'indangagaciro z'Abanyarwanda muri rusange.

    Bucyanayandi Emmanuel ntatindikanya kuvuga ko Imana ariyo yabaga yamutumye

    Source : https://kasukumedia.com/bucyanayandi-emmanuel-ntatindikanya-kuvuga-ko-imana-ariyo-yabaga-yamutumye/

  • Afhamia yandikiye Rayon Sports #rwanda #RwOT

    Afhamia Lotfi wahagaritswe ku nshingano zo gutoza Rayon Sports, yamaze kwandikira iyi kipe ayisaba kumusubiza mu kazi bitarenze amasaha 48.

    Tariki ya 13 Ukwakira 2025 ni bwo Rayon Sports yandikiye Afhamia Lotfi bamumenyesha ko ahagaritswe mu kazi iminsi 30, gusa na nyuma y’iyi minsi akaba atazagaruka kuko byari ugukurikiza amategeko kuko amasezerano bafitanye avuga ko uruhande ruzifuza gusesa amasezerano ruzatanga iminsi 30 y’integuza.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko ejo hashize ku wa Kabiri tariki ya 21 Ukwakira 2025, Afhamia Lotfi yandikiye Rayon Sports ayimenyesha ko igomba kumusubiza mu kazi bitarenze amasaha 48.

    Mu gihe batabikora akaba azahita yitabaza amategeko. ISIMBI yamenye ko yakoze ibi abigiriwemo inama n’abanyamategeko be, ni mu rwego rwo gukurikiza amategeko kugira ngo azanabone ibimenyetso byo gutwara muri FIFA ko yagerageje no kubandikira ngo asubizwe mu kazi.

    Afhamia akaba afite gahunda yo kurega Rayon ikamwishyura amasezerano yose kuko avuga ko yahagaritswe binyuranyije n’amategeko kandi hakaba hari n’ibyo ikipe itubahirije bikubiye mu masezerano, kudahemberwa ku gihe, kugira uruhare mu kugura abakinnyi n’ibindi.

    Gusa ku ruhande rwa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddee yavuze ko amasezerano asobanutse ko nibifuza gutandukana na we bazamwishyura amezi 3 (ahembwa $3500), aha hakaziyongeraho imishahara y’ibirarane by’amezi abiri bamufitiye.

    Afhamia Lotfi akaba akaba yarahagaritswe ashinjwa umusaruro mubi aho mu mikino 5 yatoje yatsinzwemo 3, anganya umwe atsinda umwe.

    Afhamia Lotfi yasabye Rayon Sports kumusubiza mu kazi

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12087

  • Nyambo yafunguye ishuri ryigisha gukina filime #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wa Sinema Nyarwanda, Nyambo Jesca umwe mu bamaze kubaka izana, yafunguye ishuri ryigisha gukina filime rizafasha abantu bose bafite impano bifuza kuzazikina nk’ababigize umwuga.

    Nyambo yabwiye ISIMBI ko ari igitegerekezo yagize nyuma yo kubona abantu benshi bamwandikira bamubwira ko bifuza gukina filime ariko na none asanga bagomba kuba bafite ubumenyi muri byo, bafite ikintu kigaragaza ko ibyo bintu babizi atari ukuza kwigira muri filime.

    Ati 'Ni yo mpamvu nafunguye ishuri ryigisha gukina filime, kuyobora amashusho, gufata amashusho, ibintu byose bibera muri filime, gutunganya amashusho no kwandika filim.'

    Yavuze ko umuntu uzajya asoza iri shuri azajya ahabwa icyangombwa kerekana ko yarisoje (Certificate) izamufasha no mu bindi bikorwa bizajya bikenera kwerekana no hari ubumenyi afite.

    Iri shuri ryitwa Kigali Filime Academy, riherereye Sonatubes aho na Nyambo azajya aba ari mu bigisha. Ushaka kwiyandikisha yahamagara 0788358613 cyangwa 0788960861.

    Nyambo yafunguye ishuri ryigisha gukina filime

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12088

  • Micky ati: 'Bizamfata igihe kugira mbabarire Regis twahoze dukundana' #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wa filime Nyarwanda Micky yongeye kugaragaza agahinda, ubwo yagarukaga ku byamubayeho mu rukundo rwe na Regis, wamamaye nka Captain Regis. Mu magambo ye yuzuye uburakari bwinshi, Micky yavuze ko uyu wahoze ari umukunzi we yamugiriye nabi ku buryo bizafata imyaka myinshi kugira ngo amubabarire.

    Mu butumwa bwe ubwo yagiranaga ikiganiro na Sabin kuri channel ya Youtube Isimbi TV, yagize ati: 'Captain Regis niba urimo kundeba, warampemukiye cyane ku rwego ntashobora kugusobanurira n'umunwa wange ngo ubyumve. Wavuze ibintu bitaribyo urabeshya, nyine warampemukiye ubyumve, rero imbabazi zange bizantwara nk'imyaka 20 kugira ngo numve nabohoka nkubabarire.'

    Micky yavuze ko icyamubabaje kurusha ibindi ari uko Regis yamusebeje ndetse akamugerekaho icyaha cyo gufungisha nyina, umuntu afata nk'umutima w'ubuzima bwe.

    Yagize ati: 'Niko kuri urabizi sinjya ndya indimi, Regis yansebereje mama ariwe muntu wambere nkunda. Ntabwo namubabarira pe. Iyo umuntu akugirira nabi ariko akareka umuryango wawe, wabitekerezaho ukamubabrira; ariko kumfata ukanteranya n'umubyeyi wange? Oya, ibyo sinzabyibagirwa.'

    Benshi mu bafana ba Micky batangajwe n'ayo magambo, bamwe bamuhumuriza bamubwira ko igihe kibi cyangwa cyiza cyigeraho cyikarangira, abandi bakavuga ko byaba byiza aramutse ashoboye gukira ibikomere byo mu mutima. Ubu, amagambo ye akomeje guca ibintu ku mbuga nkoranyambaga, aho abakunzi b'ibyamamare batandukanye bagenda batanga ibitekerezo ku kibazo gikomeje kuba urujijo hagati ya Micky na umunyarwenya Regis.

    'Sinasubirana n'umuntu wafungishije nyina'
    'Bizamfata nk'imyaka 20 kugira ngo mubabarire'

     

    Source : https://kasukumedia.com/micky-ati-bizamfata-igihe-kugira-mbabarire-regis-twahoze-dukundana/

  • Josh Ishimwe yatomagije umugore we #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Josh Ishimwe mu mitoma myinshi yifurije umugore we Gloria isabukuru nziza y’amavuko.

    Ni mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, aho yifurije umugore we isabukuru akanamwibutsa ko amukunda cyane.

    Ati “Isabukuru nziza nshuti yanjye magara, mugore wanjye mwiza nahawe na Rurema, imfura muri byose. Ntabwo nzi aho nahera, ariko ndi umunyamugisha kuba ngufite nk’umugore wanjye. Ndagukunda cyane.
    ‎
    ‎”Wambereye umugisha mu myaka yose tumaranye, uyu wo urangije biba agahebuzo. Byose ni ubuntu bw’Imana. Ndashima ku bw’ubuzima bwawe kandi ndi hano kuguha urukundo, ibyishimo, kugusengera ndetse no kwishimira buri ntambwe y’urugendo rwawe.'
    ‎
    Yunzemo ati ‎”Ndagushimira kandi ndagukunda cyane mugore wanjye, kukugira ni umugisha. Ndagukunda ni impamo.”

    Uyu muhanzi ukunzwe cyane, yakoze ubukwe na Gloria muri Kamena 2025 bukaba bwarabereye ku Mugabane w’u Burayi mu Buholandi.

    Josh Ishimwe yifurijeumugore we isabukuru nziza mu mitoma myinshi

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12089