Nyamagabe: Habonetse umubiri bikekwa ko ari uw'uwishwe muri Jenoside – #rwanda #RwOT

Written by

in

Ni umubiri wabonetse ku wa 16 Nzeri 2026, mu Mudugudu wa Kamonyi, Akagari ka Kavumu, Umurenge wa Kaduha, nyuma y'amakuru yatanzwe n'umuturage.

Ku wa 17 Nzeri uyu mwaka hakozwe umuganda uhuriweho n'abaturage n'inzego z'ibanze, ngo hashakishwe indi mibiri nubwo yo itaraboneka, ariko amakuru atangwa akaba avuga ko yaba ihari myinshi.

Perezida w'Umuryango Uharanira Inyungu z'Abacitse ku Icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, IBUKA, mu Karere ka Nyamagabe, Sindikubwabo Patrick, yabwiye IGIHE ko uyu mubiri wabonetse nyuma y'amakuru yatanzwe n'umuturage wayabwiwe na we arayatanga, ndetse n'igikorwa cyo gushaka indi bikekwa ko iri muri ako gace kikaba kigikomeje.

Yavuze ko ibi bibaye nyuma y'uko muri Gicurasi 2026, mu mudugudu umwe hagaragaye imibiri 75, itari yarigeze igaragazwa, ibishimangira ko aka gace imibiri y'abahiciwe itabonetse yose binajyanye n'ubukana Jenoside yahakoranywe.

Ati ''Ntibidutangaza, kuko muri Jenoside, mu cyahoze ari Kaduha hari hahungiye Abatutsi bo mu bice bya Kibumbwe, Musange, Mugano n'igice cya Mbazi, aho bari bahungiye muri Kiliziya ya Kaduha. Rero, basohotsemo bamwe bagenda bicwa umugenda, nta n'uwabatangiye amakuru. N'uyu munsi, dukeka ko hari imibiri itaragaragara, kuko abasohotse mu Kiliziya bakicirwa hanze yayo bose ntiturababona.''

Umurenge wa Kaduha ufite isantere yari ibiro bya Su-Perefegitura ya Kaduha, hari na Paruwasi Gatolika ya Kaduha, ibyatumye Abatutsi benshi bahagirira icyizere barahahungira, ariko biza kurangira hiciwe benshi, ndetse ubu hari urwibitso rurukukiyemo Abatutsi 47.311 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyamagabe-habonetse-umubiri-bikekwa-ko-ari-uw-uwishwe-muri-jenoside

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *