Kapiteni w’ikipe ya Police FC, Nsabimana Eric Zidane yavuze ko ikipe ye nayo igomba gushyirwa mu makipe ahabwa amahirwe ku gikombe cya Shampiyona ya 2026-27.
Ibi yabigarutseho aganira n’ikinyamakuru ISIMBI nyuma y’uko bari bamaze gutsindwa na Kiyovu Sports ikabatwara igikombe kiruta ibindi cya Super Cup.
Zidane yavuze ko amahirwe ku gikombe cya Shampiyona ya 2026-27 ahari, icyo ikipe iba isabwa ari ukubara imibare yayo gusa.
Ati “Mu Rwanda biba bishoboka. I Nyarugenge biba bishoboka, wowe upfa kuba witeguye neza ukabara gahunda zawe. Nta kindi.”
Yakomeje avuga ko ikipe ya Police FC irimo kwiyubaka gake gake kandi izatanga umusaruro.
Ati “Ikipe imeze neza, turimo kugerageza kugenda twiyubaka gake gake, turizera ko muri Shampiyona tuzaba tumeze neza.”
Police FC imaze imyaka myinshi yiyubaka ishaka igikombe cya Shampiyona ariko bikarangira ikibuze, buri mwaka iba ivuga ko igishaka ndetse igahatana, imikino ibanza ya Shampiyona iba inatanga icyizere ariko byagera mu mikino yo kwishyura bikayigora igatsindwa umusubirizo.
Source : http://isimbi.rw/zidane-avuga-ko-bafite-amahirwe-ku-gikombe-cya-shampiyona-13788.html
Leave a Reply