Mu mukino wa gicuti APR FC yatsinzemo Al Ahli SC Wad Medani yo muri Sudani, abakinnyi b’Abanyarwanda bitwaye neza ni nabo batsindiye iyi kipe.
Ni umukino wabereye kuri Stade ya Bugesera FC kuri iki Cyumweru tariki ya 23 Kanama 2026.
Rutahizamu Uwiyaremye Fidali yari yabanje mu kibuga kuko William Togui Mel atari ahari ni nako kandi na Ishimwe Abdul yari yagiye mu mwanya wa Nshimiyimana Yunusu.
Hakiri kare, Uwiyaremye Fideli ku munota wa gatanu w’umukino yari amaze gufungura amazamu ku mupira mwiza yari ahawe na Mamadou Traore.
APR FC yakomeje gushaka ikindi gitego ariko ba rutahizamu barimo Cheikh Djibril Ouattara ntibabyaza umusaruro amahirwe babonye.
Al Ahli nayo yanyuzagamo igasatira ndetse iza no kubona amahirwe ariko umunyezamu Ernani Siluane abyitwaramo neza. Amakipe yagiye kuruhuka ari 1-0.
APR FC yatangiye igice cya kabiri ikora impinduka, Ishimwe Abdul na Uwiyaremye Fidali bavamo hinjiramo Nshimiyimana Yunusu na Hakim Kiwanuka.
APR FC yahise itangira gusa n’ihuzagurika mu bwugarizi byaje no kuyiviramo gutsindwa na Muhammad Ahassan.
APR FC yaje gukora izindi mpinduka mu bihe bitandukanye nka Ssekiganda Ronald, Amani Michel, Memel Dao, Byiringiro Gilbert bavuyemo hinjiramo Seidu Yussif Dauda, Iraguha Hadji, Rubuguza Jean Pierre na Ombolenga Fitina.
Byaje guha igitego iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu igitego cya kabiri cyatsinzwe na Rubuguza Jean Pierre ku mupira wari uhinduwe na Hakim Kiwanuka. Unukino warangiye ari 2-1.
Source : http://isimbi.rw/abakinnyi-b-abanyarwanda-bigaragaje-apr-fc-itsinda-al-ahli-sc.html
Leave a Reply