Ikibazo cy'Ubuzima n'Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y'Abagabo 2026 #rwanda #RwOT

Written by

in

Ishyirahamwe Nyafurika ry'Umukino wa Volleyball (CAVB) ryatangaje ko Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y'Abagabo 2026 yimuriwe i Tunis muri Tunisia, aho kuba i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk'uko byari biteganyijwe.

CAVB yatangaje ko iki cyemezo cyafashwe nyuma y'uko amashyirahamwe ya Volleyball yo mu bihugu bitandukanye muri Afurika agejeje ku buyobozi bwabo impungenge ku bijyanye n'ubuzima n'umutekano by'amatsinda yabo mu gihe azaba yerekeje i Kinshasa.

Nyuma yo gusuzuma iki kibazo, Inama y'Ubuyobozi ya CAVB yafashe icyemezo cyo kwimurira iri rushanwa muri Tunisia, ishimangira ko icyemezo cyafashwe kubera impamvu z'ubuzima n'umutekano gusa.

Amatariki mashya ya Shampiyona izabera i Tunis kuva ku wa 13 kugeza ku wa 26 Nzeri 2026.

13 Nzeri: Amakipe azagera muri Tunisia

14 Nzeri: Inama ya tekiniki

15–25 Nzeri: Gutangira nyirizina kw'imikino Nyafurika

26 Nzeri: Amakipe azasubira mu bihugu byayo

Mbere, iri rushanwa ryari riteganyijwe kubera i Kinshasa kuva ku wa 7 kugeza ku wa 21 Nzeri 2026, hakaba ari naho hari kuzashakirwa uwanya w'itike y'Imikino Olempike n'Igikombe cy'Isi

Iyi Shampiyona izaba ifite agaciro gakomeye kuko izanatanga amahirwe yo gushaka itike y'Imikino Olempike ya Los Angeles 2028 (LA2028) ndetse n'Igikombe cy'Isi cya Volleyball 2027.

Nyuma yo kwimurirwa muri Tunisia, amakipe y'ibihugu azakomeza imyiteguro y'iri rushanwa rikomeye, rizaba rihuza ibihugu bikomeye muri Volleyball muri Afurika ndetse rifite n'uruhare mu gushaka itike y'amarushanwa abiri akomeye ku rwego rw'Isi.

ImageImage

Source : https://rushyashya.net/ikibazo-cyubuzima-numutekano-muri-repubulika-iharanira-demokarasi-ya-kongo-iki-gihugu-cyambuwe-kwakira-shampiyona-nyafurika-ya-volleyball-yabagabo-2026/

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *