Iyi mpanuka yabaye mu ijoro rishyira ku wa 18 Kanama 2026 ibera mu Murenge wa Nasho mu Kagari ka Kagese.
Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda ikorera mu Ntara y'Iburasirazuba, SSP Twizeyimana Hamdun, yabwiye IGIHE ko iyi mpanuka yabaye mu rukerera, ikorwa n'imodoka isanzwe itwara abagenzi ya Coaster. Yavuze ko abantu babiri bahise bitaba Imana ikiba, abandi babiri bitaba Imana ubwo bajyanwaga kwa muganga.
Ati ' Kugeza ubu ntituramenya icyayiteye ariko umushoferi yavuze ko yabuze feri kuko ni ahantu hamanuka cyane, bishobora kuba rero byaratewe n'umuvuduko. Impanuka ikimara kuba haguyemo abantu babiri ako kanya abandi babiri bo bapfiriye mu nzira bajyanywe kwa muganga.''
SSP Twizeyimana yasabye abatwara ibinyabiziga kwirinda umuvuduko mwinshi, bakirinda ibisindisha kandi bagasuzumisha ubuziranenge bw'ibinyabiziga byabo. Yavuze ko ibindi biri gutera impanuka muri iyi minsi ari ugutwara umushoferi ananiwe abasaba kubyirinda kugira ngo baramire ubuzima bwabo batwaye.
Ati ' Ikindi turasaba abagenzi kutareberera amakosa akorerwa mu muhanda, niba umushoferi agutwara agenda akora amakosa bibwire Polisi hakiri kare kugira ngo ikumire, ikindi abagenzi na bo bashobora kubwira ubatwaye ko ari kugenda nabi akora amakosa, ibi bifasha buri wese kuba ijisho rya mugenzi we.''
Kuri ubu abantu 16 bakomerekeye muri iyi mpanuka bari kuvurirwa mu bitaro bitandukanye.
Leave a Reply