Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde #rwanda #RwOT

Written by

in

Myugariro ukunira ikipe y'igihugu y'u Rwanda 'Amavubi', Imanishimwe Emmanuel 'Mangwende', watangajwe na Chennaiyin FC yo muri Shampiyona y'Icyiciro cya Mbere mu Buhinde, yavuze ko yifuza kuyihesha igikombe iheruka mu 2018.

Chennaiyin FC ikomeje kwiyubaka ishaka kuzitwara neza mu mwaka w'imikino wa 2026/27, ari na yo mpamvu iri kongeramo abakinnyi bashya nk'uyu myugariro wakiniraga AEL Limassol yo muri Chypre.

Umutoza Mukuru wa Chennaiyin FC, Vita Dani, yavuze ko bishimiye gusinyisha Imanishimwe w'imyaka 31, kuko hari ubunararibonye afite bwafasha iyi kipe batazira 'The Sea Blues'.

Yagize ati 'Emmanuel ni umukinnyi twizera ko ashobora kuzana ikintu gitandukanye mu ikipe yacu. Uburambe afite mu Ikipe y'lgihugu y'u Rwanda burivugira, kandi twashimishijwe n'ibyo ashobora gutanga. Twishimiye kumugira muri twe kandi dutegereje kubona umusanzu azaha ikipe.'

Ni mu gihe Imanishimwe na we yavuze ko yishimiye kwerekeza muri Chennaiyin FC.

Ati 'Nishimiye cyane kwerekeza muri Chennaiyin FC no kuba umwe mu bagize ikipe muri uyu mwaka. Nishimiye umushinga w'iyi kipe kandi mfite intego zimwe na yo. Ni uguhatana kuri buri mukino no gutsinda uko byagenda kose. Turashaka guhatanira Igikombe cya Shampiyona kandi tuzatanga ibyo dufite byose kugira ngo tubigereho.'

'Turashaka ko abafana bacu baba hafi yacu mu mwaka wose w'imikino. Nzi ko hari ikintu cyiza dufite cyo kubaha, kandi ntegereje kuzabana na bo muri uru rugendo.'

Yerekeje mu ikipe yatwaye igikombe cya Shampiyona inshuro ebyiri muri 2014/15 na 2017/18.

Mu mwaka ushize w'imikino ntabwo yitwaye neza kuko yasoreje ku mwanya wa 13 mu makipe 14 akina Shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Buhinde.

Mangwende yari asanzwe akinira AEL Limassol, ariko ntabwo yayigiriyemo ibihe byiza kuko akenshi atabonye umwanya wo gukina kubera imvune yagize mu mwaka we wa mbere.

Iyi mvune y'ivi yakize muri Nyakanga 2025, yatumye adakina n'imwe mu mikino y'Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda.

Yakiniye andi makipe atandukanye arimo Rayon Sports na APR FC zo mu Rwanda na AS FAR Rabat yo muri Maroc.

Source : https://rushyashya.net/myugariro-imanishimwe-emmanuel-watandukanye-na-ael-limassol-yo-muri-chypre-yerekeje-mu-ikipe-ya-chennaiyin-fc-yo-mu-buhinde/

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *