Tanasha Donna yahembye Zuchu uherutse kwibaruka #rwanda #RwOT

Written by

in

Umuhanzikazi wo muri Kenya, Tanasha Donna, yasuye Zuchu nyuma yo kwibaruka umwana we wa mbere yabyaranye na Diamond Platnumz, amushyiriye impano ndetse amwifuriza umugisha muri uru rugendo rushya rw’ububyeyi.

Tanasha yagaragaje ko uru rugendo yarukoze ku Cyumweru, tariki ya 9 Kanama 2026, ubwo yashyiraga ku mbuga nkoranyambaga ifoto y’urwo ruzinduko iherekejwe n’uturangabyiyumviro [emojis] tw’urukundo.

Nubwo atigeze atangaza byinshi kuri uru ruzinduko, byemezwa ko Tanasha yageze kwa Zuchu yitwaje impano zirimo agaseke karimo imipira, imyambaro y’umwana, igikinisho ndetse n’ibaruwa yandikiwe Diamond na Zuchu.

Muri iyo baruwa kandi, Tanasha yashimiye ababyeyi bashya, abasabira umwana wabo ubuzima bwiza, ibyishimo n’imigisha.

Yagize ati 'Naseeb na Zuchu, mbifurije ishimwe ku bw’umukobwa mwiza mwakiriye. Imana imuhe ubuzima bwiza, ibyishimo, urukundo n’imigisha myinshi.'

Uru ruzinduko rwakurikiye ivuka ry’umukobwa wa Diamond na Zuchu, ari na we mwana wa mbere aba bombi bahuriyeho.

Diamond na Zuchu batangaje ivuka ry’umwana wabo ku wa 2 Kanama 2026, buri umwe abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram. Diamond yakiriye umwana we amagambo agaragaza ibyishimo byinshi, mu gihe Zuchu we yamwise isi ye.

Ivuka ry’uyu mwana ryakurikiwe n’ubutumwa bwinshi bw’abafana, abahanzi n’abandi bantu bakomeye muri Afurika y’Iburasirazuba.

Tanasha Donna afite amateka yihariye na Diamond Platnumz kuko bombi bakundanye mu 2019, nyuma baza gutandukana. Bafitanye umuhungu witwa Naseeb Junior wavutse mu Ukwakira 2019.

Nubwo batakiri mu rukundo, bombi bakomeje guhuza ubuzima bwabo binyuze ku mwana wabo. Uruzinduko rwa Tanasha kwa Zuchu rwagaragaje ko umubano wabo ushobora gukomeza kurenga ku mateka y’urukundo rwahise, cyane ko ubu umuryango wa Diamond wagutse ukagira undi mwana.

Tanasha yagiye guhemba Zuchu

Source : http://isimbi.rw/tanasha-donna-yahembye-zuchu-uherutse-kwibaruka.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *