Kirabiranya ni indwara ituruka mu butaka igatuma igihingwa umuhinzi yahinze kirabirana bikarangira cyumye burundu ku buryo biba ngombwa ko icyafashwe umuhinzi akirandura.
Kugeza ubu nta muti wari wakabonetse w'iyo ndwara kuko uburyo butandukanye burimo gusimbuza imyaka yafashwe no kuyirandura mu murima, abahinzi n'abashakashatsi babigerageje ariko ntibitange umuti urambye.
Nzayinambaho Eulade akorera ubuhinzi bugezweho mu murenge wa Gishyita mu Karere ka Karongi. Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, yavuze ko nyuma yo guhomba miliyoni zirenga 3 Frw yari yiteze mu nyanya yari yahinze muri greenhouse zikuma zose kubera kirabiranya, yavuganye n'umuhinzi mugenzi we wo mu Buhinde, akaba n'umwarimu muri Kaminuza ya Bangalore, amubwira ko ibanga bakoresha rituma inyanya zabo zitarwara kirabiranya ari icyatsi bita solanum torvum (intobo).
Uyu muhinzi wabyize muri Israël, kuri ubu ufite greenhouse enye, yatumije izo mbuto azikoresha mu kubangurira inyanya 600, azihinze abona nta na rumwe rurwaye kirabiranya.
Nyuma yo kubona bikunze yatangiye gutubura ingemwe z'inyanya akaziha abandi bahinzi ku 120 Frw ku rugemwe rumwe, biyishyuriye ubutaka (pitimosi) n'ibihoho bikoreshwa mu gutubura ingemwe.
Ati 'Nta gihombo aba afite kuko urunyanya rumwe rwera ibilo hagati birenga bitandatu, kandi ikilo ni 1000 Frw.'
Nzayinambaho avuga ko kugeza ubu imbogamizi bafite muri ubu butubuzi bw'inyanya zitarwara kirabiranya ari uko kubona imbuto zikoreshwa bihenze kuko ziva mu Buhinde.
Ati 'Nagerageje solanum torvum yo muri Nyungwe iranga. Turasaba ko Leta yajya izidutumiriza mu Buhinde kuko badusaba ibyangombwa byinshi zikatugeraho bigoranye kandi zihenze. Ikilo kimwe nakoresheje cyangezeho kimpagaze 500.000 Frw.'
Ku munsi, uyu muhinzi afite ubushobozi bwo gutubura ingemwe 1200 z'inyanya zibanguriye kuri solanum torvum ari yo ntobo.
Umuyobozi wa RAB Sitasiyo ya Gakuta ikorera mu turere twa Rutsiro na Karongi, Kimenyi Martin, yabwiye IGIHE ko intobo ari ikimera kiri mu muryango w'inyanya.
Ati “Ubushakashatsi bwaragaragaje ko iyo inyanya zibanguriwe ku ntobo biha inyanya ubudahangarwa ku ndwara. Nubwo intobo zitaribwa (mu Rwanda) nta mpungenge bikwiye gutera kubera ko weza urunyanya ntabwo weza intobo. Icyo intobo igufasha ni yo ijya mu butaka, urunyanya rukajya hejuru.'
Jean Paul Kubwimana ufite greenhouse ahingamo ibihingwa bitandukanye birimo n'inyanya avuga ko mu myaka itanu amaze ahinga inyanya mu buryo busanzwe yari amaze guhomba arenga miliyoni 2,5 Frw kubera kirabiranya.
Ati 'Izindi ndwara zose zifite umuti uretse kirabiranya. Inyanya zibanguriye ku ntobo ntabwo zirwara kirabiranya. Leta yadufasha tukabona kuri make ingemwe zibanguriye.'
Nubwo mu Rwanda intobo zitaribwa, mu bihugu birimo Ghana, India, Thaïlande na Sri Lanka ziraribwa nk'uko intoryi ziribwa.



Leave a Reply