Ashingiye ku bubasha ahabwa n'amategeko; Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho abayobozi bashya bazayobora Sosiyete ishinzwe serivisi z'ubwikorezi bwo mu kirere (Aviation Travel and Logistics Holding Limited – ATL) ndetse n'Ikibuga cy'Indege Airport City.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n' ibiro bya minisitiri w'Intebe kuri uyu wa 30 Nyakanga 2026, rigaragaza ko iri shyirwaho rishingiye ku biteganywa n'Itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda, cyane cyane ingingo ya 112.
Abashyizwe muri izi nshingano ni:

Brig Gen Innocent Munyengango, wagizwe Umuyobozi Mukuru (Chief Executive Officer) wa Aviation Travel and Logistics Holding Limited (ATL).

Bwana Jules Muheto Ndenga, wagizwe Umuyobozi Mukuru (Chief Executive Officer) wa Airport City , umushinga ugamije guteza imbere ibikorwa by'ubucuruzi n'ishoramari bikikije Ikibuga Mpuzamahanga cy'Indege cya Kigali.
Iri tangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w'Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, mu izina rya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika.
Izi mpinduka zije mu rwego rwo gukomeza gushimangira imiyoborere n'iterambere ry'urwego rw'ubwikorezi bwo mu kirere ndetse no kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry'imishinga y'ingenzi irimo Airport City, ifite uruhare rukomeye mu cyerekezo cy'u Rwanda cyo kuba igicumbi cy'ubwikorezi, ubucuruzi n'ishoramari mu karere.
Source : https://flash.rw/2026/07/30/23532/
Leave a Reply