Kitoko Bibarwa mu gahinda gakomeye #rwanda #RwOT

Written by

in

Umuhanzi Kitoko Bibarwa ari mu gahinda nyuma yo kubura umubyeyi we, Bibarwa Yunus, witabye Imana mu ijoro ryo ku wa 26 Nyakanga 2026 azize uburwayi.

Amakuru yamenyekanye avuga ko Bibarwa Yunus w’imyaka 73 yafashwe n’uburwayi butunguranye aho yari atuye mu Karere ka Nyanza. Yahise ajyanwa kuvurirwa mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), ariko aza kwitaba Imana abaganga bagerageza kumwitaho.

Nyakwigendera yari azwi nk’umushumba w’Itorero Méthodiste Libre au Rwanda, aho yakoreye imyaka myinshi mbere yo kujya mu kiruhuko cy’izabukuru. Yanakoze mu muryango Compassion International Rwanda, aho yagize uruhare mu bikorwa bitandukanye byo gufasha abana n’imiryango.

Bibarwa Yunus asize umugore n’abana batatu, barimo abahungu babiri n’umukobwa umwe. Mu bana be, Kitoko ni we wari imfura.

Urupfu rwa se wa Kitoko ruje mu gihe uyu muhanzi yari amaze igihe gito agarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka irenga 12 yari amaze atuye mu Bwongereza. Mu mwaka ushize ni bwo yagarutse mu gihugu, ibintu byashimishije abakunzi b’umuziki we bari bamaze igihe batamubona.

Muri iyi minsi, Kitoko yari ari mu bahanzi bitabiriye ibitaramo bizenguruka igihugu byiswe Summer Country Tour, bihuriyemo amazina akomeye mu muziki nyarwanda arimo Bruce Melodie, The Ben n’abandi.

Source : http://isimbi.rw/kitoko-bibarwa-mu-gahinda-gakomeye.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *