AMAFOTO: Madou Zon yatangiye imyitozo muri APR FC #rwanda #RwOT

Written by

in

Myugariro mushya wa APR FC ukomoka muri Burkina Faso, Madou Zon yatangiye imyitozo yitegura CECAFA Kagame Cup izatangira mu mpera z’iki cyumweru.

Ni nyuma y’uko tariki 8 Nyakanga 2026 APR FC yatangaje ko yamaze gusinyisha Madou zon wakiniraga TP mazembe muri DR Congo.

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Nyakanga 2026, nyuma y’ikiruhuko yari yarahawe yatangiye imyitozo muri APR FC.

Uyu mukinnyi ukina yugarira yamaze gutangira imyitozo yitegura umwaka mushya w’imikino 2026/2027, umwaka urimo amarushanwa atandukanye yaba CECAFA Kagame Cup 2026 , CSF Champions League ndetse na Shampiyona y’u Rwanda.

Uyu mukinnyi Kandi akaba yitezweho kuzafasha ikipe mu gice cy’ubwugarizi aho azajya afatanya n’abarimo Ishimwe Christian wavuye muri Police FC, Nshimiyimana Yunusu uherutse kongererwa amasezerano, Byiringiro Jean Gilbert, Ishimwe Abdoul, Nduwayo Alex, Fitina Ombolenga na Bugingo Hakim.

Madou Zon yatangiye imyitozo muri APR FC

Source : http://isimbi.rw/amafoto-madou-zon-yatangiye-imyitozo-muri-apr-fc.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *