Mukura VS yemeje ko yamaze gutandukana n’umutoza Tomáš Trucha mu gihe yari itaramutanganza.
Ejo hashize ku Cyumweru nibwo uyu mutoza ukomoka muri Repubulika ya Tchèque yageze i Kigali ndetse yakirwa na Mukura VS aho yari aje gutoza iyi kipe.
Impande zombi zikaba zari zumvikane ko agiye kuyitoza mu gihe cy’imyaka ibiri ariko yari itaramutangaza nk’umutoza wayo.
Iyi kipe yo mu Karere ka Huye, ikaba yatunguranye ivuga ko impande zombi zumvikanye gutandukana.
Mu itangazo yashyize hanze yagize ati “Nubwo impande zombi zari zamaze kugirana amasezerano kandi Umutoza Trucha akaba yari yamaze kugera mu Karere ka Huye, nyuma yaje kwemera andi mahirwe y’akazi yabonye. Kubera iyo mpamvu, ikipe n’umutoza bemeranyije gusesa amasezerano mbere y’uko atangira inshingano ze.'
“Ubuyobozi bwa Mukura Victory Sports et Loisirs bwatangiye gahunda yo gushaka umutoza mushya kandi buzamenyesha abakunzi b’ikipe n’abaturage muri rusange igihe azaba amaze gushyirwaho.'
Mukura VS yavuze ko uyu mutoza yakoze ibyo yasabwaga byose kugira ngo asese amasezerano nk’uko biri mu masezerano bari bagiranye harimo ikiguzi cyo gusesa amasezerano.
Source : http://isimbi.rw/mukura-yemeje-ko-yatandukanye-n-umutoza-itaramutangaza.html
Leave a Reply