Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Nshuti Bosco agiye kumurika Album ya gatanu azafatanya no gukora ‘live recording’ ya Album ya 6.
Kumurika uyu muzingo w’indirimbo (Album Launch) bizaba ku Cyumweru tariki ya 19 Nyakanga 2026 muri Serena Hotel.
Mu gutera amatsiko abakunzi be, yirinze kuvuga izina rya Album ya 5 baziramenya bahageze.
Ati “Izina rirahari, ariko abantu bazaza mu gitaramo bazataha barimenye.”
Yakomeje avuga ko kimwe mu bintu abantu bagomba kwitega muri iki gitaramo ni uko hari indirimbo zitarasohoka kuri iyi Album bazumvira mu gitaramo.
Ati “Hari indirimbo zimwe na zimwe zasohotse ariko hari n’izindi zitarasohoka zizasohoka uriya munsi. Ni Album izaba igizwe n’indirimbo 8, 5 zamaze gusohoka, eshatu zisigaye abantu bazazumvira mu gitaramo.”
Bosco Nshuti kandi yavuze ko kandi hari indirimbo azaririmba nyinshi kandi abantu batazi.
Ati “Nzaririmba indirimbo zo kuri Album ya 5 ndirimbe n’izindi abantu batigeze bumva, nzaziririmba mu buryo bwa live.”
Muri iki gitaramo, Bosco Nshuti azakora ‘Record’ mu buryo bwa ‘Live’ (Live Recording) indirimbo zigize Album ye ya gatandatu.
Iki gitaramo kikaba kizatangira saa 17h, kwinjira muri iki gitaramo ni ibihumbi 10 ndetse n’ibihumbi 20 by’amafaranga y’u Rwanda.
Source : http://isimbi.rw/umwihariko-wa-album-ya-bosco-nshuti-agiye-kumurika.html
Leave a Reply