Imihanda irimo kaburimbo yarenze kilometero 4000 – #rwanda #RwOT

Written by

in

Imihanda mishya ya kaburimbo u Rwanda rufite harimo Base-Rukomo-Nyagatare ureshya na kilometero 124,3, Huye-Kitabi w'ibilometero 53, Ngoma-Ramiro w'ibilometero 53, ndetse ab'i Save bari bararembejwe n'icyondo ubu bajya gusenga kuri misiyoni y'imfura mu Rwanda batanyeranyereza nka kera.

Abibuka neza kujya i Kibeho mbere y'uko hashyirwa kaburimbo bazi ivumbi no kugenda nabi byari mu mihanda yaho, ariko ubu agace kabaye nyabagendwa n'amahoteli atangira kuhubakwa.

Uko ni ko Abanya-Kigali babaga bibaza igihe ku kiraro cya Nyabarongo haba hatari kugendwa inzira yabafasha kujya mu Majyepfo, ariko ubu umuhanda Bugesera-Nyanza wabaye igisubizo ndetse abawukoresha bemeza ko nta muvundo w'ibinyabiziga uwubamo.

Imihanda ya kaburimbo yubatswe mu mijyi itandukanye yunganira Kigali, ndetse no mu nsisiro zo mu mujyi wa Kigali nko mu Gitega, Mageragere kugeza no ku Igororero rya Nyarugenge ivumbi barisezeraho.

Imibare igaragaza ko mu 2017 mu Rwanda hari imihanda ya kaburimbo ireshya na kilometero 1305.

Umuyobozi Mukuru w'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Iterambere ry'Ubwikorezi (RTDA), Imena Munyampenda ubwo yari muri PAC mu mpera za Kamena 2026, yavuze ko imihanda ya kaburimbo mu Rwanda yiyongereye mu myaka 10 ishize.

Yagize ati “Mu myaka 10 tumaze gukuba inshuro ebyiri imihanda yacu. Uyu munsi tuvugana imihanda yacu ya kaburimbo irenzeho gatoya 4000 mu gihugu hose, tukaba dufite imihanda y'ibitaka tugomba kwitaho no kubungabunga irenga ibilometero ibihumbi 18.'

Gahunda ya Guverinoma y'imyaka itanu yagejejwe ku Nteko Ishinga Amategeko mu 2025, igaragaza ko hazubakwa hanasanwe ibilometero bisaga 300 by'imihanda ku rwego rw'igihugu.

Hazanakorwa ibilometero birenga 500 by'imihanda y'imigenderano hagamijwe korohereza abahinzi n'abacuruzi kugeza umusaruro n'ibindi bicuruzwa ku masoko.

RTDA ivuga ko nko mu mwaka w'ingengo y'imari warangiye muri Kamena 2025, yari ikeneye arenga miliyari 120 Frw yo gusana no kwita ku mihanda, ariko bahawe make kuri ayo.

Umuhanda Rukomo- Nyagatare woroheje imigenderanire hagati y’Intara y’Amajyaruguru n’Iburasirazuba

Amasaha y’urugendo rujya i Nyagatare yahise agabanyuka

Imihanda y’imihahirano yubatswe mu bice binyuranye


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/imihanda-irimo-kaburimbo-yarenze-kilometero-4000

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *