Umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Samuel Gueulette, yatandukanye na RAAL La Louvière yo mu Cyiciro cya Mbere mu Bubiligi, yerekeza mu cyiciro cya Mbere muri Romania muri UTA Arad.
Ejo hashize tariki ya 2 Nzeri 2026, ni bwo RAAL La Louvière yifurije amahirwe masa uyu mukinnyi wari no mu bakapiteni bayo, bavuga ko agiye gukomereza akazi muri Romania.
UTA Arad na yo yahise imutangaza nk’umukinnyi wayo mushya bagiye gufatanya guhatanira igikombe cya Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Romania.
Samuel Gueulette wakiniye iyi kipe kuva mu cyiciro cya gatatu ayizamura mu cya kabiri ndetse n’icya mbere, yari umukinnyi iyi kipe yifashisha cyane ndetse n’umwaka ushize yari yongereye amasezerano y’imyaka 4, akaba yari asigaje itatu.
Yakiniye amakipe atandukanye arimo Tubize na Roeselare zombi zo mu Bubiligi. Yakiniye Amavubi guhera 2018 mu batarengeje imyaka 20 ubu ku myaka 26 akaba akinira ikipe y’igihugu nkuru aho yitezwe no mu bakinnyi bazakina na Liberia na Cape Verde muri uku kwezi mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027.
Source : http://isimbi.rw/samuel-gueulette-yabonye-ikipe-nshya.html
Leave a Reply