Nduhungirehe yabigarutseho nyuma y'amakuru agaragaza ko Abanyarwanda bari barahungiye muri RDC bakomeje gutaha, aho imibare y'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR) igaragaza ko Abanyarwanda 3.752 bamaze gusubira mu Rwanda kuva mu ntangiriro za 2026.
Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X, Nduhungirehe yavuze ko abo Banyarwanda 3.752 'batashye ku bufatanye na HCR na MONUSCO', ariko agaragaza ko hari abandi bari mu bice bya RDC bikigenzurwa na Leta ya Kinshasa bakomeje kubuzwa gutaha.
Ati 'Abanyarwanda bari mu bice bigenzurwa na Leta ya RDC baracyafatwa bugwate na FDLR, ibabuza gusubira mu gihugu cyabo, ibibashyira mu buzima bubi.'
Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko gutaha kw'impunzi ari ikibazo gikomeye ku bantu avuga ko biyitirira kuba abarinzi bazo, kuko bishobora gukuraho impamvu bakoresha mu kwerekana ko hakiri ikibazo cy'impunzi z'Abanyarwanda.
Ati 'Biratangaje kubona RFI igerageza guha agaciro impaka z'imitwe ivuga ko yegereye izi mpunzi (mu yandi magambo FDLR), imaze igihe ibangamira gutaha kwazo, kuko gutaha kwazo kwatesha agaciro impamvu nyamukuru aba jenosideri bakoresha, bo n'ababashyigikiye mu Burayi nka Jambo ASBL, biyerekana nk'abarinda izi mpunzi.'
Inkuru ya RFI Nduhungirehe yagarutsweho ni iyatangajwe kuri uyu wa 20 Nzeri 2026, igaragaza ko impunzi z'Abanyarwanda zikomeje gutaha ziva muri RDC, ariko ko hari impungenge ku buryo amakuru y'izi mpunzi ziva mu bice bigenzurwa na AFC/M23 amenyekana, ndetse zigacyurwa. RFI yavuze ko izi mpungenge zifitwe n'imiryango iri hafi y'izi mpunzi.
Amakuru ya UNHCR agaragaza ko Abanyarwanda 3.752 bari impunzi muri RDC bamaze gutaha kuva mu ntangiriro z'umwaka wa 2026. Mu cyiciro giheruka, abantu 366 batahutse bavuye mu mijyi ya Goma, Bukavu na Kamanyola.
UNHCR ivuga ko ibikorwa byo gutaha bikorwa ku bushake, mu mutekano kandi mu buryo bubaha agaciro.
Jambo ASBL ni umuryango washingiwe mu Bubiligi, ugizwe ahanini n'Abanyarwanda bakomoka ku babyeyi bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, by'umwihariko abari bakomeye mu butegetsi bwa Juvenal Habyarimana.
Uyu muryango wagiye uvuga ko uhagarariye inyungu z'impunzi z'Abanyarwanda, ushimangira ko ikibazo cyazo kigomba gukemurwa hakurikijwe amategeko mpuzamahanga.
Uretse kurangwa n'ingangabitekerezo ya Jenoside, abagize Jambo ASBL bakorana bya hafi n'abarwanyi ba FDLR, ndetse na Leta ya Kinshasa.
Ubu bufatanye buherutse gushimangirwa n'ibyatangajwe na Jambo Asbl ishimangira ko ishyigikiye ubwumvikane FDLR iherutse kugirana na RDC ku buryo bwo gusenya uyu mutwe.
Ni mu gihe Leta y'u Rwanda ivuga ko FDLR atari ikibazo cy'impunzi ahubwo ko ari ikibazo cy'umutekano, kubera ibikorwa byayo byo guhungabanya umutekano ndetse n'amateka y'abayishinze.
Umuvugizi wa Guverinoma y'u Rwanda, Yolande Makolo, aherutse kugira ati 'Aba ntabwo ari impunzi. FDLR si impunzi. Ni abarwanyi bitwaje intwaro bafite ingengabitekerezo ya Jenoside.'
Nubwo hari Abanyarwanda bamaze gutaha, UNHCR ivuga ko hakiri abagera kuri 194.500 bari muri RDC nk'impunzi cyangwa abasaba ubuhungiro, hafi ya bose bakaba baba mu burasirazuba bw'icyo gihugu.

Leave a Reply