Uko abarimo ibyamamare, abo mu nzego za leta bashimishijwe na Rayon Sports #rwanda #RwOT

Written by

in

Intsinzi ya Rayon Sports yo kwegukana igikombe cya CECAFA Kagame Cup 2026 yishimiwe n’Abanyarwanda batandukanye, barimo abaminisitiri, ba ambasaderi, ibyamamare, abahanzi n’abandi aho bagaragaje amarangamutima yabo nyuma y’umukino wa nyuma.

Rayon Sports yegukanye iki gikombe ku wa Gatanu tariki ya 7 Kanama 2026, itsinze Gor Mahia yo muri Kenya ibitego 2-1 mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro. Aya makipe yanganyije igitego 1-1 mu minota 90, maze umukino ujya mu minota 30 y’inyongera.

Mu gihe benshi bari bamaze gutegereza uwari bugire ijambo rya nyuma, Muhoza Daniel yatsinze igitego cyahesheje Rayon Sports igikombe, ibyishimo bitangira kwiyongera muri Stade Amahoro no mu bice bitandukanye by’igihugu.

Umuhanzi Bruce Melodie, uzwiho gukunda Rayon Sports, yashimiye iyi kipe ayiherekeza n’amafoto y’abakinnyi bishimira igikombe.

Ati 'Abatwaye igikombe! Ndabashimira, Rayon Sports. Igikombe cya CECAFA Kagame Cup 2026 kigumye mu rugo! Mbega urugendo rwiza, mbega akanya keza. Mwari mugikwiye, Gikundiro.'

Nyuma y’uyu mukino abandi yacyubahiro batandukanye mu nzego bwite za Leta bafashe iya mbere mu kwerekana uko bashimishijwe n’iki gikombe Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, wari wanitabiriye umukino, yagiye ku rukuta rwe rwa X ashimira Rayon Sports ku ntsinzi, avuga ko ari igikombe iyi kipe yari ikwiye.

Ati “Mwakoze cyane Gikundiro ku bwo gutwara Igikombe cya CECAFA Kagame Cup 2026, ni intsinzi mwaharaniye kandi mukwiye.'

Ambasaderi w’u Rwanda muri Suède, Dr. Diane Gashumba, na we yagaragaje ibyishimo bikomeye. Uyu wahoze ari Minisitiri w’Ubuzima akaba n’umukunzi ukomeye wa Rayon Sports, yagize ati 'Oooh Rayoooo! Ni uko ni uko Gikundiro! Ni uko Saro ry’u Rwanda! Muratunejeje! Ishema ku gihugu cyacu!'

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, na we yavuze ko Rayon Sports yahesheje ishema u Rwanda, nyuma yo kugumisha igikombe mu gihugu.

Ati: 'Oh Rayooon! Murakoze guha Abanyarwanda Umuganura, muduhesheje ishema twese mugumisha iki gikombe gifite izina twubaha hano iwacu.'

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yashimiye Rayon Sports avuga ko yateye ishema u Rwanda.

Ati 'Mwakoze cyane, Rayon Sports! Mukomereze aho mwateye ishema u Rwanda.'

Ambasaderi w’u Rwanda muri Luxembourg, Munyangaju Aurore Mimosa, na we yagize ati “Ubururu bwubahwe!! Mukomereze aho aba-Rayons. Umuganura mwiza.'

Rayon Sports yaherukaga kugera ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup mu 2013, ubwo yatsindwaga na Vital’o.

🔵⚪️Congratulations Gikundiro kubwo gutwara igikombe cya #CECAFAKagameCup2026! 👏🏆 Ni intsinzi mwaharaniye kandi mukwiye @rayon_sports

Turashimira byimazeyo Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ku buyobozi bwe bwiza bureba kure , ku mahoro n’umutekano bituma buri… https://t.co/bA2vocBwnC

— Nelly Mukazayire (@nmukazayire) August 7, 2026

Oooh Rayoooo!
Nuko nuko #Gikundiro! Nuko Saro ry’ u Rwanda!
Muratunejeje! Ishema ku gihugu cyacu!
Mbega kuba kure yanyu! Mu Majyaruguru y’Uburayi twari twafashe iry’iburyo none musohoje ubutumwa💙💙💙@rayon_sports #CECAFAKagameCup2026 pic.twitter.com/FGuw6PKPgb

— Dr Diane GASHUMBA (@DianeGashumba) August 7, 2026

Oh Rayooon! Murakoze guha Abanyarwanda #umuganura

Muduhesheje ishema twese mugumisha iki gikombe gifite izina twubaha hano iwacu.

Congratulations to @rayon_sports! 👏🏾🏆
Champions of the #CECAFAKagameCup2026!

Guca ibyuma bizanye n’intsinzi ikomeye. pic.twitter.com/37aaFnWjYj

— Dominique H (@Dominiquehab) August 7, 2026

Well done, @rayon_sports! 🇷🇼🏆

Congratulations, CHAMPIONS!

You made Rwanda proud. Gikundiro 💙🤍 #RayonSports #CECAFAKagameCup https://t.co/hK6NLTIuBw

— Dr Sabin Nsanzimana (@nsanzimanasabin) August 7, 2026

Ubururu Bwubahwe!! Congs Aba Rayon 💙🤍 #CECAFAKagameCup2026 Final. Umuganura mwiza! https://t.co/OiZzCyYwZi

— Aurore Mimosa Munyangaju (@AuroreMimosa) August 7, 2026

Source : http://isimbi.rw/uko-abarimo-ibyamamare-abo-mu-nzego-za-leta-bashimishijwe-na-rayon-sports.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *