Kate Bashabe yatanze gasopo nyuma y’uwamwiyitiriye agashyirishamo Muyango Claudine #rwanda #RwOT

Written by

in

Umunyamideli, Kate Bashabe yongeye kwibutsa abantu ko adakoresha urubuga rwa X, ndetse aniyambaza RIB kubera umuntu ukomeje kumwiyitirira ku mbuga nkoranyambaga.

Ibi yabitangaje nyuma y’uko umuntu washyize konti ye ya X mu mazina ya Kate Bashabe akomeje kuyikoresha binyuranye n’imyemerere ye.

Hari na nyuma y’uko ashyizeho amashusho ya Muyango Claudine,atwaye atambaye umukandara maze atabaza polisi.

Polisi nayo yahise ivuga ko igiye kubikurikirana maze Muyango Claudine agahanwa.

Kate Bashabe abinyujije ahatangirwa ubutumwa bumara amasaha 24 kuri Instagram, yavuze ko uyu muntu atari we kandi yabisobanuye inshuro nyinshi bityo ko igihe kigeze Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukagira icyo rubikoraho.

Ati “Nababuriye inshuro zitabarika kuri iyi konti, reka nongere mbisubiremo, iyi konti si yo. Sinkoresha X (Twitter), uyu wanyiyitiriye akomeza gushyiraho ibintu bidafite umumaro yigize njye. Ni cyo gihe ngo RIB ibyinjiremo igire icyo ikora.”

Kate Bashabe si we wenyine ujya uhura n’iki kibazo, ibyamamare byinshi bijya bihura n’abantu babyiyitirira ku mbuga nkoranyambaga maze izo konti zigakoreshwa mu nyungu zabo bwite.

Yasabye RIB gukurikirana uyu muntu ukomeje kumwiyitirira

Kate Bashabe yavuze ko adakoresha Twitter

Source : http://isimbi.rw/kate-bashabe-yatanze-gasopo-nyuma-y-uwamwiyitiriye-agashyirishamo-muyango.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *