Amagambo akomeye Lionel Messi yigeze kuvuga kuri se witabye Imana #rwanda #RwOT

Written by

in

Se w’umukinnyi rurangiranwa, Lionel Messi, Jorge Messi yitabye Imana ku myaka 68 aho uyu mukinnyi yigeze kuvuga ko atari we warotaga ageze mu rugo ngo amuhobere.

Amakuru y’urupfu rw’uyu mugabo ukomoka muri Argentine yamenyekanye ejo hashize ku wa Gatandatu tariki ya 8 Kanama 2026.

Nubwo ari bwo byamenyekanye ariko Jorge yitabye Imana ahagana Saa Yine z’umugoroba wo ku wa 7 Kanama 2026, aguye mu ivuriro riri i Rosario, aho yari amaze igihe yitabwaho n’abaganga.

Ni umugabo wagize uruhare rukomeye cyane mu rugendo rwa ruhago rw’umuhungu we, Lionel Messi kuva akiri umwana kugeza uyu munsi.

Muri 2019, Lionel Messi yigeze kuvuga ati “Papa yajyaga ambyutsa saa 4h za mu gitondo agataha saa 9h za ni njoro kugira ngo dusangire ibya nimugoroba buri munsi.”

“Ntabwo twabonanaga cyane… Ariko iyo twabikoraga, papa yishimiraga umwanya tumaranye, ntiyigeze ambwira nabi cyangwa ngo ampe ibihe bikomeye. Ntabwo byigeze bibaho.”

Yakomeje avuga ko byatumye amukunda ku buryo atari we warotaga se atashye ngo amuhobere.

Ati “Nishimiye kuba ndi kumwe na we kuko nabaga mukumbuye. Sinjye warotaga ageze mu rugo ngo mbe namuhobera, mbe ndi iruhande rwe kubera ko ukuri ni uko igihe cye cyose yakimaze arimo akora.”

Jorge Messi wazize uburwayi, yigeze kugira inzozi zo gukina umupira w’amaguru aho yanakinnye nk’umukinnyi wo hagati mu makipe y’abato ya Newell’s ari nayo Messi yahereyemo, hari mbere yo kujya mu gisirikare.

Nyuma yaho yakoze mu ruganda rwa Acindar, agenda azamurwa mu ntera kugeza abaye umuyobozi, mbere y’uko iterambere ridasanzwe ry’umuhungu we rihindura burundu imibereho y’umuryango wabo.

Lionel Messi yari afitanye umubano udasanzwe na se

Source : http://isimbi.rw/amagambo-akomeye-lionel-messi-yigeze-kuvuga-kuri-se-witabye-imana.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *