Yabitangaje kuri uyu wa 5 Kanama 2026, mu gihe Guveniroma y'u Rwanda yiyemeje guhanshya ibinyobwa bitujuje ubuziranenge no gufunga inganda zibikora.
Mudaheranwa ubwo yaganiraga na Radio/TV1, yavuze ko gufunga utubari, byatumye ibyaha bigabanukaho 65% nyuma y'uko hafashwe ingamba zo kurwanya ibibazo by'ubusinzi bukabije.
Uyu muyobozi yavuze ko utubari twari twinshi cyane kurusha izindi serivisi z'ingenzi umuturage akenera. Yatanze urugero ku bijyanye n'ibigo by'uvuzi biri muri aka karere, yerekana uburyo ari bike kurusha aha hantu hacururizwa inzoga.
Yavuze ko mu Karere ka Gasabo habarurwa ibigo nderabuzima 320 gusa, ibingana na kimwe cya cumi cy'utubari, ibigaragaza uburyo serivisi z'utubari zakoreshwaga cyane kurusha izindi z'ingenzi.
Imibare yatangajwe n'Akarere ka Gasabo, igaragaza ko kuva muri Kamena 2026 umubare munini wa serivisi abantu bahabwaga zari iz'utubari, ari na yo ntandaro y'ubusinzi bukabije bwagiye bugaragara.
Mudaheranwa ati '.'Nka Gasabo mu mwaka umwe tumaze gufunga utubari 3400 […]. Ariko nyuma y'aho dufashe ingamba zo kurwanya ibibazo by'ubusinzi ndahamya rwose ko ibyaha byagabanutseho 65%.'
Guverinoma y'u Rwanda yiyemeje guhashya inzoga zitujuje ubuzirangenge aho ubu inganda 136 zikora ibinyobwa bisembuye zimaze gufungwa.
Biri mu rwego rwo guhagarika ibinyobwa bitemewe bimaze igihe bigira ingaruka ku Banyarwanda aho mu mezi arindwi ashize byahitanye abantu bagera kuri 50 abandi 100 bikabagiraho ingaruka zirimo no guhuma.
Ku rundi ruhande, Polisi y'u Rwanda yatangiye ibikorwa byo kureba niba hari abantu bakomeza gucuruza inzoga zitujuje ubuziranenge ndetse no kurenga ku masaha yabugenewe yo kuzicuruza bihikomeje.

Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/akarere-ka-gasaba-kamaze-gufunga-utubari-3400
Leave a Reply