Zuchu yatangaje ko yitegura kwibaruka umwana we wa mbere, ashyira iherezo ku makuru yari amaze igihe avugwa ko yaba atwite.
Mu butumwa yasangije abakunzi be ku rukuta rwe rwa Instagram kuri uyu wa Kane, tariki ya 30 Nyakanga 2026, Zuchu yemeje ko yitegura kwakira imfura ye.
Aho yanditse ati “Urukundo ruri gukura kandi ndi kurya iby’abantu babiri. Ndizera ko umwana azavuka abyibushye.”
Iyi nkuru ije nyuma y’iminsi mike atangaje ko yatandukanye n’umugabo we, Diamond Platnumz, nyuma y’imyaka itandatu bari mu rukundo.
Mu bundi butumwa yari yashyize kuri Instagram ku wa 12 Nyakanga 2026, Zuchu yavuze ko gufata icyemezo cyo gutandukana na Diamond bitari byoroshye.
Yagize ati: “Nahisemo kwibanza no gutangira ubuzima bushya. Nifurije Diamond n’umuryango we amahoro n’ibyiza, kandi ngiye kwibanda ku buzima bwanjye, gukira ibikomere no guteza imbere umwuga wanjye.”
Kugeza ubu, Zuchu ntiyatangaje andi makuru ku nda ye cyangwa se umubyeyi w’umwana ategereje.
Source : http://isimbi.rw/zuchu-mu-myiteguro-yo-kwibaruka-imfura-ye.html
Leave a Reply