Impaka zikomeje kuba nyinshi ku mbuga nkorambaaga, benshi bavuga ko kumenya rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ya Brésil na Real Madrid, Vinícius Júnior, bizagorana kuko isura ye yahindutse nyuma y’uko uyu mukinnyi yibagishije akananwa.
Ikinyamakuru cyo muri Brésil cya TMC ku wa Mbere tariki ya 20 Nyakanga 2026 cyavuze ko yagiye mu ivuriro rya Goiânia kwitabwaho n’umuganga w’uruhu, Dr. Alessandro Alarcão.
Nyuma yo kwitabwaho, hagiye hanze ifoto y’uyu mukinnyi ari kumwe n’uwahoze ari umukunzi we, Virginia Fonseca, gusa uyu rutahizamu yagaragaraga bitandukanye n’uwo abantu basanzwe bazi.
Ubu iminwa ye yagiye ku murongo, amenyo aje imbere yari afite barayaringaniza, akaba agaragara bitandukanye n’uko yari ameze.
Impaka zatangiye kuba nyinshi ku mbuga nkoranyambaga benshi bavuga ko batazigera bamenya uyu mukinnyi kuko yahindutse cyane.
Ni mu gihe abandi bavugaga ko yabaye mwiza cyane bitandukanye n’uko yari asanzwe ameze, ndetse akaba yari akunze kwibasirwa n’ibikorwa by’irondaruhu mu buryo butandukanye kubera isura ye.
Vini akaba ategerejwe muri Espagne aho azajya gukomezanya imyiteguro y’umwaka wa 2026/27 na bagenzi be, ikaba ari imyitozo iri gukoreshwa na José Mourinho.
Leave a Reply