Yabigarutseho mu butumwa yabahaye ubwo yabaganirizaga kuri uyu wa 28 Nyakanga 2026 mu Kigo cy'Amahugurwa cya Gisirikare cya Gabiro (CTC Gabiro) i Gatsibo.
Umukuru w'Igihugu yibukije uru rubyiruko ko rukwiye kurangwa n'ikinyabupfura mu byo rukora byose kuko ari cyo gifasha umuntu kugera ku cyo yifuza kugeraho.
Ati 'Ikinyabupfura, kirakuyobora, kigatuma muri kwa guhitamo ugira ibyo uhitamo bizima. Kubaha, kwiyubaha na kwagushakisha kumenya. Ikinyabupfura iyo ugifite n'ubumenyi byongera agaciro kuri bya bindi wamenye. Ikinyabupfura ni ngombwa. Gituma utava ku ntego ngo ujye mu bindi bintu harimo n'ibitakubaka bishobora kugusenya.
Yakomeje ati 'No kuza kwigira hano muri aya mahugurwa, muri iri torero, uko mumeze uku, ibyo mwavuze mwize muri hano n'iki, ni ibigushyiramo ikinyabupfura, ubishaka rero bimugeza kure, ubisuzuguye, ntabikurikize uko bikwiye, wenda bimugeza hafi bikarangira.'
Yasabye uru rubyiruko guharanira ko buri gihe rwaharanira kwishakamo ibisubizo kandi rwifitiye icyizere kuko rufite ubushobozi bwo gushaka no kugera ku bisubizo birambye.
Perezida Kagame yerekanye ko urubyiruko rukwiye kugira uruhare mu iterambere kandi rukwiye kwiyitaho uko bikwiriye.
Ati 'Mbasabe urubyiruko, turabakeneye, turabakunda ariko mbere na mbere mwiyiteho ubwanyu.'
Yerekanye ko kunywa ibisindisha bidakwiye kubata abantu kuko byangiza ahazaza h'urubyiruko n'igihugu muri rusange.
Ati 'Ndashaka kubaburira. Ndabasabye ko ibi byose tuvuga, ibyabazanye hano, imigambi dufite nk'igihugu n'iki, ibi bintu bizabica mbere y'uko mugera ku ntego zanyu. Niba muzifite, ntimukangize ubuzima bwanyu kubera ibintu bidafite umumaro.'
Nta muntu kunywa urumogi byakijije
Perezida Kagame kandi yagaragaje ko urubyiruko rukwiriye kwirinda gukoresha ibiyobyabwenge by'umwihariko urumogi.
Ati 'Uwababwiye ko rwamukijije, rwakijije umuryango we cyangwa rwakijije igihugu ni inde? Ndabatumye, muzanshakire umuntu umwe, umwe gusa ntabwo nshaka babiri, ushobora gutanga ubuhamya akavuga ko kunywa urumogi byamukijije.'
Yavuze ko nta muntu ushobora guhagarara ashize amanga, ngo atange ubuhamya bw'uko kunywa ibiyobyabwenge byamukijije, byakijije umuryango we cyangwa se igihugu.
Yashimangiye ko uwamubonera umuntu ubitangamo ubuhamya yazamuhemba nubwo yemeza ko ntawe ahubwo n'uwaba yabonetse yaba abeshya kuko bidashoboka ko kunywa ibiyobyabwenge n'ibisindisha bikiza umuntu ahubwo ko bimwangiriza ubuzima.
Yagaragaje ko iyo bibaye byinshi mu rubyiruko atari rwo rwonyine byica, ahubwo byica n'ahazaza h'igihugu, arusaba kwirinda kubyishoramo.
Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascene Bizimana, yasobanuye ko mu batangiye Itorero Indangamirwa icyiciro cya 16, bane batakomeje amahugurwa kuko babiri basanze batwite inda zitateganyijwe mu gihe abandi birukanywe kubera gukoresha ibiyobyabwenge.








Amafoto: Himbaza Pacifique
Leave a Reply