Ababyeyi batiyitaho mu bituma Intara y'Iburengerazuba iyobora mu kugira abana benshi bagwingiye – #rwanda #RwOT

Written by

in

Yabitangarije i Karongi ku wa 23 Nyakanga 2026, mu nama nyunguranabitekerezo ku kurwanya imirire mibi no kugabanya igwingira mu Ntara y'Iburengerazuba yayobowe na Minisitiri w'Uburinganire n'Iterambere ry'Umuryango, Uwimana Consolée

Igwingira ry'abana bari munsi y'imyaka itanu ni kimwe mu bibazo bihangayikishije u Rwanda, kuko inzobere zigaragaza ko umwana wagwingiye mu mwaka itanu ya mbere bimugiraho ingaruka mu buzima bwe bwose mu bijyanye n'ubushobozi bwe bw'ubwonko.

Ubushakashatsi bwa karindwi ku mibereho y'ingo mu Rwanda bwagaragaje ko mu Ntara y'Iburengerazuba abana bagwingiye ari 32,7% mu gihe ku rwego rw'igihugu ari 27% mu gihe intego ari uko umubare w'abana bagwingiye ugomba kuzaba utarenze 15% mu 2029.

Guverineri Ntibitura yagize ati 'Twasanze igwingira n'imirire mibi mu Ntara yacu biterwa ahanini no kutabona indyo yuzuye, kandi ihangije ku bana n'ababyeyi, isuku n'isukura bidahagije, … ababyeyi batwite n'abonsa batiyitaho uko bikwiye, kutitabira serivisi z'ubuzima,ubumenyi buke ku mirire iboneye n'amakimbirane yo mu ngo'.

Nubwo muri rusange Intara y'Iburengerazuba ifite igipimo kiri hejuru cy'abana bagwingiye, Akarere ka Ngororero kashimiwe ko kuva mu 2021 kashoboye kugabanya umubare w'abana bagwingira uva kuri 51% ugera kuri 33%.

Minisitiri Uwimana Consolée yavuze ko Intara y'Iburengerazuba ikwiye gufata ingamba zidasanzwe zo kugabanya igwingira n'imirire mibi ariko ikanashyira imbaraga mu byafashije uturere twagabanyije cyane umubare w'abana bagwingira.

Ati 'Dukwiye kwita cyane ku buhinzi abantu bakabona ibiryo bihagije. Tugomba gukomeza kwigisha abantu uburyo bategura indyo yuzuye buri mubyeyi wese akamenya icyo akwiye kuba aha umwana'.

Mu ntara y'Iburengerazuba kuva mu 2020 kugera mu 2025 umubare w'abana bagwingira wagabanutseho 7,3% ugera kuri 32,7%. Mu gihe mu turere twa Rusizi na Karongi ho igwingira aho kugabanuka ahubwo ryiyongereyeho gato.

Guverineri Ntibitura yagaragaje ko mu bituma Intara y’Iburengerazuba igira abana benshi bagwingira harimo amakimbirane yo mu ngo

Umuyobozi wa NCDA yavuze ko konsa bikwiye biri kugenda bigabanuka asaba ababyeyi kwikubita agashyi kuko kutonsa umwana bishobora gutuma agwingira

Minisitiri Uwimana Consolée yavuze ko hakwiye kongerwa imbaraga mu buhinzi hakaboneka ibiribwa bihagije byo kurwanya igwingira


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ababyeyi-batiyitaho-mu-bituma-intara-y-iburengerazuba-iza-imbere-mu-kugira

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *