Udushya twabaye mu kumurika album ya Amag T… – #rwanda #RwOT

Written by

in

Mc Dj Anitha Pendo niwe wari umushyushyarugamba. Yahamagaraga ku rubyiniro abahanzi akananyuzamo akabyina

Karyuri yabimburiye abandi ku rubyiniro 

Babyinnye bishimisha umuzungu wari witabiriye abaha 30,000 Frws yo kubashimira. Hano MC Dj Anitha Pendo yarimo ayabashyikiriza

Igitaramo cyanzitse abana bafashwa na Salongo bari kumwe na Karyuri, umukinnyi wa filimi Ndimbati n'umunyamakuru Ndahiro Valens Papy bashyuhije abafana mu bihangano bya nyakwigendera Jay Polly. Batangiye babyina indirimbo yahurije hamwe Jay Polly, Urban Boyz , Uncle Austin, Bruce Melodie , Khalifan na Marina … Too Much. Ni indirimbo imaze imyaka itanu isohotse ikaba yarakunzwe na n’ubu igikinwa uyumvise akagirango yasohotse ejo hashize.

Nyuma bakurikijeho Ku musenyi

Ndimbati ku rubyiniro ari kumwe na Karyuri na bariya bana bafashwa na Salongo babyinnye zimwe mu ndirimbo za nyakwigendera Jay polly


Ndahiro Valens Papy yabanje kwisegura ku mpamvu igitaramo cyari gutangira saa kumi n’ebyiri cyatangiye saa Tatu z’ijoro.

Super Crew Dancers, isinda ry'abasore batatu b'abanyabufindo, ryakoze udushya dutandukanye twashimishije benshi bari bitabiriye, kubera ukuntu bahuzaga kubyina no gukora ibindi bintu byatumaga benshi bizihirwa. Bavanze sport no kubyina biryohera abitabiriye.

 

Senderi yazanye inzoga aziha bamwe mu bo yabaga abona ko bamwishimiye

Senderi yakoresheje amayeri yo gutanga inzoga yamamaza mu gukurura abafana kandi byakunze

Abafana bari baguye ahashashe ku bakunda umuziki nyarwanda

Umufana yarimo ajyana na Senderi 

Dore Imbogo (Vava) yatunguranye asanga Senderi ku rubyiniro

Senderi amayeri yo gushimisha abafana ntajya amushirana

Senderi yatanze inzoga ku bafana 

Mc Anitha Pendo yahamagaye ku rubyiniro Rafiki 

Rafiki yaririmbye indirimbo ze zabiciye biracika

Tonalite yahawe umwanya ararimba 

Umuhanzi w’i Bugande uri gushaka aho amenera ngo yamamare

Yakoze iyo bwabaga ngo ashimishe abitabiriye

Gift Restaurant ifite ahantu ho gukorera ibitaramo heza. Niho habereye igitaramo cya Amag The Black igihe yamurikaga Ibishingwe

Amag The Black yaje kuririmba nyuma y’iminota 27 Polisi igerageje guhagarika igitaramo ariko Imana igakinga akaboko. Byabaye saa sita z’ijoro nibwo twabonye Polisi yinjira ahabereye igitaramo bityo umuziki uhita ufungwa hakurikiraho kureba uko biza kugenda. 

Young Grace wo mu bihe bya Amag The Black aracyamuzirikana 

Umutekano wari ucunzwe neza

Umuzungu wahaye Karyuri n’abo babyinana amafaranga y’u Rwanda 30,000

Abitabiriye bari bishimye

AMAFOTO: Nathanael Ndayishimiye

KANDA HANO UREBE AMAFOTO

Source : https://inyarwanda.com/inkuru/131337/udushya-twabaye-mu-kumurika-album-ya-amag-the-black-yise-ibishingwe-amafoto-80-131337.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *