Biravugwa ko APR FC yamaze kumvikana na rutahizamu w’umunya-Nigeria ukina muri Afurika y’Epfo #rwanda #RwOT

Written by

in

Bivugwa ko ikipe ya APR FC yamaze kumvikana na rutahizamu ukomoka muri Nigeria wakiniraga ikipe ya Venda Football Academy muri Afurika y’Epfo mu cyiciro cya kabiri, Adepoje Adebare Babatunde.

Uyu rutahizamu w’imyaka 27 akaba yarinjiye muri iyi kipe yo muri Afurika y’Epfo mu ntangiriro z’uyu mwaka aho yari atandukanye na Nyasa Big Bullets yo muri Malawi.

APR FC bivugwa ko umwaka w’imikino wa 2023-24 igomba gusubira ku banyamahanga ikaba ari umwe mu bakinnyi yaganirije ndetse bivugwa ko banumvikanye.

Iyi kipe y’ingabo z’igihugu bivugwa ko izagura abanyamahanga 8 barimo 2 b’abagande barangajwe imbere na Milton Karisa na we ibiganiro bigeze kure.

Ntabwo iremeza kumugaragaro igaruka ry’aanyamahanga ariko mu minsi yashize Chairman wayo, Lt Gen Mubarakh Muganga yavuze ko mu gihe babona bakenewe n’umutoza abifuza bashobora kongeramo bake bo kubafasha mu mikino Nyafurika.

Babatunde akinira Venda Football Academy muri Afurika y’Epfo

Yatandukanye na Nyasa Big Bullets

Source : http://isimbi.rw/siporo/article/biravugwa-ko-apr-fc-yamaze-kumvikana-na-rutahizamu-w-umunya-nigeria

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *