Ishusho y'i Nyabugogo ku munsi wa nyuma wa 2020 (Amafoto na Video) – #rwanda #RwOT

Written by

in

Iki kibazo cyaranagaragaye mbere y'Umunsi wa Noheli, ubwo abagenzi benshi bahuriye muri Gare ya Nyabugogo bagana mu bice bitandukanye by'igihugu gusangira iminsi mikuru n'imiryango yabo.

Cyaje gukemurwa abagenzi bahurizwa muri Stade ya Kigali i Nyamirambo bahabwa imodoka zibajyana mu byerekezo bitandukanye mu kwirinda umuvundo ndetse no kuba abagenzi bakwanduzanya icyorezo cya Coronavirus.

Ubwo umunyamakuru wa IGIHE yageraga i Nyabugogo mu masaha y'igitondo, yasanze hari abagenzi babuze imodoka, bamwe bihebye, abandi bigaragara ko bamanjiriwe, mu gihe hari n'abageragezaga gushaka imodoka zo hanze ya gare ariko na zo ntizabonekaga.

Rubangisa Rwigema uyobora Ikigo kigenzura Umutekano wa gare, ATPR, yavuze ko iki kibazo cyatewe n'igabanuka ry'abagenzi bagenda mu modoka bitewe no kwirinda icyorezo cya Coronavirus.

Yagize ati 'Biragoye gufata abantu benshi bakajya mu modoka imwe, mwibuke ko hari n'ubwo abantu ari benshi ariko ho harafunguye. Ibaze noneho abantu bagiye no mu modoka begeranye.'

Yongeye ati 'Nureba neza urasanga umuntu wese yishakira kubona itike gusa, ibyo kwiyitaho ntubimubaze, turamutse tubashyize mu modoka ari benshi byagorana cyane'.

Mu gihe cy'iminsi mikuru hakunda kugaragara abantu benshi batega imodoka ziva n'izijya mu ntara cyane ko abenshi baba babonye umwanya wo gusangira Noheli n'Ubunani n'imiryango yabo.

Abantu bari bategereje imodoka ari benshi

Hari abari bitwaje imizigo

Abantu bose bari bambaye udupfukamunwa

Hari abagendaga mu modoka zitamenyerewe

Byari ingorabahizi kubona imodoka icyura abantu

Abantu bagaragazaga umunaniro

Abantu bari benshi cyane muri Gare ya Nyabugogo

Bamwe mu baggenzi bagaragazaga umunaniro kubera gutegereza imodoka igihe kirekire

Ahicara abategereza imodoka hari huzuye

Abantu bari begeranye batubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus

Abantu bari benshi cyane

Hari abagaragaza kurambirwa kubera gutegereza imodoka igihe kinini

Abantu bari uruvunganzoka

Byagaragaraga ko abantu bose badahita babona imodoka kuko hari abari bahamaze umwanya munini

Ikibazo cy’abantu babura uburyo bwo gutaha gisanzwe kigaragara mu minsi mikuru

Imodoka yabonaga umugabo igasiba undi

Imodoka yajyagamo abantu bacye, hari n’abatarabona amatike mu masaha y’igicamunsi

Hari abavuze ko batazi uko bari bugere mu ntara bakomokamo

Abantu bari benshi ku mirongo yo muri gare

Yari yipfunyikiye, yumvise inzara imwishe agira uko yigenza

Ku Bunani bamwe bishimira ibyo bagezeho. Uyu yacyuye inkoko azasangira n’umuryango we

Amafoto: Igirubuntu Darcy


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/hongeye-kugaragara-abantu-babuze-imodoka-muri-nyabugogo

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *