Bamwe mu mudoka zabo, abakinnyi ba APR FC babimburiye andi makipe gusubira mu ngo zabo(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

Written by

in

Nyuma y’umwanzuro wa Minisiteri ya Siporo wo guhahagarika shampiyona kubera kurenga ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Coronavirus, isaba FERWAFA gupimisha abakinnyi bakabona gusubira mu ngo zabo, APR FC iri mu makipe yabimburiye andi gutaha.

Ni icyemezo cyasohotse ku wa 11 Ukuboza 2020, MINISPORTS ikaba yaravuze ko shampiyona ihagaze kubera kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo ku makipe ndetse isaba ko badasohoka mu mwiherero badapimwe.

APR FC iri mu makipe yapimwe mbere ku wa Kabiri w’iki cyumweru kimwe na Mukura VS.

Nyuma y’ibisubizo, ku mugoroba w’ejo hashize nibwo abakinnyi ba APR FC n’abakozi bayo bavuye mu mwiherero i Shyorongi aho babaga basubira mu ngo zabo.

Jacques Tuyisenge ava Shyorongi ataha Kicukiro

Blaise Itangishaka yatahanye na Bukuru Christophe

Mutsinzi Ange Jimmy yasohokanye na Nshuti Innocent

Myugariro Buregeya Prince asohoka mu modoka ye

Ishimwe Anicet ari mu bakinnyi bagendeye mu modoka y’ikipe

Nsanzimfura Keddy nawe yagendeye muri bisi y’ikipe

Source : http://isimbi.rw/siporo/article/bamwe-mu-mudoka-zabo-abakinnyi-ba-apr-fc-babimburiye-andi-makipe-gusubira-mu-ngo-zabo-amafoto

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *