Police FC yatandukanye n’umukinnyi wa 2, yongerera amasezerano abandi 3 #rwanda #RwOT

Written by

in

Nyuma y’uko ikipe ya Police FC itandukanye na rutahizamu Songa Isaie, iyi kipe yanatandukanye n’umukinnyi Kubwimana Cedric bakunze kwita Jay Polly.

Ku wa Kabiri w’iki cyumweru ni bwo ikipe Police FC yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wa yo, Songa Isaie, kuri iyi nshuro yamaze no kurekura Kubwimana Cedric.

Uyu musore usatira anyuze ku mpande wari usoje umwaka umwe mu myaka 2 yari yayisinyiye, yandikiye Police FC ayisaba ko basesa amasezerano, iyi kipe na yo ikaba yamurekuye ngo ajye gushakira ahandi.

Uretse uyu musore batandukanye, amakuru avuga ko iyi kipe yamaze kongera amasezerano abakinnyi 3, rutahizamu Iyabivuze Ose, Uwimabazi Jean Paul na Usabimana Olivier aho buri umwe yongereye imyaka 2.

Kubwimana Cedric yatandukanye na Police Fc

Uwimbabazi Jean Paul yongereye amasezerano muri Police Fc

Usabimana Olivier na we yongereye amasezerano y’imyaka 2

Rutahizamu Iyabivuze Ose yongereye amasezerano y’imyaka 2

source http://isimbi.rw/siporo/article/police-fc-yatandukanye-n-umukinnyi-wa-2-yongerera-amasezerano-abandi-3

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *