Tag: sinema

  • Mu gahinda kenshi, Nyinawambogo yavuze ibyo umugabo babyaranye yamukoreye – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mukanyandwi Alphonsine wamamaye ku izina rya Nyinawambogo yavuze iby umugabo we babyaranye abana 2 yamukoze. Ni mu kuganiro Nyinawambog yagiriye kuri YouTube.

    Nkuko yabitangaje, Nyinawambogo yavuze ko umugabo we yamutaye akamutana abana 2 b'abakobwa. Yavuze ko umugabo we ajya kugenda yari yamubwiye ko agiye gukorera ahantu kure xyane gusa ntabwo yigeze agaruka. Nyinawambogo yavuze ko kuri ubu umugabo we aba ku Gisenyi gusa ntabwo ajya amufasha ku bijyanye no kumuha amafaranga yo kumufasha kurera abana n'ibindi.

    Nyinawambogo yavuze ko kuri ubu afite abana 2 b'abakobwa aho umwe afite imyaka 10 hanyuma undi akaba afite imyaka 5 y'amavuko.

    Nyinawambogo

    Source : https://yegob.rw/mu-gahinda-kenshi-nyinawambogo-yavuze-ibyo-umugabo-babyaranye-yamukoreye/

  • Inkuru iteye agahinda ya Papa wa Soleil wo muri Bamenya watawe n'umugore n'abana||ashaka kwiyahura. (Video) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umubyeyi wa Uwase Delphine wamenyekanye nka Soleil muri filime y'uruhererekane ya Bamenya ari umugore wa Kanimba ,ari mu gahinda kenshi ko kuba yaratawe n'umugore we ndetse n'abana akaba asigaye aba wenyine kandi afite ubumuga bwo kutabona.

    Uyu musaza w'imyaka irenga 60, mu kiganiro yatanze kuri shene ya Youtube yavuze ko amaze igihe aba wenyine ,kandi yarasanzwe afite umuryango. Mu gahinda kenshi yavuze ko yabyaye abana barindwi ,nubwo umwe yitabye Imana ariko ngo abandi bose bagize amahirwe yo kwiga baraminuza ,ndetse bafite akazi keza, ariko ngo nta numwe ukimureba n'irihumye.Avuga ko na Soleil ubwe atacyemera ko uyu musaza ari umubyeyi we nyuma yo kuba yarahumye.Avugana ikiniga ubuzima bugoye abamo yavuze ko yumva nta kintu akimaze ,ko rimwe na rimwe yumva yakwiyahura.Dore ko umugore we yamusize ,ndetse nabana bakamwanga.

    Abaturage baturanye na we i Nyagasambu bahamya ko Papa wa Soleil abayeho nabi kuko atanabona ngo abagiraneza nibo bamufasha imwe mu mirimo yo mu rugo.Uyu musaza avuga ko ikifuzo cye ari uko yagirirwa ubuntu akongera kubona ,ariko ko aramutse yonyeye kubona yashimishwa no kureba abana be nubwo bamwanze ariko ngo aracyabakunda kandi abifuriza ibyiza.

    Source : https://yegob.rw/inkuru-iteye-agahinda-ya-papa-wa-soleil-wo-muri-bamenya-watawe-numugore-nabanaashaka-kwiyahura-video/

  • Mama beni mwakunze muri citymaid yaryohewe no kugira umuryango – YEGOB #rwanda #RwOT

    Uwineza Nicole wamenyekanye nka mama beni muri city maid warumaze igihe atagaragara muri showbiz ndetse na sinema nyarwanda yatangaje ko yarahugiye mu kwita ku muryango we.

    Nyuma yo gushaka yagize umugisha wo kubyara umwana w'umukobwa agafata igihe kinini yita ku mwana ndetse n'umuryango we nkuko umugore ari mutima w'urugo.

    Yakomeje atangaza ko ubuzima bushya yatangiye buryoshye kandi yifuriza buri wese kugira urugo ndetse akagira n'abana .

    yagarutse kuba kinnyi ba filime nyarwanda yifuza kubona bakora ubukwe aribo:Nadege uzwi nka Nana muri city maid,Nikuze  ndetse na seburikoko.

    Source : https://yegob.rw/mama-beni-mwakunze-muri-citymaid-yaryohewe-no-kugira-umuryango/

  • Kirenga Saphine na Kamanzi bahurijwe mu filim… – #rwanda #RwOT

    Iyi filime yatangiye gusohoka ivuga ku nkuru y'abana babiri b'abakobwa babana barerwa na Nyirasenga kuko ababyeyi babo bitabye Imana bakiri bato.

    Nyirasenge wabo aba yarabeze mu buzima buciriritse ariko bwa Gikirisitu mu idini Gatolika. Umukuru witwa Sabine aza gukundana n'umusore wo mu idini rya Islam witwa Assouman.

    Gusa, urukundo rwabo ntirugenda neza kuko Nyirasenge akimara kubwirwa ko umukobwa yareze akundana n'umusore usengera muri Islam kandi bo ari abakristu abitera utwatsi akavuga ko atashyingira mu ba Islam.

    Birangira umukobwa n'umusore bishyingiye kuko n'iwabo w'umusore baba bararahiye ko batashyingira mu muryango badaguje idini.

    Ndikubwayo Venuste wakoze iyi filime yabwiye INYARWANDA, ko yagize igitekerezo cyo gukora iyi filime nyuma yo kubona ko hari ababyeyi bivanga mu rukundo rw'abana 'bitwaje amadini kandi nyamara amadini atari yo yubaka umuryango nyarwanda.'

    Yavuze ko iyi filime ayitezeho guhindura imyumvire ya bamwe. Ati 'Iyi filime nkaba nizera ntashidikanya ko izahindura imyumvire ya benshi muri abo bumvaga ko amadini cyangwa ikindi kintu cyose imiryango idahuriyeho kitagakwiye gutandukanya abakundanye.'

    Umwanditsi w'iyi filime, avuga ko ubwumvikane bw'ababana mu rugo ndetse n'urukundo bafitanye ari byo byubaka umuryango wabo.

    Iyi filme yakozwe mu gihe cy'amezi icyenda igaragaramo abakinnyi b'ibyamamare barimo Kirenga Saphine uzwi nka 'Kantengwa' muri seburikoko. Kamanzi Didier uzwi nka 'Maxwell muri 'Rwasa', 'Kalim' muri seburikoko. Hari kandi Muhozi Jean Paul uzwi muri filime 'INdoto'.

    Umutoniwase Joselyne uzwi muri 'Papa sava', 'Rugamba series' na 'Beautifull Soldiers' na Mutirende Jack uzwi muri filme nka 'Ukuri mutamenye'.

    Mukamutara Solange bazwi muri filime 'Umuturanyi' ya Clapton Kibonke na City Maid na Ukobizaba Leoncie uzwi nka Nyirankotsa

    Iyi filime yakozwe na Ndikubwayo Venuste wakoze fiilime nka 'Intambara yanjye', 'Igikomere wanteye' n'izindi. Yayobowe na Umuhire Alain Gilbert unasanzwe akina nka 'Kazungu' muri filime yitwa 'Umuturanyi'.

    Season ya mbere y'iyi filime ifite episode 12, hamaze gusohoka ebyiri gusa.

    Ndikubwayo Venuste wakoze iyi filime yise 'Ikirumuna'

    Kirenga Saphine

    Umutoniwase Joselyne

    Jean Paul Muhozi
     

    Mutirende Jack

     Mukamutara Solange
     

    Ukobizaba Leoncie 


    Kamanzi Didier Filime 


    ‘Ikirumuna’ yahurijwemo abakinnyi ba filime bakomeye

    KANDA HANO UREBE AGACE GASHYA KA FILIME 'IKIRUMUNA'

    “>

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/110329/kirenga-saphine-na-kamanzi-bahurijwe-mu-filime-yakomotse-ku-bitwikira-amadini-bakivanga-mu-110329.html

  • Abagore bari muri Sinema barasabwa kwirinda ababaka ruswa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo ‘Motion Picture Assossiation’ bwagaragaje ko uruganda rwa sinema muri Amerika rwatanze imirimo igera kuri miliyoni ebyiri n’igice ndetse rufasha gufungura ubucuruzi (Business) bushingiye kuri uyu mwuga burenga ibihumbi 93. Nk’uko byumvikana mu mibare ni uruganda rufatiye runini ingeri zitandukanye z’abantu aho muri Amerika.

    Tuve gato i Hollywood tugaruke mu Rwanda aho uru ruganda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rugenda rwaguka umunsi ku wundi rukaba rutunze ibyiciro bitandukanye by’abantu bakora uyu mwuga.

    Abari n
    Abari n’abategarugori bamaze kwiteza imbere babikesha sinema (Ifoto yo mu bubiko)

    Mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, sinema nyarwanda yakorwaga binyuze mu ikinamico aho abakinnyi b’icyari “Indamutsa” batambutsaga umukino wabo binyuze mu majwi gusa dore ko icyo gihe isakazamashusho ryari ritaragira imbaraga rifite nk’uyu munsi n’ubwo uko babikoraga mu majwi gusa bitaburaga gukora ku marangamutima y’abakuru n’abato bikaba ngombwa ko bamwe banika amabuye ku kazuba kugira ngo ikinamico itabacika.

    Uruganda rwa sinema nyarwanda muri rusange nta myaka 20 rumaze rutangiye mu buryo bufatika. Muri uyu mwuga, abari n’abategarugori ntibasigaye inyuma kuko uko ibihe byagendaga bisimburana na bo bagendaga batinyuka kuwujyamo ndetse bagenda bagira uruhare mu mirimo itandukanye ikenerwa muri sinema.

    Mu ikorwa rya filime kugira ngo izasohoke igere hanze, hakenerwa imirimo itandukanye irimo ubwanditsi, kuyiyobora, kuyishoramo amafaranga, kuyikina, kuyitunganya, ifatwa ry’amajwi, amashusho, kuzayicuruza no kuyisakaza ndetse n’ibindi bikorwa byinshi bikenerwa kugira ngo igihangano kigere hanze kinoze kibereye ijisho.

    Icyakora n’ubwo mu Rwanda abari n’abategarugori batasigaye inyuma muri sinema, hari bamwe bagaragaza impungenge ndetse n’ibigusha biri muri uyu mwuga.

    Hakunda kumvikana bamwe mu bari n’abategarugori bagaruka ku nzitizi bahuye na zo ubwo binjiraga muri uyu mwuga aho bamwe mu bayobora cyangwa se abahitamo abakinnyi babanza kubaka ruswa kugira ngo babashe gutoranywa mu bakinnyi b’imena muri filime runaka n’ubwo benshi baterura ngo bashyire hanze uwabasabye iyo ruswa cyangwa wabashyizeho andi mananiza.

    Mukakamanzi Beatha wamenyekanye muri sinema nyarwanda nka ‘Mama Nick’ muri filime y’uruhererekane ‘City Maid’ itambuka kuri Televisiyo Rwanda asaba abakiri bato by’umwihariko abangavu bifuza kugana uyu mwuga kuba maso ndetse imbaraga nyinshi bakazishyira mu kwihugura mu kunoza umwuga aho kwizezwa ibitangaza n’abifuza kubaganisha mu bishuko.

    Mukakamanzi Beatha wamenyekanye cyane nka Mama Nick muri sinema nyarwanda
    Mukakamanzi Beatha wamenyekanye cyane nka Mama Nick muri sinema nyarwanda

    Ni byo yasobanuye ati “Mujye mujyana ubwenge, ntimugatware imibiri yanyu, imibiri yanyu si yo izatuma mukora akazi neza, ahubwo ubwenge ufite ube ari bwo ushyira imbere kuko ni bwo buzakubashisha gukora akazi neza ukanoza umurimo neza uko babyifuza.”

    Ku bigendanye n’abatanga amafaranga ngo babashe guhabwa imyanya yo gukina muri filime runaka, Mukakamanzi aburira abakiri bato ko aho kuyaha ushinzwe gutoranya abakinnyi ngo abahe ibyo batagenewe, bakabaye bayashyira mu mashuri abatoza kuzavamo abakinnyi beza.

    Ati “Njya mbabwira nti ese wowe urayatangira iki? Umuntu nimba akubwiye ngo arakunyuza muri filime ye ibyo birimo ubwenge? Aho kuyatanga aho, wakabaye uyatanga aho wiga gukina filimi (Acting) kuko ni byo byakugirira akamaro.”

    “Iyo watswe ruswa y’igitsina nawe ukayitanga uba uri injiji, ukwiye guhabwa ikintu kuko ugikwiye aho gutanga umubiri wawe. Ibyo byari bikwiye gucika kuko ntuba uhaye agaciro umubiri wawe”.

    Jacqueline Murekeyisoni Umuyobozi mukuru wa Cine Femme Rwanda, umuryango w’abari n’abategarugori babarizwa mu mwuga wa sinema mu Rwanda, na we asanga bitari ngombwa ko abari n’abategarugori bose bakwirundira mu kintu kimwe ari cyo gukina gusa (Acting) kuko muri sinema habamo imirimo itandukanye kandi yose itanga amafaranga. Bagakwiye kuyihuguraho maze ikabarinda kuba bagira aho bahurira n’iryo hohoterwa rivugwamo.

    Jacqueline Murekeyisoni, umuyobozi wa Cine Femme Rwanda
    Jacqueline Murekeyisoni, umuyobozi wa Cine Femme Rwanda

    Yagize ati “Umu star (icyamamare) agirwa umu star n’ikintu cyabanje kubaho uwanditse ya filime, uwayirariyeho amajoro, uwo muntu atariho wa mu star ntabaho, wa muntu ukina ntabaho, ese wowe wakoze icyo kugira ngo nawe utange akazi, hera aho ngaho, fata ikaramu wandike bya bindi wakinaga nawe ukinishe abandi. Imirimo ya sinema irungikanye kandi irimo amafaranga.”

    Kuva ku wa 4 kugeza kuya 11 Ukwakira mu Rwanda hari kubera Iserukiramuco mpuzamahanga ngarukamwaka ry’abagore muri sinema ryiswe “Urusaro International Women Film Festival” rifasha kugaragaza impano z’abari n’abategarugori muri uyu mwuga kuri iyi nshuro rikaba rizibanda cyane ku gufasha abategarugori kubereka inyungu ziba mu kwihuza ndetse no kwihugura ku murimo wo gutunganya filimi. Ayo mahugurwa azajya abera mu cyumba cy’ikoranabuhanga no guhanga udushya muri IPRC Kicukiro ndetse iri serukiramuco rikaba rizasozwa no kwerekana amafilimi abari n’abategarugori bagizemo uruhare mu gutunganya bikazabera kuri Canal Olympia ku Irebero.

    Kaneza Floriane, Umuyobozi w
    Kaneza Floriane, Umuyobozi w’iserukiramuco mpuzamahanga Urusaro International Film Festival

    Iterambere ry’umwuga wa sinema ntiryagerwaho mu gihe ubunyamwuga butabanje kubakirwa ku bumenyi ubufatanye n’ubushobozi bw’abayikora, ibi bikaba byagarutsweho n’umuyobozi wa Urusaro International Women Film Festival, Kaneza Floriane. Intego y’uyu mwaka muri iri serukiramuco ni ugufasha abashoramari b’abari n’abategarugori gushora imari muri sinema kuko uyu ni umwuga wabasha kubyazwamo andi mafaranga menshi mu gihe ubikoze abifiteho ubumenyi buhagije ndetse yabashije kwishyira hamwe na bagenzi be.

    Uyu muyobozi yagize ati “Uyu mwaka twaje kubona ko ubufatanye no gukorera hamwe mu Banyarwanda muri sinema ari ikintu gikwiye guhabwa imbaraga kurusha uko byari bisanzwe kugira ngo sinema itere imbere.”


    source : https://ift.tt/3uIIHri

  • IFOTO Y'UMUNSI: Bahavu Jannet n'umugabo we, Fleury Legend – YEGOB #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Nzeri 2021, twabazengurukiye imbuga nkoranyambaga zitandukanye kugirango tubategurire ifoto y'umunsi. Ifoto twabahitiyemo kuri uyu munsi ni iya Bahavu Jannet n'umugabo we, Fleury Legend. Ni ifoto yashyiwe hanze ku rukuta rwa instagram rwa Bahavu Jannet, ni ifoto yashyize hanze nyuma yo kwishimira ibyo umugabo we, Fleury Legend, yari amaze kumukorera.

    Source : https://yegob.rw/ifoto-yumunsi-bahavu-jannet-numugabo-we-fleury-legend/

  • Madederi wo muri Papa Sava yarongowe (Amafoto) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Dusenge Clenia wamamaye ku izina rya Madederi akaba ari umwe mu bakinnyi ba filime y'uruhererekane ya Papa Sava, yakoze ubukwe n'umukunzi we, Tajino.

    Nkuko amafoto yagiye hanze binyuze ku rubuga rwa instagram abigaragaza, Madederi na Tajino bishimiye cyane umunsi w'ubukwe bwabo ndetse aba bombi bari bagaragiwe n'abo mu miryango yabo ndetse n'inshuti zabo.


    Madederi abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram yashyize hanze amashusho maze asaba abafana be ko bamwifuriza ibyiza maze nabo ntibazuyaza kumwereka urukundo no kumwifuriza amahirwe masa mu buzima bushya atangiye.

    Source : https://yegob.rw/madederi-wo-muri-papa-sava-yarongowe-amafoto/

  • Will Smith avuze Impamvu yemeye ko umugore we amuca inyuma – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umugore w'Umukinnyi w'amafilime, Will Smith yamucuritse ubwenge kugeza aho yamwemereye kumuca inyuma kubandi bagabo.

    Will Smith aherutse kuvuga yeruye kubyerekeye n'uburyo yashakanye n'umugore we, Jada Pinkett Smith nyuma yuko bimaze kugaragara ko yari afitanye umubano nundi mugabo mu myaka mike ishize.

    Jada yemeye ko hashize imyaka ine n'igice, ubwo we na Will bateganyaga gutandukana yari afitanye umubano na Kanama Alsina kubera ko Will Smith yari yaramwereye kumuca inyuma ngo kuko urushako atari gereza.

    Mu kiganiro 'Will yagiranye n'ikinyamakuru GQ yashyize ukuri hanze avuga ko ari we wahaye uburenganzira umugore we ngo akore icyo ashaka.

    Will yagize ati: 'Jada ntabwo yigeze yemera gushyingirwa bisanzwe… Jada yari afite abo mu muryango bafitanye umubano udasanzwe'. 'Noneho yakuze mu buryo butandukanye cyane n'ukuntu nakuze. Habayeho ibiganiro bitagira ingano, gutunganirwa ni iki? Ni ubuhe buryo bwiza bwo gusabana nk'abashakanye? Kandi ku gice kinini cy'imibanire yacu, gushaka umugore umwe nibyo twahisemo, ntidutekereza ko umuntu umwe umwe ari we wenyine utunganye. 'Twagiye twizerana n'ubwisanzure, twizera ko abantu bose bagomba kwishakira inzira zabo. Kandi gushyingiranwa kwacu ntibishobora kuba gereza. Kuba buri wese yagira umudendezo no kwisanzura, kuri njye, nicyo gisobanuro cyiza cyane cy'urukundo '.

    Smith yavuze ko atazi neza niba amateka ya Jada avuga ko aryamana na Alsina cyangwa amaherezo akaba yarahisemo kutandika kuko yumvaga azavuga gusa ku bitekerezo bye.

    Source : https://yegob.rw/will-smith-avuze-impamvu-yemeye-ko-umugore-we-amuca-inyuma/

  • Perezida wa Tanzania Samia Suluhu yatangiye g… – #rwanda #RwOT

    Ibikorwa byo gufata amashusho y'iyi filime, Perezida Samia Suluhu yabitangiye ku wa Gatandatu tariki 28 Kanama 2021 ahereye mu kirwa cya Zanzibar, aho yari ari mu ruzinduko rw'akazi.

    Kuri iki Cyumweru tariki 29 Kanama 2021, Umuyobozi Ushinzwe Itumanaho mu Biro bya Perezida wa Tanzania, Jaffar Haniu yatangaje ko muri iyi filime Perezida Samia azagaragaza ahantu hatandukanye nyaburanga ba mukerarugendo bashobora gusura.

    Muri iyi filime, hazaba hagaragaramo ibyiza nyaburanga by'ahantu hatandukanye muri Tanzania, ibyerekeye ubugeni ndetse n'umuco, byose bigamije kwamamaza Tanzania ku rwego mpuzamahanga.

    Mu 2018, Perezida Paul Kagame yakoze filime nk'iyi 'The Royal Tour' yerekana ishusho y'ubukerarugendo mu Rwanda ikanavuga byinshi ku buzima bwa Perezida Kagame.

    Perezida Kagame Paul agaragara yereka umunyamakuru Peter Greenberg ibyiza bitatse u Rwanda n'urugendo rw'iterambere ruhanzwe amaso.

    Iyi filime yagizwemo uruhare rukomeye na John Feist wanditse akanayobora imigendekere y'amashusho, Raymond Kalisa wo mu Rwanda wafashije ikipe ya Peter Greenberg, Seth Goldman bafatanyije kuyobora umushinga wa ‘Rwanda The Royal Tour’; Brandon Frazier, umuhuzabikorwa; Kallen Barad.

    John Feist, umwanditsi akaba n'umuyobozi w'amashusho ndetse na Cico Silver wafataga amashusho akoresheje Drone. Hejuru ya bose hari Peter Greenberg Umunyamakuru wamenyekanye kubera gukora inkuru zimbitse ku mibereho y'aba Perezida bakomeye yishingikirije ubukerarugendo.

      Perezida wa Tanzania Samia Suluhu yatangiye gukora filime mbarankuru izwi nka 'The Royal Tour'

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109029/perezida-wa-tanzania-samia-suluhu-yatangiye-gukora-filime-izwi-nka-the-royal-tour-109029.html

  • Shaffy yatangiye gusohora filime igaragaza uko gucana inyuma kw’abashakanye bigira ingaruka ku bana babo #rwanda #RwOT

    By igihe

    Rukundo Arnold uzwi nka Shaffy yatangiye gushyira hanze filime y’uruhererekane yitwa ‘Gashugi’ igamije gukangurira abashakanye kwirinda gucana inyuma kuko bigira ingaruka mbi kuri bo no ku bana babo.