














Hashize amezi arenga 3 mu Rwanda ibikorwa by’imikino byarahagaritswe kubera icyorezo cya COVID-19, kuri ubu Minisiteri ya Siporo yamaze gutangaza ko imikino irimo Tennis, Golf, Cycling… yemerewe gusubukurwa guhera ku wa Mbere tariki ya 8 Kamena 2020.
Ni mu itangazo rya Minisiteri ya Siporo yashyize hanze ishingiye ku myanzuro y’inama y’Abaminisitiri yabaye ku wa 2 Kamena 2020 ku ngamba zafashwe zo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.
Ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima, Minisiteri ya Siporo yatangaje ko hari imikino yemerewe gusubukurwa guhera tariki ya 8 Kamena 2020 ariko ikubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19, izi ngamba zikazasubirwamo nyuma y’iminsi 15.
Iyo mikino ni Tennis, Golf, Cycling, imikino ngororamubiri, gutwara imodoka, Fencing, kugenda n’amaguru(jogging).


Click here for more…
from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

Bamwe mu bakinnyi ba AS Kigali bari mu gihirahiro nyuma y’uko shampiyona isojwe iyi kipe ibafitiye ibirarane by’amezi 2 bakaba batazi igihe bazayishyurirwa, ni mu gihe bamwe basoje amasezerano ya bo batazakomezanya n’iyi kipe.
Abakinnyi baganiriye n’ikinyamakuru ISIMBI batifuje ko amazina ya bo atangazwa, bavuga ko ubu ibintu bitifashe neza kuko baheruka amafaranga y’ukwezi 3, kandi ngo iyi kipe ntiyigeze ihagarika imishahara ya bo ngo babimenye babe baraniteguye.
Nyuma y’uko shampiyona isojwe, bamwe mu bakinnyi basoje amasezerano bo bafite impungenge ko bashobora gutandukana n’iyi kipe batabonye amafaranga ya bo bakoreye, ni mu gihe ubuyobozi bumaze igihe ngo bubizeza ibitangaza.
Yagize ati“nk’ubu shampiyona yararangiye, bamwe ntibakiri abakinnyi ba AS Kigali kuko basoje amasezerano, hari amafaranga y’amezi 2 ubuyobozi budufitiye, ubwo se umuntu yakwizera ko azayabona yarahavuye? Ubuyobozi bwirirwa butwizeza ibitangaza ariko noneho barabuze neza.”
Ubwo twandikaga iyi nkuru twagerageje kuvugana n’umunyamabanga w’iyi kipe, Francis ariko ntibyakunda kuko atabonekaga ku murongo wa telefoni ye ngendanwa.
Click here for more…
from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

Umukinnyi w’umunyarwanda ukinira ikipe ya Yanga mu gihugu cya Tanzania, Sibomana Patrick uzwi nka Papy, yateye utwatsi amakuru avuga ko ashobora kugaruka mu Rwanda nyuma y’uko bivuzwe ko ashobora gutandukana n’iyi kipe.
Mu minsi ishize byavugwaga ko uyu mukinnyi ashobora kwerekeza muri Kiyovu Sports cyane ko ngo umutoza uzaba atoza iyi kipe, Olivier Karekezi ari umwe mu bakinnyi yifuzaga kuba yazakwifashisha.
Amakuru agezweho ubu ni uko bivugwa ko ashobora kuzakinira ikipe ya Rayon Sports umwata utaha w’imikino.
Mu kiganiro yahaye ikinyamakuru ISIMBI, Papy yavuze ko ibyo ari ibihuha na we arimo kubyumva nk’abandi bose cyane ko nta muyobozi n’umwe muri ayo makipe bivugwa amwifuza bigeze baganira.
Yagize ati“amakuru murimo kumva nanjye ndimo kuyumva gutyo, ku ruhande rwa Rayon Sports nta muyobozi ndavugana na we, Kiyovu Sports na yo nta muntu turavugana, ndacyari umukinnyi wa Yanga biramutse bibaye nkatandukana na Yanga muzabimenya.”
Akomeza avuga ko we n’ikipe ye bameranye neza nta kibazo na kimwe gihari mu mwaka umwe ayimazemo.
Yageze muri Yanga muri 2019 avuye muri Mukura VS, hari nyuma yo gutandukana na Shahktyor Soligorsk yo muri Belarus yari yagezemo avuyemuri APR FC.
Click here for more…
from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

Mu gihugu cya Norvege, indege nto itajyamo abapilote ‘drone’ yafashje amashusho y’igice cy’umusozi uriho amazu 8 gikushumuka kigwa mu nyanja. Igitangaje ni uko nubwo byari bigoye gutabara abari muri aya mazu nta muntu wapfuye cyangwa uwakomeretse.
Polisi yo mu mujyi wa Alta muri Norvege ivuga ko yahawe ubutumwa mbere ya kumi z’umugoroba wo ku wa gatatu 3 Kamena 2020 ko hari amazu agiye kugwa mu nyanja. Polisi yahise ihagurutsa kajugujugu ijya gutabara.
Abaturage bavuga ko bagiye kubona bakabona umusozi utangiye kugenda bari mu mazu nk’uko babitangarije ikinyamakuru cyo muri iki gihugu kitwa
Kugeza ubu ntabwo haramenyekana icyateje iyi nkangu, gusa aho yabeye hari ubutaka bw’ibumba ryinshi bituma byorohera inkangu ku butwara.
Anders Bjordal, umuyobozi ushinzwe amazi n’ingufu muri iki gihugu avuga ko kugeza ubu nta muntu baramenya wahitanywe n’iyi nkangu.
Ati “Amazu 8 yazimiriye mu nyanja. Twapimye dusanga iyi nkangu yarakushumutse ahantu hareshya na metero 650.
Anders Bjorke Olsen, umuyobozi wa polisi agira ati “Twakiriye ubutumwa mbere ya saa kumi z’umugoroba ko amazu abiri aguye mu nyanja. Twihutiye guhagurutsa za kajugujugu, imbwa zikora ubutabazi, tumenyesha croix rouge, abasirikare, abaganga n’abashinzwe umuriro natwe abapolisi tujyayo”.
Akomeza agira ati “Twasanze ari byinshi bikeneye ubufasha n’amazu menshi yangiritse. Twakoze ku buryo nta muntu bihitana”.
Click here for more…
from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!
Urukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba, kuri uyu wa 04 Kamena 2020 rwatesheje agaciro ubujurire bwa Leta y’u Burundi yaregeye itorwa ry’umunyarwanda Martin Ngoga ku mwanya w’umuyobozi w’inteko ishinga amategeko y’uyu muryango-EALA. Abacamanza bane kuri batanu bashyigikiye uko itora ryagenze, mu gihe u Burundi bwavugaga ko itora ryakozwe mu buryo bunyuranije n’amategeko.
Mu kwezi kwa karindwi k’umwaka ushize wa 2019 urwego rw’ibanze rw’uru rukiko rwatesheje agaciro ikirego cya Leta y’u Burundi cyavugaga ko Martin Ngoga yatowe bidakurikije amategeko.
Leta y’u Burundi yashyikirije ubujurire bwayo mu kwezi kwa munani umwaka ushize wa 2019 nk’uko bigaragazwa n’inyandiko z’uru rukiko. Inyandiko z’uru rukiko zigaragaza ko Leta y’u Burundi yajuririye uwo mwanzuro ivuga ko urwego rw’ibanze rw’uru rukiko “rwibeshye mu mategeko ntirubone ko ukuriye EALA yatowe hirengagijwe ingingo ya 51(1) igena imikorere y’inteko rusange y’uwo muryango“.
Uyu munsi, uru rukiko rwatangaje ko ubujurire bw’u Burundi bwateshejwe agaciro ku bwiganze bw’abacamanza bane kuri umwe. Mu iburanisha ry’umwaka ushize Bwana Nestor Kayobera uhagarariye u Burundi, yari yavuze ko amatora Martin Ngoga yatorewemo, yabaye intumwa z’u Burundi na Tanzania muri iyi Nteko zidahari.
Bwana Kayobera, yari yavuze ko iryo tora ryanyuranyije n’amahame agenga umubare w’abatora uwo muyobozi n’amahame agenga uyu muryango w’ibihugu. Yasabaga ko amatora asubirwamo.
Martin Ngonga, nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, yatorewe kuyobora inteko ya EALA mu kwezi kwa 12 mu mwaka wa 2017. Uyu mwanya usimburanwaho n’ibihugu bigize umuryango wa EAC buri nyuma y’imyaka itanu.
Munyaneza Theogene / intyoza.com
Click here for more…
from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!