Tag: Latest

  • Abanyarwanda bahinze muri RDC babuze uko bajya gusarura imyaka #Rwanda #RwOT

    By Editor
    Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Kayumba Euphrem yabwiye Kigali Today ko hari abahinzi bari basanzwe bahinga mu gihugu cy’abaturanyi cya RDC ariko ubu batagishobora kujyayo kubera ko imipaka ifunze.
    Kuva mu kwezi kwa Werurwe 2020 ingendo hagati y’u Rwanda na RDC zarahagaze ndetse imipaka irafungwa uretse ku binyabiziga bitwaye ibicuruzwa.
    Ibi ntibyakundiye abaturage bari basanzwe bafite ibikorwa mu gihugu cya RDC ko basubira kubisura, uretse abaturage ba RDC bashatse gusubira mu gihugu cyabo bemerewe gutaha.
    Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi avuga ko batatereranye abaturage ahubwo hari gukorwa ibiganiro ngo harebwe icyakorwa.
    Ati “Turabizi ko bari bafite imyaka kandi yeze bakabura uko bayisarura, ubu turakora ibiganiro kuko igihugu kimwe nticyafungura umupaka ngo abandi bafunge hanyuma abantu begende. Ibyiza ni uko haba ibiganiro bituma imipaka ifungurwa nyuma y’uko tubanje kurwanya icyorezo cya COVID-19.”
    Mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Bugeshi, baturage na bo bafite ubutaka muri RDC ntibashoboye kujya gusarura, icyakora ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buvuga ko icyo kibazo butakizi.
    Bamwe mu bayobozi b’inzego zibanze bavuganye na Kigali Today mu murenge wa Bugeshi bavuga ko hari abaturage bari basanzwe bafite imirima ahitwa Ruhunda na Kibumba muri RDC, ariko badashobora kubona uko bajya kuyisarura bakaba barasabye abaturage baho kuyibacungira.
    Ibikorwa byo gufunga imipaka ntibyahombeje abahinzi bari bafite imyaka muri RDC gusa kuko hari n’Abanyarwanda bari bafiteyo ubucuruzi ubu bafungiweho imipaka mu Rwanda, icyakora bamwe bakoresha inzira zitemewe bagasubira mu bikorwa byabo nkuko bamwe bamaze kugurisha bakagaruka mu Rwanda kubera gutinya umutekano muke i Goma.
    Uturere twa Rusizi na Rubavu ntidutangaza imibare y’abaturage bakorera ubucuruzi mu Mijyi ya Goma na Bukavu bashobora kuba barahagaritse ibikorwa.
    Source : kigalitoday


  • Umwarimukazi yanigishije umusego umwana muto yigisha ahita yitaba Imana #RwoT

    Teacher in Ukraine arrested for murder after tying a ...
    Umwarimukazi wigisha mu ishuri ry’inshuke ryo mu gihugu cya Ukraine witwa Irina Sukhanova w’imyaka 51,yatawe muri yombi nyuma yo gufatwa amashusho atabizi ari kunigisha umusego umwana muto yigishaga.
    Uyu mwarimukazi yabwiye polisi ko yanigishije umusego w’intebe uyu mwana muto ubwo yageragezaga kumucecekesha ubwo yarimo kurira.
    Uyu mugore yafashwe amashusho ari gupfukisha uyu mwana umusego,birangira aheze umwuka bimuvuramo gupfa.
    Irina Sukhanova yatawe muri yombi na polisi yo mu gace kitwa Zaporizhia,nyuma y’aho uyu mwana yagaragaye ari kunigisha umusego,yaje kuruka muri uwo musego ananirwa no guhumeka bimuviramo urupfu.
    Uyu mwarimukazi yishe uyu mwana w’umukobwa witwa Alesya,ku munsi we wa mbere atangiye kwiga mu ishuri ry’inshuke ubwo yariraga akanga guceceka bikababaza uyu mwarimu we.
    Amashusho ya CCTV yafashwe uyu mwarimukazi yagaragaje ari kuzirikira uyu musego mu maso y’uyu mwana ngo asinzire birangira abuze umwuka.
    Polisi yavuze ko ibintu uyu mwana yarutse aribyo byabaye intandaro yo kumuheza umwuka cyane ko ngo isura ye yose yari ipfutse.
    Aho guhamagara ubufasha bw’imbangukiragutabara igitaraganya,uyu mwarimukazi yarwanye no gusiba amashusho ya CCTV gusa ntibyamuhiriye kuko yagiye hanze amubyarira akaga.
    Polisi yakoze ibishoboka byose igarura aya mashusho agomba kuba igihamya mu rukiko kizatuma madamu Irina Sukhanova akanirwa urumukwiriye.
    Uyu mugore akimara kuniga uyu mwana yabwiye ababyeyi b’uyu mwana bamusanze kuri kasho yari afungiwemo ati “Sinjye wishe umwana wanyu.Nageragezaga gufasha umwana wanyu wari waguye kugira ngo atavunika ijosi.Kwari ukumufasha nta kindi nakoze.”
    Irina Sukhanova arashinjwa kwica umwana muto ndetse no gushing ishuri ry’inshuke adakurikije amabwiriza abigenga.

  • USA:Umuforomokazi yanduje coronavirus abirabura benshi,750 barapfa mu rwego rwo kwihorera #RwoT

    Umuforomokazi w’umunyamerika yavuze uburyo yanduje ku bushake coronavirus abirabura bo muri Amerika benshi bashoboka ku buryo abagera kuri 750 bamaze gupfa mu rwego rwo guhorera urupfu rwa musaza we wishwe arashwe n’abanyamerika b’abirabura ubwo barangiza bakamwambura amafaranga bakajya kuyaguramo ibiyobyabwenge.
    Uyu muforomokazi utarashatse ko umwirondoro we utangazwa bitewe n’uko atinya ko yafungwa kubera uburemere bw’ibyo yakoze asabira imbabazi,yandikiye ikinyamakuru 24jours ubuhamya bw’uko yanduje abanyamerika b’abirabura coronavirus ku buryo imaze guhitana 750 abandi bakaba bakirwaye.
    Yandikiye icyo gitangazamakuru agira ati”Mwaramutse mfite ubuhamya bw’ibyo nakoze bitari byiza na gato.Nzi ko mutangaza ubuhamya bw’abasomyi banyu baboherereje.Nizere ko mutangaza ibyo kugira ngo nshobore kwigobotora umutwaro wo kubyikorera njyenyine
    Sinshaka ko umwirondoro wanjye muwutwngaza ndabinginze kuko nshobora gufungwa bitewe n’ibyo nakoze.Kuva icyorezo cya coronavirus cyatangira kushe benshi mu gihugu cyanjye cya Leta zunze ubumwe z’Amerika. Nabuze umukunzi wanjye kubera iyi coronavirus kandi sinzi uko yayanduye.
    Musaza wanjye yakubiswe anaraswa n’itsinda ry’abanyamerika b’abirabura ubwo yari avuye ku kazi atashye iwe bamwiba amafaranga kugira ngo bagure ibiyobyabwenge.Musaza wanjye yari nk’umubyeyi mama na papa kuri njye kandi yari byose nari mfite.Bakimara kumwica narababaye cyane ndarakara ndahira ko nzamuhorera byanze bikunze.
    Kuva musaza wanjye yishwe n’abanyamerika,nafashe umwanzuro ko ngiye gukwiragiza iyi coronavirus mu banyamerika b’abirabura benshi bashoboka kugira ngo nabo bumve ububabare nahuye nabwo bwo kubura uwo nakundaga.Byaranyoroheye gukwirakwiza virusi ku bantu benshi bashoboka, ariko ntabwo nabigaragaza hano kuko ntashaka ko abandi babikora.
    Nkurikije imibare,nanduje virusi ku Banyamerika barenga 750, Abenshi muri bo bakaba bari bageze mu za bukuru.Ntabwo nishimiye kubivuga hano ariko bwari bwo buryo bwonyine bwo guhorera urupfu rw’umuntu nabonaga ko ari papa na mama.
    Nsohoye ibi bindimo bitewe n’ibyo umupolisi Derek yakoreye George Floyd. Nyuma y’ibyumweru by’imvururu na videwo nyinshi nabonye kuri interineti zivuga uburyo Abirabura b’Abanyamerika bafatwa na polisi, ubu nibwo namenye ko bahohoterwa.
    Ariko mu by’ukuri,ikintu cyatumye Abanyamerika birabura bahuye n’ibintu bitandukanye byatumye bamera uko bameze ubu.kandi iki cyuho cyasize benshi muribo batabasha kwiga maze bibatera kwishora mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge.
    Nanze Abanyamerika b’abirabura mbaziza ubusa kandi ndicuza cyane ibikorwa byanjye kandi nizeye ko bazambabarira byose.Kuva natangira gukora mu bitaro, nahitanye benshi batabarika.Kandi nakoze ibyo bitewe no kubura musaza wanjye”.
    Yavuze ko yanditse uku kwicuza no kwatura afite agwlahinda n’amarira menshi Kandi “nzi ko Abanyafurika b’abanyamerika ari abantu beza”.
    Asoza asaba abayobozi batowe Muri Amerika ko bagomba kuvugurura ibintu byinshi kugira ngo habeho uburinganire muri iki gihugu.Bityo ngo guhera ubwo, azafasha Abanyafurika b’Abanyamerika ku buryo bwose bushoboka.
  • Kamonyi: Hari aho amwe mu mabwiriza yo kwirinda Covid-19 adashoboka(amafoto) #RwoT

    By Umwanditsi

    Ni mu Murenge wa Musambira, aho isoko rirema kuwa Gatanu. Isoko ni isoko, guhana intera ( Social Distancing) nibura ya Metero haba mu bacuruzi, haba mu baguzi bigaragara ko bidashoboka ubuyobozi butabigizemo uruhare. Kuri uyu wa 05 Kamena 2020, intyoza.com yageze muri iri soko, aho n’amazi yagenewe gukaraba amenwa isoko rikirimo, abarirema bakinjira nk’abarema isoko bisanzwe.
    Ubwo intyoza.com yageraga muri iri soko mu ma saa cyenda aho byakabaye risa n’iririmo guhundura cyangwa se abantu bagabanuka, nibwo ahubwo benshi bari baririmo, begeranye, ikigero cyo kwambara agapfukamunwa nacyo kiri hasi, nta bayobozi bureba iyubahirizwa ry’amabwiriza yo kwirinda Covid-19 uretse uvugira muri Megafone na DASSO baje bumvise ko umunyamakuru ari mu isoko bagatangira kwibutsa abantu guhana intera no kwambara agapfukamunwa uko bikwiye, hari n’ababwiye umunyamakuru ko bakibagiwe.
    Mu isoko Musambira, iby’agapfukamunwa buri wese abikora uko abishaka.
    Ahashyizwe amazi yo gukaraba naho habiri muri gatatu, yakuweho isoko rikirimo n’abantu bakiryinjiramo ku buryo iyubahirizwa ry’amabwiriza ya Leta mu kwirinda iki cyorezo bigaragarira buri wese ko biri hasi. Abacuruzi ku kigero cy’ibihe bisanzwe niko bagicuruza, bamwe bati” ntawe usiba uretse impamvu bwite”. Ibi ni mu gihe amabwiriza avuga ko nibura 1/2 cy’abari basanzwe aribo bemererwa.
    Bamwe mu barema isoko kimwe n’abacuruzi bavuga ko hari ibidashobora gukunda nko kuba isoko ryaremwa na 1/2. Ibi ngo biragoye kuko nta rutonde rw’abasanzwe barirema ruhari ku buryo bafite n’uko batumwaho ngo mwe muzaze aba ntibazaze.
    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musambira, Madame Mpozenzi Providence abajijwe n’umunyamakuru impamvu amwe mu mabwiriza yo kwirinda Covid-19 atubahirizwa, n’impamvu amazi yakuweho isoko rikirema ndetse no guhana intera( Social distancing) bikaba ntabyo, yavuze ko iby’amazi ngo iyo yakuweho ubwo hakoreshwa za kandagira ukarabe nubwo mu isoko nyirizina ntazihari.
    Aha, abazaga mu isoko nta gukaraba kuko ikidomoro cy’amazi bari bagitwaye isoko rikirema.
    Ati” Ahasigaye buriya bakoresha za kandagira ukarabe basanga mu maduka kuko ntabwo biriya bihahora. Social Distancing yo dushyiramo imbaraga mu gitondo, haba hari abantu benshi cyane ariko nyuma ya saa sita iba ihari kuko hose mba mbona ko nta kibazo gihari ahubwo. Iyo bigeze i saa cyenda biba ari ibisanzwe nta kibazo cyo kwegerana kiba gihari, ntabwo twabyubahiriza 100% nkuko tubyifuza ariko tuba twashyizemo imbaraga”.
    Aho ubona hatose hari amazi bakaraba, ariko bayakuyeho isoko rikirema. 
    Aha naho ni kwirwinjiriro ruri hafi ya Sitasiyo ya Polisi n’ikigobnderabuzima. Amazi yahakuwe hakiri kare.
    Munyaneza Theogene / intyoza.com

  • Imwe mu mikino mu Rwanda yakomorewe

    Hashize amezi arenga 3 mu Rwanda ibikorwa by’imikino byarahagaritswe kubera icyorezo cya COVID-19, kuri ubu Minisiteri ya Siporo yamaze gutangaza ko imikino irimo Tennis, Golf, Cycling… yemerewe gusubukurwa guhera ku wa Mbere tariki ya 8 Kamena 2020.

    Ni mu itangazo rya Minisiteri ya Siporo yashyize hanze ishingiye ku myanzuro y’inama y’Abaminisitiri yabaye ku wa 2 Kamena 2020 ku ngamba zafashwe zo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

    Ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima, Minisiteri ya Siporo yatangaje ko hari imikino yemerewe gusubukurwa guhera tariki ya 8 Kamena 2020 ariko ikubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19, izi ngamba zikazasubirwamo nyuma y’iminsi 15.

    Iyo mikino ni Tennis, Golf, Cycling, imikino ngororamubiri, gutwara imodoka, Fencing, kugenda n’amaguru(jogging).

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Abakinnyi ba AS Kigali mu gihirahiro

    Bamwe mu bakinnyi ba AS Kigali bari mu gihirahiro nyuma y’uko shampiyona isojwe iyi kipe ibafitiye ibirarane by’amezi 2 bakaba batazi igihe bazayishyurirwa, ni mu gihe bamwe basoje amasezerano ya bo batazakomezanya n’iyi kipe.

    Abakinnyi baganiriye n’ikinyamakuru ISIMBI batifuje ko amazina ya bo atangazwa, bavuga ko ubu ibintu bitifashe neza kuko baheruka amafaranga y’ukwezi 3, kandi ngo iyi kipe ntiyigeze ihagarika imishahara ya bo ngo babimenye babe baraniteguye.

    Nyuma y’uko shampiyona isojwe, bamwe mu bakinnyi basoje amasezerano bo bafite impungenge ko bashobora gutandukana n’iyi kipe batabonye amafaranga ya bo bakoreye, ni mu gihe ubuyobozi bumaze igihe ngo bubizeza ibitangaza.

    Yagize ati“nk’ubu shampiyona yararangiye, bamwe ntibakiri abakinnyi ba AS Kigali kuko basoje amasezerano, hari amafaranga y’amezi 2 ubuyobozi budufitiye, ubwo se umuntu yakwizera ko azayabona yarahavuye? Ubuyobozi bwirirwa butwizeza ibitangaza ariko noneho barabuze neza.”

    Ubwo twandikaga iyi nkuru twagerageje kuvugana n’umunyamabanga w’iyi kipe, Francis ariko ntibyakunda kuko atabonekaga ku murongo wa telefoni ye ngendanwa.

    Abakinnyi ba AS Kigali barayishyuza amezi 2

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Papy yasobanuye ibyo kuza gukina mu Rwanda muri Rayon Sports na Kiyovu Sports

    Umukinnyi w’umunyarwanda ukinira ikipe ya Yanga mu gihugu cya Tanzania, Sibomana Patrick uzwi nka Papy, yateye utwatsi amakuru avuga ko ashobora kugaruka mu Rwanda nyuma y’uko bivuzwe ko ashobora gutandukana n’iyi kipe.

    Mu minsi ishize byavugwaga ko uyu mukinnyi ashobora kwerekeza muri Kiyovu Sports cyane ko ngo umutoza uzaba atoza iyi kipe, Olivier Karekezi ari umwe mu bakinnyi yifuzaga kuba yazakwifashisha.

    Amakuru agezweho ubu ni uko bivugwa ko ashobora kuzakinira ikipe ya Rayon Sports umwata utaha w’imikino.

    Mu kiganiro yahaye ikinyamakuru ISIMBI, Papy yavuze ko ibyo ari ibihuha na we arimo kubyumva nk’abandi bose cyane ko nta muyobozi n’umwe muri ayo makipe bivugwa amwifuza bigeze baganira.

    Yagize ati“amakuru murimo kumva nanjye ndimo kuyumva gutyo, ku ruhande rwa Rayon Sports nta muyobozi ndavugana na we, Kiyovu Sports na yo nta muntu turavugana, ndacyari umukinnyi wa Yanga biramutse bibaye nkatandukana na Yanga muzabimenya.”

    Akomeza avuga ko we n’ikipe ye bameranye neza nta kibazo na kimwe gihari mu mwaka umwe ayimazemo.

    Yageze muri Yanga muri 2019 avuye muri Mukura VS, hari nyuma yo gutandukana na Shahktyor Soligorsk yo muri Belarus yari yagezemo avuyemuri APR FC.

    Sibomana Patrick avuga ko ibyo gutandukana na Yanga na we abyumva nk’abandi

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Biteye ubwoba: Umusozi uriho amazu menshi waridutse ugwa mu nyanja

    Mu gihugu cya Norvege, indege nto itajyamo abapilote ‘drone’ yafashje amashusho y’igice cy’umusozi uriho amazu 8 gikushumuka kigwa mu nyanja. Igitangaje ni uko nubwo byari bigoye gutabara abari muri aya mazu nta muntu wapfuye cyangwa uwakomeretse.

    Polisi yo mu mujyi wa Alta muri Norvege ivuga ko yahawe ubutumwa mbere ya kumi z’umugoroba wo ku wa gatatu 3 Kamena 2020 ko hari amazu agiye kugwa mu nyanja. Polisi yahise ihagurutsa kajugujugu ijya gutabara.

    Abaturage bavuga ko bagiye kubona bakabona umusozi utangiye kugenda bari mu mazu nk’uko babitangarije ikinyamakuru cyo muri iki gihugu kitwa

    Kugeza ubu ntabwo haramenyekana icyateje iyi nkangu, gusa aho yabeye hari ubutaka bw’ibumba ryinshi bituma byorohera inkangu ku butwara.

    Anders Bjordal, umuyobozi ushinzwe amazi n’ingufu muri iki gihugu avuga ko kugeza ubu nta muntu baramenya wahitanywe n’iyi nkangu.

    Ati “Amazu 8 yazimiriye mu nyanja. Twapimye dusanga iyi nkangu yarakushumutse ahantu hareshya na metero 650.

    Anders Bjorke Olsen, umuyobozi wa polisi agira ati “Twakiriye ubutumwa mbere ya saa kumi z’umugoroba ko amazu abiri aguye mu nyanja. Twihutiye guhagurutsa za kajugujugu, imbwa zikora ubutabazi, tumenyesha croix rouge, abasirikare, abaganga n’abashinzwe umuriro natwe abapolisi tujyayo”.

    Akomeza agira ati “Twasanze ari byinshi bikeneye ubufasha n’amazu menshi yangiritse. Twakoze ku buryo nta muntu bihitana”.

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Urukiko rwa EAC rwatesheje agaciro ikirego cy’u Burundi ku itorwa rya Martin Ngoga  

    Urukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba, kuri uyu wa 04 Kamena 2020 rwatesheje agaciro ubujurire bwa Leta y’u Burundi yaregeye itorwa ry’umunyarwanda Martin Ngoga ku mwanya w’umuyobozi w’inteko ishinga amategeko y’uyu muryango-EALA. Abacamanza bane kuri batanu bashyigikiye uko itora ryagenze, mu gihe u Burundi bwavugaga ko itora ryakozwe mu buryo bunyuranije n’amategeko.

    Mu kwezi kwa karindwi k’umwaka ushize wa 2019 urwego rw’ibanze rw’uru rukiko rwatesheje agaciro ikirego cya Leta y’u Burundi cyavugaga ko Martin Ngoga yatowe bidakurikije amategeko.

    Leta y’u Burundi yashyikirije ubujurire bwayo mu kwezi kwa munani umwaka ushize wa 2019 nk’uko bigaragazwa n’inyandiko z’uru rukiko. Inyandiko z’uru rukiko zigaragaza ko Leta y’u Burundi yajuririye uwo mwanzuro ivuga ko urwego rw’ibanze rw’uru rukiko “rwibeshye mu mategeko ntirubone ko ukuriye EALA yatowe hirengagijwe ingingo ya 51(1) igena imikorere y’inteko rusange y’uwo muryango“.

    Uyu munsi, uru rukiko rwatangaje ko ubujurire bw’u Burundi bwateshejwe agaciro ku bwiganze bw’abacamanza bane kuri umwe. Mu iburanisha ry’umwaka ushize Bwana Nestor Kayobera uhagarariye u Burundi, yari yavuze ko amatora Martin Ngoga yatorewemo, yabaye intumwa z’u Burundi na Tanzania muri iyi Nteko zidahari.

    Bwana Kayobera, yari yavuze ko iryo tora ryanyuranyije n’amahame agenga umubare w’abatora uwo muyobozi n’amahame agenga uyu muryango w’ibihugu. Yasabaga ko amatora asubirwamo.

    Martin Ngonga, nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, yatorewe kuyobora inteko ya EALA mu kwezi kwa 12 mu mwaka wa 2017. Uyu mwanya usimburanwaho n’ibihugu bigize umuryango wa EAC buri nyuma y’imyaka itanu.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!