Tag: featured

  • Babaho mu munyenga w’urukundo bakanafatanya umurimo w’Imana: Couple z’abaramyi ziririmbana zimaze kwamamara

    Kuva mu mwaka ushize, amatsinda atandukanye mu muziki wo kuramya Imana yatangiye kunguka imbaraga ziganjemo iz’ama-Couple, yashyize hanze ibihangano byakunzwe na benshi.
  • Ibice bimwe by’Umujyi wa Kigali byashyizwe muri Guma mu rugo #rwanda #RwOT






    Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yatangaje ko imidugudu itandatu yo mu Mujyi wa Kigali mu Turere twa Kicukiro na Nyarugenge, igomba kujya muri guma mu rugo mu gihe cy’iminsi 15, kubera icyorezo cya Coronavirus cyatugaragayemo.

    Itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka 
    Anastase,  rivuga ko guhera iri joro, iyo midugudu yashyizwe muri gahunda ya guma
     mu rugo hashingiwe ku “busesenguzi bwakozwe n’inzego z’ubuzima ku cyorezo cya
     Coronavirus mu Mujyi wa Kigali, aho kimaze kugaragara mu duce tumwe tw’Umujyi
     wa Kigali”.
    Iyo midugudu ni:
    -  Kamabuye, Akagari ka Nyarutarama, Umurenge wa Kigarama muri Kicukiro
    -  Zuba, Akagari ka Nyarutarama, Umurenge wa Kigarama muri Kicukiro
    -  Nyenyeri, Akagari ka Nyarutarama, Umurenge wa Kigarama muri Kicukiro
    -  Rugano, Akagari ka Kanunga, Umurenge wa Gikondo muri Kicukiro
    -  Kadobogo, Akagari ka Kigali, Umurenge wa Kigali muri Nyarugenge
    -  Gisenga, Akagari ka Kigali, Umurenge wa Kigali muri Nyarugenge
    Iri tangazo rivuga ko abakozi n’abikorera batuye muri iyi midugudu bose barasabwa 
    gukorera akazi mu rugo ndetse ingendo hagati y’ahashyizwe muri gahunda ya guma
     mu rugo zirabujijwe keretse ku bajya kwivuza cyangwa abafite impamvu zihutirwa.
    Mu bindi bice by’Umujyi wa Kigali harakomeza kubahirizwa amabwiriza yo kwirinda
     Coronavirus yemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 16 Kanama 2020.
    Rikomeza rigira riti “Inzego z’ubuzima zizakomeza kugenzura niba hari n’ahandi 
    hashobora gushyirwa muri guma mu rugo mu gihe bibaye ngombwa”.
    Kugeza ubu, Imirenge ya Kamembe, Nyakarenzo, Mururu n’igice cya Gihundwe igize
     Umujyi wa Kamembe mu Karere ka Rusizi hamwe n’ikirwa cya Nkombo nibyo byari
     muri gahunda ya Guma mu rugo byonyine mu gihugu.
    Kuva umurwayi wa mbere wa Coronavirus agaragaye mu Rwanda, hamaze kuboneka 
    abantu 850 banduye mu bipimo 126 284 bimaze gufatwa, 385 barayikize mu gihe 
    463 bakiri kwitabwaho n’abaganga; babiri barimo umushoferi w’imyaka 65
     n’umupolisikazi nibo bitabye Imana.
    Source : igihe.com

  • Kayonza: Polisi yataye muri yombi umwe mu Basore bari bagiye gutwika Umuryango( w’Abantu). #rwanda #RwOT

    By KASUKU MEDIA

    Ku wa kabiri tariki ya 23 Kamena 2020, Polisi ikorera mu Karere ka Kayonza mu murenge wa Murundi yataye muri yombi umwe mu basore bari bagiye gutwikisha Urutambi, umuryango w’abakobwa babiri banze undi mugenzi we.
    Amakuru avuga ko aba basore ubundi baje ari babiri ariko polisi yahagera umwe agacika. Uyu wacitse rero ngo yakunze aba bakobwa bombi bavukana, nuko bombi baza kumenya ko bateretwa n’umusore umwe bahitamo kumwanga bose. Uyu musore abonye bose bamwanze ahitamo kujya gutereta umwe muri bo amusaba ko yamubera umugore ariko undi arabyanga.
    Uyu mukobwa amaze kwanga uyu musore, yahise agira umujinya mwinshi ahita amanuka mu kirombe asanzwe akoramo acukura amabuye y’agaciro, ahakura urutambi rukoreshwa ruturitsa amabuye, asaba mugenzi we ko amuherekeza gutwika umuryango w’aba bakobwa ngo kuko bamwanze bose, undi nawe arabyemera. Ngo uyu musore yabanje kujya aza gutera ubwoba uyu muryango, akababwira ko azabarimbura bitewe n’uko abakobwa babo bamwanze.
    Nkuko byatangajwe n’umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murundi Jackline, ngo uyu musore yaje ageze hafi y’iwabo w’aba bakobwa ahamagara umwe muri bo, amusaba ko yaza bakaryamana ariko umukobwa arabyanga. Amaze kubyanga umuhungu yahise ahamagara wa Mukobwa amubwira ko agiye kurimbura umuryango we wose.
    Yakomeje avuga ko abaturanyi b’uyu muryango babonye ibyo aba basore bari bafite, bahita bahamara Polisi. Ikihagera uyu nyiri gucura umugambi mubisha yahise acika arirukanka, uwari uje kumufasha ahita afatwa, ndetse ashyikirizwa RIB kugira ngo ahanirwe ibyo yari agiye gukora hakurikijwe amategeko. Uyu wacitse naw ari gushakishwa.
  • Gutumiza imbuto zo guhinga mu mahanga bigiye kuba amateka mu Rwanda

    Minisitiri w’imari n’igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yijeje ko guhera mu gihembwe cy’ihinga A kizatangira muri Nzeri uyu mwaka, u Rwanda rutazongera gutumiza mu mahanga imbuto zo guhinga, nyuma y’imyaka myinshi igihugu gitanga za miliyari mu kuzitumiza.
  • U Rwanda rugiye kongera kwakira inama nyafurika yiga ku by’indege

    Abategura inama nyafurika mu by’indege bemeje amatariki mashya izaberaho aho yavanywe muri Gashyantare 2021 ishyirwa muri Mata uwo mwaka mu kwirinda ko hazagira umuntu unanirwa kuyitabira kubera icyorezo cya Coronavirus, bizeye ko kizaba kitakiri ikibazo ku Isi.
  • Perezida Macky Sall yishyize mu kato nyuma yo guhura n’uwanduye Coronavirus

    Perezida wa Sénégal, Macky Sall, yishyize mu kato nyuma yo guhura n’umuntu wanduye Coronavirus.
  • Amerika yashinje ibigo bikomeye birimo Huawei gukorana n’igisikare cy’u Bushinwa

    Minisiteri y’Ingabo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yashinje ibigo 20 bikomeye mu Bushinwa birimo na Huawei ko ari iby’igisirikare cyangwa se bikaba bifashwa nacyo.
  • Hatangijwe urubuga rwa internet ruzorohereza abashaka guhaha divayi, champagne na liqueur

    Iguriro ryo kuri internet ‘Sagacite Shop’ ryashyizeho uburyo bushya buzafasha abantu kugura ibinyobwa byo mu bwoko bwa Champagne na divayi hifashishijwe ikoranabuhanga, mu gukemura ingorane abacuruzi b’ibi binyobwa bahura nazo cyane cyane muri ibi bihe bya COVID-19.
  • Umunya-Tanzania yavumbuye amabuye y’agaciro abarirwa muri miliyoni 3.35 z’amadolari

    Umucukuzi w’amabuye y’agaciro muri Tanzania, yinjiye mu batunze miliyoni y’amadolari nyuma yo kuvumbura amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Tanzanite afite agaciro ka miliyoni $3.35, angana na miliyari 7.74 z’amashilingi ya Tanzania.
  • Ntitwategeka ibigo by’amashuri gufata inguzanyo zo guhemba abarimu tutazabifasha kwishyura-Mineduc

    Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine, yatangaje ko badashobora gutegeka ibigo by’amashuri yigenga gufata inguzanyo zo guhemba abarimu, cyane ko mu gihe cyo kuzishyura iba itazabifasha uwo mutwaro w’amadeni.