Tag: featured

  • MINEDUC yatangaje uko amasomo azasubukurwa mu mashuri abanza n’ayisumbuye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iyo ngengabihe y’umwaka w’amashuri wa 2020 – 2021 ntigaragaza igihe abiga mu mashuri abanza guhera mu mwaka wa Mbere kugeza mu mwaka wa Gatatu bazatangirira, kimwe ndetse n’abiga mu mashuri y’incuke. Igihe bo bazatangirira ngo bazakimenyeshwa nyuma.

    Dore uko iyo ngengabihe iteye:

    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/amashuri/article/mineduc-yatangaje-uko-amasomo-azasubukurwa-mu-mashuri-abanza-n-ayisumbuye

  • Rutahizamu Cristiano Ronaldo yanduye #COVID19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Portugal ryamaze kwemeza ko rutahizamu Cristiano Ronaldo akaba na kapiteni w’ikipe y’igihugu bamaze kumusangamo icyorezo cya Coronavirus.

    Iyi kipe kandi yahise itangaza ko yakuwe ku rutonde rw’abakinnyi giomba kwifashisha kuri uyu wa Gatatu tariki 14/10/2020 mu mukino bagomba guhuramo na Sweden mu marushanwa ya UEFA Nations League.

    Abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa baheruka gukina mu cyumweru gishize, bo ibipimo bafashwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, byagaragaje ko nta n’umwe wanduye Coronavirus.

    Hari hashize iminsi bitangajwe ko bamwe mu bakinnyi bandi bakina muri Juventus barimo Dybala, Cuadrado, Danilo na Bentancur bari bashinjwe kutubahiriza y’inzego z’ubuzima mu Butaliyani, aho bavuye muri Hotel barimo mu kato igihe kitageze

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/rutahizamu-cristiano-ronaldo-yanduye-covid19

  • Mukura VS iri ku musozo w’ibiganiro n’umufatanyabikorwa wo mu Buholandi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Gasana Jerome, Umuyobozi Mukuru wa Mukura VS (ubanza uhereye ibumoso) ni we uri mu Buholandi mu biganiro bya nyuma n
    Gasana Jerome, Umuyobozi Mukuru wa Mukura VS (ubanza uhereye ibumoso) ni we uri mu Buholandi mu biganiro bya nyuma n’abayobozi b’uruganda MASITA

    Ibiganiro hagati ya Mukura n’uruganda rwa Masita bimaze iminsi biba biravugwa ko impande zombi zenda kugera ku mwanzuro wa nyuma.

    Amakuru agera kuri Kigali Today nuko umuyobozi mukuru wa Mukura ari mu gihugu cy’Ubuholandi mu rwego rwo kunoza ibiganiro ngo hasinywe amasezerano.

    Gasana Jerome usanzwe ushinzwe ubuzima bwa buri munsi bw’iyi kipe ari mu gihugu cy’Ubuhorandi kuva ku munsi w’ejo, aho biteganijwe ko mu masaha ari imbere impande zombi ziza gusinyana amasezerano akubiyemo ingingo zitandukanye zirimo ko uruganda MASITA ruzajya rwambika iyi kipe ndetse rukanashyira iduka ricuruza imyenda ya siporo mu karere ka Huye ari naho iyi kipe isanzwe ifite igicumbi .

    Aya masezerano naramuka ashyizweho umukono bizafasha Mukura kuzigama amafaranga yatangaga ku myambaro y’abakinnyi n’ibindi bikoresho bya Siporo, bizafasha iyi kipe kandi kubona amafaranga azajya ava ku igurwa ry’imyambaro y’abafana niramuka itangiye gushyirwa ku isoko mu gihe uruganda rwa Masita ruzaba rutangiye gukorera i Huye.

    Mu gihe kandi impande zombi ziza kuba zimaze gusinyana aya masezerano MASITA araba ari umufatanyabikorwa wa gatatu Mukura VS isinyanye nawe mu gihe kitarenze amezi abiri kuko yari iherutse gusinyana amasezerano n’uruganda rwa Hyundai inavugurura ayo yari isanganwe na Volcano Express , mu bandi bafatanyibokorwa bafasha iyi kipe harimo n’akarere ka Huye nk’umufatanyabikorwa mukuru w’iyi kipe kiyemeje kuzajya gahemba abakinnyi ku mataliki abakozi b’akarere basanzwe bahemberwaho.

    Uruganda rwa MASITA rwashinzwe mu mwaka wa 1933 rusanzwe rwambika amwe mu makipe atandukanye akomeye nka KAA Gent na Cercle Bruges KSV zo mu gihugu cy’Ububirigi na CSKA Moscou yo mu Burusiya.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/mukura-vs-iri-ku-musozo-w-ibiganiro-n-umufatanyabikorwa-wo-mu-buholandi

  • Ibyiciro by’ubudehe bishya bizatangira gukoreshwa muri Gashyantare 2021 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    LODA yaganiriye n
    LODA yaganiriye n’abanyamakuru ku byiciro bishya by’ubudehe bigiye gushyirwaho

    Nyuma yaho mu kwezi kwa Gashyantare 2021 ni bwo ibyiciro bishya bitanu by’ubudehe bizatangira gukoreshwa mu gihe cy’imyaka itatu guhera icyo gihe, nk’uko LODA yabisobanuriye itangazamakuru kuri uyu wa kabiri tariki 13 Ukwakira 2020.

    Umuyobozi Mukuru wa LODA, Claudine Nyinawagaga avuga ko guhera muri uku kwezi k’Ukwakira 2020 bagiye gutangira kujya muri buri karere, aho bazajya babona amakuru bifashishije abayobozi b’amasibo.

    Nyinawagaga avuga ko abaturage batazongera kurwanira kujya mu cyiciro cy’abatishoboye, bitewe n’uko LODA yasobanuye abakwiriye guhabwa ubufasha, abandi bakaba basabwa kwishakamo ubushobozi.

    Yakomeje agira ati “Mu kwezi kwa Mutarama 2021 ni bwo Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (mu mabwiriza ya Minisitiri) izasobanura neza icyo ibyiciro by’ubudehe bizakoreshwa”.

    LODA yibukije ko icyiciro cya mbere cyitwa A kirimo imiryango yinjiza amafaranga arenze ibihumbi 600 ku kwezi, cyangwa urugo rufite ubutaka burenga hegitare 10 mu cyaro na hegitare imwe mu mujyi.

    Icyiciro cya kabari B, ari na cyo cyateje impaka kubera intera y’ubukungu iri hagati y’abagishyizwemo, kigizwe n’ingo zinjiza amafaranga guhera ku bihumbi 65 kugera ku bihumbi 600 buri kwezi, cyangwa ubutaka guhera kuri hegitare imwe kugera kuri hegitare 10 mu cyaro na metero kare 300 kugera kuri hegitare imwe mu mujyi.

    Umunyamakuru witwa Karegeya yabajije ati “umuntu uhembwa ibihumbi 590, mu mwaka utaha ashobora kunguka agahita ajya mu cyiciro cya mbere A, ariko umuntu uhembwa ibihumbi 65 ashobora kwisanga mu cyiciro cya nyuma ari cyo E mu mwaka umwe, kuki abo bantu bajya mu cyiciro kimwe?”

    Mu kumusubiza, Umuyobozi Mukuru wa LODA yavuze ko urugo rwinjiza amafaranga ibihumbi 65 rushobora kubona iby’ibanze birimo amafunguro no kwiga, ku buryo ngo abakwiye kwitabwaho cyane ari abo mu byiciro bindi.

    Yagize ati “ntiwajya mu byiciro binezeza buri muntu kereka ahari ufashe urugo rwinjiza amafaranga miliyoni ebyiri”.

    Nyinawagaga avuga ko kuba bagiye kujya mu baturage ari byo bizafasha kumenya neza amakuru y’abahungababyijwe n’ibyiciro by’ubudehe byari bisanzweho, kugira ngo bashyirwe muri gahunga y’abagomba gufashwa.

    Karegeya yakomeje abariza abantu bamaze amezi atandatu barambuwe imirimo n’ingamba zo kwirinda Covid-19, icyiciro cy’ubudehe bazashyirwamo.

    Umuyobozi ushinzwe igenamigambi ry’inzego z’ibanze muri LODA, Sibomana Saidi yashubije ko bazashingira ku makuru y’imibereho agezweho ya buri muturage, kandi ko hazabaho kwizera ukuri kw’abaturage, amakuru atangwa n’abayobozi b’amasibo ndetse no gukorana n’imiryango itari iya Leta.

    LODA ikomeza ivuga ko n’ubwo izashingira ku mafaranga cyangwa ingano y’amasambu ishyira abaturage mu byiciro, hazabaho kureba umusaruro uva muri iyo mitungo n’impamvu.

    Iki kigo kivuga ko akamaro k’ibyiciro by’ubudehe bishya ari uko bizafasha Leta kumenya kugira amakuru y’imibereho y’abaturage.

    “Nta muntu uzabirenganiramo, abantu barwaniraga ibyiciro by’abakene bitewe n’ubufasha bahabwaga nko kwivuza, buruse yo kwiga, ariko ibyo byakuweho, bizasobanurwa neza mu mabwiriza ya Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu muri Mutarama 2021”, Nyinawagaga

    Icyiciro cya gatatu C kirimo ingo zinjiza buri kwezi amafaranga kuva ku bihumbi 45 kugera kuri 65,000, cyangwa izifite ubutaka kuva ku gice cya hegitare kugera kuri hegitare imwe mu cyaro, na metero kare 100 kugera kuri 300 mu mujyi.

    Icyiciro cya kane D kibarurirwamo urugo rwinjiza munsi y’amafaranga ibihumbi 45 ku kwezi cyangwa ubutaka buri munsi ya 1/2 cya hegitare mu cyaro no munsi ya metero kare 100 mu mujyi.

    Icyiciro gatanu ari na cyo kigizwe n’abahabwa inkunga y’ibibatunga, ni abantu bageze mu zabukuru, abafite ubumuga cyangwa uburwayi bukomeye, abana b’impfubyi, ndetse n’urugo ruyobowe n’umuntu ukiri umunyeshuri, bigakorwa mu gihe aba bose baba nta handi bakesha imibereho.

    LODA yaganiriye n
    LODA yaganiriye n’abanyamakuru ku byiciro bishya by’ubudehe bigiye gushyirwaho


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/ibyiciro-by-ubudehe-bishya-bizatangira-gukoreshwa-muri-gashyantare-2021

  • Inka ntihatirwa amazi, irayegerezwa aho ibishakiye igasomaho – Impuguke mu bworozi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Joseph Nshokeyinka ushinzwe gahunda yo kugaburira amatungo no kuvugurura icyororo mu mushinga wa Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi uteza imbere ubworozi bw’inka zitanga umukamo (RDDP), ni umwe mu bavuga ko akamenyero aborozi b’inka bafashe ko kuzihera amazi ku masaha atari byo.

    Agira ati “Benshi mu borozi bakunda kwibagirwa amazi, kandi burya inka ntikwiye kuyagenerwa. Ahubwo ikwiye guhorana amazi, aho iyashakiye ikayanywa. Iyo inka yariye ibirimo ibitera imbaraga n’ibyubaka umubiri, ukayongereraho n’ibiryo byo mu nganda, ukayiha amazi n’umunyu, iba ifite igaburo ryiza, ryuzuye.”

    Ibitera imbaraga Nshokeyinka avuga, biboneka mu byatsi nk’urubingo cyangwa ibindi biteye nka rwo, ni ukuvuga ibyatsi bifite amababi maremare. Ibyubaka umubiri byo amatungo abikura mu byatsi byera imisogwe, urugero nk’ibisigazwa by’ibishyimbo byatonowe cyangwa byahuwe, cyangwa ibindi byatsi bihingirwa amatungo nka desmodium.

    Nshokeyinka anavuga ko iyo umworozi ufite inka y’umukamo ayihaye ikilo kimwe cy’ibiryo byazigenewe byo mu nganda, umukamo uzamukaho litiro ebyiri. Na none ariko ngo ibi biryo byo mu nganda ntibikwiye kuba byinshi, kuko hari igihe bitayimerera neza, cyangwa se na none bigahombya umworozi kuko hari urugero rw’umukamo inka iba itarenza bitewe n’ubwoko bwayo.

    Peter Habineza, umukozi wa Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi mu Karere ka Nyanza, yongeraho ko ubundi ubwatsi ari bwo inka ikwiye guherwa ku masaha azwi, adahindagurika, kandi ko na byo biri mu bituma itanga umusaruro mwiza.

    Ati “Si ngombwa ko inka igaburirwa buri kanya. Agomba kuyiha ubwatsi ku masaha, niba ari mu gihe cya mu gitondo akayigaburira ku gasusuruko, akayiha ubwatsi buhagije, yarangiza akayireka akaza kuyongera izuba rihumbye. Ubundi hagati aho ngaho ikanywa amazi. Icyo gihe itanga umusaruro.”

    Yongeraho ko inka itanga umukamo itakagombye kubyibuha cyane. Ati “Inka y’umukamo ntiyakagombye kubyibuha cyane. Iyo ibaye nini cyane bituma igira igihagararo cyiza ariko ntibiyifasha kugira umusaruro.”

    Ni na yo mpamvu ngo inka igomba kugaburirwa ibitarenze urugero byatuma yishimira kubyibuha ntitange umukamo.

    Naho ku bijyanya n’ingano y’ibyatsi inka igomba kurya, Nshokeyinka avuga ko igihe ihawe ibyatsi byiza, birimo intungamubiri zihagije, yagombye kurya ibipima 3,5% by’ibiro ifite, igahabwa ibipima 4% by’ibiro ifite igihe ihawe ibyatsi bitari byiza cyane, urugero nk’ibishaje bitacyifitemo intungamubiri zihagije.

    Mu buryo bwumvikana kurushaho, ngo inka nkuru yagombye guhabwa byibura imiba itatu igaragara ku munsi. Umuba ugaragara ni uwikorerwa n’umuntu w’umugabo, ufite imbaraga.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuhinzi/ubworozi/article/inka-ntihatirwa-amazi-irayegerezwa-aho-ibishakiye-igasomaho-impuguke-mu-bworozi

  • Kohereza Kabuga Arusha cyangwa i La Haye, ubutabera mpuzamahanga burasabwa gufata icyemezo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Urukiko rusesa imanza rwo mu Bufaransa, ku itariki 30 Nzeri 2020 ni bwo rwemeje gushyikiriza urubanza rwa Kabuga urwego rwasigaranye inshingano zo kurangiza imanza z’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (MTPI), nyuma yo gutabwa muri yombi muri Gicurasi amaze imyaka 25 ashakishwa n’ubutabera mpuzamahanga.

    Mu iteka ryarwo, urukiko rusesa imanza rw’u Bufaransa ari na rwo rwego rusumba izindi mu butabera bw’iki gihugu, rwemeje umwanzuro w’icyemezo cyafashwe muri Kamena n’urukiko rw’ubujurire rwa Paris, rwavuze ko nta nzitizi z’ubutabera cyangwa z’ubuzima zihari zishobora kubangamira iyoherezwa rya Kabuga akajyanwa Arusha muri Tanzania, ahari ishami ry’urwego MTPI kuburanishwa ku byaha ashinjwa bya Jenoside n’ibyibasiye inyoko muntu.

    Uhereye ku itariki 30 Nzeri 2020, u Bufaransa bwari busigaranye iminsi 30 kugira ngo bumushyikirize urukiko rwa Arusha.

    Hagati aho ariko inkuru dukesha TV5Afrique, iravuga ko uwunganira Kabuga mu butabera Me Emmanuel Altit, yabwiye ibiro ntaramakuru by’u Bufaransa (AFP) ko yasabye urwego MTPI “ashingiye ku mpamvu z’ubuzima bw’uwo yunganira butameze neza, kuba ageze mu za bukuru no kuba muri Tanzania hari icyorezo cya Covid-19”, yakoherezwa La Haye aho kujyanwa Arusha.

    Umushinjacyaha wa MTPI, Serge Brammertz, yashyigikiye icyo cyifuzo ariko bitari ibya burundu, mu cyemezo cyo ku itariki 6 Ukwakira 2020 ubwo yaganiraga na AFP, akavuga ko Kabuga yagombaga “mbere na mbere” kujya i La Haye kugira ngo abanze asuzumwe “n’umuganga utari uwa leta”.

    Impamvu yabyo nk’uko umushinjacyaha Brammertz yabisobanuye, ngo ni ukugira ngo babanze barebe niba uko ubuzima bwe buhagaze bitamugora koherezwa no gufungirwa muri Tanzania.

    Kugeza ubu igitegerejwe ni icyemezo cya burundu kigomba gufatwa n’umucamanza wa MTPI kuri icyo cyifuzo ku itariki itari yamenyekana.

    Félicien Kabuga w’imyaka 87 nk’uko ibyangombwa afite bibigaragaza, yatawe muri yombi ku itariki 16 Gicurasi 2020 mu gace kitwa Asnières-sur-Seine i Paris mu Bufaransa; arashinjwa kugira uruhare mu gutera inkunga y’ibikoresho n’amafaranga byakoreshejwe mu gushyira mu bikorwa Jenoside no kurema umutwe w’abicanyi biyise Interahamwe, bagize uruhare nyamukuru muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

    Ibyaha byose Kabuga ashinjwa n’ubutabera mpuzamahanga ni birindwi (7), ariko byose arabihakana.

    source https://www.kigalitoday.com/ubutabera/jenoside/article/kohereza-kabuga-arusha-cyangwa-i-la-haye-ubutabera-mpuzamahanga-burasabwa-gufata-icyemezo

  • Gasogi United mu isura nshya igiye gutangira umwiherero (AMAFOTO) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu gihe hamaze gusubukurwa ibikorwa hafi ya byose bya siporo, ndetse amakipe menshi akaba yaranatangiye umwiherero, ikipe yari itahiwe kugeza ni ikipe ya Gasogi United.

    Iyi kipe biteganyijwe ko iza gupimisha abakinnyi bayo, abatoza ndetse n’abandi bakozi kuri uyu wa Gatatu tariki 14/10/2020, ikazahita inatangira umwiherero ndetse n’imyitozo kuri uyu wa Gatandatu, hagamijwe kwitegura umwaka w’imikino wa 2020/2021.

    Gasogi yongeyemo abakinnyi barimo n
    Gasogi yongeyemo abakinnyi barimo n’umunyezamu Mazimpaka Andre wavuye muri Rayon Sports

    Iyi kipe yamaze gusinyisha abakinnyi barenga icumi iratangaza ko intego zayo uyu mwaka w’imikino harimo guhatanira ibikombe bikinirwa mu Rwanda, ndetse no kuba yazagaragara mu makipe azasohokera u Rwanda mu mwaka w’imikino utaha.

    Babinyujije kandi ku rubuga rwayo rwa Twitter iyi kipe yagaragaje imyambaro mishya bazifashisha mu mwiherero, mu gihe batangaza ko bategereje indi myambaro mishya izifashishwa muri uyu mwaka w’imikino ugiye gutangira.

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/gasogi-united-mu-isura-nshya-igiye-gutangira-umwiherero-amafoto

  • Abanyarwanda bajyana imyaka i Goma bamaze guhomba miliyoni 100Frws #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umupaka muto uhuza Goma na Gisenyi
    Umupaka muto uhuza Goma na Gisenyi

    Uwabonampuze Musa uyobora koperative icuruza imyaka izwi nka ‘KOTIHEZA’ mu Karere ka Rubavu, avuga ko mu bihe bya COVID-19 Abanyarwanda bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bahombye amafaranga menshi.

    Uwabonampuze avuga ko bari basanzwe bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka aho bakuraga imyaka mu Mujyi wa Goma cyangwa bakayijyanayo, ariko kugira ngo bakore ubucuruzi neza, bagiranye amasezerano na Koperative zo mu Mujyi wa Goma kugira ngo boroshye ubucuruzi.

    Agira ati “Kubera ruswa ziba mu gihugu cya Kongo, twasanze kugirana amasezerano byadufasha, twemeranya ko imyaka ya Koperative y’AbanyeKongo iri mu Rwanda tuyikurikirana nk’iyacu ntigire ikibazo, na bo bemera ko imyaka yacu iri ku butaka bwa Kongo bayikurikirana nk’iyabo”.

    Yari amasezerano meza ku mpande zombi kuko byatangaga umutekano ku bicuruzwa, ariko igihe cya COVID-19 kigeze ngo Abanyekongo bahindutse Abanyarwanda.

    Agira ati “Aho COVID-19 iziye imipaka igafungwa, ibibazo byaravutse, ubuyobozi bw’akarere bwemeje ko umucuruzi umwe aherekeza imyaka n’umushoferi bajya muri Kongo bagacuruza bakagaruka, ariko icyorezo cyakomeje kwiyongera, ubuyobozi bwemeza ko umuntu wagendaga aherekeje imyaka ahagarara ahubwo hakagenda umushoferi gusa”.

    Abacuruzi bo mu Rwanda babyumvise, bakoze inama bemeza ko bagomba kwirinda icyorezo cya COVID-19 no gukumira ko kiyongera mu Rwanda bahitamo gukorana n’Abanyekongo.

    Agira ati “Twahuye n’abacuruzi ba Goma, twumvikana ko umushoferi wo mu Rwanda yazajya abashyira imyaka bakagurisha bakaduha amafaranga nk’uko na bo bafite ibyo bohereza mu Rwanda, twajya tubyakira tugashyira mu bikorwa amasezerano twagiranye”.

    Nubwo bagiranye amasezerano, Abanyekongo ntibayubahirije ahubwo bahise bicamo ibice bibiri, kimwe kiza mu Rwanda ikindi kiguma muri Kongo.

    Musa avuga ko uko icyorezo cyakomeje kwiyongera byageze n’aho nta muntu wemerewe kuva mu Rwanda, hemezwa ko abashoferi batwara ibicuruzwa ku mupaka bajya mu kato bakageza umuzigo ku mupaka ariko ntibemererwe kwambuka umupaka, umuzigo ugafatwa n’Abanyekongo.

    Aha ni ho Abanyarwanda batangiye guhura n’ibihombo kuko Abanyekongo batangiye kwica amasezerano.

    Musa agira ati “Abanyarwanda akazi kasigaye ari ako gushaka imyaka bakayijyana ku mupaka, ubundi igatwarwa n’Abanyekongo, ariko iyo umuzigo wageraga muri Kongo umucuruzi waho yatangiraga kuwutesha agaciro”.

    Akomeza agira ati “Yatangiraga kuguhamagara akubwira ko ibiciro byagabanutse, ibicuruzwa ibiro bituzuye, ndetse ibicuruzwa byangiritse, ugasanga wowe wohereje umuzigo uhuye n’igihombo utaranacuruza kuko n’ubundi utabigarura mu Rwanda. Ibi na byo byiyongeyeho ko no kukoherereza amafaranga baguhaga atuzuye, ubundi akagukata hamwe no kuburira mu nzira”.

    Musa avuga ko Abanyarwanda babaye ibikoresho by’Abanyekongo, aho bazana ibiciruzwa bashyizemo magendu yagera ku mupaka Abanyarwanda babitumije bagahanwa n’ikigo cy’imisoro, kandi nta Munyarwanda wambutse ngo ashyiremo iyo magendu.

    Abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubera COVID-19, abayobozi bashinzwe imisoro n’amahoro hamwe n’urwego rw’abinjira n’abasohoka, bakwiye gufasha abacuruzi bo mu Rwanda batumiza ibicuruzwa muri Kongo.

    Musa ati “Twifuza ko Abanyekongo bajya basorera mu gihugu cyabo ibicuruzwa bazanye mu Rwanda, n’Abanyarwanda bakemererwa gusorera ibicuruzwa batumije muri Kongo bigeze mu Rwanda, kuko byakuraho ibihombo dutezwa n’Abanyekongo bashyira mu bicuruzwa magendu tukabihanirwa, kimwe no gusora umusoro w’igice na byo tukabihanirwa”.

    Abanyarwanda bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka bavuga ko COMESA n’inzego zishinzwe ubucuruzi mu Rwanda zahuza zabahuza n’AbanyeKongo, kugira ngo amasezerano yo gukurikirana imyaka mu gihugu akomeze kubahirizwa, kuko byakuraho igihombo Abanyarwanda bahura na cyo, bikaba byatuma n’AbanyeKongo baje gukorera mu Rwanda basubira mu gihugu cyabo.


    source https://www.kigalitoday.com/ubukungu/ubucuruzi/article/abanyarwanda-bajyana-imyaka-i-goma-bamaze-guhomba-miliyoni-100frws

  • Minisitiri Ngamije yasobanuye impamvu abagenzi bongerewe mu modoka za rusange #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubu mu modoka zitwara abagenzi mu buryo rusange, imyanya yo kwicaramo izajya yicarwamo 100%
    Ubu mu modoka zitwara abagenzi mu buryo rusange, imyanya yo kwicaramo izajya yicarwamo 100%

    Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije, mu kiganiro yagiranye na RBA kuri uyu wa 13 Ukwakira 2020, yasobanuye impamvu icyo cyemezo cyafashwe.

    Agira ati “Icyo ni kimwe mu byemezo bifatwa kugira ngo twongere dusubize ubukungu bw’igihugu mu buryo, ariko dukomeza kwirinda Covid-19. Ni ukuvuga ko mu modoka zitwara abagenzi, abantu bicara mu myanya yose ariko bakubahiriza amabwiriza asanzwe yo kwirinda nko kwambara agapfukamunwa neza, gusukura intoki, gufungura ibirahure, kandi mu modoka hakabamo umuntu ureba ko ayo mabwiriza akurikizwa”.

    Ati “Iyo abantu bicaye bambaye neza udupfukamunwa, ibyago byo kwandura Covid-19 biba ari bike. Gusa mu modoka zitwara n’abagenzi bahagaze, ho bagomba guhana intera, abahagarara bakaba 50%. Kwirinda ni ngombwa kuko nubwo icyo cyemezo cyafashwe, icyorezo kiracyahari”.

    Minisitiri Ngamije yagarutse kandi ku cyemezo cyafashwe cyo kongera isaha ya mu gitondo y’uko abantu bazinduka bajya mu mirimo.

    Ati “Hemejwe ko abantu batangira akazi kare, aho gutangira kugenda saa kumi n’imwe bikaba saa kumi za mu gitondo. Byatewe n’ibyifuzo bya benshi, nk’abacuruzi n’abandi bakunda kuzinduka cyane bajya mu mirimo yabo, byagaragaye rero ko nta ngaruka byateza ku ngamba zo kwirinda Covid-19”.

    Icyakora isaha isanzwe yo guhagarika ingendo nijoro ya saa yine mu rwego rwo gukomeza kwirinda icyorezo, yo ntiyahindutse.

    Ikindi Minisitiri Ngamije yasobanuye ni ikijyanye n’uko umubare w’abitabita inama wavuye kuri 30% ugashyirwa kuri 50%.

    Dr Ngamije Daniel, Minisitiri w
    Dr Ngamije Daniel, Minisitiri w’Ubuzima

    Ati “Ibyo na byo byashingiwe ku bipimo turimo kubona byerekana ko ubwandu burimo kugabanuka, bitavuze ko indwara yashize, iracyahari. Ariko na none uko ubwandu bugabanuka kubera ko abantu bubahiriza amabwiriza, hari ibintu bigomba guhinduka kugira ngo tujyane n’uburemere bw’ikibazo”.

    Ati “Niba rero abitabira inama bari mu cyumba bicaye ari 50 aho kuba 100 bahwanye n’ubushobozi bwacyo, birumvikana ko baba bahanye intera ihagije ku buryo ibyago byo kwandura tuba twagerageje kubigabanya”.

    Icyakora nubwo hari ibigenda byoroshywa mu gusubira mu buzima busanzwe, hari bimwe mu bikorwa bigifunze birimo utubari, imikino y’amahirwe, amashuri yo gutwara ibinyabiziga n’ibindi. Abari muri iyo mirimo bakifuza ko na bo bashyirirwaho ibyo bagomba kuzuza bityo bagakomorerwa.

    Ingamba zavuzwe muri iyo Nama y’Abaminisitiri yaraye ibaye, zizongera kuvugururwa nyuma y’iminsi 15 hashingiwe ku isesengura ry’inzego z’ubuzima.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/minisitiri-ngamije-yasobanuye-impamvu-abagenzi-bongerewe-mu-modoka-za-rusange