Blog

  • Umuramyi Divine Muntu ndirimbo ‘Igicaniro’ yanditswe na Antoinette Rehema #rwanda #RwOT

    Umuramyi Divine Nyinawumuntu yasohoye indirimbo nshya ”Igicaniro” ikubiyemo ubutumwa bwibutsa abantu kwegera Imana.

    Ni indirimbo yasohotse ku wa Gatanu tariki 29 Gicurasi 2026.

    Aganira n’itangazamakuru, Divine Muntu yavuze ku mvano y’iyi ndirimbo yanditswe na Antoinette Rehema.

    Ati ”Antoinette Rehema yambwiye ko mu minsi yashize mwuka wera yamugendereye amwibutsa ko abantu bakwiye kwegera igicaniro ndetse no kwiyeza(gukaraba)
    Gusa nyuma yo gusenga Imana yaje guhishurirwa ko Divine ariwe ugomba gutambutsa ubu butumwa.”

    Iyi ndirimbo yibutsa abatuye mu Isi yose gukorera uwiteka batinya bahinda umushyitsi kuko Imana idaterana n’ibyanduye kuko Uwiteka ari uwera.

    Inakubiyemo amashimwe aremereye ku Mana ku bw’imirimo ikomeye ikora ku bantu mu bihe bitandukanye aho uyu muhanzi yibutsa abantu gupfukamira Imana bakayigezaho ijwi ry’ishimwe.

    Divine Muntu ni umwe mu baramyi bamaze kugaragaza impano idasanzwe mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana akaba umwe mu bahanzi bazwiho kugira ijwi ridasanzwe.

    Yanyuze mu makorali atandukanye kuva mu bwana bwe nyuma aza kwinjira mu mwuga wo kuririmba ku giti cye mu mwaka wa 2022 ubwo yigaga mu mwaka wa kane w’amashuli yisumbuye. Mu mwaka wa 2023 nibwo yinjiye muri Trinity For Support label yashinzwe na Uwifashije Frodouard(Obededomu).

    Kuri ubu amaze gushyira hanze indirimbo zirimo; Mbeshejweho, Urugendo, Irembo, Lahayiroyi, Hozana ndetse na Igicaniro yasohotse kuri ubu.

    Mu kwezi kwa Mutarama 2026 Uyu muramyi yashakanye na Uwitonze Benjamin umuririmbyi wa Holy Nation Choir ADEPR Gatenga akaba umwe mu bagaragara mu mashusho y’iyi ndirimbo.

    Uyu muramyi akaba yatangaje ko kuri ubu iki ari igihe cyo kurushaho kwagura umuhamagaro we.

    Divine Muntu yasohoye indirimbo Igicaniro

    Divine Muntu asigiye akora umuziki ku giti cye

    Source : http://isimbi.rw/umuramyi-divine-muntu-ndirimbo-igicaniro-yanditswe-na-antoinette-rehema.html

  • Hasabwe ko kwibuka abana bishwe muri Jenoside ku rwego rw'igihugu byajya bibera i Karongi – #rwanda #RwOT

    Hari mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 abana n’abagore ku rwego rw’Akarere cyabereye mu Bitaro Bikuru bya Kibuye ku wa 31 Gicurasi 2026, gihuzwa no kwibuka abarwayi, abarwaza, abakozi n’abaganga b’Ibitaro Bikuru bya Kibuye bishwe muri Jenoside.

    Perezida wa Ibuka mu Karere ka Karongi, akaba na Perezida w’Inama Njyanama y’aka Karere, Ngarambe Vedatse yavuze ko Kayishema Clement wari Perefe wa Kibuye, wateguye akanashyira mu bikorwa umugambi wo kurimbura Abatutsi bo ku Kibuye mu minsi irindwi yari umuganga.

    Kayishema ni we wasabye Abatutsi guhungira muri Stade Gatwaro, ababeshya ko ari ho bari bucungirwe umutekano nyamara ari umugambi wo kubicira hamwe. Ni ko byagenze kuko abarenga ibihumbi 15 biciwe muri iyo stade tariki 18 Mata 1994.

    Uwo munsi ababyeyi bahishe abana amasasu yica ababyeyi abana barakomereka, ubwicanyi buhosheje abana basimbuka igipangu cya Stade bagwa mu bitaro.

    Mu minsi yakurikiyeho Jean Kambanda wari Minisitiri w’Intebe wa yiyise iy’Abatabazi yagiye ku Kibuye mu nama y’abavuga rikijyana barenga 180, Umuganga wo mu Bitaro bya Kibuye amubwira ko bafite abana benshi b’inkomere bashonje, amubaza ni ba ntacyo Leta yabafasha mu kwita kuri abo bana. Kambanda yanditse agapapuro ngo icyo kigabo kivuge kivuye aho. Iteka riratangwa uwo munsi inama ikirimo abana barenga 100 bicirwa aho bari bari kwitabwaho.

    Ngarambe ati ‘Aha ni habe ahiciwe abana benshi mu Rwanda, twe kubibuka twibuka n’abarwaza. Tugire umunsi wo kwibuka abagore n’abana tubihe agaciro ku rwego rw’igihugu’.

    Nyinawagaga Clemence wari ufite imyaka 14 uri mu bana barokotse ubwicanyi bwakorewe abana muri ibi bitaro, avuga ko bikwiye ko Karongi ihabwa umwihariko mu kwibuka abana n’abagore ku rwego rw’igihugu kuko ari ho hiciwe abana benshi mu Rwanda.

    Depite Uwamariya Odette yavuze ko icyifuzo cy’uko i Karongi hajya hibukirwa abana ku rwego rw’igihugu yumva inzego zazabiganiraho.

    Ati ‘Natwe twabyumvise, tuzakorana n’ababishinzwe kugira ngo icyo gitekerezo n’icyifuzo mwagize, gikomeze gukorerwa ubuvugizi’.

    Imibare yerekana ko mu Bitaro bya Kibuye hiciwe abana 400 barimo abarenga 100 bishwe umunsi umwe.

    Ubusanzwe kwibuka abana n’abagore ku rwego rw’Akarere ka Karongi byahuzwaga no kwibuka abarwayi, abarwaza, n’abakozi b’Ibitaro bya Kibuye bishwe muri Jenoside, ariko ubuyobozi bw’Akarere bwatangaje ko guhera umwaka utaha buri cyiciro kizajya cyibukwa ukwacyo.

    Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Kibuye, Dr Ayingeneye Viollette yavuze ko kuba abana n’abagore bagiye kujya bibukwa n’abarwayi n’abakozi b’ibitaro n abo bakibukwa ukwabo bizatuma amateka ya buri cyiciro abona umwanya uhagije wo gusobanurwa neza.

    Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Karongi basabye kwo kwibuka abana ku rwego rw’igihugu byajya bibera muri aka karere

    Perezida wa Ibuka mu Karere ka Karongi, Ngarambe Vedaste yasabye ko kwibuka abana ku rwego rw’igihugu byajya bibera i Karongi

    Nyinawagaga Clemence warokotse ubwicanyi bwakorewe abana mu Bitaro bya Kibuye asanga bikwiye ko kwibuka abana bikorerwa i Karongi kandi bigahabwa umwihariko ku rwego rw’igihugu

    Abimana Mathias watanze ikiganiro cy’amateka yasabye uruhare rwa buri wese mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside

    Umuyobozi w’Ibitaro bya Kibuye, Dr Ayingeneye Viollette yanenze abaganga batatiriye inshingano yo kuvura bakica Abatutsi muri Jenoside

    Depite Uwamariya Odette yavuze ko icyifuzo cy’uko ku rwego rw’igihugu kwibuka abana byajya kibera i Karongi yumva gikwiye kuganirwaho


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/hasabwe-ko-kwibuka-abana-bishwe-muri-jenoside-ku-rwego-rw-igihugu-byajya-bibera

  • Mu maso ya Perezida Kagame RSSB Tigers yahigitse Petro de Luanda yegukana BAL 2026 (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Ikipe ya RSSB Tigers BBC ihagarariye u Rwanda yanditse amateka muri Basketball Nyafurika nyuma yo kwegukana igikombe cya Basketball Africa League (BAL) 2026, itsinze Petro de Luanda yo muri Angola amanota 90-89 ku mukino wa nyuma wabereye muri BK Arena kuri iki Cyumweru.

    Uyu mukino wari witabiriwe n’abarimo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, wabereye imbere y’abafana benshi bari buzuye BK Arena bashyigikiye ikipe yabo kugeza ku munota wa nyuma.

    Petro de Luanda yatangiye umukino yihagazeho cyane, ndetse ibasha gushyiramo amanota 17 yikurikiranya RSSB Tigers itarabona inota na rimwe.

    Nyuma y’intangiriro itoroshye, ikipe yari ihagarariye u Rwanda yagarutse mu mukino buhoro buhoro ibifashijwemo n’abakinnyi barimo Craig Randall II, Axel Mpoyo na Dieudonne Ndayisaba Ndizeye.

    Agace ka mbere karangiye Petro de Luanda iyoboye amanota 27-16, ariko RSSB Tigers yagaragaje impinduka zikomeye mu gace ka kabiri, aho yatsindaga cyane amanota atatu. Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye iyoboye n’amanota 42 kuri 37.

    Mu gace ka gatatu, amakipe yombi yakomeje guhangana bikomeye, ariko RSSB Tigers ikomeza kuguma imbere n’amanota 61 kuri 59. Mu gace ka nyuma, Petro de Luanda yongeye gufata umwanya wa mbere mu mukino, gusa RSSB Tigers ntiyacitse intege.

    Mu minota ya nyuma y’umukino, Craig Randall II yongeye kwigaragaza atsinda amanota y’ingenzi yafashije ikipe ye gusubirana ubuyobozi bw’umukino no kuwusoza itsinze ku manota 90 kuri 89, ihita yegukana igikombe cya BAL 2026.

    Craig Randall II yabaye intwari y’uyu mukino nyuma yo gutsinda amanota 33, anatorwa nk’Umukinnyi Mwiza w’Irushanwa (MVP) rya BAL 2026. Yarushije abandi bari bahatanye harimo mugenzi we Mangok Mathiang ndetse n’abakinnyi ba Petro de Luanda, Childe Dundao na Pedro Gakou.

    Si ibyo gusa kuko umutoza wa RSSB Tigers, Henry Denis Mwinuka, nawe yahembwe nk’Umutoza Mwiza w’Umwaka nyuma yo gufasha iyi kipe kugera kuri aya mateka akomeye.

    RSSB Tigers yari yageze ku mukino wa nyuma isezereye Al Ahly yo mu Misiri muri 1/2, mu gihe Petro de Luanda yari yasezereye Al Ahly yo muri Libya.

    Perezida Kagame yarebye uyu mukino

    Abafana bari benshi

    RSSB Tigers yegukanye Bal

    RSSB Tigers yanditse amateka yegukana BAL

    Source : http://isimbi.rw/mu-maso-ya-perezida-kagame-rssb-tigers-yahigitse-petro-de-luanda-yegukana-bal-amafoto.html

  • Abandi bihangane, n’iyo biba bitanu APR FC twari kubitwara – Gen Mubarakh Muganga #rwanda #RwOT

    Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda akaba n’umwe mu bayobozi b’icyubahiro ba APR FC, Gen Mubarakh Muganga, yavuze ko APR FC ari ikipe ihatanira ibikombe rero n’iyo biza bitanu bari kubyegukana.

    Ibi yabigarutseho kuri iki Cyumweru tariki ya 31 Gicurasi 2026 mu muhango wo gushyikiriza APR FC igikombe cya Shampiyona ya 2025-26 yegukanye.

    Gen Mubarakh Muganga yavuze ko abakunzi ba APR FC bakwiye kwitegura kwakira ibikombe kuko ubu nibwo bikiza, andi makipe abe yihanganye.

    Ati “Icyo nabwira abafana n’abakunzi ba APR FC ni uko ubu ari bwo ibikombe byajya kuza, abandi bihangane, APR FC ihora iharanira ibikombe.”

    APR FC ikaba muri uyu mwaka ibikombe bitatu byose byakiniwe yarabyegukanye, Shampiyona, icy’Amahoro ndetse na Super Cup.

    Yavuze ko kuba baratwaye bitatu ari uko ari byo bakiniye n’aho n’iyo biba bitanu, bari kubitwara.

    Ati “Nabaraga bitatu ariko mvuga ngo bibaye na bitanu twakabaye tubitwara, ariko kuko ari bitatu ndashimira abasore banjye bakoze ibishoboka byose bakabiduha uko byakabaye, ubwo rero niyo babigira bitatu twabijyana, nibagira bitanu nabyo twabijyana.”

    Abajijwe icyo Al Hilal SC na Al Merrikh SC, amakipe yakinaga nk’abashyitsi yabunguye, yavuze ko yazanye ihangana ariko niba azakomeza gukina mu Rwanda akwiye kujya akinira ku mategeko nk’ay’amakipe ahasanze.

    Ati “Baduhaye ihangana ryiza kuko baduhaye igipimo ariko niba bazakomeza gukina muri Shampiyona yacu bagakwiye kuzubahiriza amategeko atugenga twese noneho bakadupima ku gipimo kimwe, kubera ko dufite abanyamahanga dusabwa gushyira mu kibuga n’abenegihugu baba bagomba gukina.”

    “Mu amakipe y’abashyitsi yo ngira ngo afite abakinnyi 50 babakinishije bose, ngira ngo natwe iyo baza kutwemerera tugakinisha ibyiciro byose, umusaruro wari kuba utandukanye.”

    Iby’inyito y’Igikombe bahawe bise BK Pro League National Champions mu gihe Al Hilal SC yabaye iya mbere yahawe BK Pro League Champions, yavuze ko icyo yishimira ari uko umuyobozi wa Rwanda Premier League, Mudaheranwa Yusuf na perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice baje kubaha igikombe batsindiye kandi igikombe babahaye ni cyo begukanye.

    Muri uyu mwaka w’imikino wa 2025-26, Al Hilal SC ni yo yabaye iya mbere n’amanota 75, APR FC iba iya kabiri n’amanota 68.

    Gen Mubarakh Muganga yavuze ko n’iyo ibikombe biba bitanu bari kubyegukana

    Source : http://isimbi.rw/abandi-bihangane-n-iyo-biba-bitanu-apr-fc-twari-kubitwara-gen-mubarakh-muganga.html

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26 #rwanda #RwOT

    Perezida Paul Kagame yashimye ikipe ya Paris Sait Germain ifitanye imikoranire na Visit Rwanda, yegukanye Igikombe cya UEFA Champions League ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.

    PSG yabigezeho itsinze Arsenal penaliti 4-3 nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu minota 120 y’umukino wa nyuma wakiniwe muri Puskás Aréna y’i Budapest muri Hongrie ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu.

    Arsenal yafunguye amazamu ku munota wa gatandatu, ku gitego cyatsinzwe na Kai Havertz, bisaba gutegereza umunota wa 65 ubwo Ousmane Dembélé yishyuriraga PSG kuri penaliti nyuma y’ikosa ryakorewe kuri Khvicha Kvaratskhelia mu rubuga rw’amahina.

    Iminota 90 isanzwe n’indi 30 y’inyongera, yose yarangiye nta kipe yongeye kureba mu izamu, hashyirwaho penaliti, Paris Saint-Germain itsinda 4-3 aho iya nyuma ya Arsenal yahushijwe na Gabriel Magalhães.

    Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X nyuma y’umukino, Perezida Paul Kagame yashimiye Paris Saint-Germain yegukanye iki gikombe cya UEFA Champions League y’umwaka w’imikino wa 2025/26.

    Ati ‘Ndashimira umufatanyabikorwa wa Visit Rwanda, Paris Saint-Germain ku Gikombe cya UEFA Champions League yari ikwiye no kuba icyegukanye ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.’

    Yongeyeho ati ‘Ndashimira kandi Arsenal ku kugera ku mukino wa nyuma no guhatana kugeza ku munota wa nyuma ushoboka. Amakipe yombi yateye ishema abakunzi bayo, PSG igaragaza ko ari ikipe nziza kurushaho.’

    PSG yamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda kuva mu 2019 mu gihe Arsenal yakoranaga n’u Rwanda kuva mu 2018, amasezerano yayo arangiranye n’uyu mwaka w’imikino wa 2025/26.

    Source : https://rushyashya.net/perezida-kagame-yashimye-psg-yegukanye-uefa-champions-league-ya-2025-26/

  • Polisi yavuze ku baturage bagiye ahabaye impanuka aho gutabara abakomeretse bakabiba – #rwanda #RwOT

    Ku modoka nini zitwara imizigo ho biba cyane kuko usanga ziba zipakiye ibinyobwa, ibiribwa, cyangwa n’ibintu bifite agaciro, iyo zikoze impanuka usanga hari bamwe mu baturage aho gutabara ahubwo batangira kwiba ibyo izo modoka zikoreye.

    Uyu muburo utangajwe nyuma yaho ku wa 28 Gicurasi 20266, mu rukerera imodoka yo mu bwoko bwa SINO TRUCK ipakiye imifuka 700 ya sima yavaga mu ntara y’Amajyaruguru ijya mu mujyi wa Kigali yageze mu Murenge wa Kanyinya mu Kagali ka Nzove, mu Mudugudu wa Rutagara I, umushoferi ananirwa gukata imodoka irenga umuhanda, umushoferi arakomereka bikomeye ajyanwa kuvurwa mu bitaro bya CHUK.

    Bamwe mu baturage bageze ahabereye impanuka baranzwe n’ubunyangamugayo buke birara mu mifuka ya sima barayiba ndetse bamwe batangira no kuyigurisha.

    Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire yabwiye IGIHE ko bakimenya ayo makuru bahise bajya ahabereye iyo mpanuka uwakomeretse ajyanwa kwa muganga hatangira ibikorwa byo gufata abajura bibye sima.

    Ati ‘Mu bikorwa byo gufata abo bajura ndetse no kigaruza isima yibwe hamaze kugaruzwa imifuka 84 ya sima, hafatwa abakekwaho ubwo bujura 10 bakaba bafungiye kuri Sitation ya Polisi ya Kanyinya iperereza n’ibikorwa byo gufata abandi rirakomeje, abamaze gufatwa barakorerwa amadosiye bashyikirizwe RIB.’

    CIP Gahonzire yavuze ko Polisi y’Igihugu yihanangiriza abaturage bajya kwiba abakomerekeye mu mpanuka aho gutabara abakomerekeye mu mpanuka kuko ibyo bikorwa bitari ibya kimuntu, kandi ko ari ibyaha bihanwa n’amategeko.

    Ati ‘Abaturage baributswa gukomera ku muco uranga Abanyarwanda wo gutabara uri mu kaga.’

    Abajura batega imodoka zitwara imizigo cyane cyane ahantu hazamuka bagapakurura imifuka bakayiba na bo bihanangirijwe kuko aho bikorwa hose hazwi ndetse n’ababikora bakaba bazwi.

    Ari ‘Ntabwo ubujura bukiza ahubwo burakenya.’

    Abaturage babonye imodoka ikoze impanuka biba sima aho gutabara abakoze impanuka


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/polisi-yavuze-ku-baturage-bagiye-ahabaye-impanuka-aho-gutabara-abakomeretse

  • Perezida Kagame yashimiye PSG yegukanye Champions League #rwanda #RwOT

    Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashimiye bikomeye ikipe ya Paris Saint-Germain nk’umufatanyabikorwa wa Visit Rwanda kuba yegukanye igikombe cy’amakipe yabaye aya mbere ku mugabane w’u Burayi (UEFA Champions League).

    Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 30 Gicurasi 2026 nibwo habaye umukino wa UEFA Champions League wahuje Arsenal yo mu Bwongereza na Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa, zombi zamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri Visit Rwanda.

    Uyu mukino waje kurangira, PSG yegukanye igikombe kuri penaliti 4-3 nyuma y’uko amakipe yombi yari yanganyije 1-1.

    Perezida Kagame akaba yashimiye PSG kuba yegukanye iki gikombe aho yavuze ko yari igikwiye.

    Ati “Turashimira umufatabyabikorwa wa Visit Rwanda, Paris Saint-Germain kuba yegukanye igikombe yari ikwiye cya UEFA Champions League no kuba icyegukanye ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.”

    “Byiza kuri Arsenal kuba yarageze ku mukino wa nyuma ikarwana kugeza ku iherezo. Amakipe yombi yateye ishema abakunzi bayo, gusa iri joro PSG yagaragaje kuba ikipe nziza.”

    Muri 2019 ni bwo u Rwanda rwasinyanye na Paris Saint-Germain (PSG) yo mu Bufaransa binyuze muri gahunda ya “Visit Rwanda”. Aya masezerano agamije guteza imbere ubukerarugendo n’ishoramari. Yagiye yongerwa mu bihe bitandukanye akabaza azageza muri 2028.

    Congratulations to our #VisitRwanda partner Paris Saint-Germain @PSG_inside on their well-deserved UEFA @ChampionsLeague title and on being crowned champions for the second consecutive year.

    Congratulations as well to @Arsenal on reaching the final and fighting with…

    — Paul Kagame (@PaulKagame) May 30, 2026

    Perezida Kagame yashimiye PSG

    PSG yegukanye Champions League

    Source : http://isimbi.rw/perezida-kagame-yashimiye-psg-yegukanye-champions-league.html

  • Abakora muri Prime International Carriers Ltd basuye Urwibutso rwa Jenoside banagenera icumbi umwe mu bayirokotse – #rwanda #RwOT

    Ibyo bikorwa byombi byabaye kuri uyu wa 29 Gicurasi 2026.

    Abakora muri iki kigo babanje gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi aho basuye igice kibitse amateka agaragaza uko Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe kugeza ishyizwe mu bikorwa barabisobanurirwa.

    Bafashe akanya ko kunamira abayiburiyemo ubuzima barenga ibihumbi 250 bashyinguwe muri uru rwibutso ndetse bashyira indabo ku mva mu rwego rwo kubasubiza icyubahiro.

    Nyuma yo gusura Urwibutso, abakora muri Prime International Carriers Ltd basuye inzu bageneye umuryango wa Iribagiza Chantal mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Remera.

    Uwo mubyeyi bageneye inzu kuri ubu yenda kuzura, ni umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Umuyobozi Mukuru wa Prime International Carriers Ltd Rwanda, Audrey Akimana yavuze ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ari ingenzi kandi babiha agaciro ariko ko babifatanya n’ibindi byo gukora ibikorwa bigamije kwiyubaka by’umwihariko ku barokotse kugira ngo badaheranwa n’amateka.

    Ati ‘Dutekereza no ku bantu bagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi ku buryo buri mwaka tugerageza kugira uwo turemera kugira ngo tubashe kwifatanya na bo muri uru rugendo tubereka ko imbere ari heza.’

    Akimana kandi yagaragaje ko gusura Urwibutso rwa Jenoside bitanga isomo ryo kwigira ku mateka kuko nk’urubyiruko n’abanyamahanga bakora muri icyo kigo by’umwihariko bakeneye kuyubakiraho ahazaza heza babanje kuyamenya neza.

    Yongeyeho ati ‘Ikintu cy’ingenzi dukwiye gukora ni uguharanira kujya mbere ariko ntitwibagirwe. By’umwihariko aya mateka ya Jenoside tugomba kuyamenya neza tukayatoza n’abakiri bato cyangwa abazavuka kugira ngo atazongera kubaho ukundi.’

    Prime International Carriers Ltd ni ikigo gitanga serivisi zo gutwaza abantu imizigo iva mu Rwanda ijya mu mahanga ndetse n’iturukayo iza mu gihugu, kumenyekanisha ibicuruzwa biva mu Rwanda n’ibihaza no gufasha abacuruzi muri serivisi za gasutamo.

    Uretse mu Rwanda, gikorera no mu bihugu bine bya Afurika ari byo u Burundi, Tanzania, Uganda na Kenya.

    Abayobozi ba Prime International Carriers bashyize indabo ku mva zishyinguyemo abarenga ibihumbi 250

    Abakora muri Prirme International Carriers barimo urubyiruko n’abanyamahanga batazi byinshi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

    Ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali basobanuye uko Jenoside yagenze n’isomo itanga

    Umuyobozi Mukuru wa Prime International Carriers Ltd Rwanda, Audrey Akimana yavuze ko kwibuka babifatanya no gufasha abarokotse

    Abakora muri PrimeInternational Carriers bashyize indabo ku mva bunamira abaruhukiyemo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abakora-muri-prime-international-carriers-ltd-basuye-urwibutso-rwa-jenoside

  • Abarwayi benshi ba kanseri y'ibere bashobora kutongera guhabwa chimiothérapie – #rwanda #RwOT

    Ubu bushakashatsi bwayobowe na University College London, bwakorewe ku barwayi barenga 4000 bari bamaze gusuzumwa kanseri y’ibere, bafite hejuru y’imyaka 40. Aba barwayi bakomokaga mu bihugu birimo u Bwongereza, Norvège, Suède, Autriche, Nouvelle-Zélande na Thailand.

    Abashakashatsi bakoresheje ikizamini cyitwa Prosigna, gipima imikorere y’utunyangingo 50 dufitanye isano n’imikurire ya kanseri y’ibere, kikagaragaza ibyago umurwayi afite byo kuba indwara yakongera kugaruka.

    Ibyavuye muri ubwo bushakashatsi byagaragaje ko abarwayi barenga bibiri bya gatatu bashoboraga kutavurwa hakoreshejwe chimiothérapie, ahubwo bakitabwaho binyuze mu buvuzi bukoresha imisemburo. Mu myaka itanu, 93,7% by’abatarahawe chimiothérapie bari bakiriho, ugereranyije na 94,9% by’abayivuwe hakurikijwe uburyo busanzwe.

    Ibi byafashwe nk’intambwe ikomeye mu kuvura kanseri y’ibere hakurikijwe imiterere y’umurwayi, aho kuba gukoresha uburyo bumwe kuri buri wese. Chimiothérapie isanzwe ishobora gutera ingaruka zirimo umunaniro ukabije, iseseme, gupfuka umusatsi, kugabanuka k’ubudahangarwa bw’umubiri n’ibibazo by’uburumbuke.

    Professor Rob Stein, wayoboye ubu bushakashatsi, yavuze ko ibi bigaragaza ko kuvura kanseri bishobora kurushaho gushingira ku miterere y’ikibyimba aho kwishingikiriza gusa ku bimenyetso bisanzwe by’ubuvuzi.

    Abashakashatsi bavuga ko bitaramenyekana niba ibyavuye muri ubu bushakashatsi byakurikizwa no ku bantu bari munsi y’imyaka 40.

    Chimiothérapie ikoreshwa mu gushiririza kanseri ishobora kudakomeza gutangwa ku bantu bose


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abarwayi-benshi-ba-kanseri-y-ibere-bashobora-kutongera-guhabwa-chimiotherapie

  • AS Muhanga na Rutsiro FC murabeho muzakumburwa #rwanda #RwOT

    Urugendo rwa AS Muhanga na Rutsiro FC muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda rubaye rusubitswe uyu munsi, ni nyuma y’uko zimanutse mu cyiciro cya kabiri kwitekerezaho.

    Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 30 Gicurasi 2026 ni bwo Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda ‘BK Pro-League 2025-26’ yashyizweho akadomo by’umwihariko mu makipe arwana no kutamanuka mu cyiciro cya kabiri.

    Ni umunsi wagiye gukinwa AS Muhanga, Rutsiro FC, AS Kigali ari zo ziri habi cyane zirwana no kutamanuka.

    Byaje kurangira AS Muhanga itsinzwe na Marines FC ibitego 3-2 mu gihe Rutsiro FC yatsinzwe na Bugesera FC 2-0, AS Kigali yaje gustsinda Musanze FC 2-1.

    Ibi byari bivuze ko AS Muhanga ya 17 n’amanota 31 na Rutsiro FC ya 18 n’amanota 29 ari zo zamanutse mu cyiciro cya kabiri.

    Zikaba zabisikanye na Sunrise FC na Etoile del’Est z’Iburasirazuba zazamutse mu cyiciro cya mbere.

    AS Muhanga yamanutse mu cyiciro cya kabiri

    Rutsiro FC yamanutse mu cyiciro cya kabiri

    Source : http://isimbi.rw/as-muhanga-na-rutsiro-fc-murabeho-muzakumburwa.html